• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mukura VS yakiriye umutoza mushya ukomoka muri Serbia   |   06 Aug 2026

  • Abadepite basabye ko inzego zirindwi zakoresheje amafaranga mu buryo budasobanutse zikurikiranwa   |   05 Aug 2026

  • Nyuma y’imyaka 28 Rayon Sports isubiye ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup   |   05 Aug 2026

  • Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe   |   05 Aug 2026

  • Ingoma Ibihumbi u Rwanda ruticaranye ku meza n’abaruhekuye bashaka kwambara Uruhu rwera kandi ari ibirura   |   04 Aug 2026

  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Perezida Kagame yatumiwe mu birori byo guhemba umukinnyi mwiza w’Umunyafurika

Perezida Kagame yatumiwe mu birori byo guhemba umukinnyi mwiza w’Umunyafurika

Ubwanditsi 05 Jan 2019 IMIKINO

Perezida Kagame akaba n’Umuyobozi w’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), yatumiwe mu muhango wo gutanga igihembo cy’umukinnyi mwiza w’umunyafurika w’umwaka gitangwa n’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF).

Umunya-Misiri, Mohamed Salah, umunya- Sénégal, Sadio Mane n’umunya-Gabon, Pierre-Emerick Aubameyang, nibo bazatoranywamo umukinnyi mwiza w’umunyafurika w’umwaka.

CAF yatangaje ko Perezida wayo Ahmed Ahmed, yamaze kugera i Dakar muri Sénégal, ahazatangirwa iki gihembo kuwa 8 Mutarama 2019.

Yavuze kandi ko hari abashyitsi benshi biteganyijwe ko bazitabira uyu muhango barimo; Perezida Macky Sall wa Sénégal, Perezida Kagame Paul w’u Rwanda ndetse n’uwahoze ari umukinnyi w’umupira w’amaguru, ubu akaba ari Perezida wa Liberia, George Weah.

Kuwa Kabiri nibwo igihembo cy’umukinnyi mwiza w’Umunyafurika gitangwa na CAF kizatangirwa ahitwa Abdou Diouf International Conference Center. Nyuma y’aho hazaba inama ya Komite Nyobozi ya CAF izafata umwanzuro w’igihugu kizakira igikombe cya Afurika 2019.

Igikombe cya Afurika cya 2019 (CAN 2019), cyagombaga kwakirwa na Cameroon ariko iza kucyamburwa kubera ibibazo by’ibikorwa remezo n’umutekano.

Ni ku nshuro ya kabiri Salah, Mane bakinira Liverpool, na Aubameyang ukinira Arsenal zo mu Bwongereza, bahuriye ku rutonde rw’abazatoranywamo umukinnyi mwiza wa Afurika.

Umwaka ushize iki gihembo cyegukanywe na Mohamed Salah, unahabwa amahirwe yo kwegukana icy’uyu mwaka, byatuma yiyongera ku bandi bakoze amateka yo kucyegukana kabiri bikurikiranya barimo; umunya- Sénégal El Hadji Diouf, umunya-Cameroon, Samuel Eto’o n’umunya- Côte d’Ivoire, Yaya Toure.

Sadio Mane na we arahabwa amahirwe nyuma y’uko arangije ku mwanya wa gatatu mu 2016 no kuwa kabiri umwaka ushize.

Aubameyang yagaragaye ku rutonde rwa batatu ba nyuma inshuro eshanu zikurikirana, akaba ari agahigo anganya na Yaya Toure na Michael Essien wo muri Ghana. Yacyegukanye mu 2015, ubwo yahigikaga Yaya Toure na Andre Ayew.

Gutora uwegukana iki gihembo bikorwa n’abatoza b’amakipe y’ibihugu na ba kapiteni b’ibihugu 56 bigize CAF. Uzegukana iki gihembo azatangazwa kuwa 8 Mutarama 2019, i Dakar muri Sénégal.

2019-01-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rayon Sports yakiranywe urugwiro n’abanyarwanda benshi batuye i Maputo-Amafoto

Rayon Sports yakiranywe urugwiro n’abanyarwanda benshi batuye i Maputo-Amafoto

Ubwanditsi 16 Apr 2018
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

RUSHYASHYA 13 Jun 2026
AMAFOTO- Mu rwego rwo kwitegura isubukurwa rya shampiyona Rayon Sports yasinyishije Muhire Kevin na Héritier Nzinga Luvumbu.

AMAFOTO- Mu rwego rwo kwitegura isubukurwa rya shampiyona Rayon Sports yasinyishije Muhire Kevin na Héritier Nzinga Luvumbu.

Ubwanditsi 24 Apr 2021
Rwatubyaye Abdoul ntari kumwe n’Amavubi yerekeje muri Cote d’Ivoire gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026

Rwatubyaye Abdoul ntari kumwe n’Amavubi yerekeje muri Cote d’Ivoire gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026

Ubwanditsi 03 Jun 2024

Igitekerezo kimwe

  1. Rebero Jeremy
    January 5, 20196:11 pm -

    Ninde uzariha izo miliyoni z’amadolari? Ese ni ngombwa ko ariwe ujyayo? Bimariye iki igihugu?

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imishanana n’imigara by’abari guhamiriza Ingabire Victoire yabaye Perezida w’u Rwanda, itoye uruhumbu itambawe!
Amakuru

Imishanana n’imigara by’abari guhamiriza Ingabire Victoire yabaye Perezida w’u Rwanda, itoye uruhumbu itambawe!

Ubwanditsi 23 Jul 2024
Musanze: Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro Singita Kwitonda Lodge
INKURU NYAMUKURU

Musanze: Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro Singita Kwitonda Lodge

Ubwanditsi 01 Aug 2019
Ishimwe kuri Rurangirwa, umwe mu batabawe na Perezida Kagame mu mvururu zo mu Misiri mu 2011
INKURU NYAMUKURU

Ishimwe kuri Rurangirwa, umwe mu batabawe na Perezida Kagame mu mvururu zo mu Misiri mu 2011

Ubwanditsi 06 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru