• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Perezida Kagame na Macky Sall bahawe igihembo cya kabiri cyitiriwe Babacar Ndiaye

Perezida Kagame na Macky Sall bahawe igihembo cya kabiri cyitiriwe Babacar Ndiaye

Ubwanditsi 26 May 2017 Mu Rwanda

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame na Macky Sall wa Senegal, bashykirijwe igihembo cyitiriwe Babacar Ndiaye “Africa Road Builders Babacar Ndiaye Award 2017”, gihabwa abakuru b’ibihugu na za guverinoma baba barashyize ingufu mu kuzamura ibikorwa remezo bijyanye n’ubwikorezi bw’abantu n’ibintu.

Uretse ihangwa ry’ibikorwaremezo byorohereza ubwikorezi, uhabwa iki gihembo kandi ubuyobozi bwe bugomba kuba burangwa no kwimika ubumwe n’umudendezo ndetse afasha urubyiruko gutera imbere.

Icya 2017 cyahawe Perezida Kagame na Macky Sall wa Senegal. Ku Ruhande rwa Kagame, igihembo cye cyakiriwe na Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Amb Claver Gatete na ho ku rwa Sall cyakirwa ni uhagarariye Senegal muri BAD, Papa Amadou SARR, mu nama ngarukamwaka ya 52 ya Banki Nyafurika Itsura Amajyambere yabereye mu Mujyi wa Ahmedabad mu Buhinde ku wa Gatatu, tariki 24 Gicurasi 2017.

Babacar Ndiaye unatanga iki gihembo, yashimye icyerekezo cyiza cy’aba bayobozi bombi ndetse asaba n’abandi kubigana mu rwego rwo guteza imbere Afurika ndetse no kuzana ibyishimo mu banyagihugu.

-6673.jpg

Umuyobozi wa komite ishinzwe gutoranya abahabwa icyo gihembo, Adama Wade, yashimangiye ko Perezida Kagame yatoranyijwe hashingiwe ku bikorwa by’indashyikirwa yagezeho nko gushyira mu bikorwa imishinga itandukanye ikomeye igamije iterambere ry’Abanyarwanda na Afurika muri rusange. Yavuze kandi ko ikindi cyashingiweho ari isuku irangwa mu mihanda yo mu Mujyi wa Kigali bituma u Rwanda rushyira itandukaniro hagati yarwo n’ibindi bihugu ndetse rukabishimirwa n’amahanga.

Perezida Sall yashimiwe gushyira mu bikorwa umushinga wo kubaka umuhanda wa gariyamoshi (Regional Express Train), uhuza Umurwa mukuru Dakar n’Umujyi wa Diamniadio.

Iki gihembo gitangwa rimwe mu mwaka, kigatangirwa mu nama za Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (BAD/AfDB). Igiheruka ari na cyo cyari icya mbere, cyahawe Perezida wa Cote d’Ivoire, Alassane Ouattara, gitangirwa mu nama y’iyi banki yari yabereye i Lusaka muri Zambia, muri Gicurasi 2016.

-6672.jpg

Amb Claver Gatete (ibumoso) niwe wakiriye igihembo cyagenewe Perezida Kagame

2017-05-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuryango w’Umwongereza uherutse gupfira mu Rwanda wahamije ko atishwe na COVID-19

Umuryango w’Umwongereza uherutse gupfira mu Rwanda wahamije ko atishwe na COVID-19

Ubwanditsi 10 Apr 2020
U Rwanda ruzakira imikino y’amajonjora y’ibanze y’igikombe cy’isi 2026 muri Basketball, tombola iyoborwa Minisitiri Mimosa

U Rwanda ruzakira imikino y’amajonjora y’ibanze y’igikombe cy’isi 2026 muri Basketball, tombola iyoborwa Minisitiri Mimosa

Ubwanditsi 26 Apr 2024
Rusizi: Igitero cyitwaje intwaro cyahitanye babiri bishwe barashwe n’abantu bataramenyekana

Rusizi: Igitero cyitwaje intwaro cyahitanye babiri bishwe barashwe n’abantu bataramenyekana

Ubwanditsi 12 Mar 2017
Kiyovu SC yatandukanye n’abatoza bungirije barimo Banamwana ndetse n’abakinnyi 15 biganjemo abasozaga amasezerano

Kiyovu SC yatandukanye n’abatoza bungirije barimo Banamwana ndetse n’abakinnyi 15 biganjemo abasozaga amasezerano

Ubwanditsi 24 Jul 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Senateri Tito Rutaremara yasobanuye impamvu mu Rwanda Perezida atemerewe kwikubira ububasha bwose
POLITIKI

Senateri Tito Rutaremara yasobanuye impamvu mu Rwanda Perezida atemerewe kwikubira ububasha bwose

Ubwanditsi 04 Apr 2018
AMAFOTO – Umuhanzikazi Clarisse Karasira yasezeranye imbere y’Imana na Ifashabayo Dejoie
Amakuru

AMAFOTO – Umuhanzikazi Clarisse Karasira yasezeranye imbere y’Imana na Ifashabayo Dejoie

Ubwanditsi 03 May 2021
Mugisha Samuel yegukanye agace ka Kigali-Huye muri Tour du Rwanda 2018
IMIKINO

Mugisha Samuel yegukanye agace ka Kigali-Huye muri Tour du Rwanda 2018

Ubwanditsi 06 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru