• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Kagame na Nguema bakurikiranye isinywa ry’amasezerano ane hagati y’u Rwanda na Guinée Equatoriale

Kagame na Nguema bakurikiranye isinywa ry’amasezerano ane hagati y’u Rwanda na Guinée Equatoriale

Ubwanditsi 14 Jan 2019 UBUKUNGU

Perezida Paul Kagame na mugenzi we wa Guinée équatoriale, Teodoro Obiang Nguema Mbasogo, bakurikiranye isinywa ry’amasezerano ane agamije ubufatanye n’iterambere hagati y’ibihugu byombi.

Ayo masezerano ane yasinywe kuri uyu wa Mbere tariki 14 Mutarama, arimo ajyanye no gushyiraho Komisiyo imwe ihuriweho, ubufatanye mu by’ububanyi n’amahanga, ubukerarugendo n’iby’ingendo zo mu kirere.

Perezida Kagame yavuze ko uruzinduko rwa Nguema rugamije gutsura umubano w’ibihugu byombi usanzwe uhagaze neza.

Yavuze ko baganiriye na mugenzi we ibibazo bitandukanye bifite aho bihuriye n’ibihugu byombi, byaba ibibazo by’akarere n’ibyo hirya no hino ku Isi.

Yavuze ko amasezerano yasinywe agamije guteza imbere imibereho myiza y’abaturage b’ibihugu byombi, aboneraho gusaba abacuruzi n’abaturage ba Guinée Equatoriale gusura u Rwanda no kubyaza umusaruro amahirwe ahari.

Yagize ati “Nk’uko mubizi, u Rwanda rutanga viza ku banyamahanga bakihagera, twizeye ko abakerarugendo n’abacuruzi bo muri Guinée Equatoriale bazafatirana aya mahirwe bakadusura igihe cyose babyifuje.”

Kagame yashimye uruhare icyo gihugu cyagize mu gushyigikira amavugurura y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe no kuba ari kimwe mu bya mbere byasinye amasezerano ashyiraho isoko rusange rya Afurika n’ayoroshya urujya n’uruza rw’abantu.

Ati “Twiyemeje gukorera hamwe mu guteza imbere intego nyamukuru z’umugabane wacu. Ndifuza no kubashimira ku nkunga Guinee yatanze mu gihe cyo kuvugurura Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.”

Perezida Teodoro Obiang Nguema Mbasogo yashimye ubushobozi Perezida Kagame yerekanye nk’umuyobozi w’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.

Yagarutse ku iterambere yabonye mu Rwanda, avuga ko ari igikwiriye gutera ishema abanyafurika, kigatera isoni abanyaburayi.

Ati “Ndamushimira kubwo kuba icyitegererezo muri iki gihugu by’umwihariko iterambere ry’umujyi wa Kigali. Ni ikintu kiduteye ishema twese abanyafurika kandi dukwiriye kwigiraho kuko ibi bitera isoni bimwe mu bihugu by’i Burayi bafata uyu mugabane nk’udafite icyo wageraho.”

“Ibibazo dukunze kubona muri Afurika buturuka ku batifuriza Afurika iterambere. Tugomba kwihagararaho tugateza imbere ibihugu byacu, tugakora tukarwanya ubukene n’inzara.”

Yagarutse ku masezerano yasinywe hagati y’ibihugu byombi, avuga ko akwiriye kuba umusingi w’ubufatanye bugamije impinduka aho guhora bategereje inkunga z’abatifuriza ibyiza Afurika.

Ati “Ndagira inama abaminisitiri bacu, ko batagomba kugarukira mu gusinya amasezerano gusa, nkeka ko dukwiye kwagura ubufatanye mu kurushaho gukemura ibibazo duhuriyeho bisubiza inyuma iterambere. Aho gutegereza abadukolonije tugomba nk’abayobozi kugaragaza ubushobozi bwacu ko twigenga.”

Perezida Nguema yashimye kuba u Rwanda rwaratorewe kuyobora Umuryango w’Ibuhugu bikoresha Ururimi rw’Igifaransa igihugu cye kirimo, ashimangira ko ubufatanye abanyafurika berekanya bashyigikira u Rwanda bugaragaz ako nta kidashoboka babyiyemeje.

Nguema abaye Perezida wa mbere usuye u Rwanda kuva umwaka wa 2019 watangira.

Uyu muyobozi uyobora igihugu gifite ubuso bujya kungana n’ubw’u Rwanda (28,050 km2) yaherukaga i Kigali muri Nyakanga 2016 yitabiriye inama ya AU.

Mbere yaho yari yaje mu Rwanda mu 2014 mu ruzinduko rw’akazi rwasize ibihugu byombi bisinyanye amasezerano y’imikoranire.

Icyo gihe ibihugu byiyemeje gufatanya mu nzego z’imiyoborere myiza, gutwara abantu n’ibicuruzwa hagati yabyo hakoreshejwe indege, guteza imbere ubucuruzi n’ishoramari mu bihugu byombi no koroshya ubukerarugendo.

Aya masezerano yagarukaga kandi ku bufatanye bugamije kubaka inganda zitunganya ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi, bakungurana ubumenyi mu ikoranabuhanga, mu buvuzi, mu gucunga umutekano no kurwanya abanzi ba buri gihugu, mu kongera ingufu z’amashanyarazi no kubaka amacumbi.

Amafoto: Village Urugwiro

2019-01-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Minisitiri Gatete yemeje ko mu mezi abiri muri Kigali hazaba hari amazi ahagije

Minisitiri Gatete yemeje ko mu mezi abiri muri Kigali hazaba hari amazi ahagije

Ubwanditsi 25 Apr 2018
Ikoranabuhanga ntirikwiye guhinduka umwanzi w’Abanyarwanda

Ikoranabuhanga ntirikwiye guhinduka umwanzi w’Abanyarwanda

Ubwanditsi 15 May 2017
U Rwanda rwahawe inguzanyo ya miliyari 116 Frw yo gukwirakwiza amazi meza

U Rwanda rwahawe inguzanyo ya miliyari 116 Frw yo gukwirakwiza amazi meza

Ubwanditsi 16 Jan 2019
Abadepite basabye ko inzego zirindwi zakoresheje amafaranga mu buryo budasobanutse zikurikiranwa

Abadepite basabye ko inzego zirindwi zakoresheje amafaranga mu buryo budasobanutse zikurikiranwa

RUSHYASHYA 05 Aug 2026

Igitekerezo kimwe

  1. Rebero Jeremy
    January 14, 20195:50 pm -

    Agafuni kabagara ubushuti ni akarenge. Ntawanga umusura cyane cyane iyo ari umuvandimwe. Uyu muperezida afite byinshi tutakwifuza gukurikiza nko kubaamaze imyaka yibwirako ariwe wenyine ushoboye gutegeka igihugu! Abaturage bamuhunga bamaze gukwira isi. Nta rwinyagamburiro ruharangwa. Ndetse afite gahunda yo kuzaraga igihugu umuhungu we w’imfura. Bombi ariko bizwiko bari mubasahuye igihugu kurusha abanda. Uretse no kwirirwa mu ndege asura Uburayi. Muri make ni urugero rubi abanyafurika bakwiye kudakurikiza. Azasiga inkuru mbi yuko abaturage batishimye. naho gutsura umubano no kugira ubushuti ntako bias!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gakenke: Umwarimu  yatawe muri yombi  akekwaho gukubita umunyeshuri agapfa
ITOHOZA

Gakenke: Umwarimu yatawe muri yombi akekwaho gukubita umunyeshuri agapfa

Ubwanditsi 15 Jun 2017
Mahama: Imirambo y’impunzi z’Abarundi zatwawe n’Akagera zagiye gutashya ikomeje kubura
INKURU NYAMUKURU

Mahama: Imirambo y’impunzi z’Abarundi zatwawe n’Akagera zagiye gutashya ikomeje kubura

Ubwanditsi 24 May 2018
Hakuzimana Abdul Rashid Uzahemba abahembera inzangano n’Amacakubiri mu Banyarwanda Nawe Arakifitemo Ibisigisigi by’Ubupawa bwa MDR na MRND
Amakuru

Hakuzimana Abdul Rashid Uzahemba abahembera inzangano n’Amacakubiri mu Banyarwanda Nawe Arakifitemo Ibisigisigi by’Ubupawa bwa MDR na MRND

Ubwanditsi 24 Aug 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru