• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Callixte Nsabimana yahaye ubutumwa bwihariye ibigarasha cyane cyane abizera igisambo Kayumba Nyamwasa   |   27 May 2022

  • Aho gusubiza impamvu bakorana na FDLR mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda, abanyekongo barahunga ibibazo byabo bwite bakabigereka ku Rwanda.   |   27 May 2022

  • Uretse isoni nke, Tewojeni Rudasingwa atinyuka ate kuvuga mu bantu, azi ubujura yasize akoze mu Rwanda?    |   27 May 2022

  • FERWABA yasinyanye amasezerano y’ubufatanye na NBA Africa agamije guteza imbere umukino w’intoki wa Basketball   |   26 May 2022

  • PSG Academy Rwanda yageze i Kigali izanye igikombe cy’Isi, Zamalek yaraye itsinzwe muri BAL 2022, abasiganwa ku magare baritegura kwerekeza muri Cameroon   |   26 May 2022

  • Amafoto- Amavubi yatangiye umwiherero bitegura imikino yo gushaka itike y’igikombe cya Afurika 2023   |   25 May 2022

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Twagiramungu kwihandagaza akabeshya, agatanga amakuru y’ibyabereye muri Nyungwe ari mu Bubiligi nyamara abaturiye iryo shyamba n’abarigendamo ntabyo babonye.

Twagiramungu kwihandagaza akabeshya, agatanga amakuru y’ibyabereye muri Nyungwe ari mu Bubiligi nyamara abaturiye iryo shyamba n’abarigendamo ntabyo babonye.

Editorial 09 May 2019 INKURU NYAMUKURU

Umunyapoliti utavuga rumwe na Leta y’u Rwanda, Faustin Twagiramungu, kuri uyu wa Gatatu yakwirakwije ibihuha ko muri Nyungwe imirwano imeze nabi, abanyarwanda kuri Twitter bamuha urw’amenyo.

Twagiramungu w’imyaka 73 aba mu Bubiligi. Haba ku mbuga ze nkoranyambaga no mu binyamakuru nta na hamwe ajya yumvikana ashima cyangwa yemera ibyagezweho mu Rwanda yigeze kubera Minisitiri w’Intebe.

Ku rukuta rwe rwa Twitter birasanzwe ko ashyiraho amagambo anenga cyangwa yirengagiza ibyagezweho mu Rwanda, ubundi agacishamo akanibasira abayobozi bakuru b’u Rwanda.

Ahagana saa moya z’umugoroba kuri uyu wa Kane, Twagiramungu yongeye gutungurana yandika kuri Twitter ko guhera tariki 3 kugeza tariki 7 Gicurasi 2019 imirwano yari imeze nabi hagati y’ingabo z’u Rwanda n’inyeshyamba mu ishyamba rya Nyungwe.

Nta gihamya na kimwe yigeze yerekana cyangwa ngo asobanure aho yakuye ayo makuru.

Inyandiko ya Twagiramungu yazamuye amarangamutima ku banyarwanda bakoresha Twitter kandi bazi neza ukuri kw’ibibera mu gihugu.

Bahise batanga ibitekerezo kuri iyo nyandiko bibaza igikomeje gutera Twagiramungu kwihandagaza akabeshya, agatanga amakuru y’ibyabereye muri Nyungwe ari mu Bubiligi nyamara abaturiye iryo shyamba n’abarigendamo ntabyo babonye.

Uwitwa Kizito Safari kuri Twitter yavuze ko ku wa Kabiri tariki 7 Gicurasi yanyuze mu ishyamba rya Nyungwe agana i Rusizi kandi ko inzira yose yari nyabagendwa.

Yagize ati “Ariko rwose muzehe nk’ibyo koko ubikuye he? Ejo ko nari Rusizi inzira yose akaba ari amahoro, ibyo bihuha urabikwiriza iki koko? Reka igi rihane inyoni: sigaho nta musaza ubeshya.”

Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Gatabazi Jean Marie Vianney, yasabye Twaragiramungu kuva muri Politiki yo mu kirere, akajya atangaza ibyo yahagazeho.

Ati “Harya iyi ni ya Politiki yawe yo mu Kirere! Ugomba kuba uri mu bushorishori bwa Gare du Midi hamwe nigeze kugusanga ukavuza induru, gerageza ujye kurira ibiti bya Gashonga nibwo wabona muri Nyungwe cyangwa utumeho mwene nyoko aguhe amakuru mazima.”

Straton Fatahose yifashishije ifoto y’ibihingwa birimo ibirayi bihinze hafi ya Nyungwe, yavuze ko abatuye hafi ya Nyungwe bahugiye mu rugamba rw’iterambere aho kuba urw’amasasu nkuko Twagiramungu abivuga.

Ati “Dore abaturiye Nyungwe amakuru bafite ni urugamba mu iterambere. Abaguha amakuru baraguhaze muze, basigaye bakwikiza bakakubwira ibyo waraye urota niba atari ubuhanuzi uba wikoreye.”

Afazari Dancilla we yavuze ko umusaza nka Twagiramungu atari akwiriye kuba akiri mu makuru yo gushyushya abantu imitwe, ahubwo yakabaye ari kubiba urukundo n’ubumwe mu rubyiruko.

Ati “Twagiramungu rekera aho ibinyoma byawe byo gushyushya abantu imitwe. Ku myaka yawe, ubundi abagabo nya bagabo basaza bigisha urukundo n’ubumwe mu rubyiruko ariko we ni urwango gusa. Muzehe, abanyarwanda ntibagishaka kumira uburozi bwawe.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Dr Richard Sezibera, aherutse kubwira itangazamakuru ko abavuga ko mu Rwanda nta mutekano uhari ari abakwirakwiza ibihuha ku nyungu zabo bwite.

Ati “ Izo mpuha zikwirakwizwa n’abayobozi bamwe bafite imitwe yitwara gisirikare. Abantu bakaza bagasakuza ngo twafashe Nyungwe , ngo nta mukerarugendo dushaka bari mu bihugu byo hanze. Nta waturusha amakuru ku gihugu cyacu kandi tuzi ko gitekanye.”

Yongeyeho ko “Umutekano w’abanyarwanda n’ibintu byabo urarinzwe, umeze neza nta cyawuhungabanya. Umutekano wa ba mukerarugendo nawo nta gishobora kuwuhungabanya kubera ko igihugu cyacu kirinzwe neza ushingiye ku banyarwanda ubwabo.”

Muri Nyakanga 2017 ubwo Perezida Paul Kagame yiyamamarizaga mu Karere ka Rusizi, agace Twagiramungu akomokamo, yakomoje ku buryo nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 Twagiramungu ari mu baje kumureba bamusaba kuba Perezida.

Perezida Kagame yavuze ko mu ntangiriro wabonaga Twagiramungu ashyigikiye ibitekerezo byo guteza imbere u Rwanda ariko nyuma aza kubihindura.

Ati “Icyantangaje ni uko icyo gihe yambwiraga ngo ni njye ukwiriye kuba Perezida ariko hashize igihe gito arabihindura. Ntabwo yari akinyifuza ngira ngo yibwiraga ko ahari azankoresha. Nari nabaye urutindo.”

Twagiramungu yabaye Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi kugeza mu 1995. Yahise ajya kuba mu Bubiligi agaruka mu 2003 aje kwiyamamaza mu matora ya Perezida nk’umukandida wigenga, atsindwa na Paul Kagame wari watanzwe n’Umuryango FPR Inkotanyi.

Src: IGIHE

2019-05-09
Editorial

IZINDI NKURU

Venant Rutunga, umujenosideri wihishahishaga mu Buholandi akabarizwa no mu ishyaka FDU Inkingi yoherejwe mu Rwanda

Venant Rutunga, umujenosideri wihishahishaga mu Buholandi akabarizwa no mu ishyaka FDU Inkingi yoherejwe mu Rwanda

Editorial 27 Jul 2021
Ubugambanyi, Inda nini n’Amatiku bya Kayumba Nyamwasa bishenye RNC

Ubugambanyi, Inda nini n’Amatiku bya Kayumba Nyamwasa bishenye RNC

Editorial 15 Sep 2019
Bombori bombori muri RNC, Prossy Bonabana na Sula Nuwamanya bitandukanyije nayo, impamvu nyamukuru bapfuye ni amafaranga

Bombori bombori muri RNC, Prossy Bonabana na Sula Nuwamanya bitandukanyije nayo, impamvu nyamukuru bapfuye ni amafaranga

Editorial 13 Jul 2021
Hagiye gusohoka ikiganiro Perezida Kagame agaragaramo atwaye igare na ‘Jet Ski’ mu Kivu (Video)

Hagiye gusohoka ikiganiro Perezida Kagame agaragaramo atwaye igare na ‘Jet Ski’ mu Kivu (Video)

Editorial 04 Apr 2018

Igitekerezo kimwe

  1. baziyumva
    May 9, 20198:51 pm -

    Gusaza ni ugusahurwa, Ubwonko bwe bwashaje rwose. Ntakibasha kugendana nabwo.Iriya ndwara yo kwibagirwa ugahora mu byakera ukibagirwa ibiriho, iyo uyifite uba wagiye. Utangira no kuvugishwa bakagirango warasaze. Akenshi uba wibereye mu byakera ukiri umusore n’abantu b’icyo gihe, Ibyavuba ntubimenya. Abenshi iyo bageze kuri iyo stade baba barangije, baba basigaje kuraga.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Callixte Nsabimana yahaye ubutumwa bwihariye ibigarasha cyane cyane abizera igisambo Kayumba Nyamwasa

Callixte Nsabimana yahaye ubutumwa bwihariye ibigarasha cyane cyane abizera igisambo Kayumba Nyamwasa

27 May 2022
Inzego z’ Uburezi Zisanga Kwigisha Hakoreshejwe Iyakure Ari ngombwa Kandi Ari Ingenzi

Inzego z’ Uburezi Zisanga Kwigisha Hakoreshejwe Iyakure Ari ngombwa Kandi Ari Ingenzi

24 May 2022
U Rwanda rufite intego ruzira ibiyobyabwenge n’ubuzererezi ni Gahunda igikomeje muri Purpose Rwanda

U Rwanda rufite intego ruzira ibiyobyabwenge n’ubuzererezi ni Gahunda igikomeje muri Purpose Rwanda

30 Mar 2022
Perezida Mnangagwa wa Zimbabwe na Perezida Mokgweetsi Masisi wa Bostwana bashimiye Perezida Kagame kubera uruhare rw’ingabo z’u Rwanda mu kurwanya iterabwoba Cabo Delgado

Perezida Mnangagwa wa Zimbabwe na Perezida Mokgweetsi Masisi wa Bostwana bashimiye Perezida Kagame kubera uruhare rw’ingabo z’u Rwanda mu kurwanya iterabwoba Cabo Delgado

01 Mar 2022
Ralex Logistics Yaje Ku Isonga mu Bigo Bya Mbere Bigira uruhare mu gutanga serivisi zinoze mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (EAC)

Ralex Logistics Yaje Ku Isonga mu Bigo Bya Mbere Bigira uruhare mu gutanga serivisi zinoze mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (EAC)

28 Feb 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Bugesera: Ababyeyi barasabwa Kurushaho Kuganiriza Abana babo Ubuzima Bw’imyororokere hagamijwe Gukumira Inda zitateguwe

Bugesera: Ababyeyi barasabwa Kurushaho Kuganiriza Abana babo Ubuzima Bw’imyororokere hagamijwe Gukumira Inda zitateguwe

30 Nov 2021
Leta ya Uganda irashinjwa kwica abaturage bo mu idini ya Islam, ibitirira ibisasu bitegwa mu duce tunyuranye tw’icyo gihugu.

Leta ya Uganda irashinjwa kwica abaturage bo mu idini ya Islam, ibitirira ibisasu bitegwa mu duce tunyuranye tw’icyo gihugu.

21 Nov 2021
Abayisilamu bo mu Rwanda ntibazagwe mu mutego w’intagondwa zitwaza idini, zigategura ibikorwa by’iterabwoba

Abayisilamu bo mu Rwanda ntibazagwe mu mutego w’intagondwa zitwaza idini, zigategura ibikorwa by’iterabwoba

02 Oct 2021
Huye: Bamwe mu rubyiruko rwakingiwe Covid-19 barakangurira abanyarwanda b’ingeri zose kwitabira  gahunda y’Ikingira

Huye: Bamwe mu rubyiruko rwakingiwe Covid-19 barakangurira abanyarwanda b’ingeri zose kwitabira gahunda y’Ikingira

09 Sep 2021
Agatha Kanziga arataratamba ngo adashyikirizwa ubutabera, ariko amaherezo y’inzira ni munzu!Urukiko rw’Ubujurire mu Bufaransa rwateye utwatsi icyifuzo cye!

Agatha Kanziga arataratamba ngo adashyikirizwa ubutabera, ariko amaherezo y’inzira ni munzu!Urukiko rw’Ubujurire mu Bufaransa rwateye utwatsi icyifuzo cye!

31 Aug 2021
Abagore barasabwa kuba abambere mu kwita ku bidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima

Abagore barasabwa kuba abambere mu kwita ku bidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima

18 Aug 2021
Abana bafite ubumuga bakwiye uburenganzira bwihariye bwo guhabwa Inkingo za COVID-19

Abana bafite ubumuga bakwiye uburenganzira bwihariye bwo guhabwa Inkingo za COVID-19

13 Jul 2021

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru