• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Kagame yitabajwe n’Abanyanijeriya ku kibazo bafite cy’ubukungu

Kagame yitabajwe n’Abanyanijeriya ku kibazo bafite cy’ubukungu

Ubwanditsi 22 Aug 2016 POLITIKI

Perezida Paul Kagame yatumiwe muri Nigeria, aho yasabwe kuzabasangiza ubunararibonye yakoresheje mu guteza imbere ubukungu bw’u Rwanda.

Kagame yatumiwe n’ishyirahamwe ry’abacamanza muri iki gihugu, bavuga ko ubukungu bwa Nigeria bukomeje gusubira inyuma, umuti bakawubona mu nama bazahabwa n’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda.

Ibinyamakuru birimo vanguardngr.com na thenationonlineng.net bivuga ko iyi nama izaba hagati ya tariki ya 19 na 26 uku kwezi, ikazitabirwa n’abarenga ibihumbi 13.

Abagize ishyirahamwe The Nigerian Bar Association (NBA), bavuga ko batakomeza kurebera igihugu cyabo gisubira inyuma mu bukungu.

Raporo y’Ikigega cy’Imari ku isi (FMI) umwaka wa 2016, cyagaragaje ko ubukungu bwa Afurika y’Epfo bwaciye ku bwa Nigeria.

Adama Iye Iyayi Lamikanra, umuyobozi w’uru rugaga muri Leta ya Rivers State, avuga ko iyi nama igamije kureba uko inzego zafasha mu iterambere ry’ubukungu na demokarasi byose bikajyana.

Mu gutumira Perezida Kagame, uyu muyobozi yagize ati “Impamvu yo kumutumira ni ukubera ibikorwa by’iterambere biri mu Rwanda n’uburyo bikomeje gutera imbere, no mu gihe isi yari mu ihungabana ry’ubukungu ko u Rwanda rwakomeje kwitwara neza.”

Naho Oladejo Lamikanra uvugira uru rwego we yagize ati “Mu bazitabira iyi nama barimo inzobere zirimo abacamanza n’abandi bategamiye kuri Leta.

Yavuze ko abanyamategeko bahisemo kuticara ngo barebere.

Yagize ati” Iyi niyo mpanvu twahisemo gushyiraho iyi nama, ivuga kuri demokarasi n’iterambere ry’iki gihugu, turashaka kuganira ku bukungu ariko mu buryo bijyana na demokarasi, kureba ngo ni gute demokarasi yafasha mu iterambere ry’ubukungu?”

Avuga ko bashaka uburyo ubukungu bwa Nigeria bwakomeza gutera imbere, budashingiye ku gucuruza peterori gusa.

-3742.jpg

Perezida Kagame ari kumwe na mugenzi we wa Nigeriya, Buhari mu nama ya AU iherutse kubera muri Ethiopia (Ifoto/ Getty images)

Ubukungu bwa Nigeria bushingiye mu gucukura peterori ku kigero cya 98%, gusa kubera ibitero by’umutwe wa Boko-Haram, iki gihugu cyagiye gisubira inyuma mu iterambere, n’ikibazo cya ruswa icyugarije.

Source : Izuba rirashe

2016-08-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abashinwa Bahize kurandura burundu Ubushomeri mu Rwanda

Abashinwa Bahize kurandura burundu Ubushomeri mu Rwanda

Ubwanditsi 10 Sep 2023
Amaburakindi: Abambari ba FDU bashimuse mugenzi wabo babeshya ko Police yamufashe

Amaburakindi: Abambari ba FDU bashimuse mugenzi wabo babeshya ko Police yamufashe

Ubwanditsi 25 Sep 2016
Museveni akomeje kubeshya ku mvano y’ikibazo hagati y’u Rwanda na Uganda

Museveni akomeje kubeshya ku mvano y’ikibazo hagati y’u Rwanda na Uganda

Ubwanditsi 24 Feb 2020
Umubiligi yangiwe kuba intumwa y’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi muri aka karere kubera politiki mbi y’igihugu cye

Umubiligi yangiwe kuba intumwa y’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi muri aka karere kubera politiki mbi y’igihugu cye

Ubwanditsi 24 Jun 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ifoto ya Diamond na ShaddyBoo yavugishije benshi ku mbuga nkoranyambaga
HIRYA NO HINO

Ifoto ya Diamond na ShaddyBoo yavugishije benshi ku mbuga nkoranyambaga

Ubwanditsi 19 Sep 2018
Indwara y’ubwandu bw’amaraso (Blood infection). Ese iteye ite? Yakwirindwa ite? Ivurwa ite?
HIRYA NO HINO

Indwara y’ubwandu bw’amaraso (Blood infection). Ese iteye ite? Yakwirindwa ite? Ivurwa ite?

Ubwanditsi 17 Mar 2017
Atworekeye abana mu ntambara: Intimba y’umubyeyi w’Umunye-Congo
Amakuru

Atworekeye abana mu ntambara: Intimba y’umubyeyi w’Umunye-Congo

Ubwanditsi 11 Nov 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru