• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Imishinga iciriritse igiye gutangira guhabwa Ubwishigizi mu Rwanda

Imishinga iciriritse igiye gutangira guhabwa Ubwishigizi mu Rwanda

Ubwanditsi 30 Aug 2017 Mu Rwanda

Mu gihe Abanyarwanda bagera kuri 75% batunzwe n’ubuhinzi n’ubworozi, ariko ibi bikorwa ntibihabwa ubwishingizi mu masosiyete atanga ubwishingizi hano mu Rwanda kuko ayo masosiyete atanga ubwishingizi ku bikorwa binini cyane cyane iby’ubucuruzi, inganda, ubwubatsi n’ibindi.

Ni muri urwo rwego I Kigali hateraniye inama y’Iminsi ibiri yiga ku buryo bwo gutanga ubwishingizi ku mishanga n’ibikorwa biciriritse “Microinsurance.”

Ni inama ihuje impuguke zitandukanye zaturutse muri Afrika ndetse no mu bindi bice by’Isi bitandukanye zihagarariye amasosiyete y’ubwishingizi, ibigo by’imari, abanyamategeko ndetse n’abafatanyabikorwa mu bijyanye n’ubwishingizi.

Abitabiriye iyi nama bakaba bari kuganira ndetse no kungurana ibitekerezo ku buryo bwo gushyiraho gahunda yo gutanga ubwishingizi ku mishanga ndetse n’ibikorwa biciriritse bibyara inyungu.

Aganira na rushyashya.net umuyobozi wa Sosiyete y’ubwishingizi mu Rwanda ya Radiant Bwana Rugenera Mariko yavuze ko iyi nama ije ari igisubiz ku banyarwanda kuko bayigiyemo byinshi kandi bifiye igihugu akamaro ndetse n’abanyarwanda muri rusange.

Yagize ati “Iyi nama ije ari igisubizo ku banyarwanda cyane cyane abakora ibikorwa by’ubuhinzi n’ubworozi kuko igiye gutuma ibikorwa byabo bigira ubwishingizi bikazabafasha mugihe ibyo bikorwa byabo byaba bigize ikibazo kuko bizajya byishyurwa n’ubwishingizi.”

-7793.jpg

Marc Rugenera Umuyobozi wa Radiant

Yakomeje avuga k o bo nka Radiant ku ikubitiro nyuma y’iyi nama mu gihe kitarenze ibyumweru bibiri bari bushyire ku isoko ubwishingizi bubiri bw’ibikorwa biciriritse mu gihe bagikora inyigo ku bundi bwishingizi bazashyira ku isoko mu gihe kiri imbere.

Umuyobozi ushinzwe ibikorwa muri Access To Finance Rwanda (AFR) Bwana Jean Bosco Iyacu yadutangarije ko barimo kuganira ku buryo bwo guha ubwishingizi imishinga iciriritse irimo ubuhinzi, ubworozi, ubwishingizi ku nguzanyo n’indi itandukanye.

Ati “ nkuko mubizi ko u Rwanda ruri imbere mu gutanga ubwishingizi bw’ubuzima, muri iyi nama turi kuganira uburyo bwo gutanga ubwishingizi ku bindi bikorwa ndetse n’imishinga iciriritse birimo ubuhinzi , ubworozi,ubwishingizi ku nguzanyo n’ibindi kugirango Abanyarwanda barusheho kugira icyizere cy’ibyo bakora kubera ko bazaba bafite ubwishinzi bwabyo.”

Iyi nama biteganyijwe ko isozwa kuri uyu wa gatatu yari yitabiriwe n’abantu bagera ku 100 baturutse mu bihugu bitandukanye ikaba yari igamije guhanahana amakuru no kungurana ibitekerezo ku buryo bwo kurushaho kuzamura urwego rw’ubwishingizi ku mishanga iciriritse ibyara inyungu, ije ibanziriza inama mpuzamahaga ku bwishingizi bw’imishinga iciriritse iteganyijwe kuzaba tariki ya 7 kugeza ku 9 Ugushyingo uyu mwaka mu gihugu cya Peru.

-7794.jpg

Abitabiriye Inama

Norbert Nyuzahayo

2017-08-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abayobozi , abakinnyi ndetse n’abafana b’ikipe ya Kiyovu Sports basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi.

Abayobozi , abakinnyi ndetse n’abafana b’ikipe ya Kiyovu Sports basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi.

Ubwanditsi 13 Apr 2021
Kisoro : Abasore b’Abagande bakomeje kujya mu mutwe wa M23 ku bwinshi

Kisoro : Abasore b’Abagande bakomeje kujya mu mutwe wa M23 ku bwinshi

Ubwanditsi 02 Mar 2017
RDC: Intambara ikomeye y’inyeshyamba yatumye FARDC yamburwa ikigo cya gisirikare n’intwaro

RDC: Intambara ikomeye y’inyeshyamba yatumye FARDC yamburwa ikigo cya gisirikare n’intwaro

Ubwanditsi 30 Jun 2017
U Bufaransa: Perezida Macron yikomye umufotozi amushinja kwinjira mu buzima bwe

U Bufaransa: Perezida Macron yikomye umufotozi amushinja kwinjira mu buzima bwe

Ubwanditsi 16 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uwari Umugenzuzi Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda,  Lt Gen Jacques Musemakweli yitabye Imana
Amakuru

Uwari Umugenzuzi Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda,  Lt Gen Jacques Musemakweli yitabye Imana

Ubwanditsi 12 Feb 2021
Dore impamvu nyamukuru zishobora gutuma umukobwa ahera iwabo kabone n’iyo yaba mwiza ate
HIRYA NO HINO

Dore impamvu nyamukuru zishobora gutuma umukobwa ahera iwabo kabone n’iyo yaba mwiza ate

Ubwanditsi 29 Jun 2017
Bobi Wine n’abambari be bafungiwe ahatazwi nyuma yo kwica umushoferi we
POLITIKI

Bobi Wine n’abambari be bafungiwe ahatazwi nyuma yo kwica umushoferi we

Ubwanditsi 14 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru