• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Trump aremeza ko Iran ari yo yarashe misile indege yo muri Ukraine

Trump aremeza ko Iran ari yo yarashe misile indege yo muri Ukraine

Ubwanditsi 10 Jan 2020 POLITIKI

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuri uyu wa Kane tariki 9 Muatarama, yatangaje ko na we afite amakenga ku mpanuka y’indege yo muri Ukraine iherutse gukorera impanuka i Tehran mu gihe itangazamakuru rya Amerika rivuga ko Iran yaba yarayirashe yayibeshyeho.
Perezida Trump yagize ati: “Mfite impungenge zanjye. Hari umuntu ushobora kuba yarakoze ikosa.”

Ibi perezida Trump yabitangaje nyuma y’aho ibinyamakuru nka Newsweek, CBS na CNN bitangarije ko iyi ndege yari irimo abantu 176 bose hamwe bahise bapfa, yarashwe na Iran by’impanuka. Ibi binyamakuru bivuga ko aya ari amakuru bikura mu butasi bwa Amerika ndetse na Irak.

Iyi ndege habanje kuvugwa ko yakoze impanuka nyuma y’akanya gato ihagurutse ku kibuga cy’indege cyo muri Tehran, yerekeje i Kiev muri Ukraine.

Perezida Trump yagize ati: “Bamwe bavuga ko impanuka yatewe n’ibibazo bya tekiniki. Njye ku giti cyanjye sintekereza ko icyo ari n’ikibazo, Hari ikintu giteye ubwoba cyane cyabaye.”

Impanuka y’iyi ndege yabaye mu gitondo cyo kuwa Gatatu ushize, nyuma y’amasaha make Iran irashe misile zigera kuri 20 ku birindiro bibiri bya gisirikare biri muri Irak bicumbikiye ingabo za Amerika.

Abantu batangiye kwibaza ku cyateye impanuka benshi bakeka ko iyi ndege na yo yahanuwe na misile kubera akanya kari kanyuzemo Iran irashe kuri ibyo birindiro, nyuma y’aho drone ya Amerika yiciye Gen. Qaseem Soleimani mu cyumweru gishize.

Ikinyamakuru CBS kuri uyu wa Kane cyatangaje ko amakuru gikura mu buyobozi yemeza ko abayobozi ba Leta Zunze Ubumwe za Amerika bizeye ko Iran ari yo yahanuye Boeing 737 yo muri Ukraine.

Biravugwa mu gihe OPS GROUP, ikigo gishinzwe ubutasi ku mpanuka z’indege, nacyo muri raporo yacyo cyashyize ahagaragara kuwa gatatu cyavugaga ko hari ibimenyetso bigaragaza ko iyi ndege ya Ukraine International Airlines yarashwe misile.

Amakuru ubu aravuga ko ubutasi bwa Amerika bwabonye ibimenyetso bya radar bicanwa akanya gato mbere y’impanuka, ndetse icyogajuru cya Amerika kikaba cyarabonye haraswa missiles ebyiri mbere y’uko indege ishwanyuka.

Abayobozi bahawe amakuru y’ubutasi kuri uyu wa Kane, banabwiwe ko hari ibice bya misile byatowe hafi y’aho indege yaguye.

Ibindi binyamakuru nka CNN na Newsweek nabyo byatangaje ko abayobozi ba Amerika bizera ko Iran yarashe iriya ndege yayibeshyeho.

Bakeka ko ingabo za Iran zishobora kuba zarabonye ikintu muri radar zigakeka ko zitewe zikarasa, dore ko hari hashize akanya gato zirashe ku birindiro birimo ingabo za Amerika.

Ubuyobozi bw’indege za gisivili muri Iran kuwa gatatu bwakoze iperereza kuri iyi mpanuka, kuri uyu wa kane bwatangaje ko iyi ndege yo muri Ukraine itigeze isaba ubufasha ahubwo yakase ikagaruka i Tehran nyuma yo kugira ikibazo ikimara guhaguruka.

Indege koko amakuru atandukanye akaba avuga ko yarashwe igerageza kugaruka ku kibuga cy’indege cya Tehran.

Ikindi giteye impungenge, ni uko Iran yatangaje ko itazaha abashinzwe iperereza ba Amerika, aho Boeing zikorerwa, udusanduku tw’umukara two muri iyi ndege ngo hashakishwe uko byagenze.

Usibye Amerika, Leta ya Canada n’iya Ukraine nazo ntizemera ibisobanuro bya Iran ko indege yagize impanuka bitewe n’ibibazo bya tekiniki.

2020-01-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ubufaransa bwakoze nabi gutumira Barrow

Ubufaransa bwakoze nabi gutumira Barrow

Ubwanditsi 17 Jan 2017
Turibuka n’Abatutsi bishwe mbere ya Mata 1994 – MINUBUMWE

Turibuka n’Abatutsi bishwe mbere ya Mata 1994 – MINUBUMWE

Ubwanditsi 07 Apr 2025
Abadepite batumije Perezida Mugabe ngo asobanure ibya ruswa yahombeje Zimbabwe miliyari $15

Abadepite batumije Perezida Mugabe ngo asobanure ibya ruswa yahombeje Zimbabwe miliyari $15

Ubwanditsi 20 Apr 2018
Amateka yabereye i Kigali: Ibihugu 44 byemeje ishyirwaho ry’isoko rusange rya Afurika

Amateka yabereye i Kigali: Ibihugu 44 byemeje ishyirwaho ry’isoko rusange rya Afurika

Ubwanditsi 24 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Icyegeranyo : URwanda rwifashe ku birenaba n’amahoro mu gihe Uganda ikomeje umurego mu gucudika na RNC
INKURU NYAMUKURU

Icyegeranyo : URwanda rwifashe ku birenaba n’amahoro mu gihe Uganda ikomeje umurego mu gucudika na RNC

Ubwanditsi 11 Dec 2019
Perezida Kagame yayoboye Inteko rusange ya 32 yahuje abakuru b’ibihugu bigize AU ari nayo agomba guhererekanyamo ububasha n’umusimbuye.
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yayoboye Inteko rusange ya 32 yahuje abakuru b’ibihugu bigize AU ari nayo agomba guhererekanyamo ububasha n’umusimbuye.

Ubwanditsi 10 Feb 2019
Abajenosideri isi ikomeje kubabana ntoya, Urukiko rw’Ikirenga muri Suwede rwategetse ko ruharwa Jean Paul Micomyiza yoherezwa mu Rwanda
Amakuru

Abajenosideri isi ikomeje kubabana ntoya, Urukiko rw’Ikirenga muri Suwede rwategetse ko ruharwa Jean Paul Micomyiza yoherezwa mu Rwanda

Ubwanditsi 22 Dec 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru