• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abadepite basabye ko inzego zirindwi zakoresheje amafaranga mu buryo budasobanutse zikurikiranwa   |   05 Aug 2026

  • Nyuma y’imyaka 28 Rayon Sports isubiye ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup   |   05 Aug 2026

  • Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe   |   05 Aug 2026

  • Ingoma Ibihumbi u Rwanda ruticaranye ku meza n’abaruhekuye bashaka kwambara Uruhu rwera kandi ari ibirura   |   04 Aug 2026

  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo kuwa Gatatu tariki ya 26 Mata 2017

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo kuwa Gatatu tariki ya 26 Mata 2017

Ubwanditsi 27 Apr 2017 Amakuru

None kuwa Gatatu, tariki ya 26 Mata 2017, Inama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.

Inama y’Abaminisitiri yemeje imyanzuro y’Inama y’Abaminisitiri yo kuwa 5 Mata 2017imaze kuyikorera ubugororangingo.

1. Inama y’Abaminisitiri yemeje:

Inyandiko ya Gahunda y’Ingengo y’Imari y’igihe giciriritse (Budget Framework Paper) 2017/2018 2019/2020;

Politiki y’Ishoramari;

Politiki y’Igihugu yo guteza imbere ubuhanga mu ikoranabuhanga;

Politiki y’Igihugu yerekeye ikoranabuhanga mu kubyaza umusaruro amakuru abitse
ku buryo bw’ikoranabuhanga.

2. Inama y’Abaminisitiri yemeje Imishinga y’Amategeko ikurikira:

Umushinga w’Itegeko rigenga Amasoko ya Leta;

Umushinga w’Itegeko ryemera kwemeza burundu Amasezerano yashyiriweho umukono i Roma, mu Butaliyani, kuwa 15 Gashyantare 2017, hagati ya Repubulika y’u Rwanda n’Ikigega Mpuzamahanga kigamije guteza imbere Ubuhinzi (IFAD), yerekeranye n’inguzanyo y’inyongera ingana na miliyoni umunani n’ibihumbi Magana ane na cumi z’Amadetesi (8.410.000 DTS) agenewe umushinga wo kuzamura ubukungu bw’icyaro hitabwa ku musaruro woherezwa mu mahanga;

Umushinga w’Itegeko ryemera kwemeza burundu iyinjizwa ry’u Rwanda mu Muryango ugamije kurwanya iyezandonke muri Afurika y’Iburasirazuba n’iy’Amajyepfo;

Umushinga w’Itegeko rigenga Amasosiyete y’Ubucuruzi.

3. Inama y’Abaminisitiri yemeje Amateka akurikira:

Iteka rya Perezida rigena imishahara n’ibindi bigenerwa Umugenzuzi Mukuru wa Gender n’Umugenzuzi Mukuru wa Gender Wungirije;

Iteka rya Perezida rishyiraho umushahara n’ibindi bigenerwa Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Kugenzura imikorere y’Inzego zimwe z’imirimo ifitiye Igihugu akamaro (RURA);

Iteka rya Minisitiri w’Intebe ryerekeye uburyo bw’iyimurwa ry’abagenzacyaha bo muri Polisi y’u Rwanda.

4. Mu Bindi:

a) Minisitiri w’Ubutabera/Intumwa Nkuru ya Leta yamenyesheje Inama y’Abaminisitiri ko MINIJUST ifatanyije n’Abafatanyabikorwa bayo irimo gutegura Umunsi wahariwe Polisi uzizihizwa ku itariki ya 16 Kamena 2017. Insanganyamatsiko y’uyu mwaka ni: “Imyaka 17 y’Ubufatanye na Polisi mu kwicungira umutekano: Twicungire umutekano w’abantu n’ibintu ku buryo burambye”. Kwizihiza uyu munsi bizabanzirizwa na gahunda izamara ukwezi y’ubukangurambaga izatangira ku itariki ya 15 Gicurasi 2017, ikazasozwa ku itariki ya 15 Kamena 2017.

b) Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo yamenyesheje Inama y’Abaminisitiri ko u Rwanda ruzifatanya n’Isi mu kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Umurimo ku itariki ya mbere Gicurasi 2017. Insanganyamatsiko y’uyu mwaka ni: “Duteze imbere Umurimo, Dusigasira ibyagezweho dukesha Imiyoborere Myiza, Isoko y’Iterambere rya buri wese”. Ku rwego rw’Igihugu, kwizihiza uyu munsi bizabera ahantu hihariye mu by’ubukungu mu Rwanda (Kigali Special Economic Zone).

c) Minisitiri w’Ubuzima yamenyesheje Inama y’Abaminisitiri ko u Rwanda ruzakira Inama ya 37 y’Inama y’Ubutegetsi ya Global Fund. Iyi nama izabera i Kigali muri Hoteli Marriot kuva ku itariki ya 2 kugeza ku ya 4 Gicurasi 2017.

d) Minisitiri w’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga yamenyesheje Inama y’Abaminisitiri ibijyanye n’inyandiko Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul KAGAME azatangariza Inama ya Transform Africa Summit ikubiyemo ingamba n’imirongo migari yo kwihutisha iterambere ry’imijyi, imibereho myiza, ubukungu n’umutekano
by’abayituye, hakoreshejwe ikoranabuhanga. Iyo nama izabera i Kigali kuva ku itariki ya 10 kugeza ku ya 12 Gicurasi 2017.

e) Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi yamenyesheje Inama y’Abaminisitiri ko mu mpera z’Ukwezi kwa Gashyantare 2017, mu Gishanga cya Mushishito mu Mirenge ya Uwinkingi na Kibilizi, mu Karere ka NYAMAGABE, hagaragaye icyorezo cya nkongwa idasanzwe yibasira ibihingwa by’ibinyampeke. Kugeza ku itariki ya 24 Mata2017, icyo cyorezo cyari kimaze gukwira mu Turere twose tw’Igihugu MINAGR Iifatanyije na MINALOC, MINADEF, Polisi y’u Rwanda, Intara, Uturere, Abaturage n’Abafatanyabikorwa bose bashyizeho ingamba zo kurwanya icyo cyorezo ku buryo kimaze guhashywa. Inama y’Abaminisitiri irakangurira abantu bose guhagurukira kurwanya icyo cyorezo cya nkongwa idasanzwe.

f) Minisitiri w’Umuco na Siporo yamenyesheje Inama y’Abaminisitiri ko ku itariki ya 21 Gicurasi 2017, u Rwanda ruzakira ku nshuro ya 13, Isiganwa Mpuzamahanga ku maguru ry’Amahoro (Kigali International Peace Marathon) ryatewe inkunga na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul KAGAME.

Iri tangazo ryashyizweho umukono na Stella Ford MUGABO,
Ministiri Ushinzwe Imirimo y’Inama y’Abaminisitiri

2017-04-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abo kwa Paul Rusesabagina bongeye gukama ikimasa. Bari bizeye ko Umunyamabanga w’ Amerika ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Antony Blinken uri mu Rwanda, amutahana ariko azarangiza igihano cye!

Abo kwa Paul Rusesabagina bongeye gukama ikimasa. Bari bizeye ko Umunyamabanga w’ Amerika ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Antony Blinken uri mu Rwanda, amutahana ariko azarangiza igihano cye!

Ubwanditsi 11 Aug 2022
Jenoside yakorewe Abatutsi ntiyabaye ku bw’impanuka, ahubwo yari imaze igihe kinini itegurwa. Dutewe ikimwaro n’uko ntacyo twakoze ngo tuyikumire”-Antonio Guterres,

Jenoside yakorewe Abatutsi ntiyabaye ku bw’impanuka, ahubwo yari imaze igihe kinini itegurwa. Dutewe ikimwaro n’uko ntacyo twakoze ngo tuyikumire”-Antonio Guterres,

Ubwanditsi 17 Apr 2023
Frank Spittler utoza Amavubi, yavuze ko kongera abanyamahanga  muri Shampiyona ari ukwica umupira w’u Rwanda

Frank Spittler utoza Amavubi, yavuze ko kongera abanyamahanga muri Shampiyona ari ukwica umupira w’u Rwanda

Ubwanditsi 30 Aug 2024
Urupfu rw’agashinyaguro rwa Chérubin Okende, umudepite akaba yarabaye na Minisitiri wo gutwara ibintu n’abantu rwagaragaje isura y’ukuri ya Tshisekedi

Urupfu rw’agashinyaguro rwa Chérubin Okende, umudepite akaba yarabaye na Minisitiri wo gutwara ibintu n’abantu rwagaragaje isura y’ukuri ya Tshisekedi

Ubwanditsi 14 Jul 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Benshi barakajwe n’uburyo itangazamakuru ryahangayikiye Oprah Winfrey mu mpanuka y’ibyondo yahitanye 13
HIRYA NO HINO

Benshi barakajwe n’uburyo itangazamakuru ryahangayikiye Oprah Winfrey mu mpanuka y’ibyondo yahitanye 13

Ubwanditsi 20 Jan 2018
Byinshi kuri ‘GIS’ ikoranabuhanga ryihishe inyuma y’iterambere ry’u Rwanda ridakunze kuvugwa
IKORANABUHANGA

Byinshi kuri ‘GIS’ ikoranabuhanga ryihishe inyuma y’iterambere ry’u Rwanda ridakunze kuvugwa

Ubwanditsi 16 Nov 2017
Leta y’u Burundi ni  ” indashima ” kuki ikomeje gushotora u Rwanda
ITOHOZA

Leta y’u Burundi ni ” indashima ” kuki ikomeje gushotora u Rwanda

Ubwanditsi 05 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru