• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame yashimangiye gahunda y’u Rwanda yo guca plastique zikoreshwa rimwe

Perezida Kagame yashimangiye gahunda y’u Rwanda yo guca plastique zikoreshwa rimwe

Ubwanditsi 10 Jun 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibihugu bikwiye gukorana mu kurengera ibidukikije, kuko ukwangirika kwabyo kuri kuzana ingaruka ku mihindagurikire y’ibihe, zirimo kuba miliyoni z’abantu bava mu byabo bajya gushaka ahandi batura.

Perezida Kagame yabivugiye muri Canada aho yitabiriye inama y’ibihugu birindwi bifite ubukungu bukomeye ku Isi, G7, yabaye kuri uyu wa 9 Kamena, yagarutse ku ngingo zireba ibi bihugu zirimo ubucuruzi na politiki, hakabaho n’umwanya wo kuganira no ku ihindagurika ry’ibihe.

Perezida Kagame yavuze ko inyanja zimaze guhungabanywa n’ihindagurika ry’ibihe, kandi hamwe na hamwe ugasanga bigirwamo uruhare n’ibikorwa bya muntu, bityo hakaba hakenewe kugira igikorwa.

Yakomeje agira ati “Nta gihugu na kimwe ku Isi kitari kugerwaho n’ingaruka. Kandi nta n’ushobora kugira icyo abikoraho wenyine. Twatinze kugira icyo dukora kandi byihutirwa ariko turacyafite umwanya n’ubushobozi bwo guhangana n’ingaruka tugakumira ko byaba bibi kurushaho.”

Perezida Kagame yatanze ingero zishobora kugenderwaho mu gushaka icyakorwa, ashingira ku buryo u Rwanda rwaciye amashashi ya plastique mu myaka icumi ishize kandi hari inyungu ikomeye byagize ku bidukikije.

Perezida Kagame yavuze ko gahunda yo guca aya mashashi yajyanye no kwigisha abaturage inyungu yabyo, bifata imyaka ine kugira ngo guca amashashi bijye mu mategeko, ariko nyuma byatanze umusaruro mu kurengera ibidukikije.

Yagize ati “Iyo abaturage bumva igikorwa gihari n’uburyo uruhare rwabo rwagira uruhare mu mpinduka, bagira umwanya munini mu gushaka igisubizo. Gutuma babigiramo uruhare no kuzamura imyumvire byubatse umusingi noneho wo gutangira guca plastique zikoreshwa inshuro imwe zikajugunywa.”

Mu mwaka wa 2008 nibwo u Rwanda rwahagaritse itumizwa, ikorwa, icuruzwa n’ikoreshwa ry’amasashi ya plastique. Guharika ikoreshwa ryayo, byafashije mu byerekeye isuku kandi byongera amahirwe y’ishoramari n’iterambere, cyane cyane mu bijyanye no gukora ibikoresho bipfunyikwamo bitangiza ibidukikije.

Buri mwaka mu Isi hakorwa miliyoni z’amatoni ya plastique, inyinshi muri zo ntizivugururwa ngo zikorwemo ibindi bikoresho. Izi plastique iyo zimaze gukoreshwa zijugunywa mu bimpoteri, imigezi, ibiyaga, inyanja cyangwa mu miyoboro y’amazi aho zishobora gucikagurikamo uduce duto cyane tukabyara ibinyabutabire bihumanya bigenda bikajya mu biribwa no mu mazi.

Perezida Kagame yavuze ko leta y’u Rwanda yafatanyije n’abakora ubucuruzi mu gushakisha igishobora gusimbura izi plastique igihe zaba zidakomeje gukoreshwa.

Yakomeje agira ati “Kwinjiza abikorera muri uru rugendo rwo gushakisha igisubizo, ntabwo bigabanya ukutemera impinduka gusa, binagira uruhare mu guhanga imirimo mishya bikabyara n’isoko nshya y’amafaranga. Ibyo bigatuma ibidukikije bisugira maze abaturarwanda na ba mukerarugendo bakabyishimira.”

Perezida Kagame yavuze ko uburyo nk’ubwo buhawe agaciro bwafasha mu guca burundu imyanda ya plastique ikomeje kugira ingaruka ku nyanja zitandukanye, ikangiza ubutaka ndetse ikagira ingaruka ku musaruro w’ibiribwa.

Yashimangiye ko Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe uzirikana neza ko ubukungu burengera ubidukikije ari ingenzi mu iterambere ry’imibereho myiza y’abaturage, kandi ushishikajwe no kurengera izi nyanja. Gusa ngo akazi gahari karakomeye, n’imbaraga zishyirwamo zigomba kuba nyinshi.

Yavuze ko ikoranabuhanga ryo hambere ariryo ryatumye habaho ihindagurika ry’ibihe kandi guhanga udushya aribyo byagabanya izi ngaruka n’ibyangirika bikagabanyuka cyane.

Ibikorwa bihari ngo bigamije ko agace ka Arctique kari mu majyaruguru y’Isi kongera gukonja, inyanja zongera kuba ubururu ndetse Antarctique yatangiye gushonga kubera ubushyuhe igasubirana, ibi bikaba byarazamuye ingano y’amazi mu nyanja.

Perezida Kagame yavuze ko ibitekerezo uyu munsi byumvikana nk’ibihambaye mu bijyanye n’ubumenyi, rimwe na rimwe usanga bishoboka cyane kandi bihendutse kurusha uko bigaragara.

Yavuze ko mu myaka itarenze itatu ishize ibihugu 190 byemereje i Paris guhagarika kuzamuka kw’igipimo cy’ubushyuhe bw’Isi, uyu munsi na G7 n’abafatanyabikorwa bayo ikaba ifite amahirwe n’inshingano yo guhindura ubu bushake bwa politiki mu bikorwa bifatika, mbere y’uko igihe kirengerana.

Amafoto: Village Urugwiro

2018-06-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umubare 1510 bitirira Perezida Museveni waturutse hehe?

Umubare 1510 bitirira Perezida Museveni waturutse hehe?

Ubwanditsi 29 Oct 2021
Nyarutarama : Inzu z’umucuruzi zatejwe cyamunara mu manyanga zasubijwe nyirazo

Nyarutarama : Inzu z’umucuruzi zatejwe cyamunara mu manyanga zasubijwe nyirazo

Ubwanditsi 17 May 2018
Uganda: Gen Kale Kayihura Mu Nzira Zerekeza Mu Rukiko Nyuma Y’amezi Asaga Abiri Afunze

Uganda: Gen Kale Kayihura Mu Nzira Zerekeza Mu Rukiko Nyuma Y’amezi Asaga Abiri Afunze

Ubwanditsi 23 Aug 2018
Rudasingwa, asubiza ibaruwa ya Museveni mu ruhe rwego ?

Rudasingwa, asubiza ibaruwa ya Museveni mu ruhe rwego ?

Ubwanditsi 19 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibintu 7 bituma PASTOR RICK WARREN akunda u Rwanda
ITOHOZA

Ibintu 7 bituma PASTOR RICK WARREN akunda u Rwanda

Ubwanditsi 02 Oct 2016
Arusha: urubanza Lt Gen Kayumba yarezemo u Rwanda rwahinduwe impfabusa kubera kurenza igihe
ITOHOZA

Arusha: urubanza Lt Gen Kayumba yarezemo u Rwanda rwahinduwe impfabusa kubera kurenza igihe

Ubwanditsi 28 Mar 2017
Zari yakwepye umusore washakaga kumuha impano y’imodoka ihenze- AMAFOTO
HIRYA NO HINO

Zari yakwepye umusore washakaga kumuha impano y’imodoka ihenze- AMAFOTO

Ubwanditsi 12 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru