• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Trump aremeza ko Iran ari yo yarashe misile indege yo muri Ukraine

Trump aremeza ko Iran ari yo yarashe misile indege yo muri Ukraine

Ubwanditsi 10 Jan 2020 POLITIKI

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuri uyu wa Kane tariki 9 Muatarama, yatangaje ko na we afite amakenga ku mpanuka y’indege yo muri Ukraine iherutse gukorera impanuka i Tehran mu gihe itangazamakuru rya Amerika rivuga ko Iran yaba yarayirashe yayibeshyeho.
Perezida Trump yagize ati: “Mfite impungenge zanjye. Hari umuntu ushobora kuba yarakoze ikosa.”

Ibi perezida Trump yabitangaje nyuma y’aho ibinyamakuru nka Newsweek, CBS na CNN bitangarije ko iyi ndege yari irimo abantu 176 bose hamwe bahise bapfa, yarashwe na Iran by’impanuka. Ibi binyamakuru bivuga ko aya ari amakuru bikura mu butasi bwa Amerika ndetse na Irak.

Iyi ndege habanje kuvugwa ko yakoze impanuka nyuma y’akanya gato ihagurutse ku kibuga cy’indege cyo muri Tehran, yerekeje i Kiev muri Ukraine.

Perezida Trump yagize ati: “Bamwe bavuga ko impanuka yatewe n’ibibazo bya tekiniki. Njye ku giti cyanjye sintekereza ko icyo ari n’ikibazo, Hari ikintu giteye ubwoba cyane cyabaye.”

Impanuka y’iyi ndege yabaye mu gitondo cyo kuwa Gatatu ushize, nyuma y’amasaha make Iran irashe misile zigera kuri 20 ku birindiro bibiri bya gisirikare biri muri Irak bicumbikiye ingabo za Amerika.

Abantu batangiye kwibaza ku cyateye impanuka benshi bakeka ko iyi ndege na yo yahanuwe na misile kubera akanya kari kanyuzemo Iran irashe kuri ibyo birindiro, nyuma y’aho drone ya Amerika yiciye Gen. Qaseem Soleimani mu cyumweru gishize.

Ikinyamakuru CBS kuri uyu wa Kane cyatangaje ko amakuru gikura mu buyobozi yemeza ko abayobozi ba Leta Zunze Ubumwe za Amerika bizeye ko Iran ari yo yahanuye Boeing 737 yo muri Ukraine.

Biravugwa mu gihe OPS GROUP, ikigo gishinzwe ubutasi ku mpanuka z’indege, nacyo muri raporo yacyo cyashyize ahagaragara kuwa gatatu cyavugaga ko hari ibimenyetso bigaragaza ko iyi ndege ya Ukraine International Airlines yarashwe misile.

Amakuru ubu aravuga ko ubutasi bwa Amerika bwabonye ibimenyetso bya radar bicanwa akanya gato mbere y’impanuka, ndetse icyogajuru cya Amerika kikaba cyarabonye haraswa missiles ebyiri mbere y’uko indege ishwanyuka.

Abayobozi bahawe amakuru y’ubutasi kuri uyu wa Kane, banabwiwe ko hari ibice bya misile byatowe hafi y’aho indege yaguye.

Ibindi binyamakuru nka CNN na Newsweek nabyo byatangaje ko abayobozi ba Amerika bizera ko Iran yarashe iriya ndege yayibeshyeho.

Bakeka ko ingabo za Iran zishobora kuba zarabonye ikintu muri radar zigakeka ko zitewe zikarasa, dore ko hari hashize akanya gato zirashe ku birindiro birimo ingabo za Amerika.

Ubuyobozi bw’indege za gisivili muri Iran kuwa gatatu bwakoze iperereza kuri iyi mpanuka, kuri uyu wa kane bwatangaje ko iyi ndege yo muri Ukraine itigeze isaba ubufasha ahubwo yakase ikagaruka i Tehran nyuma yo kugira ikibazo ikimara guhaguruka.

Indege koko amakuru atandukanye akaba avuga ko yarashwe igerageza kugaruka ku kibuga cy’indege cya Tehran.

Ikindi giteye impungenge, ni uko Iran yatangaje ko itazaha abashinzwe iperereza ba Amerika, aho Boeing zikorerwa, udusanduku tw’umukara two muri iyi ndege ngo hashakishwe uko byagenze.

Usibye Amerika, Leta ya Canada n’iya Ukraine nazo ntizemera ibisobanuro bya Iran ko indege yagize impanuka bitewe n’ibibazo bya tekiniki.

2020-01-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nicolas Sarkozy wahoze uyobora Ubufaransa yatawe muri yombi

Nicolas Sarkozy wahoze uyobora Ubufaransa yatawe muri yombi

Ubwanditsi 20 Mar 2018
M23 yakiriye kinyamwuga ingabo z’Afurika y’Epfo zari zimaze icyumweru zigeze mu burasirazuba bwa Congo

M23 yakiriye kinyamwuga ingabo z’Afurika y’Epfo zari zimaze icyumweru zigeze mu burasirazuba bwa Congo

Ubwanditsi 03 Jun 2024
U Rwanda rwashimiye u Bushinwa ku bufasha buri guha abanyarwanda 155 bari mu gace karimo Coronavirus

U Rwanda rwashimiye u Bushinwa ku bufasha buri guha abanyarwanda 155 bari mu gace karimo Coronavirus

Ubwanditsi 01 Feb 2020
Ibihugu byaviriye inda imwe ku Burusiya, byirukanye abadipolomate babwo barenga 100

Ibihugu byaviriye inda imwe ku Burusiya, byirukanye abadipolomate babwo barenga 100

Ubwanditsi 27 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rwasinyanye na  CAVB amasezerano yo kwakira Shampiyona Nyafurika y’Amakipe y’Abagabo 2026
Amakuru

U Rwanda rwasinyanye na CAVB amasezerano yo kwakira Shampiyona Nyafurika y’Amakipe y’Abagabo 2026

RUSHYASHYA 05 Mar 2026
Icyegeranyo cy’itsinda ry’impuguke za Loni kirashinja igisirikari cya Kongo kwica, gusahura abaturage no gusambanya abagore ku ngufu. Nta ruhare rw’u Rwanda mu bibera muri Kongo rwagaragajwe.
Amakuru

Icyegeranyo cy’itsinda ry’impuguke za Loni kirashinja igisirikari cya Kongo kwica, gusahura abaturage no gusambanya abagore ku ngufu. Nta ruhare rw’u Rwanda mu bibera muri Kongo rwagaragajwe.

Ubwanditsi 25 Jun 2022
Muri  FLN ya Sankara, inzara iravuza ubuhuha, hakiyongeraho no gusambanya abana babakobwa kugahato
INKURU NYAMUKURU

Muri  FLN ya Sankara, inzara iravuza ubuhuha, hakiyongeraho no gusambanya abana babakobwa kugahato

Ubwanditsi 24 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru