• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»LONI irashinja Afurika y’Epfo gukingira ikibaba ruharwa Fulgence Kayishema kugeza bamuhungishije akava muri icyo gihugu

LONI irashinja Afurika y’Epfo gukingira ikibaba ruharwa Fulgence Kayishema kugeza bamuhungishije akava muri icyo gihugu

Ubwanditsi 20 Dec 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Umushinjacyaha w’Urukiko rwashyiriweho kurangiza imanza z’Urukiko Mpanabyaha rw’Arusha Serge Brammertz yabwiye akanama k’Umuryango w’Ababibumbye gashinzwe amahoro ku isi ko igihugu cy’Afurika y’Epfo cyakingiye ikibaba umwicanyi karundura Fulgence Kayishema ushakishwa n’ubutabera bunyuranye harimo u Rwanda, Urukiko Mpanabyaha rw’Arusha ndetse n’Amerika yashyizeho igihembo cya Miliyoni Eshanu z’amadorali ku muntu wese uzatanga amakuru yatuma afatwa.

Umushinjacyaha Brammertz yabwiye akanama gashinzwe umutekano ku isi tariki ya 14 Ukuboza ko Afurika y’Epfo yirengagije nkana gufata Fulgence Kayishema kandi byari bimaze kugaragara ko yabaga mu mugi wa Cape Town mu myaka ibiri ishize. Afurika y’Epfo yirengagije impapuro zita muri yombi Kayishema zashyizweho na LONI kandi ibihugu byose bigize uyu muryango bigomba kubahiriza ibyavuzwe nuyu muryango. Kayishema ntanubwo bamukurikiranye ngo bamenye aho aba nuko umwaka ushize asohoka iki gihugu.

Imwe mu mpamvu yatanzwe n’igihugu cy’Afurika y’Epfo yo kudafata Kayishema nuko yari afite ibyemezo bihabwa impunzi umuntu akibaza uburyo nabyo yabibonye. Nyuma ibiro bishinzwe impunzi byavuze ko byabuze impapuro za Kayishema ndetse n’ibikumwe yateye.

Nkuko yabibwiye akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe amahoro ku isi muri raporo y’umwaka, bakimeya ko Kayishema ari muri Afurika y’Epfo bahise basaba ko yatabwa muri yombi.
Usibye Kayishema, hari abandi batandatu bataragaragara harimo Kayishema, Charles Sikubwabo, Aloys Ndimbati, Ryandikayo na Phenias Munyarugarama. Muri uyu mwaka Kabuga Felesiyani wari ku rutonde nawe yarafashwe naho Utunyangingo twa DNA twemeza ko Augustin Bizimungu yapfuye agashyingurwa Pointe Noire muri Kongo-Brazzaville.

Brammertz kandi yagaye ibihugu bya Zimbabwe na Uganda kwanga gukorana n’urukiko mugufata abajenosideri bahungiye muri ibyo bihugu aho yiyemeje kugirira uruzinduko Harare na Kampala ngo baganire nibi bihugu byikubite agashyi. Inzego zitandukanye muri Uganda zemereye uru rukiko ko hari abajenosideri bafite Pasiporo ya Uganda ariko basabye gukurikirana uko bazibonye Uganda ivunira ibiti mu matwi bakaba bamaze umwaka bategereje igisubizo ariko barahebye.

Fulgence Kayishema aregwa gusenyera Kiliziya ya Nyange ku Batutsi barenga ibihumbi bibiri bari bayihungiyemo bakoresheje imodoka ya Katelepirali. Yari Ipeji wicyahoze ari Komini Kivumu ku Kibuye mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi. Abandi bakoranye ubwicanyi hari Padiri Athanase Seromba, Gregoire Ndahimana wari Burugumesitiri ucyihishahisha ubutabera, Telesphore Ndungutse, Joseph Habiyambere na Assistant Burugumesitiri Vedaste Mupende.

Fulgence Kayishema akurikiranzweho ibyaha bya Jenoside, kurimbura inyoko muntu n’ibindi aho usibye gusenya Kiliziya yazanye na essence batwikiramo Abatutsi.

2020-12-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mugisha Benon yagizwe Umutoza Mukuru wa REG Volleyball Club, mu gihe Patrice Ndaki yagizwe umutoza wa Kepler VC asimbuye Nyirimana Fidèle

Mugisha Benon yagizwe Umutoza Mukuru wa REG Volleyball Club, mu gihe Patrice Ndaki yagizwe umutoza wa Kepler VC asimbuye Nyirimana Fidèle

Ubwanditsi 30 May 2025
Perezida Paul Kagame yaganiriye n’abayobozi ba Basketball muri Afurika ku iterambere ryayo mu bagore

Perezida Paul Kagame yaganiriye n’abayobozi ba Basketball muri Afurika ku iterambere ryayo mu bagore

Ubwanditsi 28 Aug 2024
Tariki ya 16 Mata 1994: Abatutsi barenga 2000 basenyeweho Kiliziya ya Nyange

Tariki ya 16 Mata 1994: Abatutsi barenga 2000 basenyeweho Kiliziya ya Nyange

Ubwanditsi 16 Apr 2019
Hatahuwe uko FDLR ikorera ubworozi bw’inka mu ishyamba rya Virunga

Hatahuwe uko FDLR ikorera ubworozi bw’inka mu ishyamba rya Virunga

Ubwanditsi 12 Apr 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda yagaruye abanyarwanda babiri bari barahungiyeyo kubera ibyaha bitandukanye
Mu Rwanda

Uganda yagaruye abanyarwanda babiri bari barahungiyeyo kubera ibyaha bitandukanye

Ubwanditsi 22 Feb 2017
Umubiligi  uzwi mubikorwa byo gupfobya Jenoside  wavugiraga  Umuryango wa  Rwigara yasabye Imbabazi
ITOHOZA

Umubiligi uzwi mubikorwa byo gupfobya Jenoside wavugiraga Umuryango wa Rwigara yasabye Imbabazi

Ubwanditsi 11 Sep 2017
Ferwafa irahakana amakuru avuga ko mu Rwanda habereye inama yo guhigika Issa Hayatou
Mu Mahanga

Ferwafa irahakana amakuru avuga ko mu Rwanda habereye inama yo guhigika Issa Hayatou

Ubwanditsi 25 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru