• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Golden State Warriors yatsinze Raptors mu mukino wa gatanu, iyibuza kwegukana NBA

Golden State Warriors yatsinze Raptors mu mukino wa gatanu, iyibuza kwegukana NBA

Ubwanditsi 11 Jun 2019 IMIKINO

Ibifashijwemo na Stephen Curry na Klay Thompson bahawe akabyiniriro ka ‘Splash Brothers’ kubera ubuhanga bafite mu gutsinda amanota atatu, Golden State Warriors yigaranzuye Toronto Raptors ku kibuga cyayo, iyihatsindira amanota 106-105 mu mukino wa gatanu, iyibuza kwegukana shampiyona ya Basketball muri Amerika uyu mwaka, aho hazitabazwa umukino wa gatandatu.

Toronto Raptors yakiriye uyu mukino wa gatanu, yaramaze gutsinda imikino 3-1, aho iyo iramuka itsinze uyu munsi yari guhita yegukana igikombe cyayo cya mbere cy’iyi shampiyona ikunzwe n’abatari bake ku Isi.

Golden State Warriors yari yagaruye umwe mu nkingi zayo za mwamba, Kevin Durant wari ukirutse imvune, ariko ntabwo yahiriwe kuko yongeye kuvunika mu gace ka kabiri k’umukino, ava mu kibuga.

Iyi kipe ifite ibikombe bibiri biheruka bya NBA ndetse iri gukina iyi mikino ya nyuma ku nshuro ya gatanu yikurikiranya, yatsinze agace ka mbere ku manota 34-28 mu gihe amakipe yombi yanganyije amanota 28-28 mu gace ka kabiri.

Amakipe yombi yongeye kunganya amanota 22-22 mu gace ka gatatu mu gihe Toronto Raptors yari imbere y’abafana bayo, yashyizemo ikinyuranyo cy’amanota atandatu habura iminota itatu n’amasegonda make ngo umukino urangire.

Klay Thompson yatsinze amanota atatu inshuro ebyiri, Stephen Curry atsinda andi atatu ku ruhande rwa Warriors, hajyamo ikinyuranyo cy’amanota atatu (106-103) mu gihe hari hasigaye amasegonda 59. Kawhi Leonard na Kyle Lowry bananiwe gutsinira Raptors mu buryo babonye mu masegonda ya nyuma, umukino urangira Golden State Warriors itsinze 106-105.

Stephen Curry yatsinze amanota 31 muri uyu mukino ku ruhande rwa Golden State Warrios, asama imipira umunani iva ku nkangara, atanga kandi indi mipira irindwi kuri bagenzi be batsinda amanota mu gihe Kawhi Leonard yatsinzemo 26 ku ruhande rwa Toronto Raptors.

Umukino wa gatandatu uzabera muri Oakland mu rukerera rwo ku wa Gatanu saa 03:00, wakirwe na Golden State Warriors, aho Raptors niwutsinda izahita yegukana igikombe mu gihe Warriors niwutsinda, bizaba ngombwa ko bazakina undi mukino wa karindwi kuko amakipe yombi azaba anganyije imikino 3-3.

Uko amakipe yombi amaze gutsindana muri iyi mikino ya nyuma ya NBA

  • Umukino wa 1: Raptors 118 – Warriors 109 muri Toronto
  • Umukino wa 2: Warriors 109 – Raptors 104 muri Toronto
  • Umukino wa 3: Raptors 123 – Warriors 109 muri Oakland
  • Umukino wa 4: Raptors 105 – Warriors 92 muri Oakland
  • Umukino 5: Warriors 106 – Raptors 105 muri Toronto
  • Umukino wa 6: Warriors vs Raptors muri Oakland

Stephen Curry na Klay Thompson bahawe akabyiniriro ka Splash Brothers bitewe n’uburyo bafatanya mu gutsinda amanota atatu muri Golden State Warriors guhera mu 2015

Stephen Curry yatsinze amanota menshi muri uyu mukino

Kawhi Leonard (2) ahanganye na Kevon Looney (5) wa Golden State Warriors

Abafana ba Toronto Raptors bari baje biteguye ko ikipe yabo ishobora gutwara igikombe ariko si ko byagenze

2019-06-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Minisitiri w’intebe w’u Bwongereza, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe na Busingye bakurikiye umukino Arsenal yatsinzemo Manchester United 2-0

Minisitiri w’intebe w’u Bwongereza, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe na Busingye bakurikiye umukino Arsenal yatsinzemo Manchester United 2-0

Ubwanditsi 05 Dec 2024
Amavubi  ngo yibasiwe  n’imbeho n’umuyaga bikonje cyane  byo muri Tunisia

Amavubi ngo yibasiwe n’imbeho n’umuyaga bikonje cyane byo muri Tunisia

Ubwanditsi 04 Jan 2018
Rayon Sports yanditse amateka yo kugera muri ¼ cy’imikino ya CAF

Rayon Sports yanditse amateka yo kugera muri ¼ cy’imikino ya CAF

Ubwanditsi 29 Aug 2018
Mukura VS yasezereye Al Hilal Obayed ijya ku muryango w’amatsinda ya CAF

Mukura VS yasezereye Al Hilal Obayed ijya ku muryango w’amatsinda ya CAF

Ubwanditsi 23 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibimenyetso biraca amarenga ku mpinduka zikomeye muri Guverinoma
ITOHOZA

Ibimenyetso biraca amarenga ku mpinduka zikomeye muri Guverinoma

Ubwanditsi 24 Aug 2017
Jimmy Mulisa yagizwe umutoza mukuru wa AS Kigali by’agateganyo, Mwambali Serge agirwa ushinzwe kongerera imbaraga abakinnyi bayo
Amakuru

Jimmy Mulisa yagizwe umutoza mukuru wa AS Kigali by’agateganyo, Mwambali Serge agirwa ushinzwe kongerera imbaraga abakinnyi bayo

Ubwanditsi 20 Dec 2021
Mugihe twiturije Abanyapolitiki n’Abaherwe barategura aho bazahungira
ITOHOZA

Mugihe twiturije Abanyapolitiki n’Abaherwe barategura aho bazahungira

Ubwanditsi 13 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru