• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Congo – Brazza yiyemeje kongera imbaraga mu gukurikirana Abakoze Jenoside babarizwayo

Congo – Brazza yiyemeje kongera imbaraga mu gukurikirana Abakoze Jenoside babarizwayo

Ubwanditsi 08 Apr 2019 POLITIKI

Charles Richard Mondjo, minisitiri w’ingabo muri Repubulika ya Congo aravuga aravuga ko batazahwema kongeramo imbaraga mu bikorwa bishimangira umubano hagati y’igihugu cye n’u Rwanda nko mu gucyura impunzi, no gukurikirana abagize uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi muri 1994, baba babarizwa muri Congo.

Yabivuze ubwo Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda batuye muri Repubulika ya Congo (Brazzaville) bibukaga ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Minisitiri Mondjo yavuze ko nyuma y’ibyabaye mu Rwanda, guverinoma ya Congo ndetse n’abaturage ba Congo bihanganishije Abanyarwanda, yongeraho ko bazafatanya n’isi yose mu kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside ndetse n’ikindi cyose cyatuma Jenoside yongera kubaho.

Yanashimiye u Rwanda n’ Abanyarwanda ku ntera igaragara mu iterambere bamaze kugeraho, avuga ko ubumwe n’ubwiyunge by’Abanyarwanda, ari isomo ryiza ku mahanga.

Umuhango wo kwibuka wabereye mu murwa mukuru wa Repubulika ya Congo wabereye mu murwa mukuru w’iki gihugu, witabiriwe n’abasaga 300 barimo abahagarariye ibihugu byabo muri Congo Brazzaville, abahagarariye imiryango mpuzamahanga, inshuti z’u Rwanda ndetse n’Abanyarwanda baba muri iki gihugu.

Ambasaderi Dr Jean Baptiste HABYALIMANA uhararariye u Rwanda muri Congo Brazzaville

Ambasaderi Dr Jean Baptiste HABYALIMANA uhararariye u Rwanda muri Congo Brazzaville

Mu buhamya bwatanze n’umunyarwanda wacitse ku icumu ndetse na ambasaderi w’ubufaransa muri Congo, bwombi bwagarutse ku ngaruka mbi za Jenoside ku Banyarwanda, ku muryango nyarwanda ndetse no ku kiremwamuntu muri rusange.

Mu ijambo yagejeje ku bari bitabiriye uyu muhango wo Kwibuka, Ambassaderi Dr Jean Baptiste HABYALIMANA, yagarutse ku mpamvu yo kwibuka, aho yavuze ko kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi bigamije kunamira abazize jenoside, kubasubiza icyubahiro bambuwe ndetse no kwifatanya n’imiryango y’abarokotse Jenoside.

Yagize ati “kwibuka ni uburyo bwo kwereka abazize Jenoside ko tukiriho, ko icyiza cyanesheje ikibibi ndetse ko dufite icyizere cyo kubaho ku bwabo. Twibuka kugirango dukangurire buri muntu wese kwifatanya natwe kugirango Jenoside itazongera kubaho ukundi”

Mu ijambo rye kandi yagarutse ku ruhare rw’urubyiruko, mu gusigasira no kurinda umurage w’ubumwe ndetse n’ibindi u rwanda rwagezeho muri iyi myaka 25 ishize.

Anthony K.O BOAMAH, uhagarariye ibikorwa by’Umuryango w’abibumbye Muri Congo – Brazzaville, wasomye ubutumwa bw’umunyamabanga mukuru wa Loni Antonio Guterres, bukubiyemo ubutumwa bwo kwihanganisha Abanyarwanda ndetse no kwamagana Jenoside ngo itazongera kuba yagira ahandi iba ku isi.

Inkuru dukesha

Ambasade y’u Rwanda i Brazzaville

2019-04-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Igisubizo cy’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda yahaye DRC ku Kinya cy’Ibihano Amerika yashyize ku Rwanda kirasobanutse

Igisubizo cy’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda yahaye DRC ku Kinya cy’Ibihano Amerika yashyize ku Rwanda kirasobanutse

RUSHYASHYA 06 Mar 2026
Bobi Wine yarekuwe atanze ingwate

Bobi Wine yarekuwe atanze ingwate

Ubwanditsi 27 Aug 2018
Niba Guverinoma y’uRwanda yibasira abayigometseho, ninde wibasira inshuti zayo n’abasangirangendo?

Niba Guverinoma y’uRwanda yibasira abayigometseho, ninde wibasira inshuti zayo n’abasangirangendo?

Ubwanditsi 03 Sep 2019
Kagame yaganiriye na Magufuli ku bucuruzi, ubuhahirane na politiki

Kagame yaganiriye na Magufuli ku bucuruzi, ubuhahirane na politiki

Ubwanditsi 08 Mar 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abamotari bafatanye urumogi mugenzi wabo
Mu Mahanga

Abamotari bafatanye urumogi mugenzi wabo

Ubwanditsi 26 Aug 2016
Kuri uyu wa kabiri tariki 01 Kamena 2021, i La Haye Mu Buholandi hateganyijwe inama ntegurarubanza rwa Kabuga Felisiyani, ufatwa nk’umuterankunga wa Jenoside yakorewe Abatutsi.
Amakuru

Kuri uyu wa kabiri tariki 01 Kamena 2021, i La Haye Mu Buholandi hateganyijwe inama ntegurarubanza rwa Kabuga Felisiyani, ufatwa nk’umuterankunga wa Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ubwanditsi 01 Jun 2021
Madame Jeannette Kagame yasobanuye aho ubumwe bw’Abanyarwanda bwavuye
POLITIKI

Madame Jeannette Kagame yasobanuye aho ubumwe bw’Abanyarwanda bwavuye

Ubwanditsi 23 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru