• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

  • Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko   |   20 Apr 2026

  • Perezida Kagame yashimiye amakipe afitanye ubufatanye na Visit Rwanda kubwo kugera muri 1/2 cya Champions League   |   16 Apr 2026

  • Diamond aritegura gutaramira i Kigali mu mpeshyi, mu gitaramo yise ‘Retro Tour’   |   15 Apr 2026

  • Amaherezo y’urubanza rwa Agathe Kanziga azaba ayahe? Azapfa adashyikirijwe ubutabera nk’umugabo we?   |   15 Apr 2026

  • Umutindi ku mutima aba arogoye ijambo rya Perezida Kagame mu Kwibuka, ati “Muribuka ibiki harya?”   |   11 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Imishinga iciriritse igiye gutangira guhabwa Ubwishigizi mu Rwanda

Imishinga iciriritse igiye gutangira guhabwa Ubwishigizi mu Rwanda

Ubwanditsi 30 Aug 2017 Mu Rwanda

Mu gihe Abanyarwanda bagera kuri 75% batunzwe n’ubuhinzi n’ubworozi, ariko ibi bikorwa ntibihabwa ubwishingizi mu masosiyete atanga ubwishingizi hano mu Rwanda kuko ayo masosiyete atanga ubwishingizi ku bikorwa binini cyane cyane iby’ubucuruzi, inganda, ubwubatsi n’ibindi.

Ni muri urwo rwego I Kigali hateraniye inama y’Iminsi ibiri yiga ku buryo bwo gutanga ubwishingizi ku mishanga n’ibikorwa biciriritse “Microinsurance.”

Ni inama ihuje impuguke zitandukanye zaturutse muri Afrika ndetse no mu bindi bice by’Isi bitandukanye zihagarariye amasosiyete y’ubwishingizi, ibigo by’imari, abanyamategeko ndetse n’abafatanyabikorwa mu bijyanye n’ubwishingizi.

Abitabiriye iyi nama bakaba bari kuganira ndetse no kungurana ibitekerezo ku buryo bwo gushyiraho gahunda yo gutanga ubwishingizi ku mishanga ndetse n’ibikorwa biciriritse bibyara inyungu.

Aganira na rushyashya.net umuyobozi wa Sosiyete y’ubwishingizi mu Rwanda ya Radiant Bwana Rugenera Mariko yavuze ko iyi nama ije ari igisubiz ku banyarwanda kuko bayigiyemo byinshi kandi bifiye igihugu akamaro ndetse n’abanyarwanda muri rusange.

Yagize ati “Iyi nama ije ari igisubizo ku banyarwanda cyane cyane abakora ibikorwa by’ubuhinzi n’ubworozi kuko igiye gutuma ibikorwa byabo bigira ubwishingizi bikazabafasha mugihe ibyo bikorwa byabo byaba bigize ikibazo kuko bizajya byishyurwa n’ubwishingizi.”

-7793.jpg

Marc Rugenera Umuyobozi wa Radiant

Yakomeje avuga k o bo nka Radiant ku ikubitiro nyuma y’iyi nama mu gihe kitarenze ibyumweru bibiri bari bushyire ku isoko ubwishingizi bubiri bw’ibikorwa biciriritse mu gihe bagikora inyigo ku bundi bwishingizi bazashyira ku isoko mu gihe kiri imbere.

Umuyobozi ushinzwe ibikorwa muri Access To Finance Rwanda (AFR) Bwana Jean Bosco Iyacu yadutangarije ko barimo kuganira ku buryo bwo guha ubwishingizi imishinga iciriritse irimo ubuhinzi, ubworozi, ubwishingizi ku nguzanyo n’indi itandukanye.

Ati “ nkuko mubizi ko u Rwanda ruri imbere mu gutanga ubwishingizi bw’ubuzima, muri iyi nama turi kuganira uburyo bwo gutanga ubwishingizi ku bindi bikorwa ndetse n’imishinga iciriritse birimo ubuhinzi , ubworozi,ubwishingizi ku nguzanyo n’ibindi kugirango Abanyarwanda barusheho kugira icyizere cy’ibyo bakora kubera ko bazaba bafite ubwishinzi bwabyo.”

Iyi nama biteganyijwe ko isozwa kuri uyu wa gatatu yari yitabiriwe n’abantu bagera ku 100 baturutse mu bihugu bitandukanye ikaba yari igamije guhanahana amakuru no kungurana ibitekerezo ku buryo bwo kurushaho kuzamura urwego rw’ubwishingizi ku mishanga iciriritse ibyara inyungu, ije ibanziriza inama mpuzamahaga ku bwishingizi bw’imishinga iciriritse iteganyijwe kuzaba tariki ya 7 kugeza ku 9 Ugushyingo uyu mwaka mu gihugu cya Peru.

-7794.jpg

Abitabiriye Inama

Norbert Nyuzahayo

2017-08-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

INGINGO Z’INGENZI Z’URWANDIKO RWA AHORUKOMEYE Victor RUSABA GUHINDURA IZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’URWANDIKO RWA AHORUKOMEYE Victor RUSABA GUHINDURA IZINA

Ubwanditsi 04 Feb 2019
Menya Aphrodis Matuje, watojwe ingengabitekerezo ya Jenoside na Thomas Nahimana afataho icyitegererezo

Menya Aphrodis Matuje, watojwe ingengabitekerezo ya Jenoside na Thomas Nahimana afataho icyitegererezo

Ubwanditsi 15 Apr 2022
Abayobozi b’amadini n’amatorero basabwe ubufasha mu gukemura burundu ikibazo cy’ihohoterwa rikorerwa mu muryango, by’umwihariko iryibasira abagore n’abana, i Musanze

Abayobozi b’amadini n’amatorero basabwe ubufasha mu gukemura burundu ikibazo cy’ihohoterwa rikorerwa mu muryango, by’umwihariko iryibasira abagore n’abana, i Musanze

Ubwanditsi 02 May 2021
Akurikiranweho kwica umupasitoro akamurya, akanamugaburira abandi

Akurikiranweho kwica umupasitoro akamurya, akanamugaburira abandi

Ubwanditsi 05 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida wa FERWAFA De Gaulle Nzamwita yasabiwe gufungwa imyaka itatu
Mu Mahanga

Perezida wa FERWAFA De Gaulle Nzamwita yasabiwe gufungwa imyaka itatu

Ubwanditsi 06 Jun 2016
Ethiopie yitegura gukina n’Amavubi yageze mu Rwanda, Rayon Sports ikomeje gutegura imikino ya gishuti mpuzamahanga irimo iyo izakina na URA FC na Singida
Amakuru

Ethiopie yitegura gukina n’Amavubi yageze mu Rwanda, Rayon Sports ikomeje gutegura imikino ya gishuti mpuzamahanga irimo iyo izakina na URA FC na Singida

Ubwanditsi 01 Sep 2022
Polisi y’u Rwanda irizeza abaturarwanda umutekano usesuye mu minsi mikuru igiye kuza
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda irizeza abaturarwanda umutekano usesuye mu minsi mikuru igiye kuza

Ubwanditsi 22 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru