• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abadepite basabye ko inzego zirindwi zakoresheje amafaranga mu buryo budasobanutse zikurikiranwa   |   05 Aug 2026

  • Nyuma y’imyaka 28 Rayon Sports isubiye ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup   |   05 Aug 2026

  • Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe   |   05 Aug 2026

  • Ingoma Ibihumbi u Rwanda ruticaranye ku meza n’abaruhekuye bashaka kwambara Uruhu rwera kandi ari ibirura   |   04 Aug 2026

  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»# YouthConnect Africa : Akon yabwiye Urubyiruko ko u Rwanda rumutera ishema ryo kwitwa Umunyafurika

# YouthConnect Africa : Akon yabwiye Urubyiruko ko u Rwanda rumutera ishema ryo kwitwa Umunyafurika

Ubwanditsi 21 Jul 2017 Mu Rwanda

Umuhanzi ukomeye akaba n’umushoramari, Aliaume Damala Badara Akon Thiam, yabwiye urubyiruko ruteraniye i Kigali ko u Rwanda ruri mu bihugu bituma aterwa ishema no kwitwa Umunyafurika, ashingiye ku mikorere n’impinduka zidasiba kwigaragaza.

Akon ni umwe mu bantu bakomeye batumiwe ngo baganirize urubyiruko rusaga 2800 ruteraniye mu Rwanda mu nama ya YouthConnect Africa, yiga ku buryo amahirwe urubyiruko rw’uyu mugabane rufite yabyazwa ikintu gikomeye.

Akon yavuze ko u Rwanda ibintu byinshi byahindutse cyane nk’uko yabibonye akigera ku kibuga cy’indege, agereranyije n’uko byari bimeze mungendo enye aheruka kuhakorera.

Yagize ati “Ibihugu nk’u Rwanda bintera ishema ryo kwitwa umunyafurika. Ntabwo ndi kubivugira ko ndi mu Rwanda, n’ahandi ndabibabwira.” Yakomeje avuga ko urubyiruko rugomba kuba umisingi w’impinduka ibihugu bya Afurika bikeneye.

Yavuze uburyo mu Rwanda yasanze ibintu byose biri ku murongo, avuga uburyo abagore bahawe ubushobozi kandi bafite uruhare runini mu buzima bw’igihugu, “ndetse bari no mu myanya ikomeye.”

-7327.jpg
Mu biganiro yagejeje kuri uru rubyiruko kandi, Akon yagaragaje ko arirwo mizero y’ejo hazaza h’umugabane wa Afurika, asaba ko n’urubyiruko ruri mu mahanga rugomba kugira uruhare mu kubaka Afurika, kuko ari rwo ruzayigeza kuyindi ntera, rukabikora rwiha intego.

Yitanzeho urugero ati “Ubwo nari ndi gutera imbere nk’umuhanzi, nihaye intego ko ntashaka kuzajya nibukwa gusa mu bijyanye no kuririmba no kubyina. Nagombaga kugira icyo nshobora gukora cyose cyagira agaciro gisiga inyuma.”

Yavuze ko muri iki gihe icyo ashyize imbere ari uko nibura ibice bitandukanye by’icyaro byagenda bibona amashanyarazi binyuze muri gahunda yatangije Akon Lighting Africa, aho agamije gukwirakwiza amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba, mu bihugu bitandukanye, ubu bikaba ari 15 biri gukorerwamo uyu mushinga.

Akon yavuze ko nk’urubyiruko rwagize intambwe rutera rukagera no mu bindi bihugu, arirwo rutegerejweho kugaruka rugateza imbere ibihugu rukomokamo.

Yagize ati “Uruhare tubigiramo rugomba kugaragara kuko 65% bya Afurika ni urubyiruko, nitwe hazaza h’ejo.”

Yavuze ko uyu mugabane ufite abahanga benshi n’imbaraga zihagije zatuma utera imbere, ku buryo ububyiruko ruramutse rwifashishijwe mu iterambere ry’uyu mugabane byarushaho kwihuta.

Yagarutse ku buryo bwo kongerera abagore ubushobozi ngo nabo bagire uruhare mu iterambere ry’uyu mugabane, ashima intambwe u Rwanda rumaze gutera ku buryo bari mu nzego zose z’igihugu.

Kuva YouthConnekt yatangira, urubyiruko 40,000 rw’abanyarwanda rumaze kuyungukiramo, ndetse ibindi bihugu birimo Liberia, Congo Brazaville, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Sierra Leone na Uganda bikaba byaramaze gutangiza iyi gahunda.

-7326.jpg

Urubyiruko rusaga 2800 ruteraniye muri iyi nama mu Rwanda

Akon yaherukaga kuza mu Rwanda ku itariki 28 Nyakanga 2015, yari aje gutangira ibiganiro n’abayobozi batandukanye b’u Rwanda ku mushinga w’amashanyarazi ugamije gukwirakwiza amashanyarazi mu bice by’icyaro bikeneye kuvanwa mu bwigunge.

Source : IGIHE

2017-07-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abakinnyi 10 ndetse n’umutoza w’ungirije wa Espoir FC ntabwo bagaragara ku munsi wa 20 wa Shampiyona y’u Rwanda

Abakinnyi 10 ndetse n’umutoza w’ungirije wa Espoir FC ntabwo bagaragara ku munsi wa 20 wa Shampiyona y’u Rwanda

Ubwanditsi 05 Mar 2022
Ikipe ya Rayon Sports yashyizeho uburyo bwo kugura amatike ku bakunzi bayo nubwo batemerewe kwitabira imikino yayo.

Ikipe ya Rayon Sports yashyizeho uburyo bwo kugura amatike ku bakunzi bayo nubwo batemerewe kwitabira imikino yayo.

Ubwanditsi 30 Apr 2021
Perezida Kagame na Macky Sall bahawe igihembo cya kabiri cyitiriwe Babacar Ndiaye

Perezida Kagame na Macky Sall bahawe igihembo cya kabiri cyitiriwe Babacar Ndiaye

Ubwanditsi 26 May 2017
The Ben na Sheebah bari muri Afurika y’Epfo gufata amashusho y’indirimbo yabo

The Ben na Sheebah bari muri Afurika y’Epfo gufata amashusho y’indirimbo yabo

Ubwanditsi 06 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuhanzi Teta Diana yaciye agahigo  i San Fransisco muri  Rwanda Day
ITOHOZA

Umuhanzi Teta Diana yaciye agahigo i San Fransisco muri Rwanda Day

Ubwanditsi 28 Sep 2016
Burundi: Inteko y’imitwe yitwaje intwaro  FDLR, RNC n’Imbonerakure mu Intara ya Cibitoki igamije guhungabanya umutekano w’ u Rwanda.
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Inteko y’imitwe yitwaje intwaro FDLR, RNC n’Imbonerakure mu Intara ya Cibitoki igamije guhungabanya umutekano w’ u Rwanda.

Ubwanditsi 22 Mar 2019
Nyuma y’imyaka 11, Mugabe Aristide yasezeye gukinira ikipe y’igihugu y’umukino w’intoki wa Basketball
Amakuru

Nyuma y’imyaka 11, Mugabe Aristide yasezeye gukinira ikipe y’igihugu y’umukino w’intoki wa Basketball

Ubwanditsi 30 Jun 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru