• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda: Uvuga ko yahunze Abanyarwanda kubera ko bamutumye kwica perezida Museveni akanga aranyomozwa

Uganda: Uvuga ko yahunze Abanyarwanda kubera ko bamutumye kwica perezida Museveni akanga aranyomozwa

Ubwanditsi 22 Jan 2018 INKURU NYAMUKURU

Ikinyamakuru Softpower kivugwaho gukora inkuru za poropaganda zigamije gusebya u Rwanda cyatangaje inkuru y’uwahoze mu nzego z’ubutasi za Uganda uvuga ko yahunze igihugu atinya kwicwa n’Abanyarwanda nyuma yo kumuha akazi ko kwica perezida Museveni ntabikore, ariko iyi nkuru nayo ubwayo ikaba yashyizwe mu rwego rwa poropaganda n’ikinyamakuru Virungapost kivuga ko itakwizerwa.

Inkuru ya Softpower yavugaga ko nyuma yo guhunga igihugu, uyu Mugande witwa Furaha Arinaitwe yandikiye perezida Museveni akamubwira ko yahunze kubera Abanyarwanda bashakaga kumwica. Uyu wahoze akorera urwego rw’ubutasi mu gisirikare cya Uganda (CMI), avuga ko yasabwe mu 2009 gukorera u Rwanda ndetse kuva icyo gihe u Rwanda rukaba rwaramuhembaga.

Kera kabaye, ngo uyu yaje gusabwa n’Abanyarwanda kwica perezida Museveni ariko aranga kubera amahame agenderaho yo gukunda igihugu cye, akaba ari yo mpamvu yahisemo guhunga kubera ko yumvaga atagitekanye muri Uganda.

Ikinyamakuru cyandikirwa muri Uganda  Virungapost dukesha iyi nkuru kivuga ko iyi baruwa ari poropaganda yatangajwe n’ikinyamakuru kimwe gusa muri Uganda kandi kitari mu binyamakuru byubashywe.

Ngo imirongo mikeya y’inkuru ya Softpower n’ingingo zimwe z’ibaruwa ya Arinaitwe iyo ubirebye usanga nta shingiro bifite.

Icya mbere, ngo ibaruwa ya Arinaitwe igaragaza ko yandikiwe itangazamakuru mu gihe nyamara we avuga ko yari igenewe perezida Museveni. Ngo niba ari na Museveni yari igenewe kandi, ibirimo bigaragaza ko Arinaitwe atigeze aba impuguke mu kuneka nk’uko avuga.

Muri iyi baruwa ngo Arinaitwe avugamo ibintu n’umuntu utarabaye mu bijyanye n’ubutasi yasanga bigoye kubyizera nk’aho avuga ko perezida kagame ubwe yamwihamagariye akamuha amadolari 100,000 ngo yice Museveni.

Arinaitwe kuri ubu uvuga ko ari mu buhungiro kubera ko yanze gukora akazi yahawe, anavuga mu ibaruwa ye ko yabwiye perezida Museveni ubwe iby’uwo mugambi wo kumwica. Ni mu gihe nyamara uyu avuga ko yimwe n’uburenganzira bwo kubonana na perezida Museveni agahitamo kumwandikira ari aho ari gushaka ubuhungiro.

Furaha Arinaitwe

Virungapost ikibaza iti ibaze ari ukuri Arinaitwe yarahaye Museveni aya makuru ariko yakwikorera iperereza agasanga yari mu kuri u Rwanda rwaramuhaye akazi ko kumuhitana.

Ese koko Museveni yari kwanga kubonana na Arinaitwe? Ese iyo aza kuba afite andi makuru yari gukiza ubuzima yagombaga guha Museveni ariko akanga ko babonana?

Ngo icyo ibi bisobanuye n’uko Arinaitwe ari umugabo wavangiwe wahaye Museveni amakuru y’ikinyoma kugirango ajye amureba neza, cyangwa akaba ari inkuru Softpower yakoze ku bwende igamije gusobanura impamvu z’ibikorwa CMI imazemo iminsi byo kwibasira Abanyarwanda mu gihugu cya Uganda.

Ibi bikaba bigaragarira muri iyi baruwa ya Arinaitwe avugamo ko yakoreraga ubutasi u Rwanda akongeraho ko impamvu yanze kwica Museveni ari ukubera amahame agenderaho yo gukorera igihugu cye. Iki gihugu cye avuga ariko akaba ari nacyo avuga ko yatataga mu gihe cy’imyaka hafi 10.

Ngo umuntu w’umusazi niwe wenyine wakumva uko gukorera igihugu no kugikunda kwa Arinaitwe kandi ngo ikinyamakuru cya poropaganda nicyo cyonyine cyatangaza aya makuru.

Ibaruwa ya Arinaitwe ku musozo ivuga ko amaze kwanga akazi ko kwica Museveni kahise gahabwa umukuru w’igipolisi, Kale Kayihura kandi we ngo akakemera.

Ibi bikaba bitangajwe mu gihe mu mubano w’u Rwanda na Uganda hakomeje kuvugwa umwuka mubi watangiye kumvikana mu Ukwakira 2017 nyuma y’itabwa muri yombi ry’Umunyarwanda, Rene Rutagungira, ryakurikiwe no gutabwa muri yombi kw’abandi Banyarwanda batandukanye bashinjwa ibikorwa by’ubutasi ku butaka bwa Uganda

2018-01-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Irimbuka rya CNRD/FLN ya Calixte Sankara, Rusesabagina na Twagiramungu

Irimbuka rya CNRD/FLN ya Calixte Sankara, Rusesabagina na Twagiramungu

Ubwanditsi 17 Dec 2019
Abanyayuganda bitegure kwemera uruhererekane rw’ingoma ya Museveni?

Abanyayuganda bitegure kwemera uruhererekane rw’ingoma ya Museveni?

Ubwanditsi 29 Apr 2019
Kampala : Urubanza rwa Troy ukekwaho kwica Radio rwasubitswe

Kampala : Urubanza rwa Troy ukekwaho kwica Radio rwasubitswe

Ubwanditsi 07 Feb 2018
Kwa NEVA ngo ibigega birafigije, mu gihe amagana y’Abarundi asuhukira muri Zambiya kubera inzara

Kwa NEVA ngo ibigega birafigije, mu gihe amagana y’Abarundi asuhukira muri Zambiya kubera inzara

Ubwanditsi 08 Jan 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yasobanuye impamvu Kabila atitabiriye inama ku bibazo by’igihugu cye
POLITIKI

Perezida Kagame yasobanuye impamvu Kabila atitabiriye inama ku bibazo by’igihugu cye

Ubwanditsi 18 Jan 2019
Cambridge Analytica ishinjwa ko yakoranye na Donald Trump mu kwiyamamaza yafunze imiryango
IKORANABUHANGA

Cambridge Analytica ishinjwa ko yakoranye na Donald Trump mu kwiyamamaza yafunze imiryango

Ubwanditsi 03 May 2018
APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah
Amakuru

APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah

RUSHYASHYA 03 Jun 2026

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru