• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kagame yatanze ikiganiro mu nama ihuza abayozi ba Amerika na Isiraheli [AIPAC Policy Conference]

Perezida Kagame yatanze ikiganiro mu nama ihuza abayozi ba Amerika na Isiraheli [AIPAC Policy Conference]

Ubwanditsi 28 Mar 2017 POLITIKI

Kuri iki cyumweru, Perezida Kagame yagejeje ikiganiro ku bantu barenga 18,000 bitabiriye inama ngarukamwaka ihuza abayobozi mu nzego zitandukanye muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika na Isiraheli iri kubera I Washington DC. Mu kiganiro cye muri iyi nama igamije gukomeza ubufatanye bw’Amerika na Isiraheli, Perezida Kagame yahamagariye abayitabiriye guhuriza hamwe imbaraga bakarwanya imigambi yose igamije guhakana Jenoside no gupfobya abayiburiyemo ubuzima. Yanavuze kandi ko gusigasira umutekano w’abantu bibabiswe, birenze gukoresha imbaraga z’amaboko gusa.

Perezida Kagame yagize ati: “ Umutekano w’abantu bigeze kwibasirwa n’ivangura iryo ariryo ryose ntugarukira ku mbaraga z’amaboko gusa.Isi yacu ntizigera itekana,haba kuri twe no kubandi kugeza igihe tuzatsindira ibitekerezo byose bigaragaza ubwicanyi nk’inshingano yo gukunda igihugu. Dufatanyije n’inshuti nka Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, tugomba kuzahura ubufatanye mu kurwanya abahakana Jenoside ndetse bakanapfobya abayiburiyemo ubuzima.”

Perezida Kagame kandi yavuze ko u Rwanda rwifatanyije na Leta ya Isiraheli ikomeje kwibasirwa na bimwe mu bihugu bituranye nayo, avuga ko Isiraheli ifite uburenganzira bwo kubaho no gutera imbere nk’igihugu gifite uburenganzira bwose mu muryango mpuzamahanga.

Ashingiye ku mateka u Rwanda na Isiraheli bihuriyeho, Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda na Isiraheli byabaye gihamya ko nta cyago uko cyaba kimeze kose kitagira iherezo.

Perezida Kagame yagize ati: “ Nta kabuza , u Rwanda ni inshuti ya Isiraheli. Nta mahano uko yaba ameze kose yatuma ubwenge bwa muntu n’umuhate wo kwiyubaka bitagera kuri ejo hazaza heza. Ukoroka no kwiyubaka kw’ibuhugu byombi nibyo bishimangira uku kuri.”

Avuga ku mubano wa Isiraheli n’umugabane w’Afurika, Perezida Kagame yavuze ko uyu mubano waranzwe no guhuza ubushobozi ndetse n’inyungu zihuriweho.

Perezida Kagame yagize ati: “Twishimiye uruhare rwa Isiraheli mu iterambere ry’Afurika no kuba ibihugu by’Afurika bikorana nayo neza. Mbere, iyi mikoranire ntiyagaragaraga ndetse byanagize ingaruka mu buryo bumwe ku myumvire abantu bagombaga kugira kuri isiraheli n’ibihe yanyuzemo.”

Perezida Kagame yashimangiye ko Isiraheli iri mu mwanya wo gufatwa nk’icyitegererezo cy’uburyo igihugu cyiyubaka, hashingiwe ku kuba yarageze ku byafatwaga nk’ibidashoboka kandi ikikijwe n’abanzi ndetse n’umuryango mpuzamahanga ukaba utayifuriza ibyiza.

Perezida Kagame yagize ati: “ Ibi byose ubihurije hamwe, bitanga ishusho y’ibyo twanyuzemo mu myaka mike ishize. Dutekereza ko hari amasomo menshi twabyigiraho nko kuba iyo abantu bagambiriye, bafite n’intego ishingiye ku kurokoka kwabo, nta nzitizi n’imwe yababuza kugera ku iterambere bifuza.”

Perezida Paul Kagame niwe mukuru w’igihugu wa mbere w’umunyafurika ugejeje ikiganiro ku bitabira iyi nama.

-6174.jpg

-6173.jpg

-6177.jpg

-6176.jpg

-6175.jpg

Umukuru w’Igihugu yashimangiye ko Israel ari inshuti ikomeye y’u Rwanda kuko ari ibihugu bisangiye amateka

Source & foto: Village Urugwiro

2017-03-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kwibuka ntibyavanyweho ahubwo bizajyana n’ibihe turimo bidasanzwe- Dr Bizimana

Kwibuka ntibyavanyweho ahubwo bizajyana n’ibihe turimo bidasanzwe- Dr Bizimana

Ubwanditsi 06 Apr 2020
Perezida Kagame aragaragaza ubushake buganisha ku mahoro mu Karere uruhare rwa Tshilombo nirwo rubura

Perezida Kagame aragaragaza ubushake buganisha ku mahoro mu Karere uruhare rwa Tshilombo nirwo rubura

RUSHYASHYA 02 Nov 2025
U Rwanda rwashimiye u Bushinwa ku bufasha buri guha abanyarwanda 155 bari mu gace karimo Coronavirus

U Rwanda rwashimiye u Bushinwa ku bufasha buri guha abanyarwanda 155 bari mu gace karimo Coronavirus

Ubwanditsi 01 Feb 2020
Trump yavuze ko Kim Jong Un ari mu bwiyahuzi, ati “nibiba ngombwa Koreya ya Ruguru tuzayisenya burundu”

Trump yavuze ko Kim Jong Un ari mu bwiyahuzi, ati “nibiba ngombwa Koreya ya Ruguru tuzayisenya burundu”

Ubwanditsi 20 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abapolisi barahugurwa kurwanya icuruzwa ry’ibiyobyabwenge bivanwa mu bihugu bimwe bijyanwa ahandi
Mu Mahanga

Abapolisi barahugurwa kurwanya icuruzwa ry’ibiyobyabwenge bivanwa mu bihugu bimwe bijyanwa ahandi

Ubwanditsi 11 Oct 2016
Perezida w’ishyirahamwe nyarwanda ry’umukino wa Karate, Uwayo Théogène niwe mukandida rukumbi wemejwe ku mwanya wo kuyobora komite Olempike y’u Rwanda.
Amakuru

Perezida w’ishyirahamwe nyarwanda ry’umukino wa Karate, Uwayo Théogène niwe mukandida rukumbi wemejwe ku mwanya wo kuyobora komite Olempike y’u Rwanda.

Ubwanditsi 01 May 2021
Patriots BBC yatangiye yihaniza JKT mu ijonjora rya BAL
IMIKINO

Patriots BBC yatangiye yihaniza JKT mu ijonjora rya BAL

Ubwanditsi 18 Dec 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru