• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Amerika yijeje u Rwanda inkunga ikomeye mu burezi n’ubuhinzi
P

Amerika yijeje u Rwanda inkunga ikomeye mu burezi n’ubuhinzi

Ubwanditsi 18 May 2018 UBUKUNGU

Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu Rwanda, Peter Vrooman, yavuze ko biyemeje gufasha u Rwanda guteza imbere uburezi n’ubuhinzi nka zimwe mu nkingi zizafasha igihugu kugera kuri gahunda y’iterambere y’imyaka irindwi.

Ambasaderi Vrooman yabitangarije abanyamakuru kuri uyu wa Gatanu, nyuma y’ikiganiro yagiranye na Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Ngirente Edouard.

Ibiganiro byabo byibanze ku gufasha u Rwanda gushyira mu bikorwa gahunda y’igihugu y’imyaka irindwi igamie impinduka (National Strategy for Transformation) yatangiye umwaka ushize.

Amb. Vrooman yavuze ko igihugu cye cyifuje guteza imbere ubuhinzi nk’urwego rw’ubukungu rufatiye runini Abanyarwanda benshi.

Yagize ati “Vuba aha twatangije umushinga witwa ‘Hinga Weze’ ufasha abahinzi mu turere dutandukanye tw’igihugu, tubafasha kwibanda ku bihingwa runaka leta yashyize imbere kugira ngo abaturage babashe kweza.”

Yakomeje agira ati “Kuba abagera ku 70 % by’Abanyarwanda bari mu buhinzi , bivuze ko ari urwego rw’ingenzi, akaba ariyo mpamvu Leta yarwitayeho ngo rufashe mu kwihaza imbere mu gihugu ndetse no kohereza hanze.”

Uwo mushinga w’imyaka itanu washowemo miliyari 28 Frw , ukazafasha abahinzi basaga ibihumbi 200.

Vrooman yavuze ko Amerika yaniyemeje gufasha abana b’u Rwanda kumenya kwandika no gusoma nk’imwe mu nzira yo kumenya andi masomo bigishwa.

Ati “Turi gufasha miliyoni nyinshi z’abana ku Isi kumenya gusoma. Intego yacu ni ugufasha Minisiteri y’uburezi mu burezi bw’ibanze tubaha ibikoresho byakwifashishwa kugira ngo abana bige ururimi rwabo kavukire n’izindi. Ubushobozi bw’umwana mu rurimi no kurusoma ni iby’ingenzi cyane ku gihugu gishaka iterambere rishingiye ku bumenyi.”

Mu bijyanye n’Iterambere, Amerika ifasha u Rwanda mu ngeri z’ubukungu, ubuhinzi, uburezi, ubuzima n’imiyoborere ishingiye kuri demokarasi.

Buri mwaka, USA iha u Rwanda inkunga igera kuri miliyoni 107 z’amadolari (asaga miliyari 93 Frw) zigamije ibikorwa by’iterambere binyuze mu Kigo cy’Abanyamerika cyita ku Iterambere (USAID).

2018-05-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

BAD yageneye u Rwanda inguzanyo ya miliyoni 84.3 $ izateza imbere urubyiruko n’abagore

BAD yageneye u Rwanda inguzanyo ya miliyoni 84.3 $ izateza imbere urubyiruko n’abagore

Ubwanditsi 27 Nov 2017
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’Umuyobozi Mukuru w’ibigo bigize Banki y’Isi

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’Umuyobozi Mukuru w’ibigo bigize Banki y’Isi

Ubwanditsi 12 Nov 2018
Minisitiri w’Intebe yagaragaje inyungu zo guha amahirwe angana umugabo n’umugore

Minisitiri w’Intebe yagaragaje inyungu zo guha amahirwe angana umugabo n’umugore

Ubwanditsi 30 Mar 2019
Ibyo impuguke zivuga ku ifaranga rimwe rya Afurika nyuma yo kwemeza isoko rusange

Ibyo impuguke zivuga ku ifaranga rimwe rya Afurika nyuma yo kwemeza isoko rusange

Ubwanditsi 10 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CHAN: Maroc idafite icyo iharanira yandagaje Amavubi 1-4 imbere  ya Perezida Kagame
IMIKINO

CHAN: Maroc idafite icyo iharanira yandagaje Amavubi 1-4 imbere ya Perezida Kagame

Ubwanditsi 25 Jan 2016
Abayobozi b’u Burundi bahawe ibaruwa y’ubutumire yo kwiga ku guhindura itegekonshinga
INKURU NYAMUKURU

Abayobozi b’u Burundi bahawe ibaruwa y’ubutumire yo kwiga ku guhindura itegekonshinga

Ubwanditsi 09 Dec 2017
Guverinoma mu ihurizo ryo kwishyura miliyari 11 Frw y’inyongeramusaruro yaburiwe irengero
UBUKUNGU

Guverinoma mu ihurizo ryo kwishyura miliyari 11 Frw y’inyongeramusaruro yaburiwe irengero

Ubwanditsi 08 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru