• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Imishinga iciriritse igiye gutangira guhabwa Ubwishigizi mu Rwanda

Imishinga iciriritse igiye gutangira guhabwa Ubwishigizi mu Rwanda

Ubwanditsi 30 Aug 2017 Mu Rwanda

Mu gihe Abanyarwanda bagera kuri 75% batunzwe n’ubuhinzi n’ubworozi, ariko ibi bikorwa ntibihabwa ubwishingizi mu masosiyete atanga ubwishingizi hano mu Rwanda kuko ayo masosiyete atanga ubwishingizi ku bikorwa binini cyane cyane iby’ubucuruzi, inganda, ubwubatsi n’ibindi.

Ni muri urwo rwego I Kigali hateraniye inama y’Iminsi ibiri yiga ku buryo bwo gutanga ubwishingizi ku mishanga n’ibikorwa biciriritse “Microinsurance.”

Ni inama ihuje impuguke zitandukanye zaturutse muri Afrika ndetse no mu bindi bice by’Isi bitandukanye zihagarariye amasosiyete y’ubwishingizi, ibigo by’imari, abanyamategeko ndetse n’abafatanyabikorwa mu bijyanye n’ubwishingizi.

Abitabiriye iyi nama bakaba bari kuganira ndetse no kungurana ibitekerezo ku buryo bwo gushyiraho gahunda yo gutanga ubwishingizi ku mishanga ndetse n’ibikorwa biciriritse bibyara inyungu.

Aganira na rushyashya.net umuyobozi wa Sosiyete y’ubwishingizi mu Rwanda ya Radiant Bwana Rugenera Mariko yavuze ko iyi nama ije ari igisubiz ku banyarwanda kuko bayigiyemo byinshi kandi bifiye igihugu akamaro ndetse n’abanyarwanda muri rusange.

Yagize ati “Iyi nama ije ari igisubizo ku banyarwanda cyane cyane abakora ibikorwa by’ubuhinzi n’ubworozi kuko igiye gutuma ibikorwa byabo bigira ubwishingizi bikazabafasha mugihe ibyo bikorwa byabo byaba bigize ikibazo kuko bizajya byishyurwa n’ubwishingizi.”

-7793.jpg

Marc Rugenera Umuyobozi wa Radiant

Yakomeje avuga k o bo nka Radiant ku ikubitiro nyuma y’iyi nama mu gihe kitarenze ibyumweru bibiri bari bushyire ku isoko ubwishingizi bubiri bw’ibikorwa biciriritse mu gihe bagikora inyigo ku bundi bwishingizi bazashyira ku isoko mu gihe kiri imbere.

Umuyobozi ushinzwe ibikorwa muri Access To Finance Rwanda (AFR) Bwana Jean Bosco Iyacu yadutangarije ko barimo kuganira ku buryo bwo guha ubwishingizi imishinga iciriritse irimo ubuhinzi, ubworozi, ubwishingizi ku nguzanyo n’indi itandukanye.

Ati “ nkuko mubizi ko u Rwanda ruri imbere mu gutanga ubwishingizi bw’ubuzima, muri iyi nama turi kuganira uburyo bwo gutanga ubwishingizi ku bindi bikorwa ndetse n’imishinga iciriritse birimo ubuhinzi , ubworozi,ubwishingizi ku nguzanyo n’ibindi kugirango Abanyarwanda barusheho kugira icyizere cy’ibyo bakora kubera ko bazaba bafite ubwishinzi bwabyo.”

Iyi nama biteganyijwe ko isozwa kuri uyu wa gatatu yari yitabiriwe n’abantu bagera ku 100 baturutse mu bihugu bitandukanye ikaba yari igamije guhanahana amakuru no kungurana ibitekerezo ku buryo bwo kurushaho kuzamura urwego rw’ubwishingizi ku mishanga iciriritse ibyara inyungu, ije ibanziriza inama mpuzamahaga ku bwishingizi bw’imishinga iciriritse iteganyijwe kuzaba tariki ya 7 kugeza ku 9 Ugushyingo uyu mwaka mu gihugu cya Peru.

-7794.jpg

Abitabiriye Inama

Norbert Nyuzahayo

2017-08-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze

Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze

RUSHYASHYA 28 May 2026
Abo kwa Rwigara bari imbere y’Urukiko noneho bunganiwe

Abo kwa Rwigara bari imbere y’Urukiko noneho bunganiwe

Ubwanditsi 09 Oct 2017
Perezida Kagame yashimiye amakipe afitanye ubufatanye na Visit Rwanda kubwo kugera muri 1/2 cya Champions League

Perezida Kagame yashimiye amakipe afitanye ubufatanye na Visit Rwanda kubwo kugera muri 1/2 cya Champions League

RUSHYASHYA 16 Apr 2026
Maj (Rtd) Habib Mudathiru ukekwaho gukorana na RNC yemeye ibyaha aregwa

Maj (Rtd) Habib Mudathiru ukekwaho gukorana na RNC yemeye ibyaha aregwa

Ubwanditsi 18 Oct 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Banki yo mu Buhinde igiye gutera inkunga amashuri y’imyuga n’ubumenyi ngiro
Mu Rwanda

Banki yo mu Buhinde igiye gutera inkunga amashuri y’imyuga n’ubumenyi ngiro

Ubwanditsi 25 May 2017
Urubanza rw’abasirikari bakekwaho kwica rwaburanishirijwe mu ruhame
Mu Rwanda

Urubanza rw’abasirikari bakekwaho kwica rwaburanishirijwe mu ruhame

Ubwanditsi 23 Jun 2017
Zimwe mu mpamvu zaba zaratumye Maj Gen Richard Rutatina akurwa kumwanya wa DMI
Mu Mahanga

Zimwe mu mpamvu zaba zaratumye Maj Gen Richard Rutatina akurwa kumwanya wa DMI

Ubwanditsi 17 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru