• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Kagame yitabajwe n’Abanyanijeriya ku kibazo bafite cy’ubukungu

Kagame yitabajwe n’Abanyanijeriya ku kibazo bafite cy’ubukungu

Ubwanditsi 22 Aug 2016 POLITIKI

Perezida Paul Kagame yatumiwe muri Nigeria, aho yasabwe kuzabasangiza ubunararibonye yakoresheje mu guteza imbere ubukungu bw’u Rwanda.

Kagame yatumiwe n’ishyirahamwe ry’abacamanza muri iki gihugu, bavuga ko ubukungu bwa Nigeria bukomeje gusubira inyuma, umuti bakawubona mu nama bazahabwa n’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda.

Ibinyamakuru birimo vanguardngr.com na thenationonlineng.net bivuga ko iyi nama izaba hagati ya tariki ya 19 na 26 uku kwezi, ikazitabirwa n’abarenga ibihumbi 13.

Abagize ishyirahamwe The Nigerian Bar Association (NBA), bavuga ko batakomeza kurebera igihugu cyabo gisubira inyuma mu bukungu.

Raporo y’Ikigega cy’Imari ku isi (FMI) umwaka wa 2016, cyagaragaje ko ubukungu bwa Afurika y’Epfo bwaciye ku bwa Nigeria.

Adama Iye Iyayi Lamikanra, umuyobozi w’uru rugaga muri Leta ya Rivers State, avuga ko iyi nama igamije kureba uko inzego zafasha mu iterambere ry’ubukungu na demokarasi byose bikajyana.

Mu gutumira Perezida Kagame, uyu muyobozi yagize ati “Impamvu yo kumutumira ni ukubera ibikorwa by’iterambere biri mu Rwanda n’uburyo bikomeje gutera imbere, no mu gihe isi yari mu ihungabana ry’ubukungu ko u Rwanda rwakomeje kwitwara neza.”

Naho Oladejo Lamikanra uvugira uru rwego we yagize ati “Mu bazitabira iyi nama barimo inzobere zirimo abacamanza n’abandi bategamiye kuri Leta.

Yavuze ko abanyamategeko bahisemo kuticara ngo barebere.

Yagize ati” Iyi niyo mpanvu twahisemo gushyiraho iyi nama, ivuga kuri demokarasi n’iterambere ry’iki gihugu, turashaka kuganira ku bukungu ariko mu buryo bijyana na demokarasi, kureba ngo ni gute demokarasi yafasha mu iterambere ry’ubukungu?”

Avuga ko bashaka uburyo ubukungu bwa Nigeria bwakomeza gutera imbere, budashingiye ku gucuruza peterori gusa.

-3742.jpg

Perezida Kagame ari kumwe na mugenzi we wa Nigeriya, Buhari mu nama ya AU iherutse kubera muri Ethiopia (Ifoto/ Getty images)

Ubukungu bwa Nigeria bushingiye mu gucukura peterori ku kigero cya 98%, gusa kubera ibitero by’umutwe wa Boko-Haram, iki gihugu cyagiye gisubira inyuma mu iterambere, n’ikibazo cya ruswa icyugarije.

Source : Izuba rirashe

2016-08-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uko  Moise Katumbi yafashije Kabila kugera ku butegetsi n’uko yahemukiwe nyuma

Uko Moise Katumbi yafashije Kabila kugera ku butegetsi n’uko yahemukiwe nyuma

Ubwanditsi 18 Apr 2019
Umutuzo w’Agatha Kanziga n’abandi bajenosideri bari Bufaransa waba usatira iherezo?

Umutuzo w’Agatha Kanziga n’abandi bajenosideri bari Bufaransa waba usatira iherezo?

Ubwanditsi 12 Mar 2024
Uko umubare w’Abanyarwanda waba ungana kose, ntibizigera bibaho ko Umunyarwanda aba impunzi kandi afite igihugu cye. “Paul Kagame”

Uko umubare w’Abanyarwanda waba ungana kose, ntibizigera bibaho ko Umunyarwanda aba impunzi kandi afite igihugu cye. “Paul Kagame”

Ubwanditsi 24 Jun 2024
U Bubiligi bwasabye abaturage babwo kuva ku butaka bwa RDC

U Bubiligi bwasabye abaturage babwo kuva ku butaka bwa RDC

Ubwanditsi 12 Jan 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Indirimbo ‘Ibidakwiriye’ yavuguruwe nk’uko Perezida Kagame yabisabye
HIRYA NO HINO

Indirimbo ‘Ibidakwiriye’ yavuguruwe nk’uko Perezida Kagame yabisabye

Ubwanditsi 23 Jun 2019
Yafatiwe ku mupaka wa Gatuna agerageza gutoroka nyuma yo gukatirwa azira gusambanya umwana
Mu Rwanda

Yafatiwe ku mupaka wa Gatuna agerageza gutoroka nyuma yo gukatirwa azira gusambanya umwana

Ubwanditsi 24 Mar 2018
Samputu yitabiriye iserukiramuco rya “World Culture Open 2017 “ ahagarariye umugabane wa Afurika
SHOWBIZ

Samputu yitabiriye iserukiramuco rya “World Culture Open 2017 “ ahagarariye umugabane wa Afurika

Ubwanditsi 09 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru