• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Kuki Kutesa ateza urujijo ku byo u Rwanda rushinja Uganda

Kuki Kutesa ateza urujijo ku byo u Rwanda rushinja Uganda

Ubwanditsi 18 May 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda Sam Kutesa, kuri uyu wa Gatanu, yahuye n’abahagarariye ibihugu byabo muri iki gihugu, agereka ku Rwanda ibirego bidafite ibimenyetso.

Muri byo harimo ko ‘u Rwanda rwafunze umupaka’. Iki kimaze kuba nk’indirimbo kuri Uganda nyamara u Rwanda rwarasobanuye neza ko umupaka wa Gatuna, utemerewe kunyurwaho imodoka nini by’agateganyo kubera ibikorwa byo kuwubaka ngo byoroshye itangwa rya serivisi.

Iki kirego gihimbano cyakurikiwe n’ikindi cy’uko ‘Uganda yataye muri yombi abo mu nzego z’umutekano z’u Rwanda hanyuma ikabasubiza iwabo’.

Nyuma y’ijambo yagejeje kuri abo badipolomate, Kutesa yaganiriye n’abanyamakuru, ateza urujijo ku byo u Rwanda rushinja Uganda, birimo kuba Guverinoma ya Museveni, ari umuterankunga, ucumbikiye kandi ufasha imitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda nka RNC.

Inshuro nyinshi u Rwanda rubinyujije muri Ambasade yarwo muri Uganda, rukoresheje inyandiko ndetse n’ibindi bimenyesho rwagaragaje ko Guverinoma ya Museveni idashyigikira RNC gusa ahubwo inashyigikira umutwe wa FDLR, ugizwe na benshi basize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi.

Kutesa kandi yahakanye ibyo u Rwanda rushinja inzego z’umutekano za Uganda, byo guta muri yombi abanyarwanda mu buryo bunyuranyije n’amategeko, kubakorera ihohoterwa, kubafunga bitemewe ndetse no kubakorera iyica rubozo, ibi byose avuga ko atari ukuri.

Ibi ariko ni ukwigiza nkana kuko hari ibihumbi by’abanyarwanda bakorewe ibyo bikorwa n’inzego z’umutekano za Uganda, biteguye guhamya ko babikorewe na CMI.

Abatangabuhamya bavuga ko abanyarwanda bafashwe na CMI bacuzwa utwabo turimo amafaranga. Bafatwa nta mpapuro zibata muri yombi, ndetse ntibanabwirwe ibyo baregwa.

Ibyo Kutesa yabwiye abadipolomate bitandukanye cyane n’ibikorwa. Hari aho agira ati “Hari abanyarwanda bo mu nzego z’umutekano binjira muri Uganda badakurikije amategeko agenga kwinjira mu gihugu ku muntu wo mu nzego z’umutekano. Abenshi, iyo bafashwe basubizwa mu Rwanda”.

Imvugo nk’iyi yatumye abasesenguzi ku mpande zombi, bibaza cyane ku bivugwa n’abayobozi ba Museveni ndetse n’inzego z’ubutasi. Bati “ Ni gute ku kintu gikomeye nk’umutekano w’igihugu, muta muri yombi abakekwaho ubutasi mukabasubiza iwabo gusa”.

Abandi bari mu kiganiro cya Capital FM, imwe mu zikunzwe muri Uganda, bakibaza bati “Kuki Guverinoma itigeze iburanisha n’umwe mu bakekwa ngo yerekane ko uyu ari maneko w’u Rwanda?, Kubera iki, mugaragaze ibimenyetso cyangwa mwemere ko byose ari ibinyoma”.

Biratangaje kubona Kutesa yerura akabeshya ko yafashe bo mu nzego z’umutekano ntawe yagejeje mu nkiko ngo amusomere ibyo aregwa cyangwa ngo yemerere ambasade y’u Rwanda muri Uganda, kugera kuri abo basivili baba bahawe izina ry’abo mu nzego z’umutekano.

Ntakwiye kandi gushishikariza uburenganzira bw’urujya n’uruza rw’abantu mu karere nk’aho abari kubabarizwa mu nzu za CMI, barimo kunezezwa n’ubwo burenganzira. Ikigaragara ni uko Uganda yananiwe gusobanura mu buryo bufatika ibyo u Rwanda ruyishinja.

Sam Kutesa asanzwe ashinjwa ibyaha bya Ruswa, Urugero : Umushinjacyaha w’umunyamerika yahamije ibyaha abagabo babiri guha ruswa ministiri  muri leta ya Uganda ushinzwe ububanyi n’amahanga Sam Kahamba Kutesa n’undi muyobozi mu gihugu cya Chad.

Dr. Chi Ping Patrick Ho, ufite imyaka 68 akaba umwenegihugu wa  Hong Kong, na  Cheikh Gadio, ufite imyaka 61, akaba umunya Senegal bahamijwe n’urukiko rwa Manhattan muri New York nyuma yo guha ruswa y’amadolari 500,000 (miliyari imwe na miliyoni Magana umunani mu mashilingi ya Uganda).

Iyo ruswa bayimuhaye ubwo yari Perezida w’inama rusange y’umuryango w’abibumbye maze ayo mafaranga anoherezwa muri Uganda.

Itangazo ryashyizwe ahagaragara n’ ‘Ibiro bishinzwe iperereza muri Amerika (FBI) byavuze ko Dr. Chi na Cheikh Gadio batanze ruswa mu rwego rwo kureshya Kutesa ngo abafashe kubona amahirwe yo gushora imari muri Africa.

Angel M. Melendez,  ukuriye urwego rw’Amerika rushinzwe umutekano imbere mu gihugu, mu ri New York nawe yatangaje ko abo bagabo bacishije iyo ruswa mu bikorwa byiswe iby’ubutabazi mu kuyigeza kuri Kutesa.

Si uyu muyobozi wa Uganda uvuzweho ruswa kuko hari n’abandi byabayeho; muri Mata uyu mwaka, umunyamabanga wa Leta ushinzwe umurimo n’inganda muri Uganda, Herbert Kabafunzaki, yatawe muri yombi na polisi afatiwe mu cyuho yakira ruswa ayihawe n’umwe mu baherwe bakomeye muri Uganda.

2019-05-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rudasingwa yateje ubwega ko ibibazo afite yabitewe na Kayumba

Rudasingwa yateje ubwega ko ibibazo afite yabitewe na Kayumba

Ubwanditsi 22 Feb 2018
Tariki 18 Mata 1994: Perefe Kayishema Clement yarimbuye Abatutsi kuri Stade Gatwaro, Kibuye

Tariki 18 Mata 1994: Perefe Kayishema Clement yarimbuye Abatutsi kuri Stade Gatwaro, Kibuye

Ubwanditsi 18 Apr 2025
Abanyamwuga mu itangazamakuru bakomeje kwamagana ibinyoma umunyamakuru w’ Umuholandi Sander Rietveld yatangaje ku Rwanda

Abanyamwuga mu itangazamakuru bakomeje kwamagana ibinyoma umunyamakuru w’ Umuholandi Sander Rietveld yatangaje ku Rwanda

Ubwanditsi 18 May 2022
Uko RNC yasenyutse uruhongohongo ikamera nk’impabe mu rukubo

Uko RNC yasenyutse uruhongohongo ikamera nk’impabe mu rukubo

Ubwanditsi 25 Feb 2020

Igitekerezo kimwe

  1. Dieudonne Hakizayezu
    May 20, 20197:59 am -

    Ngo ntawe Uganda yafashe ngo imushyikirize inkiko? Hanyuma se Rene Rutagungira yafunzwe nta rukiko rubyemeje?!

    Kandi Rushyashya rimwe uzatera ibuye ku karere, ibi mwandika byose Uganda irabisoma bikayitera kuvuga nyamara yari yarahisemo kwicecekera!

    Oroha gato noneho Rene Rutagungira ashyikirizwe Urukiko wumve ibyo ashinjwa. Ahari nibwo wagabanya induru!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

“U Rwanda ni igihugu cy’Agaciro gikwiye kuyoborwa n’umugabo, inzererezi zizagume kuri Internet” – Umusomyi wa Rushyashya
Amakuru

“U Rwanda ni igihugu cy’Agaciro gikwiye kuyoborwa n’umugabo, inzererezi zizagume kuri Internet” – Umusomyi wa Rushyashya

Ubwanditsi 05 Jul 2021
Mpayimana Philippe yashinze ishyaka
ITOHOZA

Mpayimana Philippe yashinze ishyaka

Ubwanditsi 05 Nov 2018
Village Urugwiro : Perezida Kagame yakiriye ba Ambasaderi batandatu bashya
Mu Mahanga

Village Urugwiro : Perezida Kagame yakiriye ba Ambasaderi batandatu bashya

Ubwanditsi 24 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru