• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Trump aremeza ko Iran ari yo yarashe misile indege yo muri Ukraine

Trump aremeza ko Iran ari yo yarashe misile indege yo muri Ukraine

Ubwanditsi 10 Jan 2020 POLITIKI

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuri uyu wa Kane tariki 9 Muatarama, yatangaje ko na we afite amakenga ku mpanuka y’indege yo muri Ukraine iherutse gukorera impanuka i Tehran mu gihe itangazamakuru rya Amerika rivuga ko Iran yaba yarayirashe yayibeshyeho.
Perezida Trump yagize ati: “Mfite impungenge zanjye. Hari umuntu ushobora kuba yarakoze ikosa.”

Ibi perezida Trump yabitangaje nyuma y’aho ibinyamakuru nka Newsweek, CBS na CNN bitangarije ko iyi ndege yari irimo abantu 176 bose hamwe bahise bapfa, yarashwe na Iran by’impanuka. Ibi binyamakuru bivuga ko aya ari amakuru bikura mu butasi bwa Amerika ndetse na Irak.

Iyi ndege habanje kuvugwa ko yakoze impanuka nyuma y’akanya gato ihagurutse ku kibuga cy’indege cyo muri Tehran, yerekeje i Kiev muri Ukraine.

Perezida Trump yagize ati: “Bamwe bavuga ko impanuka yatewe n’ibibazo bya tekiniki. Njye ku giti cyanjye sintekereza ko icyo ari n’ikibazo, Hari ikintu giteye ubwoba cyane cyabaye.”

Impanuka y’iyi ndege yabaye mu gitondo cyo kuwa Gatatu ushize, nyuma y’amasaha make Iran irashe misile zigera kuri 20 ku birindiro bibiri bya gisirikare biri muri Irak bicumbikiye ingabo za Amerika.

Abantu batangiye kwibaza ku cyateye impanuka benshi bakeka ko iyi ndege na yo yahanuwe na misile kubera akanya kari kanyuzemo Iran irashe kuri ibyo birindiro, nyuma y’aho drone ya Amerika yiciye Gen. Qaseem Soleimani mu cyumweru gishize.

Ikinyamakuru CBS kuri uyu wa Kane cyatangaje ko amakuru gikura mu buyobozi yemeza ko abayobozi ba Leta Zunze Ubumwe za Amerika bizeye ko Iran ari yo yahanuye Boeing 737 yo muri Ukraine.

Biravugwa mu gihe OPS GROUP, ikigo gishinzwe ubutasi ku mpanuka z’indege, nacyo muri raporo yacyo cyashyize ahagaragara kuwa gatatu cyavugaga ko hari ibimenyetso bigaragaza ko iyi ndege ya Ukraine International Airlines yarashwe misile.

Amakuru ubu aravuga ko ubutasi bwa Amerika bwabonye ibimenyetso bya radar bicanwa akanya gato mbere y’impanuka, ndetse icyogajuru cya Amerika kikaba cyarabonye haraswa missiles ebyiri mbere y’uko indege ishwanyuka.

Abayobozi bahawe amakuru y’ubutasi kuri uyu wa Kane, banabwiwe ko hari ibice bya misile byatowe hafi y’aho indege yaguye.

Ibindi binyamakuru nka CNN na Newsweek nabyo byatangaje ko abayobozi ba Amerika bizera ko Iran yarashe iriya ndege yayibeshyeho.

Bakeka ko ingabo za Iran zishobora kuba zarabonye ikintu muri radar zigakeka ko zitewe zikarasa, dore ko hari hashize akanya gato zirashe ku birindiro birimo ingabo za Amerika.

Ubuyobozi bw’indege za gisivili muri Iran kuwa gatatu bwakoze iperereza kuri iyi mpanuka, kuri uyu wa kane bwatangaje ko iyi ndege yo muri Ukraine itigeze isaba ubufasha ahubwo yakase ikagaruka i Tehran nyuma yo kugira ikibazo ikimara guhaguruka.

Indege koko amakuru atandukanye akaba avuga ko yarashwe igerageza kugaruka ku kibuga cy’indege cya Tehran.

Ikindi giteye impungenge, ni uko Iran yatangaje ko itazaha abashinzwe iperereza ba Amerika, aho Boeing zikorerwa, udusanduku tw’umukara two muri iyi ndege ngo hashakishwe uko byagenze.

Usibye Amerika, Leta ya Canada n’iya Ukraine nazo ntizemera ibisobanuro bya Iran ko indege yagize impanuka bitewe n’ibibazo bya tekiniki.

2020-01-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abahanga mu mategeko, mu bukungu n’abaganga: Imboni mu bagize guverinoma nshya

Abahanga mu mategeko, mu bukungu n’abaganga: Imboni mu bagize guverinoma nshya

Ubwanditsi 17 Oct 2017
Save: ishyaka Green Party  ryakubise igihwereye aho ryagombaga Kwiyamamariza

Save: ishyaka Green Party ryakubise igihwereye aho ryagombaga Kwiyamamariza

Ubwanditsi 23 Aug 2018
Maroc: Perezida Kagame yakiriwe ku meza na Mohamed VI

Maroc: Perezida Kagame yakiriwe ku meza na Mohamed VI

Ubwanditsi 21 Jun 2016
Namibia : Perezida Kagame  yagarutse ku nkuru ya David Himbara ushinja u Rwanda guhimba imibare

Namibia : Perezida Kagame  yagarutse ku nkuru ya David Himbara ushinja u Rwanda guhimba imibare

Ubwanditsi 20 Aug 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rwahawe kwakira igikombe cy’Afurika 2026 mu mukino wa Handball
Amakuru

U Rwanda rwahawe kwakira igikombe cy’Afurika 2026 mu mukino wa Handball

Ubwanditsi 30 Jan 2024
Leta 17 zajyanye Trump mu nkiko kubera politiki itandukanya imiryango y’abimukira
POLITIKI

Leta 17 zajyanye Trump mu nkiko kubera politiki itandukanya imiryango y’abimukira

Ubwanditsi 27 Jun 2018
Golden State Warriors yatsinze Raptors mu mukino wa gatanu, iyibuza kwegukana NBA
IMIKINO

Golden State Warriors yatsinze Raptors mu mukino wa gatanu, iyibuza kwegukana NBA

Ubwanditsi 11 Jun 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru