• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo kuwa Gatatu tariki ya 26 Mata 2017

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo kuwa Gatatu tariki ya 26 Mata 2017

Ubwanditsi 27 Apr 2017 Amakuru

None kuwa Gatatu, tariki ya 26 Mata 2017, Inama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.

Inama y’Abaminisitiri yemeje imyanzuro y’Inama y’Abaminisitiri yo kuwa 5 Mata 2017imaze kuyikorera ubugororangingo.

1. Inama y’Abaminisitiri yemeje:

Inyandiko ya Gahunda y’Ingengo y’Imari y’igihe giciriritse (Budget Framework Paper) 2017/2018 2019/2020;

Politiki y’Ishoramari;

Politiki y’Igihugu yo guteza imbere ubuhanga mu ikoranabuhanga;

Politiki y’Igihugu yerekeye ikoranabuhanga mu kubyaza umusaruro amakuru abitse
ku buryo bw’ikoranabuhanga.

2. Inama y’Abaminisitiri yemeje Imishinga y’Amategeko ikurikira:

Umushinga w’Itegeko rigenga Amasoko ya Leta;

Umushinga w’Itegeko ryemera kwemeza burundu Amasezerano yashyiriweho umukono i Roma, mu Butaliyani, kuwa 15 Gashyantare 2017, hagati ya Repubulika y’u Rwanda n’Ikigega Mpuzamahanga kigamije guteza imbere Ubuhinzi (IFAD), yerekeranye n’inguzanyo y’inyongera ingana na miliyoni umunani n’ibihumbi Magana ane na cumi z’Amadetesi (8.410.000 DTS) agenewe umushinga wo kuzamura ubukungu bw’icyaro hitabwa ku musaruro woherezwa mu mahanga;

Umushinga w’Itegeko ryemera kwemeza burundu iyinjizwa ry’u Rwanda mu Muryango ugamije kurwanya iyezandonke muri Afurika y’Iburasirazuba n’iy’Amajyepfo;

Umushinga w’Itegeko rigenga Amasosiyete y’Ubucuruzi.

3. Inama y’Abaminisitiri yemeje Amateka akurikira:

Iteka rya Perezida rigena imishahara n’ibindi bigenerwa Umugenzuzi Mukuru wa Gender n’Umugenzuzi Mukuru wa Gender Wungirije;

Iteka rya Perezida rishyiraho umushahara n’ibindi bigenerwa Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Kugenzura imikorere y’Inzego zimwe z’imirimo ifitiye Igihugu akamaro (RURA);

Iteka rya Minisitiri w’Intebe ryerekeye uburyo bw’iyimurwa ry’abagenzacyaha bo muri Polisi y’u Rwanda.

4. Mu Bindi:

a) Minisitiri w’Ubutabera/Intumwa Nkuru ya Leta yamenyesheje Inama y’Abaminisitiri ko MINIJUST ifatanyije n’Abafatanyabikorwa bayo irimo gutegura Umunsi wahariwe Polisi uzizihizwa ku itariki ya 16 Kamena 2017. Insanganyamatsiko y’uyu mwaka ni: “Imyaka 17 y’Ubufatanye na Polisi mu kwicungira umutekano: Twicungire umutekano w’abantu n’ibintu ku buryo burambye”. Kwizihiza uyu munsi bizabanzirizwa na gahunda izamara ukwezi y’ubukangurambaga izatangira ku itariki ya 15 Gicurasi 2017, ikazasozwa ku itariki ya 15 Kamena 2017.

b) Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo yamenyesheje Inama y’Abaminisitiri ko u Rwanda ruzifatanya n’Isi mu kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Umurimo ku itariki ya mbere Gicurasi 2017. Insanganyamatsiko y’uyu mwaka ni: “Duteze imbere Umurimo, Dusigasira ibyagezweho dukesha Imiyoborere Myiza, Isoko y’Iterambere rya buri wese”. Ku rwego rw’Igihugu, kwizihiza uyu munsi bizabera ahantu hihariye mu by’ubukungu mu Rwanda (Kigali Special Economic Zone).

c) Minisitiri w’Ubuzima yamenyesheje Inama y’Abaminisitiri ko u Rwanda ruzakira Inama ya 37 y’Inama y’Ubutegetsi ya Global Fund. Iyi nama izabera i Kigali muri Hoteli Marriot kuva ku itariki ya 2 kugeza ku ya 4 Gicurasi 2017.

d) Minisitiri w’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga yamenyesheje Inama y’Abaminisitiri ibijyanye n’inyandiko Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul KAGAME azatangariza Inama ya Transform Africa Summit ikubiyemo ingamba n’imirongo migari yo kwihutisha iterambere ry’imijyi, imibereho myiza, ubukungu n’umutekano
by’abayituye, hakoreshejwe ikoranabuhanga. Iyo nama izabera i Kigali kuva ku itariki ya 10 kugeza ku ya 12 Gicurasi 2017.

e) Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi yamenyesheje Inama y’Abaminisitiri ko mu mpera z’Ukwezi kwa Gashyantare 2017, mu Gishanga cya Mushishito mu Mirenge ya Uwinkingi na Kibilizi, mu Karere ka NYAMAGABE, hagaragaye icyorezo cya nkongwa idasanzwe yibasira ibihingwa by’ibinyampeke. Kugeza ku itariki ya 24 Mata2017, icyo cyorezo cyari kimaze gukwira mu Turere twose tw’Igihugu MINAGR Iifatanyije na MINALOC, MINADEF, Polisi y’u Rwanda, Intara, Uturere, Abaturage n’Abafatanyabikorwa bose bashyizeho ingamba zo kurwanya icyo cyorezo ku buryo kimaze guhashywa. Inama y’Abaminisitiri irakangurira abantu bose guhagurukira kurwanya icyo cyorezo cya nkongwa idasanzwe.

f) Minisitiri w’Umuco na Siporo yamenyesheje Inama y’Abaminisitiri ko ku itariki ya 21 Gicurasi 2017, u Rwanda ruzakira ku nshuro ya 13, Isiganwa Mpuzamahanga ku maguru ry’Amahoro (Kigali International Peace Marathon) ryatewe inkunga na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul KAGAME.

Iri tangazo ryashyizweho umukono na Stella Ford MUGABO,
Ministiri Ushinzwe Imirimo y’Inama y’Abaminisitiri

2017-04-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nizeyimana Olivier uherutse gutorerwa kuyobora FERWAFA mu myaka ine iri imbere yakoze ihererekanyabubasha na Komite Nyobozi icyuye igihe

Nizeyimana Olivier uherutse gutorerwa kuyobora FERWAFA mu myaka ine iri imbere yakoze ihererekanyabubasha na Komite Nyobozi icyuye igihe

Ubwanditsi 29 Jun 2021
Real Madrid yanganyije na Chelsea mu mukino ubanza wa ½ cya UEFA Champions League, PSG irakina na Manchester City.

Real Madrid yanganyije na Chelsea mu mukino ubanza wa ½ cya UEFA Champions League, PSG irakina na Manchester City.

Ubwanditsi 28 Apr 2021
Byasabye iminota y’inyongera ngo Senegal itsinde Amavubi, Umunsi wa 29 na 30 wa shampiyona y’u Rwanda yegejwe inyuma ho umunsi umwe

Byasabye iminota y’inyongera ngo Senegal itsinde Amavubi, Umunsi wa 29 na 30 wa shampiyona y’u Rwanda yegejwe inyuma ho umunsi umwe

Ubwanditsi 08 Jun 2022
Seninga Innocent utoza Musanze FC yasabiye rutahizamu Muteebi Rachid kuva mu mwihererero w’iyo kipe kugeza ubwo shampiyona izaba isojwe.

Seninga Innocent utoza Musanze FC yasabiye rutahizamu Muteebi Rachid kuva mu mwihererero w’iyo kipe kugeza ubwo shampiyona izaba isojwe.

Ubwanditsi 20 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rubavu : Ikibazo cy’abimuwe  mu ishyamba rya Gishwati cyongeye gukurura impaka imbere ya  Perezida Kagame
Mu Mahanga

Rubavu : Ikibazo cy’abimuwe mu ishyamba rya Gishwati cyongeye gukurura impaka imbere ya Perezida Kagame

Ubwanditsi 29 Mar 2016
Rudasingwa Theogene yaba ahugiye kuki?
ITOHOZA

Rudasingwa Theogene yaba ahugiye kuki?

Ubwanditsi 23 May 2017
Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia Desalegn yeguye
POLITIKI

Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia Desalegn yeguye

Ubwanditsi 15 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru