• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Venant Musoni wakorewe  iyicarubozo muri Uganda, aratabariza  bagenzi be 40 bari mu makasho ko bakorerwa ubuvugizi

Venant Musoni wakorewe  iyicarubozo muri Uganda, aratabariza  bagenzi be 40 bari mu makasho ko bakorerwa ubuvugizi

Ubwanditsi 30 Apr 2019 ITOHOZA

Undi munyarwanda yasesekaye ku butaka bw’u Rwanda aho yaramaze amezi icyenda akorerwa iyicarubozo n’inzego z’iperereza mu Bugande, yagaragarijwe itangazamakuru uburyo yanogowemo inzara z’amaguru, agakubitwa umubiri wose mu mugongo n’ibindi bice by’umubiri, afite n’inkovu mu mutwe aho yatewe cy’imbunda, avuga ko bamuhataga ibibazo ubutitsa kugira ngo avuge niba ari intasi y’u Rwanda, na we abatsembera ko ibyo bamukekaho atari byo.

Uwo mugabo witwa Hakorimana Venant Musoni akaba afite umugore n’abana babiri, bakaba batuye muri Amerika, uwo mugabo akaba afite inkomoko ye mu Rwanda, akaba yahoze akorera umuryango mpuzamahanga witwa Save The Children, aho kandi yahoze akorera mu inkambi ya Kisoro na Kamwenge mu Uburengerazuba bwa Uganda, avuga ko yari ashinzwe uburezi, ari naho yabonye amafaranga abasha kwiyubakira inzu muri icyo igihugu cya Uganda n’ibindi bikorwa biteza imbere umuryango we.

Mu gihe yari kuri Hotel ngo mu gihe yari ategereje ifunguro ngo yumvise abantu bakomanga agira ngo n’abakozi ba Hoteli bamuzaniye ibiryo, abakinguriye ngo yatunguwe no kubona abantu bane bambaye imyenda ya gisivile ariko bafite imbunda, umwe muri bo ngo yahise amukubita ikibuno cy’imbunda mu mutwe amaraso atangira kuvirirana, nanone bahita bamupfuka mu maso, bagenda bamukubita kugeza ubwo bamugezaga mu Mujyi wa Kampala, batangira kumuhata ibibazo n’iyicarubozo.

Mu bibazo ngo bagiye bamuhata n’abantu batandukanye ngo bamubazaga niba ari umusirikari cyangwa akorana n’inzego zishinzwe ubutasi mu Rwanda, akomeza abatsembera ko yakoreraga umuryango mpuzamahanga ndetse abaha n’aho bashobora kubaza amakuru, kugira ngo bishyirire amatsiko, ariko ntabwo babyemeye ngo bakomeje kumutoteza, kimwe n’abandi banyarwanda bagera hafi 40 ariko ngo baje kubafungira ahantu hatandukanye.

Yagize ati ‘‘nk’umugabo witwa Nerson Mugabo twari dufunganywe mugenzi wanjye w’umunyarwanda we nta n’ubwo bigeze bamushyikiriza ubutabera, kuko yitumaga aho ari bamuvunye amaguru n’umugongo’’.

Kuri icyo kibazo yasabye Leta y’u Rwanda ko yakora ibishoboka byose bakabasha gushyira ijwi ryabo hejuru hashoboka, harimo n’imiryango mpuzamahanga ishinzwe uburenganzira bwa muntu, kugira ngo bamagane iyo yicarubozo rikomeje gukorerwa Abanyarwanda, kuko yavuze ko nubwo we yaje kugirirwa ubuntu agafungurwa ko hakiri n’abandi bakimeze nabi hirya no hino mu hantu hafungiwe mu bwihisho mu inzego zishinzwe iperereza.

Hakorimana Venant Musoni wamaze amezi 9 arengaho kuko yafunzwe mu mwaka ushize wa 2018, akaza gushyikirizwa ubutabera ku wa 25 Werurwe 2019 aho yaregwaga icyaha cyo kwinjira muri icyo gihugu, mu buryo butemewe n’amategeko ndetse no gutura atabiherewe uburenganzira, ababwira ko yanyuze ku mupaka byemewe n’amategeko kandi ko igihe cyose yakoreye muri icyo gihugu yari abifitiye uburenganzira.

Yaje guhamwa n’icyaha n’urukiko ko yabaye muri icyo gihugu bitemewe n’amategeko ko agomba gufungwa imyaka 2 cyangwa se akaba yatanga amafaranga miliyoni 1 y’amashiringi ya Uganda, yandikiye Ambasade y’u Rwanda muri Uganda ariko ntabwo urwo rwandiko barutanze bararugumanye, nibwo ngo yaje kubonana n’inshuti ye ku bwo amahirwe mu gihe kirekire yari amaze, arayamwishyurira, amuha ayo mafaranga arayatanga baramurekura ku wa 24 Mata 2019.

Kugira ngo agere mu Rwanda ngo yagiye kuri ambasade y’u Rwanda iri Kampala, baza kumuha amafaranga ya ticket yaje kumugeza mu Rwanda, aho asaba ko Abanyarwanda bagenzi be bagifungiye mu ma kasho atandukanye hirya no hino muri icyo gihugu ko bakorerwa ubuvugizi kugira ngo na bo barenganurwe kuko barengana.

N’ikiniga cyinshi avuga ko inzu ye iherereye muri icyo gihugu ko nta bubasha agifite bwo kuba yabona amafaranga yayo, avuga kandi ko yatswe amafaranga amadolari ibihumbi 11, ibihumbi 5 bya ama euro, bamutwara tel mobile 2 ariko baje kumusubiza imwe, bamutwara laptop, ibyangombwa by’u Rwanda ndetse n’ibyo yari yarahawe muri icyo gihugu mu buryo bwemewe n’amategeko.

2019-04-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Polisi ya  Leta ya Malawi  ratungwa agatoki kurya Ruswa ikarekura Umujenosideri  w’umunyarwanda

Polisi ya Leta ya Malawi ratungwa agatoki kurya Ruswa ikarekura Umujenosideri w’umunyarwanda

Ubwanditsi 18 Nov 2016
Ingoma ya Museveni kurangaza abaturage yibanda ku Rwanda kubera ikibazo cy’ishimutwa rya Kabuleta

Ingoma ya Museveni kurangaza abaturage yibanda ku Rwanda kubera ikibazo cy’ishimutwa rya Kabuleta

Ubwanditsi 16 Jul 2019
Ubwoba bw’ibihano kuri Kayumba na RNC nyuma ya raporo y’impuguke za Loni

Ubwoba bw’ibihano kuri Kayumba na RNC nyuma ya raporo y’impuguke za Loni

Ubwanditsi 06 Jan 2019
NYAKIBI NTIRARA BUSHYITSI: IBINYOMA BY’UBUTEGETSI BWA KONGO BIRAGENDA BITA AGACIRO.

NYAKIBI NTIRARA BUSHYITSI: IBINYOMA BY’UBUTEGETSI BWA KONGO BIRAGENDA BITA AGACIRO.

Ubwanditsi 18 Jan 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rushyashya yashyize hanze Kayumba na Sisulu mu mibanire y’u Rwanda na Afurika y’epfo
INKURU NYAMUKURU

Rushyashya yashyize hanze Kayumba na Sisulu mu mibanire y’u Rwanda na Afurika y’epfo

Ubwanditsi 11 Dec 2018
Twagiramungu kwihandagaza akabeshya, agatanga amakuru y’ibyabereye muri Nyungwe ari mu Bubiligi nyamara abaturiye iryo shyamba n’abarigendamo ntabyo babonye.
INKURU NYAMUKURU

Twagiramungu kwihandagaza akabeshya, agatanga amakuru y’ibyabereye muri Nyungwe ari mu Bubiligi nyamara abaturiye iryo shyamba n’abarigendamo ntabyo babonye.

Ubwanditsi 09 May 2019
Areruya Joseph yegukanye isiganwa rikomeye muri Afurika rya ‘La Tropicale Amissa Bongo’
IMIKINO

Areruya Joseph yegukanye isiganwa rikomeye muri Afurika rya ‘La Tropicale Amissa Bongo’

Ubwanditsi 21 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru