• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mukura VS yakiriye umutoza mushya ukomoka muri Serbia   |   06 Aug 2026

  • Abadepite basabye ko inzego zirindwi zakoresheje amafaranga mu buryo budasobanutse zikurikiranwa   |   05 Aug 2026

  • Nyuma y’imyaka 28 Rayon Sports isubiye ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup   |   05 Aug 2026

  • Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe   |   05 Aug 2026

  • Ingoma Ibihumbi u Rwanda ruticaranye ku meza n’abaruhekuye bashaka kwambara Uruhu rwera kandi ari ibirura   |   04 Aug 2026

  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»LONI irashinja Afurika y’Epfo gukingira ikibaba ruharwa Fulgence Kayishema kugeza bamuhungishije akava muri icyo gihugu

LONI irashinja Afurika y’Epfo gukingira ikibaba ruharwa Fulgence Kayishema kugeza bamuhungishije akava muri icyo gihugu

Ubwanditsi 20 Dec 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Umushinjacyaha w’Urukiko rwashyiriweho kurangiza imanza z’Urukiko Mpanabyaha rw’Arusha Serge Brammertz yabwiye akanama k’Umuryango w’Ababibumbye gashinzwe amahoro ku isi ko igihugu cy’Afurika y’Epfo cyakingiye ikibaba umwicanyi karundura Fulgence Kayishema ushakishwa n’ubutabera bunyuranye harimo u Rwanda, Urukiko Mpanabyaha rw’Arusha ndetse n’Amerika yashyizeho igihembo cya Miliyoni Eshanu z’amadorali ku muntu wese uzatanga amakuru yatuma afatwa.

Umushinjacyaha Brammertz yabwiye akanama gashinzwe umutekano ku isi tariki ya 14 Ukuboza ko Afurika y’Epfo yirengagije nkana gufata Fulgence Kayishema kandi byari bimaze kugaragara ko yabaga mu mugi wa Cape Town mu myaka ibiri ishize. Afurika y’Epfo yirengagije impapuro zita muri yombi Kayishema zashyizweho na LONI kandi ibihugu byose bigize uyu muryango bigomba kubahiriza ibyavuzwe nuyu muryango. Kayishema ntanubwo bamukurikiranye ngo bamenye aho aba nuko umwaka ushize asohoka iki gihugu.

Imwe mu mpamvu yatanzwe n’igihugu cy’Afurika y’Epfo yo kudafata Kayishema nuko yari afite ibyemezo bihabwa impunzi umuntu akibaza uburyo nabyo yabibonye. Nyuma ibiro bishinzwe impunzi byavuze ko byabuze impapuro za Kayishema ndetse n’ibikumwe yateye.

Nkuko yabibwiye akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe amahoro ku isi muri raporo y’umwaka, bakimeya ko Kayishema ari muri Afurika y’Epfo bahise basaba ko yatabwa muri yombi.
Usibye Kayishema, hari abandi batandatu bataragaragara harimo Kayishema, Charles Sikubwabo, Aloys Ndimbati, Ryandikayo na Phenias Munyarugarama. Muri uyu mwaka Kabuga Felesiyani wari ku rutonde nawe yarafashwe naho Utunyangingo twa DNA twemeza ko Augustin Bizimungu yapfuye agashyingurwa Pointe Noire muri Kongo-Brazzaville.

Brammertz kandi yagaye ibihugu bya Zimbabwe na Uganda kwanga gukorana n’urukiko mugufata abajenosideri bahungiye muri ibyo bihugu aho yiyemeje kugirira uruzinduko Harare na Kampala ngo baganire nibi bihugu byikubite agashyi. Inzego zitandukanye muri Uganda zemereye uru rukiko ko hari abajenosideri bafite Pasiporo ya Uganda ariko basabye gukurikirana uko bazibonye Uganda ivunira ibiti mu matwi bakaba bamaze umwaka bategereje igisubizo ariko barahebye.

Fulgence Kayishema aregwa gusenyera Kiliziya ya Nyange ku Batutsi barenga ibihumbi bibiri bari bayihungiyemo bakoresheje imodoka ya Katelepirali. Yari Ipeji wicyahoze ari Komini Kivumu ku Kibuye mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi. Abandi bakoranye ubwicanyi hari Padiri Athanase Seromba, Gregoire Ndahimana wari Burugumesitiri ucyihishahisha ubutabera, Telesphore Ndungutse, Joseph Habiyambere na Assistant Burugumesitiri Vedaste Mupende.

Fulgence Kayishema akurikiranzweho ibyaha bya Jenoside, kurimbura inyoko muntu n’ibindi aho usibye gusenya Kiliziya yazanye na essence batwikiramo Abatutsi.

2020-12-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bujumbura: Nyuma y’uko bbc itahuye inzu yahindutse ibagiro ry’abantu,  Abanyamahanga  bakomeje kwicwa mu buryo bw’amayobera

Bujumbura: Nyuma y’uko bbc itahuye inzu yahindutse ibagiro ry’abantu, Abanyamahanga bakomeje kwicwa mu buryo bw’amayobera

Ubwanditsi 11 Feb 2019
Stéphanie Frappart yabaye umugore wa mbere usifuye hagati mu mikino y’igikombe cy’Isi, Morocco isohoka mu itsinda iyoboye

Stéphanie Frappart yabaye umugore wa mbere usifuye hagati mu mikino y’igikombe cy’Isi, Morocco isohoka mu itsinda iyoboye

Ubwanditsi 02 Dec 2022
Umuhanzi Yvan Buravan yitabye Imana azize kanseri y’urwagashya

Umuhanzi Yvan Buravan yitabye Imana azize kanseri y’urwagashya

Ubwanditsi 17 Aug 2022
Minisitiri w’intebe w’u Bwongereza, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe na Busingye bakurikiye umukino Arsenal yatsinzemo Manchester United 2-0

Minisitiri w’intebe w’u Bwongereza, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe na Busingye bakurikiye umukino Arsenal yatsinzemo Manchester United 2-0

Ubwanditsi 05 Dec 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kagame yaganiriye na Magufuli ku bucuruzi, ubuhahirane na politiki
POLITIKI

Kagame yaganiriye na Magufuli ku bucuruzi, ubuhahirane na politiki

Ubwanditsi 08 Mar 2019
“Génération Paul Kagame”: Ishyirahamwe ry’urubyiruko rwo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, ruraharanira gutera ikirenge mu cya Perezida w’u Rwanda mu guharanira imiyoborere myiza n’imibereho iboneye mu gihugu cyabo.
Amakuru

“Génération Paul Kagame”: Ishyirahamwe ry’urubyiruko rwo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, ruraharanira gutera ikirenge mu cya Perezida w’u Rwanda mu guharanira imiyoborere myiza n’imibereho iboneye mu gihugu cyabo.

Ubwanditsi 12 Dec 2020
Eric Gakwaya yegukanye isaganwa ry’amamodoka ribimburira andi azakinwa mu 2018
IMIKINO

Eric Gakwaya yegukanye isaganwa ry’amamodoka ribimburira andi azakinwa mu 2018

Ubwanditsi 27 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru