• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Leta 17 zajyanye Trump mu nkiko kubera politiki itandukanya imiryango y’abimukira

Leta 17 zajyanye Trump mu nkiko kubera politiki itandukanya imiryango y’abimukira

Ubwanditsi 27 Jun 2018 POLITIKI

Leta 17 ziri mu zigize Leta Zunze Ubumwe za Amerika, zajyanye mu nkiko ubutegetsi bwa Perezida Donald Trump, kubera politiki yo gutandukanya imiryango y’abimukira binjira muri iki gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko, ibikorwa bise iby’ubunyamaswa.

Intumwa Nkuru za Leta zitandukanye zirimo iya Washington, New York na California nizo zajyanye iki kirego mu nkiko, zigaragaza ko zidashyigikiye gukumira abifuza ubuhungiro banyura ku mupaka wa Amerika na Méxique.

Mu kirego cyashyikirijwe urukiko rwa Seattle, Leta ya Washington yagaragaje ko iteka rya Perezida Trump ryashyizweho umukono ku wa 20 Kamena, ridatanga amabwiriza yo gushyira iherezo ku gutandukanya imiryango, ndetse ritagaragaza neza uburyo abamaze gutandukanywa bazasubirana. Iri teka rivuga ko imiryango ifatwa igafungirwa hamwe.

Nk’uko BBC yabyanditse, izi leta zifuza ko politiki yemezwa nk’inyuranyije n’Itegeko Nshinga, kuko uku gutandukanya imiryango byagize ingaruka ku baturage bazo kandi binyuranyije n’amabwiriza arebana no kwita ku bana no gusigasira umubano wabo n’ababyeyi.

Mu itangazo yashyize ahagaragara, Intumwa Nkuru ya leta ya New York, Barbara Underwood, yavuze ko uku gutandukanya imiryango bimaze gutera bariya bana ihungabana, kandi bitesha agaciro iby’ibanze iyi leta ishyiramo imbaraga mu guharanira ko bagira ubuzima bwiza n’umutekano.

Izi leta zijyanye ikirego mu nkiko, mu gihe umucamanza wo muri Leta ya California yanzuye ko imiryango y’abimukira batagira ibyangombwa yatandukanyirijwe ku mupaka wa Amerika igomba kongera guhuzwa bitarenze iminsi 30.

Umucamanza Dana Sabraw yavuze ko kandi abana bafite munsi y’imyaka itanu bagomba gusubizwa ababyeyi babo bitarenze iminsi 14. Ibi yabyanzuye mu kirego cyari cyaratanzwe n’Umuryango American Civil Liberties Union, wari wagaragaje ibibazo by’ababyeyi batazi aho abana babo baherereye.

Ku rundi ruhande kandi abagize Inteko Ishinga Amategeko bagera ku 100 basinye inyandiko isaba Umunyabanga ushinzwe umutekano, Kirstjen Nielsen na Alex Azar ushinzwe ubuzima kugaragaza amafaranga akomeje gutakazwa muri iyi politiki yo gutandukanya imiryango y’abimukira ku mupaka w’iki gihugu na Méxique.

Ibiro bishinzwe impunzi muri Amerika (ORR), byagaragaje ko kugeza ubu bikomeje kwita ku bana 2047 batarabasha kubonana n’imiryango yabo.

ORR yanze gutangaza niba icyakira abimukira, yanemeje ko mu gihugu cyose habarurwa abana 11 800 icumbikiye, biganjemo abatarageza imyaka y’ubukure bafatiwe ku mipaka batari kumwe n’ababyeyi babo cyangwa abandi bantu bakuru bashinzwe ku bitaho.

2018-06-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi: Nkurunziza yemerewe akayabo ka miliyari y’Amarundi n’inzu y’akataraboneka

Burundi: Nkurunziza yemerewe akayabo ka miliyari y’Amarundi n’inzu y’akataraboneka

Ubwanditsi 23 Jan 2020
Zambia: Leta iraha icyizere impunzi z’Abanyarwanda cyo kuziha ubwenegihugu

Zambia: Leta iraha icyizere impunzi z’Abanyarwanda cyo kuziha ubwenegihugu

Ubwanditsi 07 Jun 2018
Burundi: Utazi umwanzi acirira FDLR.

Burundi: Utazi umwanzi acirira FDLR.

Ubwanditsi 28 Sep 2024
Bantegetse kuvuga ko FPR yahanuye indege ya Habyarimana – Mugenzi wari maneko

Bantegetse kuvuga ko FPR yahanuye indege ya Habyarimana – Mugenzi wari maneko

Ubwanditsi 12 Apr 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibyanenzwe na Perezida Kagame m ‘Umushyikirano : ‘Imitangire ya serivisi mbi n’ abashima ibyagezweho  kandi umuntu adakwiye kubyirata’
Mu Mahanga

Ibyanenzwe na Perezida Kagame m ‘Umushyikirano : ‘Imitangire ya serivisi mbi n’ abashima ibyagezweho kandi umuntu adakwiye kubyirata’

Ubwanditsi 19 Dec 2016
Perezida Tshisekedi umaze amezi arindwi ayobora RDC yatangaje Guverinoma yiganjemo amasura mashya
POLITIKI

Perezida Tshisekedi umaze amezi arindwi ayobora RDC yatangaje Guverinoma yiganjemo amasura mashya

Ubwanditsi 26 Aug 2019
Dufite ubushobozi n’ubumenyi bihagije kugira ngo duteze imbere EAC yacu- Magufuli
POLITIKI

Dufite ubushobozi n’ubumenyi bihagije kugira ngo duteze imbere EAC yacu- Magufuli

Ubwanditsi 24 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru