• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Minisitiri w’Intebe wa Kongo yahawe isomo ry’uko ntawe ushobora kubeshya abantu bose, igihe cyose!

Minisitiri w’Intebe wa Kongo yahawe isomo ry’uko ntawe ushobora kubeshya abantu bose, igihe cyose!

Ubwanditsi 19 Oct 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Kuri uyu wa gatanu tariki 18 Ukwakira 2024, ubwo yari mu nama” Rebranding Africa Forum” i Buruseli mu Bubiligi, Minisitiri w’Intebe wa Kongo, Judith Suminwa Tuluka, yabuze aho arigitira ubwo abari mu nama bamwerekaga ko ibyo yababwiye ku ngamba zo kugarura amahoro mu burasirazuba bw’igihugu cye ari ibinyoma bisa.

Iryo somo Madamu Suminwa yarihawe ubwo yari amaze kubeshya ko tariki 12 Ukwakira 2024 , i Luanda mu nama ya 5 y’abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga b’u Rwanda, Kongo na Angola, ngo “uRwanda rwemeye kuvana abasirikari barwo 4.000 bari ku butaka bwa Kongo”.

Umwe mu bari muri iyo nama yahise azana inyandiko-mvugo y’imyanzuro ya Luanda yo kuwa 12 Ukwakira, maze asaba Madamu Suminwa kwerekana ahanditse ibyo avuga u Rwanda rwiyemeje.

Ministiri w’Intebe SuminwaTuluka yabaye nk’ibisusa bikubiswe n’umwuka w’inkono, maze mu kwikura mu isoni aratinyuka yemeza ko “hari igika kibura muri iyo nyandiko-mvugo”, abeshya abari aho ko mu gihe cya vuba azabagezaho “imyanzuro y’umwimerere”!

Abari mu nama aho i Buruseri barumiwe, icyakora banga kuripfana. Basabye abategetsi ba Kongo kureka” uburiganya”, niba koko bashaka ko intambara ihosha, amahoro agsagamba mu gihugu cyabo no mu karere kose muri rusange.

Abinyijije ku rubuga rwe rwa”X”, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, nawe yanyomoje amagambo ya Madamu Judith Suminwa Tuluka, wahimbiye uRwanda” kwiyemeza kuvana abasirikari barwo muri Kongo”.

Mu kinyabupfira cyinshi, Minisitiri Nduhungirehe ati:” Mu cyubahiro gikomeye ngomba Minisitiri w’Intebe Judith Suminwa, abaminisitiri be bamuhaye amakuru atariyo. Mu nama y’iLuanda uRwanda ntirwigeze rwiyemeza “kuvaba asirikari barwo 4.000 muri Kongo”. Ibyo ni ikinyoma rero, n’ikimenyimenyi ntaho icyo cyemezo cyanditse mu nyandiko-mvugo y’inama yo kuwa 12 Ukwakira 2024″.

Nyuma yo kwinyuza hirya no hino Tshisekedi yanga kwemeza gahunda yo kurandura umutwe w’abajenosideri wa FDLR, ufatwa nk’ipfundo ry’umutekano muke muri Kongo no mu karere kose, muri iyo nama yo kuwa 12 Ukwakira intumwa za Kongo zarashyize zemera uwo mwanzuro, nubwo abasesenguzi bafite impungenge ko Kinshasa yemeye kubera igitutu cy’amahanga, ariko itazatinyuka kwikora mu nda, isenya FDLR umusangirangendo bamaranye imyaka 30.

Mu gushaka gukwepa ibyo yiyemeje rero, Leta ya Kongo yatangiye kugoreka imyanzuro ya Luanda, kugirango niryozwa kubangamira isenywa rya FDLR, izashinje uRwanda ko narwo rutubahirije ibyo rwemeye.

Iyi myitwarire ya Kinshasa rero irerekana ko amahoro muri icyo gihugu akiri kure nk’ukwezi, kuko imyanzuro ishingiye ku kinyoma ntaho yageza abantu.

2024-10-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma yo kutageza ikipe ya Togo mu mikino y’igikombe cy’Afurika cya 2021, umutoza Claude Leroy yahise yirukanwa

Nyuma yo kutageza ikipe ya Togo mu mikino y’igikombe cy’Afurika cya 2021, umutoza Claude Leroy yahise yirukanwa

Ubwanditsi 30 Mar 2021
Breaking News : Impinduka zitunguranye mu rwego rw’iperereza rya Gisilikare NISS

Breaking News : Impinduka zitunguranye mu rwego rw’iperereza rya Gisilikare NISS

Ubwanditsi 25 Mar 2016
Bimwe mubyo Perezida Kagame amaze kugeraho muri iyi manda ye  ya kabiri  asoza

Bimwe mubyo Perezida Kagame amaze kugeraho muri iyi manda ye ya kabiri asoza

Ubwanditsi 06 Oct 2016
RDC: Perezida Kabila Aravugwaho Kwanga Kwakira Umunyamabanga Mukuru Wa Loni

RDC: Perezida Kabila Aravugwaho Kwanga Kwakira Umunyamabanga Mukuru Wa Loni

Ubwanditsi 12 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bishop Rugagi yagize icyo avuga ku bantu bakomeje kwibaza impamvu agiye kugura indege kandi akiri mu bukode [AMAFOTO]
HIRYA NO HINO

Bishop Rugagi yagize icyo avuga ku bantu bakomeje kwibaza impamvu agiye kugura indege kandi akiri mu bukode [AMAFOTO]

Ubwanditsi 19 Sep 2018
Intambara y’ubutita hagati y’ubuyobozi bwa Museveni na Leta zunze ubumwe za Amerika- USA
INKURU NYAMUKURU

Intambara y’ubutita hagati y’ubuyobozi bwa Museveni na Leta zunze ubumwe za Amerika- USA

Ubwanditsi 01 Oct 2019
“U Rwanda ntirwafashe impunzi z’Abarundi bugwate, n’abaturage basanzwe baje mu Rwanda igihugu cyabo cyabangiye ko basubirayo” Min Biruta
INKURU NYAMUKURU

“U Rwanda ntirwafashe impunzi z’Abarundi bugwate, n’abaturage basanzwe baje mu Rwanda igihugu cyabo cyabangiye ko basubirayo” Min Biruta

Ubwanditsi 12 Aug 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru