• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Kagame na Nguema bakurikiranye isinywa ry’amasezerano ane hagati y’u Rwanda na Guinée Equatoriale

Kagame na Nguema bakurikiranye isinywa ry’amasezerano ane hagati y’u Rwanda na Guinée Equatoriale

Ubwanditsi 14 Jan 2019 UBUKUNGU

Perezida Paul Kagame na mugenzi we wa Guinée équatoriale, Teodoro Obiang Nguema Mbasogo, bakurikiranye isinywa ry’amasezerano ane agamije ubufatanye n’iterambere hagati y’ibihugu byombi.

Ayo masezerano ane yasinywe kuri uyu wa Mbere tariki 14 Mutarama, arimo ajyanye no gushyiraho Komisiyo imwe ihuriweho, ubufatanye mu by’ububanyi n’amahanga, ubukerarugendo n’iby’ingendo zo mu kirere.

Perezida Kagame yavuze ko uruzinduko rwa Nguema rugamije gutsura umubano w’ibihugu byombi usanzwe uhagaze neza.

Yavuze ko baganiriye na mugenzi we ibibazo bitandukanye bifite aho bihuriye n’ibihugu byombi, byaba ibibazo by’akarere n’ibyo hirya no hino ku Isi.

Yavuze ko amasezerano yasinywe agamije guteza imbere imibereho myiza y’abaturage b’ibihugu byombi, aboneraho gusaba abacuruzi n’abaturage ba Guinée Equatoriale gusura u Rwanda no kubyaza umusaruro amahirwe ahari.

Yagize ati “Nk’uko mubizi, u Rwanda rutanga viza ku banyamahanga bakihagera, twizeye ko abakerarugendo n’abacuruzi bo muri Guinée Equatoriale bazafatirana aya mahirwe bakadusura igihe cyose babyifuje.”

Kagame yashimye uruhare icyo gihugu cyagize mu gushyigikira amavugurura y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe no kuba ari kimwe mu bya mbere byasinye amasezerano ashyiraho isoko rusange rya Afurika n’ayoroshya urujya n’uruza rw’abantu.

Ati “Twiyemeje gukorera hamwe mu guteza imbere intego nyamukuru z’umugabane wacu. Ndifuza no kubashimira ku nkunga Guinee yatanze mu gihe cyo kuvugurura Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.”

Perezida Teodoro Obiang Nguema Mbasogo yashimye ubushobozi Perezida Kagame yerekanye nk’umuyobozi w’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.

Yagarutse ku iterambere yabonye mu Rwanda, avuga ko ari igikwiriye gutera ishema abanyafurika, kigatera isoni abanyaburayi.

Ati “Ndamushimira kubwo kuba icyitegererezo muri iki gihugu by’umwihariko iterambere ry’umujyi wa Kigali. Ni ikintu kiduteye ishema twese abanyafurika kandi dukwiriye kwigiraho kuko ibi bitera isoni bimwe mu bihugu by’i Burayi bafata uyu mugabane nk’udafite icyo wageraho.”

“Ibibazo dukunze kubona muri Afurika buturuka ku batifuriza Afurika iterambere. Tugomba kwihagararaho tugateza imbere ibihugu byacu, tugakora tukarwanya ubukene n’inzara.”

Yagarutse ku masezerano yasinywe hagati y’ibihugu byombi, avuga ko akwiriye kuba umusingi w’ubufatanye bugamije impinduka aho guhora bategereje inkunga z’abatifuriza ibyiza Afurika.

Ati “Ndagira inama abaminisitiri bacu, ko batagomba kugarukira mu gusinya amasezerano gusa, nkeka ko dukwiye kwagura ubufatanye mu kurushaho gukemura ibibazo duhuriyeho bisubiza inyuma iterambere. Aho gutegereza abadukolonije tugomba nk’abayobozi kugaragaza ubushobozi bwacu ko twigenga.”

Perezida Nguema yashimye kuba u Rwanda rwaratorewe kuyobora Umuryango w’Ibuhugu bikoresha Ururimi rw’Igifaransa igihugu cye kirimo, ashimangira ko ubufatanye abanyafurika berekanya bashyigikira u Rwanda bugaragaz ako nta kidashoboka babyiyemeje.

Nguema abaye Perezida wa mbere usuye u Rwanda kuva umwaka wa 2019 watangira.

Uyu muyobozi uyobora igihugu gifite ubuso bujya kungana n’ubw’u Rwanda (28,050 km2) yaherukaga i Kigali muri Nyakanga 2016 yitabiriye inama ya AU.

Mbere yaho yari yaje mu Rwanda mu 2014 mu ruzinduko rw’akazi rwasize ibihugu byombi bisinyanye amasezerano y’imikoranire.

Icyo gihe ibihugu byiyemeje gufatanya mu nzego z’imiyoborere myiza, gutwara abantu n’ibicuruzwa hagati yabyo hakoreshejwe indege, guteza imbere ubucuruzi n’ishoramari mu bihugu byombi no koroshya ubukerarugendo.

Aya masezerano yagarukaga kandi ku bufatanye bugamije kubaka inganda zitunganya ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi, bakungurana ubumenyi mu ikoranabuhanga, mu buvuzi, mu gucunga umutekano no kurwanya abanzi ba buri gihugu, mu kongera ingufu z’amashanyarazi no kubaka amacumbi.

Amafoto: Village Urugwiro

2019-01-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gen. Nyamvumba yakomoje ku mpamvu ingengo y’imari y’igisirikare ikunze kugirwa ibanga

Gen. Nyamvumba yakomoje ku mpamvu ingengo y’imari y’igisirikare ikunze kugirwa ibanga

Ubwanditsi 14 May 2019
I Davos : Perezida Kagame yitabiriye ihuriro mpuzamahanga ry’ubukungu

I Davos : Perezida Kagame yitabiriye ihuriro mpuzamahanga ry’ubukungu

Ubwanditsi 22 Jan 2016
Uko  imisoro yagabanyije inkunga mu ngengo y’imari

Uko imisoro yagabanyije inkunga mu ngengo y’imari

Ubwanditsi 27 Aug 2018
Minisitiri w’Intebe yahaye umukoro RRA wo gufasha u Rwanda kwihaza mu ngengo y’imari

Minisitiri w’Intebe yahaye umukoro RRA wo gufasha u Rwanda kwihaza mu ngengo y’imari

Ubwanditsi 29 Sep 2018

Igitekerezo kimwe

  1. Rebero Jeremy
    January 14, 20195:50 pm -

    Agafuni kabagara ubushuti ni akarenge. Ntawanga umusura cyane cyane iyo ari umuvandimwe. Uyu muperezida afite byinshi tutakwifuza gukurikiza nko kubaamaze imyaka yibwirako ariwe wenyine ushoboye gutegeka igihugu! Abaturage bamuhunga bamaze gukwira isi. Nta rwinyagamburiro ruharangwa. Ndetse afite gahunda yo kuzaraga igihugu umuhungu we w’imfura. Bombi ariko bizwiko bari mubasahuye igihugu kurusha abanda. Uretse no kwirirwa mu ndege asura Uburayi. Muri make ni urugero rubi abanyafurika bakwiye kudakurikiza. Azasiga inkuru mbi yuko abaturage batishimye. naho gutsura umubano no kugira ubushuti ntako bias!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abarebwa n’umutekano mu Rwanda na Uganda nabo bari mu biganiro hagati y’abakuru b’ibihugu byombi
HIRYA NO HINO

Abarebwa n’umutekano mu Rwanda na Uganda nabo bari mu biganiro hagati y’abakuru b’ibihugu byombi

Ubwanditsi 26 Mar 2018
Komisiyo y’amatora igiye kwiga  ku mafoto ya Diane Rwigara yashyizwe hanze yambaye ubusa niya Mpayimana ahetse Umwana
ITOHOZA

Komisiyo y’amatora igiye kwiga ku mafoto ya Diane Rwigara yashyizwe hanze yambaye ubusa niya Mpayimana ahetse Umwana

Ubwanditsi 30 May 2017
U Rwanda rwisanze mu itsinda rimwe na Brazil mu mikino Paralempiki izabera mu Bufaransa
Amakuru

U Rwanda rwisanze mu itsinda rimwe na Brazil mu mikino Paralempiki izabera mu Bufaransa

Ubwanditsi 22 May 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru