• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Perezida Kagame yatumiwe mu birori byo guhemba umukinnyi mwiza w’Umunyafurika

Perezida Kagame yatumiwe mu birori byo guhemba umukinnyi mwiza w’Umunyafurika

Ubwanditsi 05 Jan 2019 IMIKINO

Perezida Kagame akaba n’Umuyobozi w’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), yatumiwe mu muhango wo gutanga igihembo cy’umukinnyi mwiza w’umunyafurika w’umwaka gitangwa n’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF).

Umunya-Misiri, Mohamed Salah, umunya- Sénégal, Sadio Mane n’umunya-Gabon, Pierre-Emerick Aubameyang, nibo bazatoranywamo umukinnyi mwiza w’umunyafurika w’umwaka.

CAF yatangaje ko Perezida wayo Ahmed Ahmed, yamaze kugera i Dakar muri Sénégal, ahazatangirwa iki gihembo kuwa 8 Mutarama 2019.

Yavuze kandi ko hari abashyitsi benshi biteganyijwe ko bazitabira uyu muhango barimo; Perezida Macky Sall wa Sénégal, Perezida Kagame Paul w’u Rwanda ndetse n’uwahoze ari umukinnyi w’umupira w’amaguru, ubu akaba ari Perezida wa Liberia, George Weah.

Kuwa Kabiri nibwo igihembo cy’umukinnyi mwiza w’Umunyafurika gitangwa na CAF kizatangirwa ahitwa Abdou Diouf International Conference Center. Nyuma y’aho hazaba inama ya Komite Nyobozi ya CAF izafata umwanzuro w’igihugu kizakira igikombe cya Afurika 2019.

Igikombe cya Afurika cya 2019 (CAN 2019), cyagombaga kwakirwa na Cameroon ariko iza kucyamburwa kubera ibibazo by’ibikorwa remezo n’umutekano.

Ni ku nshuro ya kabiri Salah, Mane bakinira Liverpool, na Aubameyang ukinira Arsenal zo mu Bwongereza, bahuriye ku rutonde rw’abazatoranywamo umukinnyi mwiza wa Afurika.

Umwaka ushize iki gihembo cyegukanywe na Mohamed Salah, unahabwa amahirwe yo kwegukana icy’uyu mwaka, byatuma yiyongera ku bandi bakoze amateka yo kucyegukana kabiri bikurikiranya barimo; umunya- Sénégal El Hadji Diouf, umunya-Cameroon, Samuel Eto’o n’umunya- Côte d’Ivoire, Yaya Toure.

Sadio Mane na we arahabwa amahirwe nyuma y’uko arangije ku mwanya wa gatatu mu 2016 no kuwa kabiri umwaka ushize.

Aubameyang yagaragaye ku rutonde rwa batatu ba nyuma inshuro eshanu zikurikirana, akaba ari agahigo anganya na Yaya Toure na Michael Essien wo muri Ghana. Yacyegukanye mu 2015, ubwo yahigikaga Yaya Toure na Andre Ayew.

Gutora uwegukana iki gihembo bikorwa n’abatoza b’amakipe y’ibihugu na ba kapiteni b’ibihugu 56 bigize CAF. Uzegukana iki gihembo azatangazwa kuwa 8 Mutarama 2019, i Dakar muri Sénégal.

2019-01-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mayor Murenzi Abdallah yagarutse muri Komite nshya ya Rayon Sports

Mayor Murenzi Abdallah yagarutse muri Komite nshya ya Rayon Sports

Ubwanditsi 09 Nov 2017
Cristiano yongeye kwandika amateka mu mikino ya Euro ubwo yafashaga Portugal kugera muri 1/8, uko amakipe azahura.

Cristiano yongeye kwandika amateka mu mikino ya Euro ubwo yafashaga Portugal kugera muri 1/8, uko amakipe azahura.

Ubwanditsi 24 Jun 2021
AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Aruba yegukanye igikombe cya FIFA SERIES mu itsinda B, itsinze Liechtenstein ku mikino wa nyuma

AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Aruba yegukanye igikombe cya FIFA SERIES mu itsinda B, itsinze Liechtenstein ku mikino wa nyuma

RUSHYASHYA 30 Mar 2026
FERWAFA yanze ubusabe bw’ikipe ya APR FC bwo kuba yasubikirwa umukino wayo na Rayon Sports ngo ibashe kwitegura neza RS Berkane mu mukino wa CAF Confederations Cup

FERWAFA yanze ubusabe bw’ikipe ya APR FC bwo kuba yasubikirwa umukino wayo na Rayon Sports ngo ibashe kwitegura neza RS Berkane mu mukino wa CAF Confederations Cup

Ubwanditsi 19 Nov 2021

Igitekerezo kimwe

  1. Rebero Jeremy
    January 5, 20196:11 pm -

    Ninde uzariha izo miliyoni z’amadolari? Ese ni ngombwa ko ariwe ujyayo? Bimariye iki igihugu?

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mugisha Samuel yegukanye isiganwa risoza Rwanda Cycling Cup 2018
IMIKINO

Mugisha Samuel yegukanye isiganwa risoza Rwanda Cycling Cup 2018

Ubwanditsi 16 Dec 2018
Isesengura : Ibihugu by’Akarere bishobora kurwana intambara yeruye muri DR.Congo kubera “Abanyamulenge “
HIRYA NO HINO

Isesengura : Ibihugu by’Akarere bishobora kurwana intambara yeruye muri DR.Congo kubera “Abanyamulenge “

Ubwanditsi 22 May 2019
Burundi: Leta yanze kwemeza ishyaka rya Agathon Rwasa
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Leta yanze kwemeza ishyaka rya Agathon Rwasa

Ubwanditsi 09 Nov 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru