• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu kugendera ku mategeko, U Rwanda rwaje ku mwanya wa mbere muri Afurika

Mu kugendera ku mategeko, U Rwanda rwaje ku mwanya wa mbere muri Afurika

Ubwanditsi 09 Jul 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

U Rwanda ku mwanya wa mbere muri Afrika, ku rutonde rwerekana uko ibihugu bikurikirana mu kugendera ku mategeko.

Buri mwaka, urubuga mpuzamahanga” World Justice Project Rule of Law Index(WJP)” rushyira ahagaragara ibyavuye mu bushakashatsi rukora, bukerekana uko ibihugu bikurikirana mu kugendera ku mategeko.

Mu gutanga amanota kuri buri gihugu, impuguke za WJP zigendera ku bipimo byinshi, birimo uburyo guverinoma ikorera mu mucyo, ubwigenge bw’urwego rw’ubucamanza, ingamba zo gukumira no guhana ibyaha bya ruswa n’akarengane, uruhare rw’abaturage mu ishyirwaho ry’amategeko abarengera, iyubahirizwa ry’uburenganzira bw’ibanze bw’umuturage, n’ibindi.

Urutonde rwasohowe uyu mwaka wa 2024, rurerekana uko ibihugu byarushanyijwe mu kugendera ku mategeko muw’2023, rukaba rureba ibihugu 137 byakozweho ubushakashatsi.

Nyuma yo kwegeranya amakuru yose rero, u Rwanda rwashyizwe ku mwanya wa mbere muri Afrika, rukaba urwa 37 mu bihugu 137 byakozweho ubushakashatsi.

Mu bihugu bigize Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba(EAC), nyuma y’uRwanda, Tanzaniya niyo ipfa kuza hafi, kuko iri ku mwaka wa 96 ku isi.

Kenya ni iya gatatu muri EAC, ikaba iy’103.

Uganda ni iya 4, ikaza ari iy’123 ku isi, naho Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo ni iya 5 muri EAC, ikaba iy’134 ku isi, mu bihugu 137 biri ku rutonde.

Ibihugu bya Sudani y’Epfo n’u Burundi byo ntibiri ku rutonde, ngo kuko abashakashatsi ba WJP batabashije kubona amakuru yizewe abyerekeye.

Ku birebana n’u Rwanda by’umwihariko, World Justice Project Rule of Law 2024 ivuga ko ubwiyongere bw’abaturage buri ku muvuduko ukabije, bikaba bisaba imbaraga kubabonera iby’ibanze nkenerwa, nk’ibiribwa, ubuvuzi, uburezi, amacumbi aboneye, amazi meza, amashanyarazi, n’ibindi.

WJP isoza ishimira ingamba Leta y’u Rwanda yafashe mu guhangana n’icyo kibazo,
zirimo gukangurira abaturage uburyo bunyuranye bwo kuboneza urubyaro.

Ikindi u Rwanda rushimirwa ni uburyo rwashoboye guhangana n’ingaruka za Jenoside yakorewe Abatutsi, gushyiraho no kubahiriza amategeko arengera uburenganzira bwa buri wese ngo bikaba byarafashije cyane mu nzira y’ubumwe n’ubwiyunge.

2024-07-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yatangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri muri Angola

Perezida Kagame yatangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri muri Angola

Ubwanditsi 21 Mar 2019
Kurya igi rimwe ku munsi ni umuti ukomeye ku buzima bwa muntu

Kurya igi rimwe ku munsi ni umuti ukomeye ku buzima bwa muntu

Ubwanditsi 24 Sep 2023
Kagame yasezeranye n’Abari Gakenke ko azagaruka bagasangira Umuganura

Kagame yasezeranye n’Abari Gakenke ko azagaruka bagasangira Umuganura

Ubwanditsi 11 Jul 2024
Dr. Rose Mukankomeje umuyobozi wa REMA yatawe muri yombi

Dr. Rose Mukankomeje umuyobozi wa REMA yatawe muri yombi

Ubwanditsi 21 Mar 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko Dr Nkiko Nsengimana asobanura  ko FDLR ari ingabo z’ishyaka FDU-Inkingi
ITOHOZA

Uko Dr Nkiko Nsengimana asobanura ko FDLR ari ingabo z’ishyaka FDU-Inkingi

Ubwanditsi 05 Oct 2016
Impamvu Umwe mubari abayobozi ba PS Imberakuri  yavuyemo akayoboka FPR Inkotanyi
POLITIKI

Impamvu Umwe mubari abayobozi ba PS Imberakuri yavuyemo akayoboka FPR Inkotanyi

Ubwanditsi 23 May 2017
Police FC yatangiye neza urugamba rwo guhatanira igikombe nyafurika
Mu Mahanga

Police FC yatangiye neza urugamba rwo guhatanira igikombe nyafurika

Ubwanditsi 15 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru