• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • APR BBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona ku nshuro ya kane yikurikiranya   |   25 Aug 2026

  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kagame yatanze ikiganiro mu nama ihuza abayozi ba Amerika na Isiraheli [AIPAC Policy Conference]

Perezida Kagame yatanze ikiganiro mu nama ihuza abayozi ba Amerika na Isiraheli [AIPAC Policy Conference]

Ubwanditsi 28 Mar 2017 POLITIKI

Kuri iki cyumweru, Perezida Kagame yagejeje ikiganiro ku bantu barenga 18,000 bitabiriye inama ngarukamwaka ihuza abayobozi mu nzego zitandukanye muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika na Isiraheli iri kubera I Washington DC. Mu kiganiro cye muri iyi nama igamije gukomeza ubufatanye bw’Amerika na Isiraheli, Perezida Kagame yahamagariye abayitabiriye guhuriza hamwe imbaraga bakarwanya imigambi yose igamije guhakana Jenoside no gupfobya abayiburiyemo ubuzima. Yanavuze kandi ko gusigasira umutekano w’abantu bibabiswe, birenze gukoresha imbaraga z’amaboko gusa.

Perezida Kagame yagize ati: “ Umutekano w’abantu bigeze kwibasirwa n’ivangura iryo ariryo ryose ntugarukira ku mbaraga z’amaboko gusa.Isi yacu ntizigera itekana,haba kuri twe no kubandi kugeza igihe tuzatsindira ibitekerezo byose bigaragaza ubwicanyi nk’inshingano yo gukunda igihugu. Dufatanyije n’inshuti nka Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, tugomba kuzahura ubufatanye mu kurwanya abahakana Jenoside ndetse bakanapfobya abayiburiyemo ubuzima.”

Perezida Kagame kandi yavuze ko u Rwanda rwifatanyije na Leta ya Isiraheli ikomeje kwibasirwa na bimwe mu bihugu bituranye nayo, avuga ko Isiraheli ifite uburenganzira bwo kubaho no gutera imbere nk’igihugu gifite uburenganzira bwose mu muryango mpuzamahanga.

Ashingiye ku mateka u Rwanda na Isiraheli bihuriyeho, Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda na Isiraheli byabaye gihamya ko nta cyago uko cyaba kimeze kose kitagira iherezo.

Perezida Kagame yagize ati: “ Nta kabuza , u Rwanda ni inshuti ya Isiraheli. Nta mahano uko yaba ameze kose yatuma ubwenge bwa muntu n’umuhate wo kwiyubaka bitagera kuri ejo hazaza heza. Ukoroka no kwiyubaka kw’ibuhugu byombi nibyo bishimangira uku kuri.”

Avuga ku mubano wa Isiraheli n’umugabane w’Afurika, Perezida Kagame yavuze ko uyu mubano waranzwe no guhuza ubushobozi ndetse n’inyungu zihuriweho.

Perezida Kagame yagize ati: “Twishimiye uruhare rwa Isiraheli mu iterambere ry’Afurika no kuba ibihugu by’Afurika bikorana nayo neza. Mbere, iyi mikoranire ntiyagaragaraga ndetse byanagize ingaruka mu buryo bumwe ku myumvire abantu bagombaga kugira kuri isiraheli n’ibihe yanyuzemo.”

Perezida Kagame yashimangiye ko Isiraheli iri mu mwanya wo gufatwa nk’icyitegererezo cy’uburyo igihugu cyiyubaka, hashingiwe ku kuba yarageze ku byafatwaga nk’ibidashoboka kandi ikikijwe n’abanzi ndetse n’umuryango mpuzamahanga ukaba utayifuriza ibyiza.

Perezida Kagame yagize ati: “ Ibi byose ubihurije hamwe, bitanga ishusho y’ibyo twanyuzemo mu myaka mike ishize. Dutekereza ko hari amasomo menshi twabyigiraho nko kuba iyo abantu bagambiriye, bafite n’intego ishingiye ku kurokoka kwabo, nta nzitizi n’imwe yababuza kugera ku iterambere bifuza.”

Perezida Paul Kagame niwe mukuru w’igihugu wa mbere w’umunyafurika ugejeje ikiganiro ku bitabira iyi nama.

-6174.jpg

-6173.jpg

-6177.jpg

-6176.jpg

-6175.jpg

Umukuru w’Igihugu yashimangiye ko Israel ari inshuti ikomeye y’u Rwanda kuko ari ibihugu bisangiye amateka

Source & foto: Village Urugwiro

2017-03-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Afurika y’Epfo: Perezida Kagame yitabiriye inama y’abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi bakiri bato

Afurika y’Epfo: Perezida Kagame yitabiriye inama y’abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi bakiri bato

Ubwanditsi 06 Mar 2019
Madame Jeannette Kagame yasobanuye aho ubumwe bw’Abanyarwanda bwavuye

Madame Jeannette Kagame yasobanuye aho ubumwe bw’Abanyarwanda bwavuye

Ubwanditsi 23 Oct 2017
Kim Jong-un agiye gutumira Papa Francis muri Korea ya Ruguru

Kim Jong-un agiye gutumira Papa Francis muri Korea ya Ruguru

Ubwanditsi 10 Oct 2018
Judith Suminwa Tuluka, umugore wa mbere ugizwe Minisitiri w’intebe mu mateka ya Kongo-Kinshasa.

Judith Suminwa Tuluka, umugore wa mbere ugizwe Minisitiri w’intebe mu mateka ya Kongo-Kinshasa.

Ubwanditsi 01 Apr 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuryango wa Rayon Sports wahombeje ikipe miliyoni zireng a 250 mu mezi 8
IMIKINO

Umuryango wa Rayon Sports wahombeje ikipe miliyoni zireng a 250 mu mezi 8

Ubwanditsi 07 Mar 2016
Umupolisi w’u Burundi wafatiwe mu Rwanda yashyikirijwe igihugu cye
Mu Rwanda

Umupolisi w’u Burundi wafatiwe mu Rwanda yashyikirijwe igihugu cye

Ubwanditsi 16 Apr 2018
Ikinamico rivanze n’agashinyaguro: I Goma, imirambo 200 y’abishwe na Tshisekedi yashyinguwe “mu cyubahiro”.
Amakuru

Ikinamico rivanze n’agashinyaguro: I Goma, imirambo 200 y’abishwe na Tshisekedi yashyinguwe “mu cyubahiro”.

Ubwanditsi 02 Sep 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru