• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Kagame yanenze uburyo Abayobozi bahugiye mu matelefoni ntibaganire ubwo berekezaga mu Mwiherero

Kagame yanenze uburyo Abayobozi bahugiye mu matelefoni ntibaganire ubwo berekezaga mu Mwiherero

Ubwanditsi 01 Mar 2017 Mu Rwanda

Atangiza Umwiherero kuri uyu wa 25 Gashyantare, Perezida Kagame yagaye imyitwarire y’abayobozi bakuru bagaragaje ubwo bari muri za bisi zabajyanye mu Mwiherero, aho buri wese yari ahugiye kuri telefoni.

Umukuru w’Igihugu avuga ko bitumvikana uburyo abayobozi bari muri bisi imwe ari benshi buri wese ahugiye kuri telefoni aho kuganira n’abandi. Ibi akaba ngo yarabibonye mu mafoto yafotowe abo bayobozi ubwo berekezaga mu Kigo cya Gisirikare i Gabiro, aho Umwiherero uri kubera.

Yagize ati“Ejo hashize igihe mwari muje hano, sinzi niba mwarabibonye nk’uko nabibonye muri ariya mafoto. Ndakeka ko muhora online (kuri interinete). Hari ifoto nziza nabonye muri muri bisi mwajemo, hari ifoto igaragaza buri wese muri bisi imwe ahugiye kuri telefoni ye igendanwa. Ntabwo mwaganiraga, mwaganiraga na telefoni zanyu. Mwarabibonye? Biri ku rubuga… Ndakeka ko uwayishyizeho yashakaga nko kuba mwakwirebera mu ndorerwamo, mukireba ubwanyu…. Ifoto ubwayo ubona idasanzwe, kugira ngo abantu icumi n’abandi barenga buri wese yewe n’uwicaranye n’undi ntibaganire. Birashoboka ko wenda bavugana binyuze kuri izo telefoni na byo birashoboka, aho kuganira mu magambo wabona barakoreshaga amafaranga make yo muri telefoni bakaganirira kuri telefoni.”

-5935.jpg

Abayobozi kuma telefone

Perezida Kagame yanagarutse ku kuba imyiherero yose yabaye nta mpinduka zikunze kugaragara zibaho, aho ngo usanga hari abayobozi bakunze kugira umuco wo kwibagirwa ibyo baba bafasheho inyemezo.

Yagize ati “uyu ni umwiherero wa 14, ni gute twaza muri uyu Mwiherero nk’uko twaje mu w’umwaka ushize nta na kimwe cyahindutse? Bishoboka gute ko imyiherero 14 yose yaba kimwe? Uwabaye ku nshuro ya 13, uwa 12, uwa 11 uwa 10, bigahora ari bimwe? Ni ukubera iki? Ndabaza iki kibazo kuko buri gihe ngerageza gukurikirana ibikorwa na buri rwego. Bigasaba ko twibutsa.”

Umukuru w’Igihugu yavuze ko ahora akurikirana ibiba byaraganiriweho ntibikorwe ugasanga hari abafite umuco udasanzwe wo kwibagirwa. Yagira uwo abaza impamvu atakoze ibyo yagombaga gukora ngo akamusubiza ko agiye kubikora vuba.

Perezida wa Repubulika asobanura ko uko kwibagirwa atari ukwibagirwa gusanzwe ngo kuko usanga ari ikimenyetso k’ikindi kibazo.

-5934.jpg

Perezida Kagame mu mwiherero watangiye kuwa Gatanu (Ifoto/OGS)

Yanagarutse no ku muco ukwiye kuranga abayobozi bose muri rusange wo gukorera hamwe kuko ngo usanga hari benshi bakora nka ba nyamwigendaho, aha yagaragaje ko igihe umuntu akoze wenyine intego u Rwanda rwihaye rudashobora kuzigeraho. Aha yagaragaje ko kuba abantu bakorana bagahana amakuru ari ibintu byoroshye cyane.

Perezida Kagame kandi yagarutse ku ngaruka zo kudakorera hamwe n’igihombo bitera igihugu anavuga ku kuba ari ngombwa ko umuntu akoresha umutima we n’umutwe icyarimwe kuko ngo niba ubwenge bukubwira gukora iki cyangwa kiriya bizatuma ureka kutagira ibyo witaho.

Buri mwaka mu Rwanda haba umwiherero w’abayobozi bakuru, aho biga kuri gahunda zitandukanye ziteza imbere igihugu. Uyu mwaka wahereye tariki ya 24 Gashyantare ukazageza tariki ya 2 Werurwe 2017.

Uyu Mwiherero ubaye ku nshuro ya 14 ufite umwihariko ukomeye kuko ari wo usoza gahunda ya Guverinoma y’imyaka 7 yatangiye mu mwaka wa 2010.

Bitandukanye n’indi myiherero yabanje yamaraga iminsi 3, uyu uzamara hafi icyumweru, ukaba uzibanda ku gutanga serivisi mu baturage hagendewe kuri raporo zitandukanye zirimo iz’Ikigo cy’igihugu cy’imiyoborere, gahunda zo gukura Abanyarwanda mu bukene nka VUP, Girinka n’ibindi no gusuzuma imikorere mibi yabayemo.

Biteganyijwe ko muri uyu Mwiherero hazabaho amatsinda ane, iry’ubukungu, iry’imibereho myiza, iry’imiyoborere ndetse n’iry’ubutabera, aho bizahuza bakungurana ibitekerezo, nyuma y’ibiganiro mu matsinda hazajya habaho kubisangiza abitabiriye Umwiherero muri rusange.

2017-03-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

WASAC, REG, UR , na RAB mu batunzwe agatoki kubera guhombya Leta

WASAC, REG, UR , na RAB mu batunzwe agatoki kubera guhombya Leta

Ubwanditsi 04 May 2017
Kigali:Umugabo yishe mugenzi we amukekaho kumusambanyiriza umugore [ Yavuguruwe ]

Kigali:Umugabo yishe mugenzi we amukekaho kumusambanyiriza umugore [ Yavuguruwe ]

Ubwanditsi 27 Jun 2017
David Himbara agenda yububa kubera umutima w’ubuhemu umucira urubanza

David Himbara agenda yububa kubera umutima w’ubuhemu umucira urubanza

Ubwanditsi 16 Feb 2024
Abahezanguni n’inyangabirama, nyirabayazana w’umwuka mubi ututumba mu Bayisilamu bo mu Rwanda

Abahezanguni n’inyangabirama, nyirabayazana w’umwuka mubi ututumba mu Bayisilamu bo mu Rwanda

Ubwanditsi 25 May 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikipe ya FAR Rabat yo muri Maroc yatangaje ko yasinyishije Imanishimwe Emmanuel uzwi nka Mangwende
Amakuru

Ikipe ya FAR Rabat yo muri Maroc yatangaje ko yasinyishije Imanishimwe Emmanuel uzwi nka Mangwende

Ubwanditsi 05 Aug 2021
Hatangiye igenzura ku mpunzi z’Abanye-Congo zifuza gutaha
Mu Rwanda

Hatangiye igenzura ku mpunzi z’Abanye-Congo zifuza gutaha

Ubwanditsi 11 May 2018
Ese Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Afurika y’Epfo yaba ashyigikiye RNC ku giti cye cyangwa nibyo yatumwe?
INKURU NYAMUKURU

Ese Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Afurika y’Epfo yaba ashyigikiye RNC ku giti cye cyangwa nibyo yatumwe?

Ubwanditsi 14 Nov 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru