• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Burundi – Uganda: magendu no kunyereza amafranga ya leta hagati ya Museveni na Nkurunziza, umusaraba k’umutekano w’Africa muri rusange

Burundi – Uganda: magendu no kunyereza amafranga ya leta hagati ya Museveni na Nkurunziza, umusaraba k’umutekano w’Africa muri rusange

Ubwanditsi 16 Sep 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Kuva CNDD-FDD yagera k’ubutegetsi 2005, abasesenguzi bagaragazako President Museveni na General Salim Saleh [Umuvandimwe wa President Museveni bahuje nyina], aba aribo bagize uruhare runini cyane mu kugeza CNDD-FDD k’ubutegetsi.

Impuguke n’abasesenguzi ba politique batandukanye mu biyaga bigari na Africa y’iburasirazuba bagaragaje ko President Museveni na Salim Saleh batitaye k’umutekano w’abaturage ba Uganda n’ibihugu baturanye ahubwo bashishikajwe n’ubucuruzi bwa magendu bubinjiriza amafranga menshi kabone niyo hapfa imbaga y’Abaganda cyangwa Abanyafurika benshi.

CNDD-FDD ikimara gufata ubutegetsi, nibwo President Museveni na Nkurunziza batangiye guca amarenga y’ubushuti bafitanye n’inyungu zikomeye bahuriyeho m’ubucuruzi bwa magendu no kunyereza amafranga ya Leta. Zimwe mu ingero zigaragaza Mafia ya Museveni na Nkurunziza nizi zikurikira;

Nyuma gato CNDD-FDD ikigera k’ubutegetsi muri 2006, Museveni na Nkurunziza bemejeko ideni Uganda yari ifitiye u Burundi kuva 1986 ringana na 15.000.000 USD rivuyeho kuko Uganda yatanze inkunga y’ibitabo mu mashuri afite agaciro kiryo deni. Aha mugufasha abasomyi batazi uko Uganda yafashe umwenda ungana na 15.000.000 USD ku Burundi, nuko mu 1986 President Bagaza yafashije Museveni gufata ubutegetsi kugeza naho amufatira umwenda w’intwaro za gisirikare zikomeye Museveni yakoresheje afata umujyi wa Kampala, kuva 1986 Museveni ntiyigeze yishyura ideni yarafitiye u Burundi.

Nyuma y’imyaka 20 mu 2006 nibwo Museveni na Nkurunziza batangarije inteko z’abadepite ko ideni Uganda yarimaranye imyaka 20 ringana na 15.000.000 USD ryishyuwe ku nkunga y’ibitabo. Ibi byateje impaka cyane mu badepite mu ibihugu byombi kuko basabye kugaragarizwa ingurane y’ibitabo byaguzwe na n’ubu ntibarabona ibisobanuro.

Icyo aha wakwibaza ni kuki Uganda itishyuye u Burundi hakiriho President Bagaza wabafashije? Nanone wakwibaza ngo nyuma y’imyaka 20 u Burundi bwayobowe naba president bagera 8, ni kuki Museveni yahisemo kwishyura ideni k’ubuyobozi bwa Nkurunziza? Nuruhe rukundo amufitiye kurusha abamufashije kugera k’ubutegetsi yambuye? Igisubizo n’uko batamwemereye kunyereza umutungo wa Leta, igisubizo n’uko banze kubeshya inteko n’abaturage bayobora, igisubizo n’uko banze ubujura na Mafia ya Museveni afatanije n’umuryango we.

Ambassade y’u Burundi i New York , urugero rundi rugaragaza Mafia ya Museveni na Nkurunziza n’uko u Burundi bukodesha muri Leta zunze ubumwe z’amerika ibiro bya Ambassade mu inzu ya Uganda, ari naho ibihugu byombi bifitemo ibiro bya ambassade zabyo, amakuru yizewe n’uko Burundi bwishyura amafranga menshi atazwi ibyo biro nyamara kurundi ruhande Uganda ikavuga ko u Burundi bwayiheraniye amafranga y’ ubukode batagaragaza umubare, ibi ngo bikaba bigaragaza ko amafranga y’ubukode ku ruhande rumwe asohoka, naho kurundi ruhande ntihaboneke aho ajya.

Somalia n’ Ingabo za AMISOM, aha niho Museveni,  Nkurunziza na  Salim Saleh bagaragariza Mafia yo mu rwego rwo hejuru, abasesenguzi bavugako Somalia n’ibiyaga bigari  batazigera bagira umutekano na rimwe kubera Mafia ihabera harimo n’ibikorwa n’aba bagabo. Uko abasesenguzi bagaragaza ikibazo cya Somalia gikomeye cyane n’ubucuruzi bw’Intwaro bwa Museveni, Nkurunziza na Salim Saleh akaba ndetse ari n’ikibazo kuri Africa muri rusange;

Hashize imyaka 11 kuva 2007, Africa yunze ubumwe (AU) yohereje ingabo 22000 kugarura umutekano muri Somalia, ibihugu bitandatu bikaba aribyo byohereje ingabo; Uganda, Burundi, Djibuti, Ethiopia, Sierra Leonne na Kenya. Uganda nu Burundi akaba aribyo bihugu bifite umubare munini w’Ingabo kuko bifite abarenga  kimwe cya kabiri  bangana 11600, aho Uganda ifite ingabo 6200, Burundi ikagira ingabo 5400, ibindi bihugu bine bigasaranganya ingabo 10.400 zitagera no ku cyakabiri cy’ingabo zose.

Iyi mibare igaragazako amafranga arenga kimwe cya kabiri ya AMISOM ajya muri ibi bihugu bibiri bya Uganda n’u Burundi, aha niho ubushuti na Mafia bya Nkurunziza, Museveni na Salim Saleh byubakiye, akaba ari nabyo byago bya Africa nu Rwanda k’ubwumwihariko. Zimwe mungero zifatika za Mafia zigaragazwa na bamwe ba hafi mu bayobozi muri ibi bihugu nizi zikurikira;

Salim Saleh, Umuvandimwe wa Museveni

Ingabo z’abarundi ziri muri Somalia nta gikoresho na kimwe cy’Intambara bitwaje kandi Leta yishyurwa miliyoni nyinshi z’amadorari kubikoresho bya gisirikare (Imbunda, imodoka z’intabara, indege…) muri make u Burundi bwohereje ingabo gusa ntabikoresho bafite.

Amakuru yizewe ava mu bayobozi bingabo muri ibi bihugu avugako miliyoni zitabarika z’amadorali buri mwaka zisaranganywa na Museveni, Nkurunziza  na bamwe mu ngabo nkuru bakorana nabo barimo General Salim Saleh, General Alain Guillame Bunyoni, General Prime n’abandi. Bivugwako ibikoresho byose ingabo z’abarundi zikoresha ari umutungo bwite wa Museveni na Salim Saleh, bikoreshwa mw’izina ry’Abarundi kandi nta gikoresho na kimwe bajyanye Somalia.

Ubucuruzi bw’intwaro za magendu hagati ya Museveni na Nkurunziza bwafashe intera nini kugeza naho biba Indege cyangwa barigisa Indege z’intambara kandi ziri mu bikorwa bibinjiriza amafranga menshi, urugero n’Indege 3 nshya z’Intambara za Uganda nk’uko Africa News yo kuwa 12/08/12 yabitangaje ko igisirikare cya Uganda UPDF cyaburiye irengero indege eshatu ubwo zajyaga mu butumwa muri Samalia. Amakuru atugeraho n’uko izo ndege zikoreshwa Somalia mu mazina y’u Burundi kandi amafranga zishyurwa ajya mu mifuka ya Museveni na Nkurunziza.

Ingabo z’Abaganda n’Abarundi ntibahembwa kandi imishahara yabo itangwa kugihe na EU, niyo bayabonye bagahabwa atagera no kuri kimwe cya kane cy’umushahara wabo, ingero n’imishahara y’Abapolisi n’Abasirikare b’Abarundi bari mu butumwa Centre Africa na Somalia batabonye imishahara yabo kuva Nzeri 2014 kugeza m’Ukuboza 2015, bikavugwako imishahara y’Ingabo z’Abarundi n’Abagande abanza gucuruzwa na Gen. Salim Saleh nyuma agashyikiriza ba President bombi imigabane yabo, arinabo bagena ayo bazahemba abasirikare babo.

Abasesenguzi bagaragazako u Burundi budashabora kubaho muriki gihe bahagarikiwe inkunga n’amahanga, banagaragaza neza ko ntama Devise babona ahagijje mu Burundi, imwe munzira zo kubona ama devise n’uko baguma muri Somalia ndetse bagakomeza ubucuruzi bw’Intwaro za magendu no gukata imishahara y’ingabo.

Kuva habayeho imvururu ya manda ya gatatu ya Nkurunziza i Burundi, imiryango mpuzamahanga yasabye kenshi ko ingabo zu Burundi zasimbuzwa ibindi bihugu zikava mu butumwa bwa AU ariko Uganda ikomeza kunangira kugeza n’aho ivugako abarundi nibataha Uganda nayo izakura ingabo zayo muri Somalia nk’uko byatangajwe kuwa 05/05/16 kuri Radio BBC n’uwari umuvugizi w’ingabo za Uganda Col Paddy Ankunda, ibi byagize inkurikizi mbi kuko byabaye ngombwa ko Abarundi baguma mu butuma kubera iterabwoba ry’Abaganda kugeza magingo aya.

Abakurikiranira hafi Politique ya Museveni na Nkurunziza bemeza ko ntarundi rukundo cyangwa ubushuti budasanzwe, bakavugako bahujwe n’ubu Bucuruzi bwa magendu, kandi bakanzura bavugako Abarundi batazagira amahoro igihe cyose Museveni na Nkurunziza bagikorana ubucuruzi bwabo ari nako banyereza ibya rubanda.

Abandi basesenguzi bemezako Africa n’Ibihugu byo mu karere by’umwihariko, bidateze kuzabona amahoro arambye igihe cyose Museveni, Nkurunziza na Salim Saleh bagikorana ubucuruzi bwa magendu, aha batanga urugero rwa Somalia bamazemo imyaka 11 ntacyo bakora ngo bafashe abaturage,  ahubwo bagaragara mu bikorwa by’Ubujura n’Ubucuruzi n’Imitwe y’Inyeshyamba n’Iterabwoba nkuko Raport nyinshi zibigaragaza harimo n’ibirego byinshi bashinja Ingabo za Uganda n’Uburundi. Urugero : n’aho kuwa 16/08/16, muri Somalia igisirikare cya Uganda cyakatiye abasirikare bakuru icyenda imyaka ibiri y’igifungo, Brig General Dick Olum wari uyoboye Inteko iburana yoherejwe na Gen.Salim Saleh muri Somalia ngo abe ariho abakoze ibyaha baburanira kuko yangaga ko bamena amabanga k’Ubucuruzi bwabo.

Twabibutsa nanone ko RNC na FDLR bamaze iminsi bakorana na Leta za Uganda n’u Burundi, ibi nabyo abasesengura Politique bavugako bifitanye isano n’ubwo bucuruzi kuko babaha intwaro abandi bagatanga ingurane y’Amabuye y’agaciro bacukura muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo aho bashingiwe ibirindiro.

Cyiza Davidson

2018-09-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Padri”Nahimana Warumbiye Imana N’abantu Mbere Yo Kugirira Impuhwe Abanyarwanda, Wahereye Kubo Wabyaye, Ujugunyira Ba Nyina?

Padri”Nahimana Warumbiye Imana N’abantu Mbere Yo Kugirira Impuhwe Abanyarwanda, Wahereye Kubo Wabyaye, Ujugunyira Ba Nyina?

Ubwanditsi 10 Sep 2020
Bujumbura: Abanyonzi batonze iperu basaba kwishyurwa amafaranga bemerewe ngo bitabire imyigaragambyo yabaye kuri uyu wa gatandatu

Bujumbura: Abanyonzi batonze iperu basaba kwishyurwa amafaranga bemerewe ngo bitabire imyigaragambyo yabaye kuri uyu wa gatandatu

Ubwanditsi 26 Aug 2019
Bamwe mu bo mu mitwe irwanya Leta y’u Rwanda barivugira ubwabo ko inzira y’intambara bahisemo idashoboka, ko igikwiye ari uguhindura imyumvire.

Bamwe mu bo mu mitwe irwanya Leta y’u Rwanda barivugira ubwabo ko inzira y’intambara bahisemo idashoboka, ko igikwiye ari uguhindura imyumvire.

Ubwanditsi 01 Nov 2020
Itohoza: Akabaye icwende ntikoga Jean Paul Turayishimye akomeje kwerekana kamere ye yo gukunda ifaranga, guhemuka no kwihuza n’umuryango wa Bagosora

Itohoza: Akabaye icwende ntikoga Jean Paul Turayishimye akomeje kwerekana kamere ye yo gukunda ifaranga, guhemuka no kwihuza n’umuryango wa Bagosora

Ubwanditsi 10 May 2020

2 Ibitekerezo

  1. RUGENDO
    September 16, 201810:37 pm -

    IYI NKENYA MUVUGA NGO NI FDLR ko batumbwiye
    ko yashize !!!uvuyehe koko???nkawe wanditse iyi nkuru
    imariye iki abanyarwa!!ibyo bya bagande na barundi birabareba!!
    ntibireba u Rwanda!!!
    ESE ABAYOBOZI BU RWANDA BATUBWIYE KO
    FDLR YARIMBUTSE BARATUBESHYE!!!????
    MUSHATSE KUVUGURUZA AMAKURU KABAREBE NA MUSHIKIWABO
    BATUBWIYE BATUBESHYE??

    Subiza
  2. gakwandi
    September 18, 20187:34 am -

    abayobozi bibihugu byombi bakagombye gushyira imbere inyungu zabaturage babo mbere yuko bareba inyungu zabo bwite, nibigire kumukuru wigihugu cy’ Urwanda yirengagije inyungu ze bwite akita ku z’ abaturage be, umutekano, uburezi kuri bose, ubwisungane mu kwivuza, iterambere ryumugore, ibikorwa remezo nibindi byinshi,
    kubwange numva abo bandi bamufatiraho urugero maze akarere kacu kibiyaga bigari kibere paradizo.
    naho FDLR yaba ihari cga idahari, abanyrwanda twamaze guhitamo umurongo wo kubaka igihugu cyacu aho gusubira inyuma, nibatahe baze bafatanye nabandi banyarwanda kubaka igihugu cyabo naho kurwana ntibyabahira tibinashoboka.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibimenyetso 6 byagufasha gutahura “ABAHANUZI B’IBINYOMA” bitagusabye kujya mu Mwuka !
MULTIMEDIA

Ibimenyetso 6 byagufasha gutahura “ABAHANUZI B’IBINYOMA” bitagusabye kujya mu Mwuka !

Ubwanditsi 29 Mar 2017
APR BBC yerekeje muri Senegal gushaka itike y’imikino ya nyuma ya BAL izabera mu Rwanda
Amakuru

APR BBC yerekeje muri Senegal gushaka itike y’imikino ya nyuma ya BAL izabera mu Rwanda

Ubwanditsi 30 Apr 2024
CAN 2019: Uganda yari yahagaritse imyitozo kubera uduhimbazamusyi irisobanura na Sénégal muri 1/8
IMIKINO

CAN 2019: Uganda yari yahagaritse imyitozo kubera uduhimbazamusyi irisobanura na Sénégal muri 1/8

Ubwanditsi 05 Jul 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru