• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Ibintu 7 bituma PASTOR RICK WARREN akunda u Rwanda

Ibintu 7 bituma PASTOR RICK WARREN akunda u Rwanda

Ubwanditsi 02 Oct 2016 ITOHOZA

Umuvugabutumwa akaba n’umushumba w’Itorero rya Saddleback Church ryo muri Calfornia Pastor Rick Warren yatangaje ibintu bigera kuri birindwi bituma akunda u Rwanda ndetse akanarufata nk’igihugu kidafite ikindi bihwanye kuri Iyi Si ya Rulema.

Ibi akaba yabitangarije mu gikorwa cya Rwanda Cultural Day cyabereye I San Francisco kuri uyu wa gatandatu taliki ya 24/9/2016 kigahuza abanyarwanda baturutse ahantu hatandukanye ho muri Amerika, Canada, Uburayi ndetse no mu Rwanda.

-4183.jpg

Abantu Bari baje ari benshi.

1. Kudacika intege no kudaheranwa n’ibibazo by’ababarwanya.(Resilience of The People)

Buri muntu wese mu buzima ahura n’ibimuca intege, ibimusubiza hasi, ibimukubita hasi, ariko burya ikibazo si ibyo uhura nabyo ahubwo imbaraga ukoresha ukongera guhaguruka nizo zikenewe kandi abanyarwanda batazifite. Nyuma y’ibyo baciyemo bikomeye byabaciye intege mu mateka yabo, bahisemo kubirenga Bambara imbaraga baharanira ibyiza birushijeho bakwiriye. Burya inyuma ya buri terambere rigaragarira Bose hari umubabaro uba uhihishe. (Behind every public success then is a private pain).

-4184.jpg

Umuco

2. Ubunyangamugayo bw’abayobozi b’U Rwanda (Integrity of Rwandan Leadership)

Kuba inyangamugayo Ni ugukora ibyo uvuga, ukavuga ibyo ukora kandi ukirinda kwishushanya ahubwo ukaba wowe kandi ukaba umuntu umwe ahantu hose, kandi ku bantu bose. Ubuyobozi bw’U Rwanda rero bushyira mu bikorwa ibyo buvuga kandi bukavuga ikibari ku mutima batishushanyije. Kudahora uhindagura cyangwa wisubira ku byo uvuga no guhora uri wowe ahantu hose ni bwo bunyangamugayo. Rick Warren yavuze ko Paul Kagame ari umuyobozi udasanzwe ariko avuga ko ba Janette Kagame nawe ari uko. U Rwanda Ni kimwe mu bihugu bifite umubare munini w’abagore mu buyobozi kandi banafite imyanya ikomeye, ahangaha Rick Warren yatanze urugero rwa Ministre w’Ububabyi n’Amahanga Louise Mushikiwabo, Ambassador w’U Rwanda muri Amerika Matilde Mukantabana, …

-4185.jpg

Ambassador Matilde, Rick Warren, HE Paul Kagame, Janette Kagame, Ladegaunde

3. Umutima n’ubushake bwo kubabarira abanyarwanda bafite (Willingness to Forgive)

Kubabarira ntabwo ari ikintu cyoroshye ariko abanyarwanda bahisemo kuva ibuzimu bajya ibuntu ( chose to be better than bitter ) bahitamo kubabarira ababahekuye n’ababahemukiye babana mu mahoro. Rick Warren akaba yavuze ko Isiraheli ikwiriye kwigira ku Rwanda ku birebana n’ubwiyunge no kubana amahoro no kubabarira uwaguhemukiye. Iyo utababariye ugahora ushyira ibibazo byawe ku bandi uramugara (Blame= Be Lame). Rick Warren akaba yavuze ko urugero rwo kubabarira no kubana mu Mahoro Isiraheli ikwiriye kubyigira ku Rwanda.

-4186.jpg

Abana barababarira kandi bakibagirwa

4. Kutemera igitutu no kugenerwa n’amahanga (Refused to be influenced and pressured by the outsiders)

U Rwanda rwahisemo kwishakira ibisubibazo by’ibibazo rufite kandi rukabikora mu buryo bwarwo, bituma rutemerera uwo ari wese uri hanze yarwo kuruha umurongo n’amabwiriza ngenderwaho, kuko atari bo Mana, ntabwo ucyeneye umuntu uguhesha uburenganzira bwo kwishima, kwishima Ni amahitamo yawe, nta nubwo ukeneye ibitekerezo by’abandi bantu ngo bakubwire ko ukwiriye gutera imbere (to be successful),

-4187.jpg

Abanyarwanda bahisemo kwishakira ibisubizo by’ibibazo byabo.

5. Kutita ku byo abantu bagutekerezaho (They Don’t mind about what people think about them)

Ntukemerere umuntu n’umwe kugushyiraho igitutu cyane cyane ko nta n’u kwifuriza ibyiza kurusha wowe ubwawe cyangwa ngo abe azi ibyiza ukwiriye, muzi abo muri bo kandi muzi icyo mushaka, ntimugatinde ku byo abantu babavugaho mujye mwita ku cyo Imana ibavugaho, ibi nibyo Rick Warren yabwiraga abanyarwanda .

-4188.jpg

Urubyiruko rwifitiye ikizere

6. Abanyarwanda bafite indoto nini (Rwandans are Big Dreamers)

Rick Warren yavuze ko abanyarwanda cyane cyane abakiri bato abakundira ko bafite indoto kandi nini, ariko anakomeza kubashishikariza kugira inzozi nini kubw’Imana no kubw’u Rwanda haba mu by’ubuzima, uburezi, ubukungu ikoranabuhanga n’ibindi. Kurota ibintu binini ntibyishyuzwa ugomba rero kurota ibintu binini kubw’Imana, igihugu cyawe, umuryango wawe, business yawe. Tugomba kurota u Rwanda rutarimo ikigo cy’imfubyi, abana bose bakaba mu miryango.

-4189.jpg

Umukuru w’igihugu buri gihe asaba abanyarwanda kureba kure no kurota ibinini.

7. Kutishingikiriza ku wo uriwe ahubwo ukishingikiriza ku MANA. (Your dreams shall not be based on Who you are but on Who God is)

Abantu benshi batinya kugira inzozi nini kuko bahora bareba abo bari bo btibarebe ubunini n’ubushobozi bw’Imana. Rick Warren yasoje agira inama abanyarwanda bari kwiga muri Amerika kuri Bourse ya President, guhaha ubumenyi, gushaka incuti, barangiza bagasubira mu Rwanda kubaka igihugu bakirotera inzozi nini kandi yasabye abantu ko mu byo bakora byose bakwiriye guharanira kuba ibyitegererezo byiza ku bandi bantu.

-4190.jpg

Umuvugabutumwa akaba n’umushumba w’Itorero rya Saddleback Church ryo muri Calfornia Pastor Rick Warren

2016-10-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Irakoze Arsene w’imyaka 21 y’amavuko, aracyekwaho kwica nyirakuru, Murekatete Bernadette w’imyaka 68,Aratoroka ubu ntawuzi irengero rye

Irakoze Arsene w’imyaka 21 y’amavuko, aracyekwaho kwica nyirakuru, Murekatete Bernadette w’imyaka 68,Aratoroka ubu ntawuzi irengero rye

Ubwanditsi 07 Oct 2017
Ubutegetsi bwa Museveni bukomeje kuba indiri n’umuhuza w’abarwanya u Rwanda cyane cyane RNC na FDLR

Ubutegetsi bwa Museveni bukomeje kuba indiri n’umuhuza w’abarwanya u Rwanda cyane cyane RNC na FDLR

Ubwanditsi 21 Dec 2018
Amateka ya Perezida wa Koreya ya Ruguru wakuriye mu buzima bw’ibanga, uri guca amarenga y’intambara ya gatatu y’Isi

Amateka ya Perezida wa Koreya ya Ruguru wakuriye mu buzima bw’ibanga, uri guca amarenga y’intambara ya gatatu y’Isi

Ubwanditsi 21 Sep 2017
Abantu 15 barimo Umunyamerika, bamaze kugwa mu gitero cya Al-Shabaab muri Kenya

Abantu 15 barimo Umunyamerika, bamaze kugwa mu gitero cya Al-Shabaab muri Kenya

Ubwanditsi 16 Jan 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Muhanga: Abakora umwuga wo gutwara abagenzi ku magare bakanguriwe kubahiriza amategeko y’umwuga wabo
Amakuru

Muhanga: Abakora umwuga wo gutwara abagenzi ku magare bakanguriwe kubahiriza amategeko y’umwuga wabo

Ubwanditsi 09 Feb 2016
RDC: Jean Pierre Bemba yangiwe kwiyamamaza mu matora ya perezida
POLITIKI

RDC: Jean Pierre Bemba yangiwe kwiyamamaza mu matora ya perezida

Ubwanditsi 26 Aug 2018
Kigali:Polisi yihanganishije imiryango y’abana batwikiwe muri ruhurura
Mu Rwanda

Kigali:Polisi yihanganishije imiryango y’abana batwikiwe muri ruhurura

Ubwanditsi 29 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru