• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Niwe rutahizamu watsinze ibitego byinshi muri Ivory Coast, ibyo wamenya kuri rutahizamu mushya wa APR FC, Amani Kouadio Kan   |   22 Jun 2026

  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda: Uvuga ko yahunze Abanyarwanda kubera ko bamutumye kwica perezida Museveni akanga aranyomozwa

Uganda: Uvuga ko yahunze Abanyarwanda kubera ko bamutumye kwica perezida Museveni akanga aranyomozwa

Ubwanditsi 22 Jan 2018 INKURU NYAMUKURU

Ikinyamakuru Softpower kivugwaho gukora inkuru za poropaganda zigamije gusebya u Rwanda cyatangaje inkuru y’uwahoze mu nzego z’ubutasi za Uganda uvuga ko yahunze igihugu atinya kwicwa n’Abanyarwanda nyuma yo kumuha akazi ko kwica perezida Museveni ntabikore, ariko iyi nkuru nayo ubwayo ikaba yashyizwe mu rwego rwa poropaganda n’ikinyamakuru Virungapost kivuga ko itakwizerwa.

Inkuru ya Softpower yavugaga ko nyuma yo guhunga igihugu, uyu Mugande witwa Furaha Arinaitwe yandikiye perezida Museveni akamubwira ko yahunze kubera Abanyarwanda bashakaga kumwica. Uyu wahoze akorera urwego rw’ubutasi mu gisirikare cya Uganda (CMI), avuga ko yasabwe mu 2009 gukorera u Rwanda ndetse kuva icyo gihe u Rwanda rukaba rwaramuhembaga.

Kera kabaye, ngo uyu yaje gusabwa n’Abanyarwanda kwica perezida Museveni ariko aranga kubera amahame agenderaho yo gukunda igihugu cye, akaba ari yo mpamvu yahisemo guhunga kubera ko yumvaga atagitekanye muri Uganda.

Ikinyamakuru cyandikirwa muri Uganda  Virungapost dukesha iyi nkuru kivuga ko iyi baruwa ari poropaganda yatangajwe n’ikinyamakuru kimwe gusa muri Uganda kandi kitari mu binyamakuru byubashywe.

Ngo imirongo mikeya y’inkuru ya Softpower n’ingingo zimwe z’ibaruwa ya Arinaitwe iyo ubirebye usanga nta shingiro bifite.

Icya mbere, ngo ibaruwa ya Arinaitwe igaragaza ko yandikiwe itangazamakuru mu gihe nyamara we avuga ko yari igenewe perezida Museveni. Ngo niba ari na Museveni yari igenewe kandi, ibirimo bigaragaza ko Arinaitwe atigeze aba impuguke mu kuneka nk’uko avuga.

Muri iyi baruwa ngo Arinaitwe avugamo ibintu n’umuntu utarabaye mu bijyanye n’ubutasi yasanga bigoye kubyizera nk’aho avuga ko perezida kagame ubwe yamwihamagariye akamuha amadolari 100,000 ngo yice Museveni.

Arinaitwe kuri ubu uvuga ko ari mu buhungiro kubera ko yanze gukora akazi yahawe, anavuga mu ibaruwa ye ko yabwiye perezida Museveni ubwe iby’uwo mugambi wo kumwica. Ni mu gihe nyamara uyu avuga ko yimwe n’uburenganzira bwo kubonana na perezida Museveni agahitamo kumwandikira ari aho ari gushaka ubuhungiro.

Furaha Arinaitwe

Virungapost ikibaza iti ibaze ari ukuri Arinaitwe yarahaye Museveni aya makuru ariko yakwikorera iperereza agasanga yari mu kuri u Rwanda rwaramuhaye akazi ko kumuhitana.

Ese koko Museveni yari kwanga kubonana na Arinaitwe? Ese iyo aza kuba afite andi makuru yari gukiza ubuzima yagombaga guha Museveni ariko akanga ko babonana?

Ngo icyo ibi bisobanuye n’uko Arinaitwe ari umugabo wavangiwe wahaye Museveni amakuru y’ikinyoma kugirango ajye amureba neza, cyangwa akaba ari inkuru Softpower yakoze ku bwende igamije gusobanura impamvu z’ibikorwa CMI imazemo iminsi byo kwibasira Abanyarwanda mu gihugu cya Uganda.

Ibi bikaba bigaragarira muri iyi baruwa ya Arinaitwe avugamo ko yakoreraga ubutasi u Rwanda akongeraho ko impamvu yanze kwica Museveni ari ukubera amahame agenderaho yo gukorera igihugu cye. Iki gihugu cye avuga ariko akaba ari nacyo avuga ko yatataga mu gihe cy’imyaka hafi 10.

Ngo umuntu w’umusazi niwe wenyine wakumva uko gukorera igihugu no kugikunda kwa Arinaitwe kandi ngo ikinyamakuru cya poropaganda nicyo cyonyine cyatangaza aya makuru.

Ibaruwa ya Arinaitwe ku musozo ivuga ko amaze kwanga akazi ko kwica Museveni kahise gahabwa umukuru w’igipolisi, Kale Kayihura kandi we ngo akakemera.

Ibi bikaba bitangajwe mu gihe mu mubano w’u Rwanda na Uganda hakomeje kuvugwa umwuka mubi watangiye kumvikana mu Ukwakira 2017 nyuma y’itabwa muri yombi ry’Umunyarwanda, Rene Rutagungira, ryakurikiwe no gutabwa muri yombi kw’abandi Banyarwanda batandukanye bashinjwa ibikorwa by’ubutasi ku butaka bwa Uganda

2018-01-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

General Makenga yasubiranye urugo rw’ iwabo, Victor Byiringiro wamumenesheje ahungishwa mu ngobyi

General Makenga yasubiranye urugo rw’ iwabo, Victor Byiringiro wamumenesheje ahungishwa mu ngobyi

Ubwanditsi 07 Mar 2024

Police FC yegukanye igikombe cy’Amahoro itsinze Bugesera FC ku mukino wa nyuma 2-1, kiba icya 2 mu mateka yayo

Ubwanditsi 01 May 2024
Ibanga ry’iterambere rya Afurika ni abaturage bayo – Perezida Kagame

Ibanga ry’iterambere rya Afurika ni abaturage bayo – Perezida Kagame

Ubwanditsi 22 Jun 2018
Ibivugwa ko u Rwanda rugiye kwikebera igice cya DR Congo nta shingiro bifite – Minisitiri Biruta

Ibivugwa ko u Rwanda rugiye kwikebera igice cya DR Congo nta shingiro bifite – Minisitiri Biruta

Ubwanditsi 08 Jan 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amafoto: Rayon Sports yanganyije na Etincelles i Rubavu
IMIKINO

Amafoto: Rayon Sports yanganyije na Etincelles i Rubavu

Ubwanditsi 26 Apr 2018
Banki y’Isi yahaye u Rwanda miliyari 54 Frw azakoreshwa mu iterambere ry’impunzi
UBUKUNGU

Banki y’Isi yahaye u Rwanda miliyari 54 Frw azakoreshwa mu iterambere ry’impunzi

Ubwanditsi 16 May 2019
Uganda: Umunyeshuri yareze Perezida Museveni n’abandi bayobozi bamukumiriye kuri Twitter zabo
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Umunyeshuri yareze Perezida Museveni n’abandi bayobozi bamukumiriye kuri Twitter zabo

Ubwanditsi 27 Aug 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru