• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»NEC igiye kuvugurura lisiti nshya y’abazitabira amatora y’abadepite

NEC igiye kuvugurura lisiti nshya y’abazitabira amatora y’abadepite

Ubwanditsi 25 Apr 2018 POLITIKI

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora mu Rwanda (NEC) yatangaje ko igiye gutangira ibikorwa byo kuvugurura lisiti y’abazitabira amatora y’abagize Inteko Ishinga Amategeko, ateganyijwe muri Nzeli uyu mwaka.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa NEC, Charles Munyaneza, yabwiye The New Times ko imyiteguro irimbanyije ku buryo mu ntangiriro za Gicurasi, ibikorwa byo kuvugurura bizaba byatangiye gukorwa mu Midugudu yose y’Igihugu.

Yagize ati “Guhera tariki 3 kugeza 26 Gicurasi, lisiti z’itora zizaba ziri kuri buri mudugudu no kuri za Ambasade zose z’u Rwanda, aho abantu bazabasha kugenzura neza imyirondoro yabo bakanakosora amakuru ari kuri iyo lisiti.”

Muri ibyo bikorwa, NEC ivuga ko izashishikariza buri munyarwanda ufite imyaka yo gutora kumenya aho azatorera kandi ko izegera n’abanyeshuri bari mu mashuri yaba ayisumbuye, amakuru na za Kaminuza.

Munyaneza yavuze ko hazanakoreshwa uburyo bw’ikoranabuhanga nk’irya telefone mu kwiyandikisha, kwikosoza no kwiyimura kuri Lisiti y’itora nkuko byakoreshejwe mu matora ya Perezida aheruka kuba umwaka ushize.

Yakomeje agira ati “Dufite umubare munini w’abantu bimuka, nk’abimukira muri Kigali n’indi mijyi bashakisha akazi, abakodesha n’ibindi byiciro, abo bose bagomba kugaragaza aho bimukiye kugira ngo bihuzwe n’ibiri kuri Lisiti y’itora.”

Abanyarwanda 6,897,076 nibo bari biyandikishije kuri Lisiti y’amatora ya Perezida. Abagera kuri 98% mu biyandikishije bitabiriye amatora. NEC ivuga ko abazatora uyu mwaka bashobora kugera kuri miliyoni zirindwi.

Bamwe mu bayobozi b’inzego z’ibanze nk’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mataba mu Karere ka Musanze, Isaie Mbonyinshuti, bavuga ko batangije ubukangurambaga mu baturage cyane cyane mu rubyiruko rwujuje imyaka 18, basaba abatarafata indangamuntu kuzifata kugira ngo bazabashe kwitabira amatora.

Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite igizwe n’imyanya 80 ariko ihatanirwa n’imitwe ya politiki ni 53, indi 24 igenewe abagore, ibiri igenewe urubyiruko, undi usigaye ukajyamo uhagarariye abafite ubumuga.

Uwiyamamariza kuba umudepite agomba kuba ari Umunyarwanda ufite nibura imyaka 21 y’amavuko, atarakatiwe n’inkiko kubera ibyaha bya Jenoside n’ibindi bifitanye isano nayo.

Amatora y’abadepite ateganyijwe taliki ya 2 na 3 Nzeli 2018.

2018-04-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yatanze ikiganiro mu nama ihuza abayozi ba Amerika na Isiraheli  [AIPAC Policy Conference]

Perezida Kagame yatanze ikiganiro mu nama ihuza abayozi ba Amerika na Isiraheli [AIPAC Policy Conference]

Ubwanditsi 28 Mar 2017
Impamvu 10 Perezida Kagame yakomeza akayobora nyuma ya 2017

Impamvu 10 Perezida Kagame yakomeza akayobora nyuma ya 2017

Ubwanditsi 31 May 2017
Hayatou wayoboye CAF yarezwe uburiganya mu isoko ryo kwerekana umupira nyafurika

Hayatou wayoboye CAF yarezwe uburiganya mu isoko ryo kwerekana umupira nyafurika

Ubwanditsi 17 Apr 2018
Impamvu Umwe mubari abayobozi ba PS Imberakuri  yavuyemo akayoboka FPR Inkotanyi

Impamvu Umwe mubari abayobozi ba PS Imberakuri yavuyemo akayoboka FPR Inkotanyi

Ubwanditsi 23 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ukurusha umugore akurusha urugo ; Mugabo menya ibiranga umugore mwiza
HIRYA NO HINO

Ukurusha umugore akurusha urugo ; Mugabo menya ibiranga umugore mwiza

Ubwanditsi 19 Jan 2017
Polisi yafashe abigana ibyangombwa, abaturage barasabwa kuba maso
Mu Mahanga

Polisi yafashe abigana ibyangombwa, abaturage barasabwa kuba maso

Ubwanditsi 17 Nov 2016
CNLG yamaganye Umunyamideli Kate Bashabe  umaze iminsi akusanya inkunga yo gufasha abacitse ku icumu
ITOHOZA

CNLG yamaganye Umunyamideli Kate Bashabe umaze iminsi akusanya inkunga yo gufasha abacitse ku icumu

Ubwanditsi 10 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru