• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Pistorius wivuganye umukunzi we yakatiwe gufungwa imyaka itandatu

Pistorius wivuganye umukunzi we yakatiwe gufungwa imyaka itandatu

Ubwanditsi 06 Jul 2016 IMIKINO

Oscar Pistorius, Umunyafurika y’Epfo wamamare mu mikino yo gusiganwa ku maguru mu cyiciro cy’abafite ubumuga, yakatiwe n’urukiko rw’ikirenga rwa Pretoria, gufungwa imyaka 6 nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kwica umukunzi we.

Hari ku munsi w’abakundana(Valentine’s day), ku itariki ya 14 Gashyantare 2013, ubwo Pistorius yicaga arashe amasasu ane Reeva Steenkamp, umukunzi we, ku mpamvu yagaragaje ko yamwitiranyije n’ibisambo.

Nyuma y’imyaka itatu yisobanura mu nkiko zo muri Afurika y’Epfo, kuri uyu wa 6 Nyakanga 2016, inkuru nyinshi zirirwaga zivugwa kuri kiriya cyamamare, zashojwe n’igihano cy’igifungo cy’imyaka itandatu yahawe n’umucamanza Thokozile Masipa.

Ni igihano ‘gito cyane’ ugereranyije n’icyo benshi bari bategereje bitewe n’uko umushinjacyaha yari yabanjije kumusabira gufungwa nibura imyaka 15, bikaba bigaragara ko cyanakiriwe neza na benshi nk’uko ikinyamakuru The Guardian cyabyanditse.

Andrew Fawcett, umwunganizi wa Pistorius, yagize ati “Twubashye icyemezo cy’umucamanza Masipa kandi ntabwo tuzajurira.”

Ku ruhande rw’abashyigikiye umuryango wa nyakwigendera Steenkamp bagaragaje ko amategeko yakoze akazi kayo, bityo ko ngo nta kindi bakongera gukora.

Doup De Bruyn, umwunganizi mu mategeko, wari uhagarariye umuryango wa Steenkamp, yavuze ko “nta cyo umuryango wakora ku mwanzuro w’urukiko. Nta kizagarura Reeva. Icyiza cyo gukora ni ugukomeza kwituriza.”

Pistorius yamamaye ku Isi hose mu mikino Olempike na Paralempike yabereye i London mu Bwongereza mu mwaka wa 2012, ubwo yageraga muri kimwe cya kabiri cy’irangiza mu marushanwa y’abasiganwa ku maguru mu cyiciro cy’abafite ubumuga basiganwa muri metero 200.

Amwe mu mateka ya Pistorius

-3198.jpg

Wikipedia.org ivuga ko amazina bwite y’iki cyamamare, ari Oscar Leonard Carl Pistorius, yavutse ku wa 22 Ugushyingo 1986, avukana ubumuga bw’amaguru yombi bwahereye munsi y’amavi, ni ubumuga ngo bwamufashe amaze amezi 11 avutse.

Uyu musore wamamaye mu mikino yo gusiganwa ku maguru (athletisme) ndetse agasiganwa n’abadafite ubumuga, yavukiye mu rusisiro rwa Sandton, ruri mu mujyi wa Johannesburg muri Afurika y’Epfo, afite uburebure bwa metero 1.84, afite kandi ibilo 80.6

2016-07-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kwigamba ubusambanyi kwa Miss Vanessa, bigiye kumukoraho bitanasize Miss Sandra Teta

Kwigamba ubusambanyi kwa Miss Vanessa, bigiye kumukoraho bitanasize Miss Sandra Teta

Ubwanditsi 01 Jul 2016
Croatia yageze muri ¼ isezereye Denmark kuri penaliti isangayo u Burusiya

Croatia yageze muri ¼ isezereye Denmark kuri penaliti isangayo u Burusiya

Ubwanditsi 02 Jul 2018
NBA Finals: Warriors irakoza imitwe y’intoki ku gikombe nyuma yo guhana Cavaliers

NBA Finals: Warriors irakoza imitwe y’intoki ku gikombe nyuma yo guhana Cavaliers

Ubwanditsi 07 Jun 2018
Amagare: Yacob Debesay yegukanye agace Nyamata – Kigali

Amagare: Yacob Debesay yegukanye agace Nyamata – Kigali

Ubwanditsi 03 Mar 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

AMAFOTO – Minisitiri wa Siporo, Richard Nyirishema n’umunyamabanga Nelly Mukazayire basuye FERWAFA
Amakuru

AMAFOTO – Minisitiri wa Siporo, Richard Nyirishema n’umunyamabanga Nelly Mukazayire basuye FERWAFA

Ubwanditsi 04 Oct 2024
Abafana ba Nikuze wo muri “City Maid” bahura na we bagaturika bakarira
Mu Rwanda

Abafana ba Nikuze wo muri “City Maid” bahura na we bagaturika bakarira

Ubwanditsi 21 Jul 2017
Abamotari bo muri Muhanga bahawe ubutumwa bwo gukumira ibyaha
Mu Mahanga

Abamotari bo muri Muhanga bahawe ubutumwa bwo gukumira ibyaha

Ubwanditsi 02 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru