• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Minisitiri w’Intebe wa Kongo yahawe isomo ry’uko ntawe ushobora kubeshya abantu bose, igihe cyose!

Minisitiri w’Intebe wa Kongo yahawe isomo ry’uko ntawe ushobora kubeshya abantu bose, igihe cyose!

Ubwanditsi 19 Oct 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Kuri uyu wa gatanu tariki 18 Ukwakira 2024, ubwo yari mu nama” Rebranding Africa Forum” i Buruseli mu Bubiligi, Minisitiri w’Intebe wa Kongo, Judith Suminwa Tuluka, yabuze aho arigitira ubwo abari mu nama bamwerekaga ko ibyo yababwiye ku ngamba zo kugarura amahoro mu burasirazuba bw’igihugu cye ari ibinyoma bisa.

Iryo somo Madamu Suminwa yarihawe ubwo yari amaze kubeshya ko tariki 12 Ukwakira 2024 , i Luanda mu nama ya 5 y’abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga b’u Rwanda, Kongo na Angola, ngo “uRwanda rwemeye kuvana abasirikari barwo 4.000 bari ku butaka bwa Kongo”.

Umwe mu bari muri iyo nama yahise azana inyandiko-mvugo y’imyanzuro ya Luanda yo kuwa 12 Ukwakira, maze asaba Madamu Suminwa kwerekana ahanditse ibyo avuga u Rwanda rwiyemeje.

Ministiri w’Intebe SuminwaTuluka yabaye nk’ibisusa bikubiswe n’umwuka w’inkono, maze mu kwikura mu isoni aratinyuka yemeza ko “hari igika kibura muri iyo nyandiko-mvugo”, abeshya abari aho ko mu gihe cya vuba azabagezaho “imyanzuro y’umwimerere”!

Abari mu nama aho i Buruseri barumiwe, icyakora banga kuripfana. Basabye abategetsi ba Kongo kureka” uburiganya”, niba koko bashaka ko intambara ihosha, amahoro agsagamba mu gihugu cyabo no mu karere kose muri rusange.

Abinyijije ku rubuga rwe rwa”X”, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, nawe yanyomoje amagambo ya Madamu Judith Suminwa Tuluka, wahimbiye uRwanda” kwiyemeza kuvana abasirikari barwo muri Kongo”.

Mu kinyabupfira cyinshi, Minisitiri Nduhungirehe ati:” Mu cyubahiro gikomeye ngomba Minisitiri w’Intebe Judith Suminwa, abaminisitiri be bamuhaye amakuru atariyo. Mu nama y’iLuanda uRwanda ntirwigeze rwiyemeza “kuvaba asirikari barwo 4.000 muri Kongo”. Ibyo ni ikinyoma rero, n’ikimenyimenyi ntaho icyo cyemezo cyanditse mu nyandiko-mvugo y’inama yo kuwa 12 Ukwakira 2024″.

Nyuma yo kwinyuza hirya no hino Tshisekedi yanga kwemeza gahunda yo kurandura umutwe w’abajenosideri wa FDLR, ufatwa nk’ipfundo ry’umutekano muke muri Kongo no mu karere kose, muri iyo nama yo kuwa 12 Ukwakira intumwa za Kongo zarashyize zemera uwo mwanzuro, nubwo abasesenguzi bafite impungenge ko Kinshasa yemeye kubera igitutu cy’amahanga, ariko itazatinyuka kwikora mu nda, isenya FDLR umusangirangendo bamaranye imyaka 30.

Mu gushaka gukwepa ibyo yiyemeje rero, Leta ya Kongo yatangiye kugoreka imyanzuro ya Luanda, kugirango niryozwa kubangamira isenywa rya FDLR, izashinje uRwanda ko narwo rutubahirije ibyo rwemeye.

Iyi myitwarire ya Kinshasa rero irerekana ko amahoro muri icyo gihugu akiri kure nk’ukwezi, kuko imyanzuro ishingiye ku kinyoma ntaho yageza abantu.

2024-10-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rwakuye  umudali wa Feza muri Madagascar ubwo hakinwaga imikino Nyafurika ya Basket ya Batatu

U Rwanda rwakuye umudali wa Feza muri Madagascar ubwo hakinwaga imikino Nyafurika ya Basket ya Batatu

Ubwanditsi 02 Dec 2024
Rwanda Day izabera mu Budage yahawe itariki nshya

Rwanda Day izabera mu Budage yahawe itariki nshya

Ubwanditsi 17 Aug 2019
Hoteli ya Jean Minani uherutse gutorerwa kuyobora CNARED, Ishyirahamwe ry’abatavuga rumwe n’ubutegetsi, yasenywe

Hoteli ya Jean Minani uherutse gutorerwa kuyobora CNARED, Ishyirahamwe ry’abatavuga rumwe n’ubutegetsi, yasenywe

Ubwanditsi 04 Dec 2017
Ribara uwariraye, La Forge Bazeye Fils wari umuvugizi wa FDLR yavuze uburyo yagejejwe mu Rwanda

Ribara uwariraye, La Forge Bazeye Fils wari umuvugizi wa FDLR yavuze uburyo yagejejwe mu Rwanda

Ubwanditsi 07 Dec 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bernard Makuza aremeza ko Paul Kagame ari we soko y’ibikorwa byose mu Rwanda [ VIDEO ]
Mu Rwanda

Bernard Makuza aremeza ko Paul Kagame ari we soko y’ibikorwa byose mu Rwanda [ VIDEO ]

Ubwanditsi 30 Jul 2017
Zigama CSS yungutse miliyari 3Frw zirenga ku yari ateganyijwe
UBUKUNGU

Zigama CSS yungutse miliyari 3Frw zirenga ku yari ateganyijwe

Ubwanditsi 29 Mar 2018
Rayon Sports, APR FC na Police FC mu makipe yitwaye neza mu mikino ibanza ya 1/4 y’igikombe cy’Amahoro
Amakuru

Rayon Sports, APR FC na Police FC mu makipe yitwaye neza mu mikino ibanza ya 1/4 y’igikombe cy’Amahoro

Ubwanditsi 28 Apr 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru