• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ku nshuro ya kabiri, mu gihe cy’icyumweru kimwe irushanwa rya BAL rigiye kubera mu Rwanda mu nyubako ya Kigali Arena – Ibyo wamenya kuri iri rushanwa

Ku nshuro ya kabiri, mu gihe cy’icyumweru kimwe irushanwa rya BAL rigiye kubera mu Rwanda mu nyubako ya Kigali Arena – Ibyo wamenya kuri iri rushanwa

Ubwanditsi 20 May 2022 Amakuru, IMIKINO

Guhera tariki ya 21 kugeza kuya 28 Gicurasi 2022, mu Rwanda hateganyijwe irushanwa rigomba guhuza amakipe 8 yitwaye neza ku mugabane wa Afurika mu ijonjora ryabanje mu mukino w’intoki wa Basketball, kuri uuyu munsi amakipe yose yamaze kugera mu rwa Gasabo.

Imikino ya nyuma y’irushanwa rya Basketball Africa League (BAL) ihuza amakipe yitwaye neza kuri uyu mugabane wa Afurika ku bufatanye na NBA mu rwego rwo kuzamura umukino w’intoki wa Basketball ku bakinnyi bakomoka kuri uyu mugabane.

Iri rushanwa rigiye kuba ku ncuro ya kabiri rikabera ku butaka bw’u Rwanda rirahuza amakipe yabonye itike mu mezi make ashize ubwo hakinwe imikino mu bice bibiri bitandukanye, aha twavuga amakipe yabonye itike anyuze mu cyiswe Nile Conference na Sahara Conference.

Muri buri gice hasohotse amakipe ane ya mbere yari yitwaye, duhereye muri Nile Conference amakipe yabonye itike ni REG BBC (Rwanda), US Monastir (Tunisia), AS Sale (Morocco) na Seydou Legacy Athlétique Club izwi nka SLAC (Guinee Conackry).


Muri Sahara Conference, amakipe yabonye itike yo gukina imikino ya nyuma ni Zamalek SC (Egypt), Petro de Luanda (Angola), Cape Town Tigers (Afrika y’Epfo) na Forces Armées et Police Basketball izwi nka FAP yo muri Cameroon.

Aya makipe yose uko ari umunani agiye gukina imikino ya 1/4 cy’irangiza muri iri rushanwa rya BAL 2022, iyi mikino yose ikazajya ikinirwa mu nyubako ya Kigali Arena igiye kwakira iyi mikino ku ncuro ya kabiri yikurikiranya kuko iri rushanwa rya BAL riheruka naryo ryabereye mu Rwanda mu mwaka ushize wa 2021.

Uko imikino iteganyijwe uhereye kuri uyu wa gatandatu tariki ya 21 Gicurasi 2022, ikazajya ikinwa guhera ku isaha ya Saa munani n’igice ndetse no ku isaha ya saa kumi n’ebyiri z’umugoroba, bitaganyijwe ko mu munsi umwe hazajya hakinwa imikino ibiri.

Umukino wa mbere uzabanziriza indi ni uzahuza ikipe ya AS Salé yo muri Maroc ikazakina na Petro de Luanda yo muri Angola guhera ku isaha ya Saa munani n’igice, uyu uzakurikirwa n’umukino uzahuza ikipe ya FAP yo muri Cameroon na REG BBC yo mu Rwanda.

Indi mikino ya 1/4 izaba ku munsi wo ku cyumweru aho ku isaha ya saa munani n’igice hazakina ikipe ya Cape Town Tigers yo muri Afrika y’Epfo) izahura na US Monastir yo muri Tunisia, ku isaha ya saa kumi n’Ebyiri hazakina S.A.L.A Basketball Club yo muri Guinea na Zamalek yo mu misiri.

Indi mikino ya kimwe cya kabiri yo biteganyijwe ko izakinwa tariki ya 25 Gicurasi, uwo guhatanira umwanya wa gatatu uri ku itariki ya 27 naho umukino wa nyuma uzakinwa ku itariki ya 28 Gicurasi 2022.
Ibyo abantu bamenya kuri iri rushanwa rya BAL 2022 rizama icyumweru kimwe rikinirwa mu nyubako ya Kigali Arena ifite ubushobozi bwo kwakira abantu ibihumbi 10.

1. Inyubako ya Kigali Arena igiye kongera kwakira abantu mu buryo bwuzuye :

Kuva mu mwaka wa 2020 ubwo isi yose yari yibasiwe n’icyorezo cya Koronavirusi, nyuma yaho ibikorwa bya Siporo byarafunzwe gusa bifunguriwe inyubako ya Kigali Arena ntabwo yemererwaga kwakira abantu mu buryo imyanya yose yateganyijwe yabakira 100%, nyuma yaho igenjeje make kuri unu iyi nyubako izakira abantu bahwanye n’imyanya irimo.

Mu busanzwe inyubako ya Kigali Arena iteganyijwe kwakira abantu 10 000 bicaye neza, aba bakaba bazatangira gukoresha iyi nyubako mu mikino ya Basketball Africa League igomba gutangira kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 21 Gicurasi 2022.

2. Abantu bikingije mu buryo bwuzuye nibo bazitabira imikino ya BAL:

Nk’uko byatangajwe ndetse binagaragara mu nkuru ya The New TImes, ni uko abantu bazitabira imikino itandukanye izabera muri Kigali bagomba kuba barikingije Koronavirusi mu buryo bwuzuye ndetse kandi abantu bagomba kuzaba bambaye neza agapfukamunwa.

3. Abahanzi Nyarwanda nibo bazasusurutsa abazitabira iyi mikino:

Uhereye muri iki cyumweru nibwo hatangajwe abahanzi ndetse n’abandi bazasusurutsa abazitabira ibirori bya BAL, kugeza ubu nkuko byemejwe muri rusange ni uko ari abahanzi nyarwanda gusa bazifashishwa.

Aha twavuga mu bahanzi bazitabira ibi bitaramo harimo Bushali, Mike Kayihura, Ish Kevin, Mashirika ndetse na Ruti Joel.

Mu ba DJ’s batumiwe ndetse bazagaragara bashyushya abantu ni DJ Toxxyc, Makeda Mahadeo ndetse na DJ Marnaud.

4. Abafana bazitabira iyi mikino bateguriwe aho bazidagadurira hanze ya Kigali Arena:

Abategura iri rushanwa rya BAL 2022, batangaje ko hari ahantu hateguriwe abantu bazitabira iyi mikino mu rwego rwo kwishimira iyi mikino ndetse no kwidagadura muri rusange, aha kandi biteganyijwe ko aho abantu bazajya babarizwa ni hanze y’iyi nyubako.

Nkuko bigaragara ni uko aho abazaba bitabiriye iyi mikino bazabasha gukurikirana umuziki mbereho amasaha 3 y’uko umukino utangira ndetse na nyuma y’isaha imwe imikino irangiye abantu bakazabasha gukurikirana abo bahanzi mu buryo bwateguwe.

2022-05-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Imodoka ya Rayon Sports yabaye iciro ry’umugani yagaruwe mu muhanda igeze mu Nzove yakiranywa amashyi n’impundu

Imodoka ya Rayon Sports yabaye iciro ry’umugani yagaruwe mu muhanda igeze mu Nzove yakiranywa amashyi n’impundu

Ubwanditsi 19 Apr 2019
Amakipe azaserukira igihugu mu mikino yose yakuriwe inzira ku murima

Amakipe azaserukira igihugu mu mikino yose yakuriwe inzira ku murima

Ubwanditsi 09 Feb 2018
U Rwanda rwasinyanye na  CAVB amasezerano yo kwakira Shampiyona Nyafurika y’Amakipe y’Abagabo 2026

U Rwanda rwasinyanye na CAVB amasezerano yo kwakira Shampiyona Nyafurika y’Amakipe y’Abagabo 2026

RUSHYASHYA 05 Mar 2026
Amavubi yatsinzwe na Uganda igitego kimwe ku busa mu mukino w’umunsi wa gatatu wo mu matsinda yo guhatanira itike yo gukina igikombe cy’isi 2022

Amavubi yatsinzwe na Uganda igitego kimwe ku busa mu mukino w’umunsi wa gatatu wo mu matsinda yo guhatanira itike yo gukina igikombe cy’isi 2022

Ubwanditsi 07 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame asanga amashanyarazi ya Gaz Methan azateza imbere Karongi
Mu Mahanga

Perezida Kagame asanga amashanyarazi ya Gaz Methan azateza imbere Karongi

Ubwanditsi 17 May 2016
Kagame yakomoje ku mpamvu yatumye Bizimungu yivumbura, agata akazi
INKURU NYAMUKURU

Kagame yakomoje ku mpamvu yatumye Bizimungu yivumbura, agata akazi

Ubwanditsi 12 Jun 2019
“BURASA J Gualbert, umusanzu wawe mu kurwubaka, uzatubera umusingi mu kurukomeza” Jean Lambert Gatare
INKURU NYAMUKURU

“BURASA J Gualbert, umusanzu wawe mu kurwubaka, uzatubera umusingi mu kurukomeza” Jean Lambert Gatare

Ubwanditsi 13 May 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru