• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Cristiano Ronaldo yabujije Portugal amahirwe akomeye, Espagne yigobotora Maroc bigoranye

Cristiano Ronaldo yabujije Portugal amahirwe akomeye, Espagne yigobotora Maroc bigoranye

Ubwanditsi 26 Jun 2018 IMIKINO

Espagne yigobotoye Maroc bigoranye naho Cristiano Ronaldo ahusha penaliti yari guha Portugal amahirwe yo kuyobora itsinda B kuri uyu wa Mbere mu mikino y’Igikombe cy’Isi kigeze ku munsi wa nyuma mu matsinda aho amakipe ari kurwana ku mahirwe yayo ya nyuma andi ahanganira kuzamuka muri 1/8 ari aya mbere.

Bitandukanye no mu mikino yabanje aho buri umwe wabaga ukwawo, mu rwego rwo kwirinda ko habaho amanyanga imikino yose y’umunsi wa nyuma muri buri tsinda yatangiye kubera isaha imwe.

Espagne itaragaragaza igitinyiro yari ifitiwe mbere y’irushanwa, yanganyije na Maroc bigoranye ibitego 2-2 kuri Kaliningrad Stadium imbere y’abafana 33,973 mu mukino watangiye saa 20 :00 kuri uyu wa Mbere tariki 24 Kamena.

Maroc yari itaratsinda umukino n’umwe, niyo yabanje gufungura amazamu ku munota wa 14 ku gitego cya Khalid Boutaib, cyishyurwa na Isco ku wa 19, Youssef En-Nesyri atsindira Maroc icya kabiri ku munota wa 81, umukino ugera ku munota wa 90 iyi kipe ya Afurika icyizeye intsinzi ariko mu nyongera icyishyurwa na Iago Aspas.

Ku rundi ruhande, Portugal yasabwaga gutsinda igahita iyobora itsinda B, yari ihanganye na Iran kuri Mordovia Arena maze Ricardo Quaresma ayitsindira igitego cya mbere ku munota wa 45 ibona na penaliti yari gutuma yizera intsinzi ku wa 53 gusa Cristiano arayihusha, ku munota wa nyuma Iran nayo ibona penaliti iterwa neza na Karim Ansarifard umukino urangira ari 1-1 bituma izamuka ari iya kabiri inyuma ya Espagne.

Mu itsinda A ari naryo ryabanje gukina saa 16 :00, umukino wari ukomeye wagombaga guhuza Uruguay n’u Burusiya, ibihugu byombi byari byaramaze kwizera itike ya 1/8 bikaba byishakagamo igomba kuriyobora.

Uruguay ikomeje kugaragaza imbaraga nyinshi muri iri rushanwa, yatsinze uyu mukino ku bitego bitatu ku busa harimo icya Luis Suarez ku munota wa 10, icyitsinzwe na Denis Cheryshev w’u Burusiya ku wa 23 n’icya Edinson Cavani ku wa 90 ariko u Burusiya bukaba bwakinnye ari abakinnyi 10 iminota hafi 54 kuko Igor Smolnikov yahawe ikarita itukura.

Mu gihe Uruguay yazamutse ifite amanota yose nta mukino n’umwe itsinzwe, u Burusiya bukaba ubwa kabiri, Misiri yananiwe no gutsinda Arabia Saudite ngo itahe ari iya gatatu.

Iyi kipe yari muri eshanu zaserukiye Afurika, niyo yabanje gufungura amazamu ku gitego cya Mohamed Salah ku munota wa 22 inagobokwa n’umunyezamu Essam El Hadary wakuyemo penaliti ya Arabia Saudite ku wa 41.

Amakosa y’abakinnyi ba Misiri yatumye Arabia Saudite ibona penaliti ya kabiri nyuma y’iminota itatu, iterwa neza na Salman Al-Faraj, umukino ugana ku musozo ku munota wa 90, Salem Al-Dawsari anatsinda igitego cya kabiri cyatumye Salah na bagenzi be bataha nabi.

Kuri uyu wa Kabiri saa 20 :00 hategerejwe cyane umukino uhuza Nigeria na Argentine zishakamo ikipe igomba kuzazamukana na Croatia, Messi na bagenzi be bageze ku mukino wa nyuma mu gikombe cy’Isi giheruka bakaba basabwa gutsinda uyu mukino kugira ngo bagire amanota ane mu gihe no kunganya byatuma Nigeria ikomeza.

Imikino itegerejwe kuri uyu wa Kabiri

-  Saa 16:00: Australia vs Peru
-  Saa 16:00: Denmark vs u Bufaransa
-  Saa 20:00: Iceland vs Croatia
-  Saa 20:00: Nigeria vs Argentina

Quaresma niwe wafunguye amazamu ku ruhande rwa Espagne

Ronaldo yahushije penaliti yari guhesha intsinzi ikipe ye ikazamuka mu itsinda ari iya mbere

Uyu musore yateye ishoti rikomeye ku buryo umuzamu wa Iran yayobewe uko bigenze

Cristiano yishimana na Quaresma nyuma yo gufungura amazamu

Mu minota ya nyuma, Iran yabonye penaliti ndetse irayinjiza birangira ari igitego kimwe kuri kimwe

2018-06-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Niba hari impunduka turasubira muri Guma guma

Niba hari impunduka turasubira muri Guma guma

Ubwanditsi 29 Feb 2016
Abakinnyi 3 ba APR FC batijwe Marines FC, Bakame yasinyiye Bugesera FC mu gihe Bukuru yerekeje muri Rutsiro FC

Abakinnyi 3 ba APR FC batijwe Marines FC, Bakame yasinyiye Bugesera FC mu gihe Bukuru yerekeje muri Rutsiro FC

Ubwanditsi 11 Jan 2023
Ubuyobozi bw’ikipe ya Mukura VS bwahagaritse umutoza wayo Ruremesha Emmanuel imikino 2 nyuma yo gutsindwa na Kiyovu SC

Ubuyobozi bw’ikipe ya Mukura VS bwahagaritse umutoza wayo Ruremesha Emmanuel imikino 2 nyuma yo gutsindwa na Kiyovu SC

Ubwanditsi 21 Dec 2021
Nyuma y’imyaka 11, Mugabe Aristide yasezeye gukinira ikipe y’igihugu y’umukino w’intoki wa Basketball

Nyuma y’imyaka 11, Mugabe Aristide yasezeye gukinira ikipe y’igihugu y’umukino w’intoki wa Basketball

Ubwanditsi 30 Jun 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urukiko rwa EAC rwatesheje agaciro ikirego Dr Mpozayo yarezemo Leta y’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Urukiko rwa EAC rwatesheje agaciro ikirego Dr Mpozayo yarezemo Leta y’u Rwanda

Ubwanditsi 02 Oct 2018
Mu Rwego Rwo Guhunga Ubutabera Kayumba Nyamwasa Yatahiye Umuzulukazi
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Mu Rwego Rwo Guhunga Ubutabera Kayumba Nyamwasa Yatahiye Umuzulukazi

Ubwanditsi 05 Feb 2018
Abanyeshuri barokotse Jenoside barasaba kurihirwa ‘Masters’
Mu Mahanga

Abanyeshuri barokotse Jenoside barasaba kurihirwa ‘Masters’

Ubwanditsi 09 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru