• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Dore Tekinike Bamwe Muba Pasiteri Basigaye Bakoresha Kugirano Abakirisiu Babo Bature Amadorari Gusa

Dore Tekinike Bamwe Muba Pasiteri Basigaye Bakoresha Kugirano Abakirisiu Babo Bature Amadorari Gusa

Ubwanditsi 24 Jun 2017 Mu Rwanda

Ntawe utabona ko muri iki gihe amafaranga yabuze. Iyo uganiriye na bamwe mu banyarwanda bakubwira ko barya rimwe ku munsi, abandi bakakubwira ko bagabanije ingano y’ibyo baryaga kugira ngo bazigamire iby’ejo.

No mu nsengero hageze ibura ry’amafranga (Crise) ku buryo abapasiteri benshi bagenda bahindura uburyo basabamo abayoboke babo amafaranga ariko bakoresheje ubuhanga buhanitse.

Isange.com dukesha iyi nkuru yabateguriye inkuru yo kubaburira kugira ngo ejo mutazagushwa mu mutego wo kubeshywa hato aho mukazisanga mwatanze ibyanyu mu buryo mutari mwateguye mubeshywa ko murimo gukorera umugisha kandi murimo kwibwa.

Muri iki gihe hirya no hino mu nsengero ziyoborwa n’abapasiteri barangamiye ifaranga gusa batitaye ku buzima bw’abayoboke babo, hadutse Tekinike nshya yo kumvisha abayoboke babo ko bagomba gutura amadorali kuko ari cyo gitambo Imana ikeneye muri iki gihe. Kugira ngo babone umugisha wihariye, basabwa gutura amadorali kuko ngo nayo yihariye kurisha amafaranga y’amanyarwanda.

Muri bene aya matorero usanga icyitwa amafranga gishyirwa imbere kurusha ijambo ry’Imana riruhura ndetse rikiza imitima.

NI GUTE ABA BAPASITERI BABIGENZA?

Mu igenzura isange.com yakoze ndetse no mu biganiro yagiye igirana na bamwe mu badiyakoni bakoreshwa ubwo bujura, yasanze abapasiteri bajya gushaka amadorali menshi mu mazu akorerwamo ivunjisha bagasabayo amadorali kuva kuri 1$ kugeza ku 100$. Aya madorali bayazana ari menshi maze bakayakwirakwiza mu bakristo b’abizerwa kuri bo, bakumvikana ko mu gihe cyo gutura no kwitanga bazajya bahaguruka bakabanza kuvuga ko bo bitanze amadorali.

Aya madorali abashumba bayaguriza abo bakristo maze bakumvikana ko bayagarura mu cyibo cy’amaturo akongera kuba ayabo, n’ubutaha bikagenda bityo. Mu gihe cyo gutura, Pasiteri ahagarara ku ruhimbi agahamaraga abatura maze ba bandi yatije ya madorali bagatangira guhaguruka bayatanga ariko babanje kuvuga ko Imana yabategetse kujya batura mu madorali.

-7072.jpg

Icyo gihe Umushumba ahita ajya mu mwuka akavuga ko imigisha irutana, maze agashitura abaje gusenga batazi uburyo umukino uba wateguwe, uwo munsi bagatura amafaranga y’amanyarwanda ariko bagataha bahiga ko ubutaha nabo bazazana amadorali kugira ngo umugisha bakorera wikube kenshi.

-7071.jpg

Nguko uko abantu bajyanwa mu gutanga amaturo mu madorali babeshywa umugishwa udasanzwe ariko bakibagirwa ko Yesu yigeze gushimira umukecuru wigeze gutura urumiya rumwe bitewe n’ubushobozi yaje afite mu nzu y’Imana.

2017-06-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Polisi yasimbuje Umuvugizi maze CP Kabera JB Ahabwa inshingano nshya

Polisi yasimbuje Umuvugizi maze CP Kabera JB Ahabwa inshingano nshya

Ubwanditsi 30 Aug 2023
APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah

APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah

RUSHYASHYA 03 Jun 2026
Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje

Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje

RUSHYASHYA 12 May 2026
Burya Nyina wa Ingabire umwicanyi ruharwa Therese Dusabe yaherekeje Mugesera igihe yavugaga ijambo rutwitsi rihamagarira gutsemba Abatutsi

Burya Nyina wa Ingabire umwicanyi ruharwa Therese Dusabe yaherekeje Mugesera igihe yavugaga ijambo rutwitsi rihamagarira gutsemba Abatutsi

Ubwanditsi 24 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

IBUKA yamaganye Kaminuza ishaka gutiza umurindi ikwirakwizwa ry’igitabo gipfobya Jenoside
ITOHOZA

IBUKA yamaganye Kaminuza ishaka gutiza umurindi ikwirakwizwa ry’igitabo gipfobya Jenoside

Ubwanditsi 17 Sep 2018
Umunya- Côte d’Ivoire Cheick Tiote wamenyekanye muri Newcastle yitabye Imana ari mu myitozo
Mu Rwanda

Umunya- Côte d’Ivoire Cheick Tiote wamenyekanye muri Newcastle yitabye Imana ari mu myitozo

Ubwanditsi 06 Jun 2017
AS Kigali yasoje imikino ibanza itakaza, Okoko Godfroid utoza Rutsiro FC abona amanota 3 ye ya mbere nk’umutoza mukuru
Amakuru

AS Kigali yasoje imikino ibanza itakaza, Okoko Godfroid utoza Rutsiro FC abona amanota 3 ye ya mbere nk’umutoza mukuru

Ubwanditsi 22 Dec 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru