• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Congo – Brazza yiyemeje kongera imbaraga mu gukurikirana Abakoze Jenoside babarizwayo

Congo – Brazza yiyemeje kongera imbaraga mu gukurikirana Abakoze Jenoside babarizwayo

Ubwanditsi 08 Apr 2019 POLITIKI

Charles Richard Mondjo, minisitiri w’ingabo muri Repubulika ya Congo aravuga aravuga ko batazahwema kongeramo imbaraga mu bikorwa bishimangira umubano hagati y’igihugu cye n’u Rwanda nko mu gucyura impunzi, no gukurikirana abagize uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi muri 1994, baba babarizwa muri Congo.

Yabivuze ubwo Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda batuye muri Repubulika ya Congo (Brazzaville) bibukaga ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Minisitiri Mondjo yavuze ko nyuma y’ibyabaye mu Rwanda, guverinoma ya Congo ndetse n’abaturage ba Congo bihanganishije Abanyarwanda, yongeraho ko bazafatanya n’isi yose mu kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside ndetse n’ikindi cyose cyatuma Jenoside yongera kubaho.

Yanashimiye u Rwanda n’ Abanyarwanda ku ntera igaragara mu iterambere bamaze kugeraho, avuga ko ubumwe n’ubwiyunge by’Abanyarwanda, ari isomo ryiza ku mahanga.

Umuhango wo kwibuka wabereye mu murwa mukuru wa Repubulika ya Congo wabereye mu murwa mukuru w’iki gihugu, witabiriwe n’abasaga 300 barimo abahagarariye ibihugu byabo muri Congo Brazzaville, abahagarariye imiryango mpuzamahanga, inshuti z’u Rwanda ndetse n’Abanyarwanda baba muri iki gihugu.

Ambasaderi Dr Jean Baptiste HABYALIMANA uhararariye u Rwanda muri Congo Brazzaville

Ambasaderi Dr Jean Baptiste HABYALIMANA uhararariye u Rwanda muri Congo Brazzaville

Mu buhamya bwatanze n’umunyarwanda wacitse ku icumu ndetse na ambasaderi w’ubufaransa muri Congo, bwombi bwagarutse ku ngaruka mbi za Jenoside ku Banyarwanda, ku muryango nyarwanda ndetse no ku kiremwamuntu muri rusange.

Mu ijambo yagejeje ku bari bitabiriye uyu muhango wo Kwibuka, Ambassaderi Dr Jean Baptiste HABYALIMANA, yagarutse ku mpamvu yo kwibuka, aho yavuze ko kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi bigamije kunamira abazize jenoside, kubasubiza icyubahiro bambuwe ndetse no kwifatanya n’imiryango y’abarokotse Jenoside.

Yagize ati “kwibuka ni uburyo bwo kwereka abazize Jenoside ko tukiriho, ko icyiza cyanesheje ikibibi ndetse ko dufite icyizere cyo kubaho ku bwabo. Twibuka kugirango dukangurire buri muntu wese kwifatanya natwe kugirango Jenoside itazongera kubaho ukundi”

Mu ijambo rye kandi yagarutse ku ruhare rw’urubyiruko, mu gusigasira no kurinda umurage w’ubumwe ndetse n’ibindi u rwanda rwagezeho muri iyi myaka 25 ishize.

Anthony K.O BOAMAH, uhagarariye ibikorwa by’Umuryango w’abibumbye Muri Congo – Brazzaville, wasomye ubutumwa bw’umunyamabanga mukuru wa Loni Antonio Guterres, bukubiyemo ubutumwa bwo kwihanganisha Abanyarwanda ndetse no kwamagana Jenoside ngo itazongera kuba yagira ahandi iba ku isi.

Inkuru dukesha

Ambasade y’u Rwanda i Brazzaville

2019-04-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Itangazo rya PL rigenewe Abanyamakuru

Itangazo rya PL rigenewe Abanyamakuru

Ubwanditsi 06 Nov 2017
Uganda: Hagiye kubakwa ikigo kizitirirwa se wa Gen Kale Kayihura, John Kalekyezi, witabye Imana ku myaka 30

Uganda: Hagiye kubakwa ikigo kizitirirwa se wa Gen Kale Kayihura, John Kalekyezi, witabye Imana ku myaka 30

Ubwanditsi 09 May 2018
Perezida ntabwo azahangana n’ibibazo by’Ababiligi ngo yongereho n’ibibazo by’Umunywarumogi w’umudozi – Djihad

Perezida ntabwo azahangana n’ibibazo by’Ababiligi ngo yongereho n’ibibazo by’Umunywarumogi w’umudozi – Djihad

Ubwanditsi 13 Apr 2025
Perezida Kagame yambitswe umudali w’icyubahiro na Perezida wa Burkina Faso

Perezida Kagame yambitswe umudali w’icyubahiro na Perezida wa Burkina Faso

Ubwanditsi 03 Mar 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida wa FERWACY, Murenzi Abdallah yahaye ibendera abakinnyi bagiye guhagararira u Rwanda muri Tour du Cameroon 2023
Amakuru

Perezida wa FERWACY, Murenzi Abdallah yahaye ibendera abakinnyi bagiye guhagararira u Rwanda muri Tour du Cameroon 2023

Ubwanditsi 30 May 2023
Polisi y’u Rwanda yaburijemo ubujura bw’ikoranabuhanga bw’amadolari ibihumbi 700
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yaburijemo ubujura bw’ikoranabuhanga bw’amadolari ibihumbi 700

Ubwanditsi 23 Jan 2017
Ikiganiro cya Leah Karegeya muri The New Vision, gihamya mu buryo budasubirwaho ko RNC yibona mu buyobozi bwa Uganda.
INKURU NYAMUKURU

Ikiganiro cya Leah Karegeya muri The New Vision, gihamya mu buryo budasubirwaho ko RNC yibona mu buyobozi bwa Uganda.

Ubwanditsi 14 Apr 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru