• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Kuki Kutesa ateza urujijo ku byo u Rwanda rushinja Uganda

Kuki Kutesa ateza urujijo ku byo u Rwanda rushinja Uganda

Ubwanditsi 18 May 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda Sam Kutesa, kuri uyu wa Gatanu, yahuye n’abahagarariye ibihugu byabo muri iki gihugu, agereka ku Rwanda ibirego bidafite ibimenyetso.

Muri byo harimo ko ‘u Rwanda rwafunze umupaka’. Iki kimaze kuba nk’indirimbo kuri Uganda nyamara u Rwanda rwarasobanuye neza ko umupaka wa Gatuna, utemerewe kunyurwaho imodoka nini by’agateganyo kubera ibikorwa byo kuwubaka ngo byoroshye itangwa rya serivisi.

Iki kirego gihimbano cyakurikiwe n’ikindi cy’uko ‘Uganda yataye muri yombi abo mu nzego z’umutekano z’u Rwanda hanyuma ikabasubiza iwabo’.

Nyuma y’ijambo yagejeje kuri abo badipolomate, Kutesa yaganiriye n’abanyamakuru, ateza urujijo ku byo u Rwanda rushinja Uganda, birimo kuba Guverinoma ya Museveni, ari umuterankunga, ucumbikiye kandi ufasha imitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda nka RNC.

Inshuro nyinshi u Rwanda rubinyujije muri Ambasade yarwo muri Uganda, rukoresheje inyandiko ndetse n’ibindi bimenyesho rwagaragaje ko Guverinoma ya Museveni idashyigikira RNC gusa ahubwo inashyigikira umutwe wa FDLR, ugizwe na benshi basize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi.

Kutesa kandi yahakanye ibyo u Rwanda rushinja inzego z’umutekano za Uganda, byo guta muri yombi abanyarwanda mu buryo bunyuranyije n’amategeko, kubakorera ihohoterwa, kubafunga bitemewe ndetse no kubakorera iyica rubozo, ibi byose avuga ko atari ukuri.

Ibi ariko ni ukwigiza nkana kuko hari ibihumbi by’abanyarwanda bakorewe ibyo bikorwa n’inzego z’umutekano za Uganda, biteguye guhamya ko babikorewe na CMI.

Abatangabuhamya bavuga ko abanyarwanda bafashwe na CMI bacuzwa utwabo turimo amafaranga. Bafatwa nta mpapuro zibata muri yombi, ndetse ntibanabwirwe ibyo baregwa.

Ibyo Kutesa yabwiye abadipolomate bitandukanye cyane n’ibikorwa. Hari aho agira ati “Hari abanyarwanda bo mu nzego z’umutekano binjira muri Uganda badakurikije amategeko agenga kwinjira mu gihugu ku muntu wo mu nzego z’umutekano. Abenshi, iyo bafashwe basubizwa mu Rwanda”.

Imvugo nk’iyi yatumye abasesenguzi ku mpande zombi, bibaza cyane ku bivugwa n’abayobozi ba Museveni ndetse n’inzego z’ubutasi. Bati “ Ni gute ku kintu gikomeye nk’umutekano w’igihugu, muta muri yombi abakekwaho ubutasi mukabasubiza iwabo gusa”.

Abandi bari mu kiganiro cya Capital FM, imwe mu zikunzwe muri Uganda, bakibaza bati “Kuki Guverinoma itigeze iburanisha n’umwe mu bakekwa ngo yerekane ko uyu ari maneko w’u Rwanda?, Kubera iki, mugaragaze ibimenyetso cyangwa mwemere ko byose ari ibinyoma”.

Biratangaje kubona Kutesa yerura akabeshya ko yafashe bo mu nzego z’umutekano ntawe yagejeje mu nkiko ngo amusomere ibyo aregwa cyangwa ngo yemerere ambasade y’u Rwanda muri Uganda, kugera kuri abo basivili baba bahawe izina ry’abo mu nzego z’umutekano.

Ntakwiye kandi gushishikariza uburenganzira bw’urujya n’uruza rw’abantu mu karere nk’aho abari kubabarizwa mu nzu za CMI, barimo kunezezwa n’ubwo burenganzira. Ikigaragara ni uko Uganda yananiwe gusobanura mu buryo bufatika ibyo u Rwanda ruyishinja.

Sam Kutesa asanzwe ashinjwa ibyaha bya Ruswa, Urugero : Umushinjacyaha w’umunyamerika yahamije ibyaha abagabo babiri guha ruswa ministiri  muri leta ya Uganda ushinzwe ububanyi n’amahanga Sam Kahamba Kutesa n’undi muyobozi mu gihugu cya Chad.

Dr. Chi Ping Patrick Ho, ufite imyaka 68 akaba umwenegihugu wa  Hong Kong, na  Cheikh Gadio, ufite imyaka 61, akaba umunya Senegal bahamijwe n’urukiko rwa Manhattan muri New York nyuma yo guha ruswa y’amadolari 500,000 (miliyari imwe na miliyoni Magana umunani mu mashilingi ya Uganda).

Iyo ruswa bayimuhaye ubwo yari Perezida w’inama rusange y’umuryango w’abibumbye maze ayo mafaranga anoherezwa muri Uganda.

Itangazo ryashyizwe ahagaragara n’ ‘Ibiro bishinzwe iperereza muri Amerika (FBI) byavuze ko Dr. Chi na Cheikh Gadio batanze ruswa mu rwego rwo kureshya Kutesa ngo abafashe kubona amahirwe yo gushora imari muri Africa.

Angel M. Melendez,  ukuriye urwego rw’Amerika rushinzwe umutekano imbere mu gihugu, mu ri New York nawe yatangaje ko abo bagabo bacishije iyo ruswa mu bikorwa byiswe iby’ubutabazi mu kuyigeza kuri Kutesa.

Si uyu muyobozi wa Uganda uvuzweho ruswa kuko hari n’abandi byabayeho; muri Mata uyu mwaka, umunyamabanga wa Leta ushinzwe umurimo n’inganda muri Uganda, Herbert Kabafunzaki, yatawe muri yombi na polisi afatiwe mu cyuho yakira ruswa ayihawe n’umwe mu baherwe bakomeye muri Uganda.

2019-05-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rwemeje ko urugendo rwa Sarkozy ntaho rwari ruhuriye n’ibibazo byarwo n’u Bufaransa

U Rwanda rwemeje ko urugendo rwa Sarkozy ntaho rwari ruhuriye n’ibibazo byarwo n’u Bufaransa

Ubwanditsi 21 Jan 2018
Burundi: Byinshi Ku Butegetsi Bw’igitugu Bwa Petero Nkurunziza Bushimuta Abantu, bagakorerwa iyicarubozo bafungiye mu ma kontineri – Igice cya II

Burundi: Byinshi Ku Butegetsi Bw’igitugu Bwa Petero Nkurunziza Bushimuta Abantu, bagakorerwa iyicarubozo bafungiye mu ma kontineri – Igice cya II

Ubwanditsi 16 Sep 2019
Uganda yanze ko intumwa za LONI zivugana na Minisitiri Philemon Mateke ku kibazo cyo gushyigikira imitwe y’iterabwoba irwanya u Rwanda, akanavugwa mu bitero byo mu Kinigi

Uganda yanze ko intumwa za LONI zivugana na Minisitiri Philemon Mateke ku kibazo cyo gushyigikira imitwe y’iterabwoba irwanya u Rwanda, akanavugwa mu bitero byo mu Kinigi

Ubwanditsi 14 Dec 2019
Kidumu atewe ipfunwe n’imva ya Christophe Matata wishwe na Col. Karegeya muri Afrika y’epfo.

Kidumu atewe ipfunwe n’imva ya Christophe Matata wishwe na Col. Karegeya muri Afrika y’epfo.

Ubwanditsi 23 Apr 2019

Igitekerezo kimwe

  1. Dieudonne Hakizayezu
    May 20, 20197:59 am -

    Ngo ntawe Uganda yafashe ngo imushyikirize inkiko? Hanyuma se Rene Rutagungira yafunzwe nta rukiko rubyemeje?!

    Kandi Rushyashya rimwe uzatera ibuye ku karere, ibi mwandika byose Uganda irabisoma bikayitera kuvuga nyamara yari yarahisemo kwicecekera!

    Oroha gato noneho Rene Rutagungira ashyikirizwe Urukiko wumve ibyo ashinjwa. Ahari nibwo wagabanya induru!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda ntiruzashyira igitutu kuri Zambia ngo icyure Abanyarwanda bahahungiye – Perezida Kagame
POLITIKI

U Rwanda ntiruzashyira igitutu kuri Zambia ngo icyure Abanyarwanda bahahungiye – Perezida Kagame

Ubwanditsi 23 Feb 2018
Polisi yakuye mu rujijo abiyandikishiriza gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga
Mu Mahanga

Polisi yakuye mu rujijo abiyandikishiriza gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga

Ubwanditsi 12 Oct 2016
Kigali : Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi  yatashye ‘ DOVE HOTEL ‘ Inyubako y’akataraboneka y’ Itorero rya ADEPR ( AMAFOTO – VIDEO )
Mu Mahanga

Kigali : Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi yatashye ‘ DOVE HOTEL ‘ Inyubako y’akataraboneka y’ Itorero rya ADEPR ( AMAFOTO – VIDEO )

Ubwanditsi 14 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru