• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Indorerezi zo mu karere zanyuzwe n’Amatora yo mu Rwanda zivuga ko yagenze neza kandi agakurikiza amahame ya demokarasi.

Indorerezi zo mu karere zanyuzwe n’Amatora yo mu Rwanda zivuga ko yagenze neza kandi agakurikiza amahame ya demokarasi.

Ubwanditsi 06 Aug 2017 Mu Rwanda

Indorerezi z’imiryango u Rwanda ruhuriramo n’ibindi bihugu muri aka karere zagaragaje ko amatora yabaye ku wa 4 Kanama ubwo abanyarwanda bihitiragamo uzabayobora mu myaka irindwi iri imbere, yagenze neza kandi agakurikiza amahame ya demokarasi.

Kuri iki cyumweru nibwo indorerezi z’imiryango ya EAC, COMESA na ICGLR zatangazaga iby’ibanze babonye mu itora ryo ku wa 4 Kanama, bagahera ku migendekere y’ibikorwa byo kwiyamamaza, itora nyir’izina no kubarura amajwi.

Moody Awori wigeze kuba Visi Perezida wa Kenya wari uyoboye indorerezi z’umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), yavuze ko nubwo hari ibyo babonye bikwiye kongerwamo imbaraga, amatora yagenze neza nk’uko raporo yabi ibivuga.

Yagize ati “Raporo y’indorerezi z’umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, yanzuye ko amatora yabaye mu mutuzo ku buryo bujyanye n’amahame mpuzamahanga, ay’umugabane n’ay’akarere agenga amatora anyuze muri demokarasi.”

Mu byo bagaragaje byakomeza kunozwa harimo itegeko rigenga amatora ryakomeza kuvugururwa hagamijwe guha komisiyo iyashinzwe ububasha buhagije, n’uburyo abakandida bose babasha kubona ubushobozi kuko hari umukandida wababwiye ko yagowe no kubona amikoro.

Mu bindi byashimwe kandi harimo uburyo inzego z’umutekano zatumye arushaho kugenda neza.

Awoori yakomeje agira ati “Ingabo na polisi bagizi uruhare rukomeye mu mutekano w’ibikoresho by’itora. Komisiyo yafashije mu guhugura abapolisi ku bireba n’amatora ku rwego rwo hasi, mbere yo kubohereza ku biro by’itora.”

Ainaitwe Rwakajara wari uyoboye indorerezi za ICGLR zihagarariye ibihugu 13, yavuze ko abakozi ba komisiyo y’amatora bakoranye umurava, kandi bagaragaje ko bafite ubushobozi buhagije mu birebana n’amatora.

Yakomeje agira ati “ICGL kandi yabonye umubare munini w’abitabiriye itora, ibyumba by’itora byari biteguye neza kandi abashinzwe umutekano babaga bari hanze aho ntabwo bigeze barogoya imigendekere y’amatora.”

Yavuze ko banakurikiye ibikorwa byo kubarura amajwi, bagasanga byarabaye mu mucyo no mu bwisanzure, ku buryo nabo basanga amatora y’u Rwanda yaragenze neza, agakurikiza amahame mpuzamahanga cyane cyane n’aya ICGLR agaruka kuri “demokarasi n’imiyoborere myiza.”

Bishop Mary Nkosi wari uhagarariye indorerezi za COMESA, yavuze ko Komisiyo y’Igihugu y’Amatora yahabwa ingengo y’imari ihagije ngo ikomeze kwigisha abaturage ibirebana n’amatora.

COMESA nayo yagaragaje ko Komisiyo y’Amatora “yagaragaje ubunyamwga bwatumye amatora abasha kugenda neza.”

-7483.jpg

Indorerezi

2017-08-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Tariki 23 Gicurasi 1994: Hatangiye agahenge k’amasaha 36

Tariki 23 Gicurasi 1994: Hatangiye agahenge k’amasaha 36

Ubwanditsi 23 May 2018
Itegeko rihana ingengabitekerezo ya jenoside n’ibyaha bifitanye isano nayo riteganya ko mu biyigize harimo “Guhohotera uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi”

Itegeko rihana ingengabitekerezo ya jenoside n’ibyaha bifitanye isano nayo riteganya ko mu biyigize harimo “Guhohotera uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi”

Ubwanditsi 27 Aug 2025
Mu mukino wa gishuti, APR FC yatsinze Kiyovu Sport igitego kimwe ku busa.

Mu mukino wa gishuti, APR FC yatsinze Kiyovu Sport igitego kimwe ku busa.

Ubwanditsi 06 Jun 2021
Polisi y’u Rwanda irashimwa nabatuye i Goma nyuma yo gutabara abanyekongo ubwo amazu yabo yafatwanga n’inkogi y’umuriro

Polisi y’u Rwanda irashimwa nabatuye i Goma nyuma yo gutabara abanyekongo ubwo amazu yabo yafatwanga n’inkogi y’umuriro

Ubwanditsi 17 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Sheebah Kubera Kubyina Yiswe Lopez ,Alikiba arusha Diamond Kuririmba ,P Fla Yemeje Abantu
SHOWBIZ

Sheebah Kubera Kubyina Yiswe Lopez ,Alikiba arusha Diamond Kuririmba ,P Fla Yemeje Abantu

Ubwanditsi 02 Jan 2018
Col Jean Baptiste Bagaza wayoboye u Burundi yitabye Imana
Mu Mahanga

Col Jean Baptiste Bagaza wayoboye u Burundi yitabye Imana

Ubwanditsi 04 May 2016
Uganda: ruswa iravuza ubuhuha mu bayobozi bakomeye
INKURU NYAMUKURU

Uganda: ruswa iravuza ubuhuha mu bayobozi bakomeye

Ubwanditsi 21 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru