• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Umunya-Togo Antonio Kossivi Atisso Kodjo watsinze ibitego byinshi muri Benin yatangajwe nka rutahizamu mushya wa Rayon Sports   |   23 Jun 2026

  • Niwe rutahizamu watsinze ibitego byinshi muri Ivory Coast, ibyo wamenya kuri rutahizamu mushya wa APR FC, Amani Kouadio Kan   |   22 Jun 2026

  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Perezida Kagame yatumiwe mu birori byo guhemba umukinnyi mwiza w’Umunyafurika

Perezida Kagame yatumiwe mu birori byo guhemba umukinnyi mwiza w’Umunyafurika

Ubwanditsi 05 Jan 2019 IMIKINO

Perezida Kagame akaba n’Umuyobozi w’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), yatumiwe mu muhango wo gutanga igihembo cy’umukinnyi mwiza w’umunyafurika w’umwaka gitangwa n’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF).

Umunya-Misiri, Mohamed Salah, umunya- Sénégal, Sadio Mane n’umunya-Gabon, Pierre-Emerick Aubameyang, nibo bazatoranywamo umukinnyi mwiza w’umunyafurika w’umwaka.

CAF yatangaje ko Perezida wayo Ahmed Ahmed, yamaze kugera i Dakar muri Sénégal, ahazatangirwa iki gihembo kuwa 8 Mutarama 2019.

Yavuze kandi ko hari abashyitsi benshi biteganyijwe ko bazitabira uyu muhango barimo; Perezida Macky Sall wa Sénégal, Perezida Kagame Paul w’u Rwanda ndetse n’uwahoze ari umukinnyi w’umupira w’amaguru, ubu akaba ari Perezida wa Liberia, George Weah.

Kuwa Kabiri nibwo igihembo cy’umukinnyi mwiza w’Umunyafurika gitangwa na CAF kizatangirwa ahitwa Abdou Diouf International Conference Center. Nyuma y’aho hazaba inama ya Komite Nyobozi ya CAF izafata umwanzuro w’igihugu kizakira igikombe cya Afurika 2019.

Igikombe cya Afurika cya 2019 (CAN 2019), cyagombaga kwakirwa na Cameroon ariko iza kucyamburwa kubera ibibazo by’ibikorwa remezo n’umutekano.

Ni ku nshuro ya kabiri Salah, Mane bakinira Liverpool, na Aubameyang ukinira Arsenal zo mu Bwongereza, bahuriye ku rutonde rw’abazatoranywamo umukinnyi mwiza wa Afurika.

Umwaka ushize iki gihembo cyegukanywe na Mohamed Salah, unahabwa amahirwe yo kwegukana icy’uyu mwaka, byatuma yiyongera ku bandi bakoze amateka yo kucyegukana kabiri bikurikiranya barimo; umunya- Sénégal El Hadji Diouf, umunya-Cameroon, Samuel Eto’o n’umunya- Côte d’Ivoire, Yaya Toure.

Sadio Mane na we arahabwa amahirwe nyuma y’uko arangije ku mwanya wa gatatu mu 2016 no kuwa kabiri umwaka ushize.

Aubameyang yagaragaye ku rutonde rwa batatu ba nyuma inshuro eshanu zikurikirana, akaba ari agahigo anganya na Yaya Toure na Michael Essien wo muri Ghana. Yacyegukanye mu 2015, ubwo yahigikaga Yaya Toure na Andre Ayew.

Gutora uwegukana iki gihembo bikorwa n’abatoza b’amakipe y’ibihugu na ba kapiteni b’ibihugu 56 bigize CAF. Uzegukana iki gihembo azatangazwa kuwa 8 Mutarama 2019, i Dakar muri Sénégal.

2019-01-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amafoto – Abarimo Jimmy Gatete bageze i Kigali aho baje mu ihuriro ryo gutegura igikombe cy’isi cy’abahoze bakina umupira w’amaguru kizabera mu Rwanda muri 2024

Amafoto – Abarimo Jimmy Gatete bageze i Kigali aho baje mu ihuriro ryo gutegura igikombe cy’isi cy’abahoze bakina umupira w’amaguru kizabera mu Rwanda muri 2024

Ubwanditsi 11 Oct 2022
Arsenal yabonye intsinzi ya mbere itozwa na Freddie Ljungberg

Arsenal yabonye intsinzi ya mbere itozwa na Freddie Ljungberg

Ubwanditsi 10 Dec 2019
Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League

Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League

RUSHYASHYA 05 May 2026
Ku bwumvikane bw’impande zombi, Yamen Zelfani ntakiri umutoza wa  Rayon Sports

Ku bwumvikane bw’impande zombi, Yamen Zelfani ntakiri umutoza wa Rayon Sports

Ubwanditsi 08 Oct 2023

Igitekerezo kimwe

  1. Rebero Jeremy
    January 5, 20196:11 pm -

    Ninde uzariha izo miliyoni z’amadolari? Ese ni ngombwa ko ariwe ujyayo? Bimariye iki igihugu?

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Akavuyo mu nteko nshingamategeko ya Tanzania
Mu Rwanda

Akavuyo mu nteko nshingamategeko ya Tanzania

Ubwanditsi 31 Aug 2016
Nyuma y’umunsi umwe komite nyobozi y’ikipe ya Espoir FC yeguye, yongeye kugaruka kuyobora iyi kipe ibarizwa mu karere ka Rusizi
Amakuru

Nyuma y’umunsi umwe komite nyobozi y’ikipe ya Espoir FC yeguye, yongeye kugaruka kuyobora iyi kipe ibarizwa mu karere ka Rusizi

Ubwanditsi 28 Jul 2021
Abasirikare barindwi ba Loni muri Congo bishwe n’inyeshyamba
HIRYA NO HINO

Abasirikare barindwi ba Loni muri Congo bishwe n’inyeshyamba

Ubwanditsi 17 Nov 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru