• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda: Uvuga ko yahunze Abanyarwanda kubera ko bamutumye kwica perezida Museveni akanga aranyomozwa

Uganda: Uvuga ko yahunze Abanyarwanda kubera ko bamutumye kwica perezida Museveni akanga aranyomozwa

Ubwanditsi 22 Jan 2018 INKURU NYAMUKURU

Ikinyamakuru Softpower kivugwaho gukora inkuru za poropaganda zigamije gusebya u Rwanda cyatangaje inkuru y’uwahoze mu nzego z’ubutasi za Uganda uvuga ko yahunze igihugu atinya kwicwa n’Abanyarwanda nyuma yo kumuha akazi ko kwica perezida Museveni ntabikore, ariko iyi nkuru nayo ubwayo ikaba yashyizwe mu rwego rwa poropaganda n’ikinyamakuru Virungapost kivuga ko itakwizerwa.

Inkuru ya Softpower yavugaga ko nyuma yo guhunga igihugu, uyu Mugande witwa Furaha Arinaitwe yandikiye perezida Museveni akamubwira ko yahunze kubera Abanyarwanda bashakaga kumwica. Uyu wahoze akorera urwego rw’ubutasi mu gisirikare cya Uganda (CMI), avuga ko yasabwe mu 2009 gukorera u Rwanda ndetse kuva icyo gihe u Rwanda rukaba rwaramuhembaga.

Kera kabaye, ngo uyu yaje gusabwa n’Abanyarwanda kwica perezida Museveni ariko aranga kubera amahame agenderaho yo gukunda igihugu cye, akaba ari yo mpamvu yahisemo guhunga kubera ko yumvaga atagitekanye muri Uganda.

Ikinyamakuru cyandikirwa muri Uganda  Virungapost dukesha iyi nkuru kivuga ko iyi baruwa ari poropaganda yatangajwe n’ikinyamakuru kimwe gusa muri Uganda kandi kitari mu binyamakuru byubashywe.

Ngo imirongo mikeya y’inkuru ya Softpower n’ingingo zimwe z’ibaruwa ya Arinaitwe iyo ubirebye usanga nta shingiro bifite.

Icya mbere, ngo ibaruwa ya Arinaitwe igaragaza ko yandikiwe itangazamakuru mu gihe nyamara we avuga ko yari igenewe perezida Museveni. Ngo niba ari na Museveni yari igenewe kandi, ibirimo bigaragaza ko Arinaitwe atigeze aba impuguke mu kuneka nk’uko avuga.

Muri iyi baruwa ngo Arinaitwe avugamo ibintu n’umuntu utarabaye mu bijyanye n’ubutasi yasanga bigoye kubyizera nk’aho avuga ko perezida kagame ubwe yamwihamagariye akamuha amadolari 100,000 ngo yice Museveni.

Arinaitwe kuri ubu uvuga ko ari mu buhungiro kubera ko yanze gukora akazi yahawe, anavuga mu ibaruwa ye ko yabwiye perezida Museveni ubwe iby’uwo mugambi wo kumwica. Ni mu gihe nyamara uyu avuga ko yimwe n’uburenganzira bwo kubonana na perezida Museveni agahitamo kumwandikira ari aho ari gushaka ubuhungiro.

Furaha Arinaitwe

Virungapost ikibaza iti ibaze ari ukuri Arinaitwe yarahaye Museveni aya makuru ariko yakwikorera iperereza agasanga yari mu kuri u Rwanda rwaramuhaye akazi ko kumuhitana.

Ese koko Museveni yari kwanga kubonana na Arinaitwe? Ese iyo aza kuba afite andi makuru yari gukiza ubuzima yagombaga guha Museveni ariko akanga ko babonana?

Ngo icyo ibi bisobanuye n’uko Arinaitwe ari umugabo wavangiwe wahaye Museveni amakuru y’ikinyoma kugirango ajye amureba neza, cyangwa akaba ari inkuru Softpower yakoze ku bwende igamije gusobanura impamvu z’ibikorwa CMI imazemo iminsi byo kwibasira Abanyarwanda mu gihugu cya Uganda.

Ibi bikaba bigaragarira muri iyi baruwa ya Arinaitwe avugamo ko yakoreraga ubutasi u Rwanda akongeraho ko impamvu yanze kwica Museveni ari ukubera amahame agenderaho yo gukorera igihugu cye. Iki gihugu cye avuga ariko akaba ari nacyo avuga ko yatataga mu gihe cy’imyaka hafi 10.

Ngo umuntu w’umusazi niwe wenyine wakumva uko gukorera igihugu no kugikunda kwa Arinaitwe kandi ngo ikinyamakuru cya poropaganda nicyo cyonyine cyatangaza aya makuru.

Ibaruwa ya Arinaitwe ku musozo ivuga ko amaze kwanga akazi ko kwica Museveni kahise gahabwa umukuru w’igipolisi, Kale Kayihura kandi we ngo akakemera.

Ibi bikaba bitangajwe mu gihe mu mubano w’u Rwanda na Uganda hakomeje kuvugwa umwuka mubi watangiye kumvikana mu Ukwakira 2017 nyuma y’itabwa muri yombi ry’Umunyarwanda, Rene Rutagungira, ryakurikiwe no gutabwa muri yombi kw’abandi Banyarwanda batandukanye bashinjwa ibikorwa by’ubutasi ku butaka bwa Uganda

2018-01-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nta shyaka na rimwe rya opposition  rikorera mu buhungiro  ryahungabanya umutekano w’u Rwanda –Rutayisire Boniface

Nta shyaka na rimwe rya opposition  rikorera mu buhungiro  ryahungabanya umutekano w’u Rwanda –Rutayisire Boniface

Ubwanditsi 30 Jul 2018
Valens Pappy na DC Clement babere Urugero abandi biyita abanyamakuru babaho ubuzima bw’ikinyoma

Valens Pappy na DC Clement babere Urugero abandi biyita abanyamakuru babaho ubuzima bw’ikinyoma

RUSHYASHYA 09 Apr 2026
Nyuma y’aho ubutegetsi bushya mu Bwongereza butereye umugongo amasezerano yo kohereza abimukira mu Rwanda, Ubudage bugiye kuyasamira hejuru!

Nyuma y’aho ubutegetsi bushya mu Bwongereza butereye umugongo amasezerano yo kohereza abimukira mu Rwanda, Ubudage bugiye kuyasamira hejuru!

Ubwanditsi 06 Sep 2024
Impamvu abari ingabo za Kayumba Nyamwasa , Maj. (Rtd) Mudhatiru n’abo bareganwa badashobora gukurikiranwa bidegembya

Impamvu abari ingabo za Kayumba Nyamwasa , Maj. (Rtd) Mudhatiru n’abo bareganwa badashobora gukurikiranwa bidegembya

Ubwanditsi 29 Oct 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ese inama ya Luanda iteganyijwe tariki 06 Nyakanga 2022 yaba igiye kuvana ku izima Perezida Félix Tshisekedi wa Kongo, utumva cyangwa wirengagiza imvano y’ibibazo by’igihugu cye?
Amakuru

Ese inama ya Luanda iteganyijwe tariki 06 Nyakanga 2022 yaba igiye kuvana ku izima Perezida Félix Tshisekedi wa Kongo, utumva cyangwa wirengagiza imvano y’ibibazo by’igihugu cye?

Ubwanditsi 05 Jul 2022
RDC: Maneko W’urwego Rw’igihugu Rw’ubutasi (ANR) Yishwe Arashwe N’umupolisi
Mu Mahanga

RDC: Maneko W’urwego Rw’igihugu Rw’ubutasi (ANR) Yishwe Arashwe N’umupolisi

Ubwanditsi 10 Sep 2018
Nyuma y’iminsi 35 ikipe ya APR FC itakaje umwanya wa mbere, yongeye kuwisubiza itsinze Bugesera FC 1-0
Amakuru

Nyuma y’iminsi 35 ikipe ya APR FC itakaje umwanya wa mbere, yongeye kuwisubiza itsinze Bugesera FC 1-0

Ubwanditsi 18 Apr 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru