• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Kuki Kutesa ateza urujijo ku byo u Rwanda rushinja Uganda

Kuki Kutesa ateza urujijo ku byo u Rwanda rushinja Uganda

Ubwanditsi 18 May 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda Sam Kutesa, kuri uyu wa Gatanu, yahuye n’abahagarariye ibihugu byabo muri iki gihugu, agereka ku Rwanda ibirego bidafite ibimenyetso.

Muri byo harimo ko ‘u Rwanda rwafunze umupaka’. Iki kimaze kuba nk’indirimbo kuri Uganda nyamara u Rwanda rwarasobanuye neza ko umupaka wa Gatuna, utemerewe kunyurwaho imodoka nini by’agateganyo kubera ibikorwa byo kuwubaka ngo byoroshye itangwa rya serivisi.

Iki kirego gihimbano cyakurikiwe n’ikindi cy’uko ‘Uganda yataye muri yombi abo mu nzego z’umutekano z’u Rwanda hanyuma ikabasubiza iwabo’.

Nyuma y’ijambo yagejeje kuri abo badipolomate, Kutesa yaganiriye n’abanyamakuru, ateza urujijo ku byo u Rwanda rushinja Uganda, birimo kuba Guverinoma ya Museveni, ari umuterankunga, ucumbikiye kandi ufasha imitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda nka RNC.

Inshuro nyinshi u Rwanda rubinyujije muri Ambasade yarwo muri Uganda, rukoresheje inyandiko ndetse n’ibindi bimenyesho rwagaragaje ko Guverinoma ya Museveni idashyigikira RNC gusa ahubwo inashyigikira umutwe wa FDLR, ugizwe na benshi basize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi.

Kutesa kandi yahakanye ibyo u Rwanda rushinja inzego z’umutekano za Uganda, byo guta muri yombi abanyarwanda mu buryo bunyuranyije n’amategeko, kubakorera ihohoterwa, kubafunga bitemewe ndetse no kubakorera iyica rubozo, ibi byose avuga ko atari ukuri.

Ibi ariko ni ukwigiza nkana kuko hari ibihumbi by’abanyarwanda bakorewe ibyo bikorwa n’inzego z’umutekano za Uganda, biteguye guhamya ko babikorewe na CMI.

Abatangabuhamya bavuga ko abanyarwanda bafashwe na CMI bacuzwa utwabo turimo amafaranga. Bafatwa nta mpapuro zibata muri yombi, ndetse ntibanabwirwe ibyo baregwa.

Ibyo Kutesa yabwiye abadipolomate bitandukanye cyane n’ibikorwa. Hari aho agira ati “Hari abanyarwanda bo mu nzego z’umutekano binjira muri Uganda badakurikije amategeko agenga kwinjira mu gihugu ku muntu wo mu nzego z’umutekano. Abenshi, iyo bafashwe basubizwa mu Rwanda”.

Imvugo nk’iyi yatumye abasesenguzi ku mpande zombi, bibaza cyane ku bivugwa n’abayobozi ba Museveni ndetse n’inzego z’ubutasi. Bati “ Ni gute ku kintu gikomeye nk’umutekano w’igihugu, muta muri yombi abakekwaho ubutasi mukabasubiza iwabo gusa”.

Abandi bari mu kiganiro cya Capital FM, imwe mu zikunzwe muri Uganda, bakibaza bati “Kuki Guverinoma itigeze iburanisha n’umwe mu bakekwa ngo yerekane ko uyu ari maneko w’u Rwanda?, Kubera iki, mugaragaze ibimenyetso cyangwa mwemere ko byose ari ibinyoma”.

Biratangaje kubona Kutesa yerura akabeshya ko yafashe bo mu nzego z’umutekano ntawe yagejeje mu nkiko ngo amusomere ibyo aregwa cyangwa ngo yemerere ambasade y’u Rwanda muri Uganda, kugera kuri abo basivili baba bahawe izina ry’abo mu nzego z’umutekano.

Ntakwiye kandi gushishikariza uburenganzira bw’urujya n’uruza rw’abantu mu karere nk’aho abari kubabarizwa mu nzu za CMI, barimo kunezezwa n’ubwo burenganzira. Ikigaragara ni uko Uganda yananiwe gusobanura mu buryo bufatika ibyo u Rwanda ruyishinja.

Sam Kutesa asanzwe ashinjwa ibyaha bya Ruswa, Urugero : Umushinjacyaha w’umunyamerika yahamije ibyaha abagabo babiri guha ruswa ministiri  muri leta ya Uganda ushinzwe ububanyi n’amahanga Sam Kahamba Kutesa n’undi muyobozi mu gihugu cya Chad.

Dr. Chi Ping Patrick Ho, ufite imyaka 68 akaba umwenegihugu wa  Hong Kong, na  Cheikh Gadio, ufite imyaka 61, akaba umunya Senegal bahamijwe n’urukiko rwa Manhattan muri New York nyuma yo guha ruswa y’amadolari 500,000 (miliyari imwe na miliyoni Magana umunani mu mashilingi ya Uganda).

Iyo ruswa bayimuhaye ubwo yari Perezida w’inama rusange y’umuryango w’abibumbye maze ayo mafaranga anoherezwa muri Uganda.

Itangazo ryashyizwe ahagaragara n’ ‘Ibiro bishinzwe iperereza muri Amerika (FBI) byavuze ko Dr. Chi na Cheikh Gadio batanze ruswa mu rwego rwo kureshya Kutesa ngo abafashe kubona amahirwe yo gushora imari muri Africa.

Angel M. Melendez,  ukuriye urwego rw’Amerika rushinzwe umutekano imbere mu gihugu, mu ri New York nawe yatangaje ko abo bagabo bacishije iyo ruswa mu bikorwa byiswe iby’ubutabazi mu kuyigeza kuri Kutesa.

Si uyu muyobozi wa Uganda uvuzweho ruswa kuko hari n’abandi byabayeho; muri Mata uyu mwaka, umunyamabanga wa Leta ushinzwe umurimo n’inganda muri Uganda, Herbert Kabafunzaki, yatawe muri yombi na polisi afatiwe mu cyuho yakira ruswa ayihawe n’umwe mu baherwe bakomeye muri Uganda.

2019-05-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi: Haravugwa umugambi mubisha wo guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Burundi: Haravugwa umugambi mubisha wo guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Ubwanditsi 19 Jan 2018
Gushyira igitutu ku Rwanda ngo Paul Rusesabagina arekurwe, Lantos Foundation irabiterwa n’ikimwaro cyo kuba yarahaye igihembo umugizi wa nabi

Gushyira igitutu ku Rwanda ngo Paul Rusesabagina arekurwe, Lantos Foundation irabiterwa n’ikimwaro cyo kuba yarahaye igihembo umugizi wa nabi

Ubwanditsi 14 Oct 2021
Intambara ishobora kongera kurota mu Burundi

Intambara ishobora kongera kurota mu Burundi

Ubwanditsi 29 Oct 2018
Umuyobozi wa OMS yashimye umuhate wa Perezida Kagame mu kwita ku buzima mu Rwanda

Umuyobozi wa OMS yashimye umuhate wa Perezida Kagame mu kwita ku buzima mu Rwanda

Ubwanditsi 12 Jan 2018

Igitekerezo kimwe

  1. Dieudonne Hakizayezu
    May 20, 20197:59 am -

    Ngo ntawe Uganda yafashe ngo imushyikirize inkiko? Hanyuma se Rene Rutagungira yafunzwe nta rukiko rubyemeje?!

    Kandi Rushyashya rimwe uzatera ibuye ku karere, ibi mwandika byose Uganda irabisoma bikayitera kuvuga nyamara yari yarahisemo kwicecekera!

    Oroha gato noneho Rene Rutagungira ashyikirizwe Urukiko wumve ibyo ashinjwa. Ahari nibwo wagabanya induru!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibuka yasabye ko abakekwaho ingengabitekerezo ya Jenoside bajya baburanishirizwa aho yagaragariye
POLITIKI

Ibuka yasabye ko abakekwaho ingengabitekerezo ya Jenoside bajya baburanishirizwa aho yagaragariye

Ubwanditsi 08 Apr 2018
Ikinamico : Mu rugo rw’umusirikare ufunze ukekwaho uruhare muri Coup d’Etat,  yapfubye hafatiwe  ibikoresho bya gisirikare
HIRYA NO HINO

Ikinamico : Mu rugo rw’umusirikare ufunze ukekwaho uruhare muri Coup d’Etat, yapfubye hafatiwe ibikoresho bya gisirikare

Ubwanditsi 13 Mar 2019
Félix Tshisekedi yatangaje ko adashobora kwemera kuba Minisitiri w’Intebe wa RDC
POLITIKI

Félix Tshisekedi yatangaje ko adashobora kwemera kuba Minisitiri w’Intebe wa RDC

Ubwanditsi 25 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru