• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amatike y’umunsi wa kabiri w’igitaramo cyo kwizihiza imyaka 20 King James amaze akroa umuziki yamaze kujya hanze   |   01 Jun 2026

  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Twagiramungu kwihandagaza akabeshya, agatanga amakuru y’ibyabereye muri Nyungwe ari mu Bubiligi nyamara abaturiye iryo shyamba n’abarigendamo ntabyo babonye.

Twagiramungu kwihandagaza akabeshya, agatanga amakuru y’ibyabereye muri Nyungwe ari mu Bubiligi nyamara abaturiye iryo shyamba n’abarigendamo ntabyo babonye.

Ubwanditsi 09 May 2019 INKURU NYAMUKURU

Umunyapoliti utavuga rumwe na Leta y’u Rwanda, Faustin Twagiramungu, kuri uyu wa Gatatu yakwirakwije ibihuha ko muri Nyungwe imirwano imeze nabi, abanyarwanda kuri Twitter bamuha urw’amenyo.

Twagiramungu w’imyaka 73 aba mu Bubiligi. Haba ku mbuga ze nkoranyambaga no mu binyamakuru nta na hamwe ajya yumvikana ashima cyangwa yemera ibyagezweho mu Rwanda yigeze kubera Minisitiri w’Intebe.

Ku rukuta rwe rwa Twitter birasanzwe ko ashyiraho amagambo anenga cyangwa yirengagiza ibyagezweho mu Rwanda, ubundi agacishamo akanibasira abayobozi bakuru b’u Rwanda.

Ahagana saa moya z’umugoroba kuri uyu wa Kane, Twagiramungu yongeye gutungurana yandika kuri Twitter ko guhera tariki 3 kugeza tariki 7 Gicurasi 2019 imirwano yari imeze nabi hagati y’ingabo z’u Rwanda n’inyeshyamba mu ishyamba rya Nyungwe.

Nta gihamya na kimwe yigeze yerekana cyangwa ngo asobanure aho yakuye ayo makuru.

Inyandiko ya Twagiramungu yazamuye amarangamutima ku banyarwanda bakoresha Twitter kandi bazi neza ukuri kw’ibibera mu gihugu.

Bahise batanga ibitekerezo kuri iyo nyandiko bibaza igikomeje gutera Twagiramungu kwihandagaza akabeshya, agatanga amakuru y’ibyabereye muri Nyungwe ari mu Bubiligi nyamara abaturiye iryo shyamba n’abarigendamo ntabyo babonye.

Uwitwa Kizito Safari kuri Twitter yavuze ko ku wa Kabiri tariki 7 Gicurasi yanyuze mu ishyamba rya Nyungwe agana i Rusizi kandi ko inzira yose yari nyabagendwa.

Yagize ati “Ariko rwose muzehe nk’ibyo koko ubikuye he? Ejo ko nari Rusizi inzira yose akaba ari amahoro, ibyo bihuha urabikwiriza iki koko? Reka igi rihane inyoni: sigaho nta musaza ubeshya.”

Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Gatabazi Jean Marie Vianney, yasabye Twaragiramungu kuva muri Politiki yo mu kirere, akajya atangaza ibyo yahagazeho.

Ati “Harya iyi ni ya Politiki yawe yo mu Kirere! Ugomba kuba uri mu bushorishori bwa Gare du Midi hamwe nigeze kugusanga ukavuza induru, gerageza ujye kurira ibiti bya Gashonga nibwo wabona muri Nyungwe cyangwa utumeho mwene nyoko aguhe amakuru mazima.”

Straton Fatahose yifashishije ifoto y’ibihingwa birimo ibirayi bihinze hafi ya Nyungwe, yavuze ko abatuye hafi ya Nyungwe bahugiye mu rugamba rw’iterambere aho kuba urw’amasasu nkuko Twagiramungu abivuga.

Ati “Dore abaturiye Nyungwe amakuru bafite ni urugamba mu iterambere. Abaguha amakuru baraguhaze muze, basigaye bakwikiza bakakubwira ibyo waraye urota niba atari ubuhanuzi uba wikoreye.”

Afazari Dancilla we yavuze ko umusaza nka Twagiramungu atari akwiriye kuba akiri mu makuru yo gushyushya abantu imitwe, ahubwo yakabaye ari kubiba urukundo n’ubumwe mu rubyiruko.

Ati “Twagiramungu rekera aho ibinyoma byawe byo gushyushya abantu imitwe. Ku myaka yawe, ubundi abagabo nya bagabo basaza bigisha urukundo n’ubumwe mu rubyiruko ariko we ni urwango gusa. Muzehe, abanyarwanda ntibagishaka kumira uburozi bwawe.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Dr Richard Sezibera, aherutse kubwira itangazamakuru ko abavuga ko mu Rwanda nta mutekano uhari ari abakwirakwiza ibihuha ku nyungu zabo bwite.

Ati “ Izo mpuha zikwirakwizwa n’abayobozi bamwe bafite imitwe yitwara gisirikare. Abantu bakaza bagasakuza ngo twafashe Nyungwe , ngo nta mukerarugendo dushaka bari mu bihugu byo hanze. Nta waturusha amakuru ku gihugu cyacu kandi tuzi ko gitekanye.”

Yongeyeho ko “Umutekano w’abanyarwanda n’ibintu byabo urarinzwe, umeze neza nta cyawuhungabanya. Umutekano wa ba mukerarugendo nawo nta gishobora kuwuhungabanya kubera ko igihugu cyacu kirinzwe neza ushingiye ku banyarwanda ubwabo.”

Muri Nyakanga 2017 ubwo Perezida Paul Kagame yiyamamarizaga mu Karere ka Rusizi, agace Twagiramungu akomokamo, yakomoje ku buryo nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 Twagiramungu ari mu baje kumureba bamusaba kuba Perezida.

Perezida Kagame yavuze ko mu ntangiriro wabonaga Twagiramungu ashyigikiye ibitekerezo byo guteza imbere u Rwanda ariko nyuma aza kubihindura.

Ati “Icyantangaje ni uko icyo gihe yambwiraga ngo ni njye ukwiriye kuba Perezida ariko hashize igihe gito arabihindura. Ntabwo yari akinyifuza ngira ngo yibwiraga ko ahari azankoresha. Nari nabaye urutindo.”

Twagiramungu yabaye Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi kugeza mu 1995. Yahise ajya kuba mu Bubiligi agaruka mu 2003 aje kwiyamamaza mu matora ya Perezida nk’umukandida wigenga, atsindwa na Paul Kagame wari watanzwe n’Umuryango FPR Inkotanyi.

Src: IGIHE

2019-05-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Agahuru k’imbwa karahiye: Umudepite mu nteko ishinga amategeko y’ Ubwongereza yasabye igihugu cye guta muri yombi abagabo 5 bakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, kuko asanga ari igisebo kuba kigicumbikiye abajenosideri

Agahuru k’imbwa karahiye: Umudepite mu nteko ishinga amategeko y’ Ubwongereza yasabye igihugu cye guta muri yombi abagabo 5 bakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, kuko asanga ari igisebo kuba kigicumbikiye abajenosideri

Ubwanditsi 09 Dec 2020
Inama yahuje u Rwanda na Uganda yemeje ko gushyamirana byabereye ku butaka bw’u Rwanda

Inama yahuje u Rwanda na Uganda yemeje ko gushyamirana byabereye ku butaka bw’u Rwanda

Ubwanditsi 27 May 2019
Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba ntiwakemura ikibazo cya Kongo, mu gihe hari ibihugu bishyira imbere inyungu zabyo aho kureba iz’Umuryango wose”- Perezida Kagame.

Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba ntiwakemura ikibazo cya Kongo, mu gihe hari ibihugu bishyira imbere inyungu zabyo aho kureba iz’Umuryango wose”- Perezida Kagame.

Ubwanditsi 30 Jan 2025
Habayeho uguterana amagambo hagati ya Anne Rwigara n’umuhesha w’inkiko watezaga ibyabo cyamunara

Habayeho uguterana amagambo hagati ya Anne Rwigara n’umuhesha w’inkiko watezaga ibyabo cyamunara

Ubwanditsi 29 Mar 2018

Igitekerezo kimwe

  1. baziyumva
    May 9, 20198:51 pm -

    Gusaza ni ugusahurwa, Ubwonko bwe bwashaje rwose. Ntakibasha kugendana nabwo.Iriya ndwara yo kwibagirwa ugahora mu byakera ukibagirwa ibiriho, iyo uyifite uba wagiye. Utangira no kuvugishwa bakagirango warasaze. Akenshi uba wibereye mu byakera ukiri umusore n’abantu b’icyo gihe, Ibyavuba ntubimenya. Abenshi iyo bageze kuri iyo stade baba barangije, baba basigaje kuraga.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

“Nshengurwa n’icyubahiro Kagame ahabwa mu ruhando mpuzamahanga” -Tshisekedi
Amakuru

“Nshengurwa n’icyubahiro Kagame ahabwa mu ruhando mpuzamahanga” -Tshisekedi

Ubwanditsi 31 Mar 2024
Perezida Kagame yasobanuye impamvu Kabila atitabiriye inama ku bibazo by’igihugu cye
POLITIKI

Perezida Kagame yasobanuye impamvu Kabila atitabiriye inama ku bibazo by’igihugu cye

Ubwanditsi 18 Jan 2019
Kwamagana ubugizi bwanabi uwitwa Chikuru Josefu akomeje gukorera abanyarawandakazi batuye mu Bubiligi
ITOHOZA

Kwamagana ubugizi bwanabi uwitwa Chikuru Josefu akomeje gukorera abanyarawandakazi batuye mu Bubiligi

Ubwanditsi 10 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru