• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame yashimangiye gahunda y’u Rwanda yo guca plastique zikoreshwa rimwe

Perezida Kagame yashimangiye gahunda y’u Rwanda yo guca plastique zikoreshwa rimwe

Ubwanditsi 10 Jun 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibihugu bikwiye gukorana mu kurengera ibidukikije, kuko ukwangirika kwabyo kuri kuzana ingaruka ku mihindagurikire y’ibihe, zirimo kuba miliyoni z’abantu bava mu byabo bajya gushaka ahandi batura.

Perezida Kagame yabivugiye muri Canada aho yitabiriye inama y’ibihugu birindwi bifite ubukungu bukomeye ku Isi, G7, yabaye kuri uyu wa 9 Kamena, yagarutse ku ngingo zireba ibi bihugu zirimo ubucuruzi na politiki, hakabaho n’umwanya wo kuganira no ku ihindagurika ry’ibihe.

Perezida Kagame yavuze ko inyanja zimaze guhungabanywa n’ihindagurika ry’ibihe, kandi hamwe na hamwe ugasanga bigirwamo uruhare n’ibikorwa bya muntu, bityo hakaba hakenewe kugira igikorwa.

Yakomeje agira ati “Nta gihugu na kimwe ku Isi kitari kugerwaho n’ingaruka. Kandi nta n’ushobora kugira icyo abikoraho wenyine. Twatinze kugira icyo dukora kandi byihutirwa ariko turacyafite umwanya n’ubushobozi bwo guhangana n’ingaruka tugakumira ko byaba bibi kurushaho.”

Perezida Kagame yatanze ingero zishobora kugenderwaho mu gushaka icyakorwa, ashingira ku buryo u Rwanda rwaciye amashashi ya plastique mu myaka icumi ishize kandi hari inyungu ikomeye byagize ku bidukikije.

Perezida Kagame yavuze ko gahunda yo guca aya mashashi yajyanye no kwigisha abaturage inyungu yabyo, bifata imyaka ine kugira ngo guca amashashi bijye mu mategeko, ariko nyuma byatanze umusaruro mu kurengera ibidukikije.

Yagize ati “Iyo abaturage bumva igikorwa gihari n’uburyo uruhare rwabo rwagira uruhare mu mpinduka, bagira umwanya munini mu gushaka igisubizo. Gutuma babigiramo uruhare no kuzamura imyumvire byubatse umusingi noneho wo gutangira guca plastique zikoreshwa inshuro imwe zikajugunywa.”

Mu mwaka wa 2008 nibwo u Rwanda rwahagaritse itumizwa, ikorwa, icuruzwa n’ikoreshwa ry’amasashi ya plastique. Guharika ikoreshwa ryayo, byafashije mu byerekeye isuku kandi byongera amahirwe y’ishoramari n’iterambere, cyane cyane mu bijyanye no gukora ibikoresho bipfunyikwamo bitangiza ibidukikije.

Buri mwaka mu Isi hakorwa miliyoni z’amatoni ya plastique, inyinshi muri zo ntizivugururwa ngo zikorwemo ibindi bikoresho. Izi plastique iyo zimaze gukoreshwa zijugunywa mu bimpoteri, imigezi, ibiyaga, inyanja cyangwa mu miyoboro y’amazi aho zishobora gucikagurikamo uduce duto cyane tukabyara ibinyabutabire bihumanya bigenda bikajya mu biribwa no mu mazi.

Perezida Kagame yavuze ko leta y’u Rwanda yafatanyije n’abakora ubucuruzi mu gushakisha igishobora gusimbura izi plastique igihe zaba zidakomeje gukoreshwa.

Yakomeje agira ati “Kwinjiza abikorera muri uru rugendo rwo gushakisha igisubizo, ntabwo bigabanya ukutemera impinduka gusa, binagira uruhare mu guhanga imirimo mishya bikabyara n’isoko nshya y’amafaranga. Ibyo bigatuma ibidukikije bisugira maze abaturarwanda na ba mukerarugendo bakabyishimira.”

Perezida Kagame yavuze ko uburyo nk’ubwo buhawe agaciro bwafasha mu guca burundu imyanda ya plastique ikomeje kugira ingaruka ku nyanja zitandukanye, ikangiza ubutaka ndetse ikagira ingaruka ku musaruro w’ibiribwa.

Yashimangiye ko Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe uzirikana neza ko ubukungu burengera ubidukikije ari ingenzi mu iterambere ry’imibereho myiza y’abaturage, kandi ushishikajwe no kurengera izi nyanja. Gusa ngo akazi gahari karakomeye, n’imbaraga zishyirwamo zigomba kuba nyinshi.

Yavuze ko ikoranabuhanga ryo hambere ariryo ryatumye habaho ihindagurika ry’ibihe kandi guhanga udushya aribyo byagabanya izi ngaruka n’ibyangirika bikagabanyuka cyane.

Ibikorwa bihari ngo bigamije ko agace ka Arctique kari mu majyaruguru y’Isi kongera gukonja, inyanja zongera kuba ubururu ndetse Antarctique yatangiye gushonga kubera ubushyuhe igasubirana, ibi bikaba byarazamuye ingano y’amazi mu nyanja.

Perezida Kagame yavuze ko ibitekerezo uyu munsi byumvikana nk’ibihambaye mu bijyanye n’ubumenyi, rimwe na rimwe usanga bishoboka cyane kandi bihendutse kurusha uko bigaragara.

Yavuze ko mu myaka itarenze itatu ishize ibihugu 190 byemereje i Paris guhagarika kuzamuka kw’igipimo cy’ubushyuhe bw’Isi, uyu munsi na G7 n’abafatanyabikorwa bayo ikaba ifite amahirwe n’inshingano yo guhindura ubu bushake bwa politiki mu bikorwa bifatika, mbere y’uko igihe kirengerana.

Amafoto: Village Urugwiro

2018-06-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umujenosideri Kabuga Felisiyani yavuniye ibiti mu matwi imbere y’abacamanza, nk’ amayeri yo gutinza urubanza ngo atazigera aburanishwa

Umujenosideri Kabuga Felisiyani yavuniye ibiti mu matwi imbere y’abacamanza, nk’ amayeri yo gutinza urubanza ngo atazigera aburanishwa

Ubwanditsi 12 Nov 2020
Kayumba Nyamwasa akomeje guhiga bukware abanyamuryango ba RNC b’inshuti za Ben Rutabana bari muri Uganda

Kayumba Nyamwasa akomeje guhiga bukware abanyamuryango ba RNC b’inshuti za Ben Rutabana bari muri Uganda

Ubwanditsi 29 Mar 2020
Menya impamvu Perezida Museveni yanze kujya mu nama y’ I Goma, aratinya ideni ry’amamiliyari afitiye RDC, anatinya kubazwa iby’ubushotoranyi akomeje gukorera u Rwanda

Menya impamvu Perezida Museveni yanze kujya mu nama y’ I Goma, aratinya ideni ry’amamiliyari afitiye RDC, anatinya kubazwa iby’ubushotoranyi akomeje gukorera u Rwanda

Ubwanditsi 24 Sep 2020
Umudepite wa NRM wanze gutorera ingingo yemerera Museveni kuzongera kwiyamamaza yakiriwe gitwari

Umudepite wa NRM wanze gutorera ingingo yemerera Museveni kuzongera kwiyamamaza yakiriwe gitwari

Ubwanditsi 29 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umukozi wa Banki ya Kigali wari wabuze ngo yari yagiye gusura inkumi bakundana
Mu Mahanga

Umukozi wa Banki ya Kigali wari wabuze ngo yari yagiye gusura inkumi bakundana

Ubwanditsi 09 Jun 2016
Ibanga Satani Akoresha Ryagiye Ku Karubanda.”Deliverance”.
HIRYA NO HINO

Ibanga Satani Akoresha Ryagiye Ku Karubanda.”Deliverance”.

Ubwanditsi 21 Jun 2017
Tunisia na Burkina Faso zageze muri 1/4 cy’irushanwa ry’igikombe cya Afurika
Amakuru

Tunisia na Burkina Faso zageze muri 1/4 cy’irushanwa ry’igikombe cya Afurika

Ubwanditsi 24 Jan 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru