• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»# YouthConnect Africa : Akon yabwiye Urubyiruko ko u Rwanda rumutera ishema ryo kwitwa Umunyafurika

# YouthConnect Africa : Akon yabwiye Urubyiruko ko u Rwanda rumutera ishema ryo kwitwa Umunyafurika

Ubwanditsi 21 Jul 2017 Mu Rwanda

Umuhanzi ukomeye akaba n’umushoramari, Aliaume Damala Badara Akon Thiam, yabwiye urubyiruko ruteraniye i Kigali ko u Rwanda ruri mu bihugu bituma aterwa ishema no kwitwa Umunyafurika, ashingiye ku mikorere n’impinduka zidasiba kwigaragaza.

Akon ni umwe mu bantu bakomeye batumiwe ngo baganirize urubyiruko rusaga 2800 ruteraniye mu Rwanda mu nama ya YouthConnect Africa, yiga ku buryo amahirwe urubyiruko rw’uyu mugabane rufite yabyazwa ikintu gikomeye.

Akon yavuze ko u Rwanda ibintu byinshi byahindutse cyane nk’uko yabibonye akigera ku kibuga cy’indege, agereranyije n’uko byari bimeze mungendo enye aheruka kuhakorera.

Yagize ati “Ibihugu nk’u Rwanda bintera ishema ryo kwitwa umunyafurika. Ntabwo ndi kubivugira ko ndi mu Rwanda, n’ahandi ndabibabwira.” Yakomeje avuga ko urubyiruko rugomba kuba umisingi w’impinduka ibihugu bya Afurika bikeneye.

Yavuze uburyo mu Rwanda yasanze ibintu byose biri ku murongo, avuga uburyo abagore bahawe ubushobozi kandi bafite uruhare runini mu buzima bw’igihugu, “ndetse bari no mu myanya ikomeye.”

-7327.jpg
Mu biganiro yagejeje kuri uru rubyiruko kandi, Akon yagaragaje ko arirwo mizero y’ejo hazaza h’umugabane wa Afurika, asaba ko n’urubyiruko ruri mu mahanga rugomba kugira uruhare mu kubaka Afurika, kuko ari rwo ruzayigeza kuyindi ntera, rukabikora rwiha intego.

Yitanzeho urugero ati “Ubwo nari ndi gutera imbere nk’umuhanzi, nihaye intego ko ntashaka kuzajya nibukwa gusa mu bijyanye no kuririmba no kubyina. Nagombaga kugira icyo nshobora gukora cyose cyagira agaciro gisiga inyuma.”

Yavuze ko muri iki gihe icyo ashyize imbere ari uko nibura ibice bitandukanye by’icyaro byagenda bibona amashanyarazi binyuze muri gahunda yatangije Akon Lighting Africa, aho agamije gukwirakwiza amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba, mu bihugu bitandukanye, ubu bikaba ari 15 biri gukorerwamo uyu mushinga.

Akon yavuze ko nk’urubyiruko rwagize intambwe rutera rukagera no mu bindi bihugu, arirwo rutegerejweho kugaruka rugateza imbere ibihugu rukomokamo.

Yagize ati “Uruhare tubigiramo rugomba kugaragara kuko 65% bya Afurika ni urubyiruko, nitwe hazaza h’ejo.”

Yavuze ko uyu mugabane ufite abahanga benshi n’imbaraga zihagije zatuma utera imbere, ku buryo ububyiruko ruramutse rwifashishijwe mu iterambere ry’uyu mugabane byarushaho kwihuta.

Yagarutse ku buryo bwo kongerera abagore ubushobozi ngo nabo bagire uruhare mu iterambere ry’uyu mugabane, ashima intambwe u Rwanda rumaze gutera ku buryo bari mu nzego zose z’igihugu.

Kuva YouthConnekt yatangira, urubyiruko 40,000 rw’abanyarwanda rumaze kuyungukiramo, ndetse ibindi bihugu birimo Liberia, Congo Brazaville, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Sierra Leone na Uganda bikaba byaramaze gutangiza iyi gahunda.

-7326.jpg

Urubyiruko rusaga 2800 ruteraniye muri iyi nama mu Rwanda

Akon yaherukaga kuza mu Rwanda ku itariki 28 Nyakanga 2015, yari aje gutangira ibiganiro n’abayobozi batandukanye b’u Rwanda ku mushinga w’amashanyarazi ugamije gukwirakwiza amashanyarazi mu bice by’icyaro bikeneye kuvanwa mu bwigunge.

Source : IGIHE

2017-07-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Yafatiwe ku mupaka wa Gatuna agerageza gutoroka nyuma yo gukatirwa azira gusambanya umwana

Yafatiwe ku mupaka wa Gatuna agerageza gutoroka nyuma yo gukatirwa azira gusambanya umwana

Ubwanditsi 24 Mar 2018
Agnes Uwimana mu butekamutwe no gushaka indonke asebya inzego za Leta, ni inshuro ya kabiri asuye Cyuma akanga kumwiyereka kuko aziko amushakiraho amaramuko

Agnes Uwimana mu butekamutwe no gushaka indonke asebya inzego za Leta, ni inshuro ya kabiri asuye Cyuma akanga kumwiyereka kuko aziko amushakiraho amaramuko

Ubwanditsi 16 May 2022
I Musanze: Abanyonzi baratabaza kubera imisanzu yabo ngo ikiza umuyobozi wabo gusa.

I Musanze: Abanyonzi baratabaza kubera imisanzu yabo ngo ikiza umuyobozi wabo gusa.

Ubwanditsi 28 Apr 2017
Komisiyo y’Amatora ya FERWAFA yemeje kandidatire ya Rurangirwa Louis n’iya Nizeyimana Olivier.

Komisiyo y’Amatora ya FERWAFA yemeje kandidatire ya Rurangirwa Louis n’iya Nizeyimana Olivier.

Ubwanditsi 10 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Eric Dusingizimana aciye agahigo, akora amateka atarabaho ku Isi
Mu Rwanda

Eric Dusingizimana aciye agahigo, akora amateka atarabaho ku Isi

Ubwanditsi 13 May 2016
CIBITOKE : Abasore 2 mu ngabo za FLN  bishwe bacibwa  imitwe n’ubuyobozi bwabo.
INKURU NYAMUKURU

CIBITOKE : Abasore 2 mu ngabo za FLN bishwe bacibwa imitwe n’ubuyobozi bwabo.

Ubwanditsi 28 Oct 2018
Diamond Platnumz yatangiye gucuruza ubunyobwa mu Rwanda
SHOWBIZ

Diamond Platnumz yatangiye gucuruza ubunyobwa mu Rwanda

Ubwanditsi 29 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru