• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Perezida Kagame yatangije umushinga, umuherwe Buffet yashoyemo miliyoni 30 z’amadolari

Perezida Kagame yatangije umushinga, umuherwe Buffet yashoyemo miliyoni 30 z’amadolari

Ubwanditsi 11 Mar 2020 UBUKUNGU

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yatangije ku mugaragaro umushinga wo kuhira ibihingwa ku butaka bwagutse, watangijwe n’Umuherwe Howard Buffet, mu Murenge wa Nasho, mu Karere ka Kirehe.

Yatangije uwo mushinga kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 11 Werurwe 2020 mu gikorwa cyabimburiwe n’urugendo rwo kuzenguruka ibice bitandukanye bikorerwaho ubuhinzi n’abanyamuryango ba koperative yo kuhira mu Murenge wa Nasho.

Umuherwe Howard Buffet yavuze ko ubwo yaganirizaga abaturage bo muri aka gace ku mushinga ushobora kubafasha kubona amazi ahoraho yo kuhira ibihingwa byabo, bumvaga bidashoboka.

Ati “Nkigera hano nabwiye abahinzi ko ngiye kubazanira imvura izajya igwa igihe cyose bashakiye, barandeba bumva ko bidashoboka, kubera amapfa bari bamaranye igihe.”

Perezida Kagame yashimye uwo mushinga n’abawutekereje kuko witezweho guteza imbere abaturage nyuma y’igihe bibasirwa n’amapfa.

Yashimiye Howard Buffet ku mubano n’ubufatanye bwiza afitanye n’u Rwanda by’umwihariko mu bijyanye n’ishoramari mu buhinzi.

Yagize ati “Abanyarwanda ntibiteguye gutakaza aya mahirwe mu gihe yagaragaje impinduka zikomeye mu mibereho yabo; uyu mushinga werekana byinshi bishoboka mu rugendo rwo guhindura mibereho y’Abanyarwanda.”

Kuva mu 2015 nibwo Umuherwe Howard G. Buffet yatangije umushinga wo kuhirira imiryango 2100 yo mu Karere ka Kirehe mu Mirenge ya Nasho na Mpanga. Ni umushinga umaze guhindura ubuzima bw’abaturage bayituyemo aho bavuye ku buhinzi buciriritse bagatangira guhinga mu buryo bwa kijyambere bunabinjiriza amafaranga aho bavuye kuri toni imwe bezaga kuri hegitari bagera kuri toni 5.5 nubwo hari n’abageze kuri toni icyenda.

Umuherwe Buffet yahashoye miliyoni 30 z’amadolari yiyemeza gufasha abaturage bahatuye kubuhirira imyaka i musozi, yafashe imiryango 143 yari ituye mu butaka bugenewe guhingwaho ayubakira umudugudu w’icyitegererezo, hegitari 1400 zari ziteganyijwe guhingwaho izigera ku 1100 ziratunganywa zitangira guhingwaho n’abaturage mu 2017.

2020-03-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

ONOMO Hotel yatangaje ibiciro byo kunezeza abakiriya mu minsi mikuru

ONOMO Hotel yatangaje ibiciro byo kunezeza abakiriya mu minsi mikuru

Ubwanditsi 18 Dec 2019
Perezida Kagame yakeje iterambere ry’abikorera nk’umusaruro w’inama ihuza Afurika n’u Buyapani

Perezida Kagame yakeje iterambere ry’abikorera nk’umusaruro w’inama ihuza Afurika n’u Buyapani

Ubwanditsi 28 Aug 2019
RRA yakusanyije miliyari 582.7 Frw mu mezi atandatu ya nyuma ya 2017

RRA yakusanyije miliyari 582.7 Frw mu mezi atandatu ya nyuma ya 2017

Ubwanditsi 31 Jan 2018
U Bwongereza : Perezida Kagame yahuye n’Igikomangoma Harry mu nama ya Commonwealth

U Bwongereza : Perezida Kagame yahuye n’Igikomangoma Harry mu nama ya Commonwealth

Ubwanditsi 17 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umutoza Eric Nshimiyimana yasheshe amasezerano n’ikipe ya Bugesera FC
Amakuru

Umutoza Eric Nshimiyimana yasheshe amasezerano n’ikipe ya Bugesera FC

Ubwanditsi 14 Nov 2023
Gutorwa kwa Ramaphosa kuyobora ANC bishobora kuzatuma Perezida Zuma asazira muri gereza
INKURU NYAMUKURU

Gutorwa kwa Ramaphosa kuyobora ANC bishobora kuzatuma Perezida Zuma asazira muri gereza

Ubwanditsi 23 Dec 2017
Uganda: umunyarwanda yaguye mu bitaro bya Mbarara azira ingaruka z’i’yicarubozo yakorewe n’urwego rw’ubutasi rwa gisirikare (CMI)
INKURU NYAMUKURU

Uganda: umunyarwanda yaguye mu bitaro bya Mbarara azira ingaruka z’i’yicarubozo yakorewe n’urwego rw’ubutasi rwa gisirikare (CMI)

Ubwanditsi 10 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru