• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Kuri uyu wa mbere: Congo Kinshasa na Cameroon mu mukino wo gukwepa Amavubi

Kuri uyu wa mbere: Congo Kinshasa na Cameroon mu mukino wo gukwepa Amavubi

Ubwanditsi 25 Jan 2016 IMIKINO

Kuri uyu wa Mbere tariki ya 25 Mutarama 2016, ikipe y’igihugu ya Congo Kinshasa irakina na Cameroon mu mukino wo guhatanira umwanya wa mbere mu itsinda rya kabiri urabera kuri stade ya Huye saa 16:00.

-1922.jpg

Ethiopia (yambaye icyatsi) irasabwa gutsinda Angola

Uyu mukino, uraza kubera rimwe n’urahuza Angola na Ethiopia kuri Stade Amahoro i Remera.

Congo Kinshasa na Cameroon zirahatanira kudahura n’u Rwanda.

-1923.jpg

Angola yamaze gusezerwa nyuma yo gutsindwa na Cameroon na RD Congo

Mu gihe ikipe y’igihugu y’u Rwanda yamaze kubona tike ya ¼ iyoboye itsinda rya mbere, itegereje ikipe ya kabiri mu itsinda B, bazahura muri ¼.

Congo Kinshasa irahabwa amahirwe yo kuzamuka iyoboye itsinda rya kabiri. Ni nyuma yo gutsinda imikino ibiri ibanza yayihuje na Ethiopia na Angola.

-1924.jpg

Cameroon ni iya kabiri kugeza ubu n’amanota 4, nyuma yo gutsinda Angola igitego 1-0, ikanganya na Ethiopia ubusa ku busa.

Congo irasabwa nibura inota rimwe rikayihesha gukomeza ku isonga muri iri tsinda mu gihe Cameroon itsinze, ari yo yazamuka ari iya mbere.

Amahirwe ya buri kipe mu itsinda B

RD Congo

Congo Kinshasa yamaze kwizera tike ya ¼ ikeneye nibura inota rimwe kugira ngo ibe yazamuka ari iya mbere, biyirinde guhura n’u Rwanda rwakiriye iri rushanwa, bityo ibe yahura na Cote d’ivoire.

-1925.jpg

Cameroon

Cameroon irasabwa gutsinda uyu mukino kugira ngo yizere kuzamuka ari iya mbere muri iri tsinda. Bitabaye ibyo, irasabwa kunganya kugira ngo izamuke ari iya kabiri kuko igihe yatsindwa na Congo Kinshasa, Ethiopia igatsinda Angola, iyi kipe ya Roger Milla ishobora gusezererwa bagendeye ku bitego amakipe yombi azigamye dore ko amakipe yombi yanganyije ubusa ku busa.

Ethiopia

Ethiopia ifite inota rimwe yakuye kuri Cameroon, irasabwa gutsinda Angola mu mukino bafitanye kuri uyu wa Mbere kugira ngo yizere nibura gukomeza mu gihe Cameroon yatsindwa na Congo Kinshasa, ubundi bagakizwa n’ibitego byavuye mu mikino yombi.

Angola

Palancas Negras, ikipe y’igihugu ya Angola, yamaze gusezererwa muri iri rushanwa, nyuma yo gutsindwa na Cameroon igitego 1-0 ndetse na DR Congo ibitego 4-2.

M.Fils

2016-01-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibyanditswe k’umutoza Nshimiyimana Maurice ‘Maso’ ko ari muri Gicumbi byari ibinyoma

Ibyanditswe k’umutoza Nshimiyimana Maurice ‘Maso’ ko ari muri Gicumbi byari ibinyoma

Ubwanditsi 17 Aug 2016
AMAFOTO: Police Volleyball yafunguye irerero ryayo muri Lycée de Kigali

AMAFOTO: Police Volleyball yafunguye irerero ryayo muri Lycée de Kigali

Ubwanditsi 26 Jun 2025
Musanze FC irakira Rayon Sports naho Marines FC ikine na Kiyovu Sports mu mikino ibanza ya 1/8 cy’igikombe cy’Amahoro 2022

Musanze FC irakira Rayon Sports naho Marines FC ikine na Kiyovu Sports mu mikino ibanza ya 1/8 cy’igikombe cy’Amahoro 2022

Ubwanditsi 04 Apr 2022
Abayobozi b’ikipe  ya Manchester  bafashe  icyemezo cyo ku gabanya imishahara ya bamwe  mu bakinnyi  bayo

Abayobozi b’ikipe ya Manchester bafashe icyemezo cyo ku gabanya imishahara ya bamwe mu bakinnyi bayo

Ubwanditsi 21 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Aline Gahongayire yishumbushije umusore nyuma ya gatanya na Gahima Gabriel
SHOWBIZ

Aline Gahongayire yishumbushije umusore nyuma ya gatanya na Gahima Gabriel

Ubwanditsi 05 Feb 2018
DRC: Ifuni iravuza ubuhuha muri RUDI URUNANA kubagerageza kuyamanika
INKURU NYAMUKURU

DRC: Ifuni iravuza ubuhuha muri RUDI URUNANA kubagerageza kuyamanika

Ubwanditsi 22 Oct 2019
Ubukwe bw’ Umunyarwandakazi Uzarongorwa n’ Umuraperi AY Itariki Naho Buzabera Byamaze Kumenyekana
SHOWBIZ

Ubukwe bw’ Umunyarwandakazi Uzarongorwa n’ Umuraperi AY Itariki Naho Buzabera Byamaze Kumenyekana

Ubwanditsi 11 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru