• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Kagame yanenze uburyo Abayobozi bahugiye mu matelefoni ntibaganire ubwo berekezaga mu Mwiherero

Kagame yanenze uburyo Abayobozi bahugiye mu matelefoni ntibaganire ubwo berekezaga mu Mwiherero

Ubwanditsi 01 Mar 2017 Mu Rwanda

Atangiza Umwiherero kuri uyu wa 25 Gashyantare, Perezida Kagame yagaye imyitwarire y’abayobozi bakuru bagaragaje ubwo bari muri za bisi zabajyanye mu Mwiherero, aho buri wese yari ahugiye kuri telefoni.

Umukuru w’Igihugu avuga ko bitumvikana uburyo abayobozi bari muri bisi imwe ari benshi buri wese ahugiye kuri telefoni aho kuganira n’abandi. Ibi akaba ngo yarabibonye mu mafoto yafotowe abo bayobozi ubwo berekezaga mu Kigo cya Gisirikare i Gabiro, aho Umwiherero uri kubera.

Yagize ati“Ejo hashize igihe mwari muje hano, sinzi niba mwarabibonye nk’uko nabibonye muri ariya mafoto. Ndakeka ko muhora online (kuri interinete). Hari ifoto nziza nabonye muri muri bisi mwajemo, hari ifoto igaragaza buri wese muri bisi imwe ahugiye kuri telefoni ye igendanwa. Ntabwo mwaganiraga, mwaganiraga na telefoni zanyu. Mwarabibonye? Biri ku rubuga… Ndakeka ko uwayishyizeho yashakaga nko kuba mwakwirebera mu ndorerwamo, mukireba ubwanyu…. Ifoto ubwayo ubona idasanzwe, kugira ngo abantu icumi n’abandi barenga buri wese yewe n’uwicaranye n’undi ntibaganire. Birashoboka ko wenda bavugana binyuze kuri izo telefoni na byo birashoboka, aho kuganira mu magambo wabona barakoreshaga amafaranga make yo muri telefoni bakaganirira kuri telefoni.”

-5935.jpg

Abayobozi kuma telefone

Perezida Kagame yanagarutse ku kuba imyiherero yose yabaye nta mpinduka zikunze kugaragara zibaho, aho ngo usanga hari abayobozi bakunze kugira umuco wo kwibagirwa ibyo baba bafasheho inyemezo.

Yagize ati “uyu ni umwiherero wa 14, ni gute twaza muri uyu Mwiherero nk’uko twaje mu w’umwaka ushize nta na kimwe cyahindutse? Bishoboka gute ko imyiherero 14 yose yaba kimwe? Uwabaye ku nshuro ya 13, uwa 12, uwa 11 uwa 10, bigahora ari bimwe? Ni ukubera iki? Ndabaza iki kibazo kuko buri gihe ngerageza gukurikirana ibikorwa na buri rwego. Bigasaba ko twibutsa.”

Umukuru w’Igihugu yavuze ko ahora akurikirana ibiba byaraganiriweho ntibikorwe ugasanga hari abafite umuco udasanzwe wo kwibagirwa. Yagira uwo abaza impamvu atakoze ibyo yagombaga gukora ngo akamusubiza ko agiye kubikora vuba.

Perezida wa Repubulika asobanura ko uko kwibagirwa atari ukwibagirwa gusanzwe ngo kuko usanga ari ikimenyetso k’ikindi kibazo.

-5934.jpg

Perezida Kagame mu mwiherero watangiye kuwa Gatanu (Ifoto/OGS)

Yanagarutse no ku muco ukwiye kuranga abayobozi bose muri rusange wo gukorera hamwe kuko ngo usanga hari benshi bakora nka ba nyamwigendaho, aha yagaragaje ko igihe umuntu akoze wenyine intego u Rwanda rwihaye rudashobora kuzigeraho. Aha yagaragaje ko kuba abantu bakorana bagahana amakuru ari ibintu byoroshye cyane.

Perezida Kagame kandi yagarutse ku ngaruka zo kudakorera hamwe n’igihombo bitera igihugu anavuga ku kuba ari ngombwa ko umuntu akoresha umutima we n’umutwe icyarimwe kuko ngo niba ubwenge bukubwira gukora iki cyangwa kiriya bizatuma ureka kutagira ibyo witaho.

Buri mwaka mu Rwanda haba umwiherero w’abayobozi bakuru, aho biga kuri gahunda zitandukanye ziteza imbere igihugu. Uyu mwaka wahereye tariki ya 24 Gashyantare ukazageza tariki ya 2 Werurwe 2017.

Uyu Mwiherero ubaye ku nshuro ya 14 ufite umwihariko ukomeye kuko ari wo usoza gahunda ya Guverinoma y’imyaka 7 yatangiye mu mwaka wa 2010.

Bitandukanye n’indi myiherero yabanje yamaraga iminsi 3, uyu uzamara hafi icyumweru, ukaba uzibanda ku gutanga serivisi mu baturage hagendewe kuri raporo zitandukanye zirimo iz’Ikigo cy’igihugu cy’imiyoborere, gahunda zo gukura Abanyarwanda mu bukene nka VUP, Girinka n’ibindi no gusuzuma imikorere mibi yabayemo.

Biteganyijwe ko muri uyu Mwiherero hazabaho amatsinda ane, iry’ubukungu, iry’imibereho myiza, iry’imiyoborere ndetse n’iry’ubutabera, aho bizahuza bakungurana ibitekerezo, nyuma y’ibiganiro mu matsinda hazajya habaho kubisangiza abitabiriye Umwiherero muri rusange.

2017-03-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kagame yasobanuye uburyo yagiriwe inama yo kuyobora nka Putin w’u Burusiya

Kagame yasobanuye uburyo yagiriwe inama yo kuyobora nka Putin w’u Burusiya

Ubwanditsi 01 Nov 2017
AJPRODHO-JIJUKIRWA: Mu gufasha urubyiruko rugera 9,000 kwivana mu bukene

AJPRODHO-JIJUKIRWA: Mu gufasha urubyiruko rugera 9,000 kwivana mu bukene

Ubwanditsi 03 Apr 2019
M23 yakozanyijeho na FARDC hicwa umusirikare 1

M23 yakozanyijeho na FARDC hicwa umusirikare 1

Ubwanditsi 22 Feb 2017
Iturufu ryo kumara abanyarwanda inzara Dr Frank niryo akomeje gukoresha muturere twose ajyamo

Iturufu ryo kumara abanyarwanda inzara Dr Frank niryo akomeje gukoresha muturere twose ajyamo

Ubwanditsi 25 Jul 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi ya Malawi mu iperereza ku Munyarwanda wiciwe mu nkambi anizwe
ITOHOZA

Polisi ya Malawi mu iperereza ku Munyarwanda wiciwe mu nkambi anizwe

Ubwanditsi 02 Feb 2017
Joseph Hakizimana, Umunyarwanda wa mbere wifuza intebe mu Nteko Ishinga Amategeko ya Canada
HIRYA NO HINO

Joseph Hakizimana, Umunyarwanda wa mbere wifuza intebe mu Nteko Ishinga Amategeko ya Canada

Ubwanditsi 12 Sep 2019
Perezida Kagame yagarutse ku mubano udasanzwe hagati ya Congo na FDLR kugeza ubwo barenze umurongo utukura bakarasa mu Rwanda
Amakuru

Perezida Kagame yagarutse ku mubano udasanzwe hagati ya Congo na FDLR kugeza ubwo barenze umurongo utukura bakarasa mu Rwanda

Ubwanditsi 27 Feb 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru