• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Umushyikirano wa 15 uzibanda kuri gahunda y’Igihugu igamije impinduka

Umushyikirano wa 15 uzibanda kuri gahunda y’Igihugu igamije impinduka

Ubwanditsi 07 Dec 2017 INKURU NYAMUKURU

Tariki ya 18 na 19 Ukuboza ni bwo Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ku nshuro ya 15 izaba, ikaba izahuriza hamwe abantu barenga 2000 baba mu gihugu ndetse no mu mahanga.

Mu kiganiro n’abanyamakuru kivuga ku byemezo biba byavuye mu Nama y’Abaminisitiri, Minisitiri ushinzwe imirimo y’Inama y’Abaminisitiri, Kayisire Marie Solange yavuze ko iyi nama ngarukamwaka imyiteguro yayo igenda neza.

Avuga ko izibanda cyane kuri Gahunda ya guverinoma yiswe National Strategy for Transformation (gahunda y’igihugu igamije impinduka), harebwa uburyo ubukungu ndetse n’uburumbuke bw’u Rwanda.

Hateganyijwe kuzatangwa ikiganiro kandi kivuga uruhare rw’urubyiruko mu kugera ku ntego z’iyo gaunda ya guverinoma.

Uretse abazaba bari muri Kigali Convention Centre ahazabera iyi nama, biteganyijwe ko hari n’abandi bazaba bari hirya no hino mu gihugu bakurikirana ibizaba bibera muri iyi nama ndetse bakanatanga ibitekerezo.

Hari abazaba bateraniye kuri Stade ntoya i Remera, abazaba bari I Nyamashe, Musanze, Huye na Gatsibo.

Abajijwe ku myanzuro y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano iheruka, Minisitiri Kayisire yavuze ko ubu harimo gusozwa raporo yayo, aho ngo bazayimurikira abanyarwanda.

Tariki ya 14 na 15 Ukuboza umwaka ushize ni bwo inama nk’iyi yabaye ku nshuron ya 14 aho yafatiwemo imyanzuro itandukanye, igendeye cyane ku biganiro byari byatanzwe.

Imyanzuro y’Umushyikirano wa 14

• Kugena igihe ntarengwa u Rwanda ruzagera ku rwego rwo kwihaza mu ngengo y’imari, dushingiye ku cyerekezo 2050, twongera umurego mu gukora cyane, kubazwa ibyo dukora (accountability), no kunoza imikoranire hagati y’inzego zose (sectoral coordination).

• Gukomeza kwubaka ubudasa bw’u Rwanda bushingiye ku miyoborere myiza dukomeza kwihitiramo no gushyigikira ubuyobozi butubereye kandi bufite icyerekezo (visionary leadership), no gukomeza umuco wo kwishakamo ibisubizo, kuwumenyekanisha no kuwuhererekanya mu badukomokaho.

• Gushimangira ubufatanye hagati y’Inzego za Leta, ababyeyi, abarezi, abikorera, sosiyete sivile n’imiryango ishingiye ku madini mu kurushaho kubaka Umuryango nyarwanda.

• Gushyira imbaraga mu kongerera agaciro ibikorerwa mu Rwanda no kubishakira amasoko mu Rwanda no mu mahanga.

• Gukomeza kunoza imitangire ya serivisi mu nzego za Leta no mu bikorera, abahabwa serivisi mbi bakabyanga kandi bakabigaragariza ababishinzwe kugirango bikosorwe;

• Gushyiraho no gushyigikira gahunda y’Urunana rw’Urungano mu Turere twose tw’Igihugu no kugeza gahunda y’Itorero ry’Igihugu mu byiciro byose by’Abanyarwanda harimo abakuze baba mu mahanga n’abafite n’ubumuga.

• Gutegura neza imishinga minini yo kuhira imyaka cyane cyane mu Turere twa Nyagatare, Gatsibo, Kayonza na Kirehe.

• Gushaka uburyo bwo kwegereza ibiro by’itora Abanyarwanda batuye mu mahanga.

• Gukomeza gusigasira no kurinda ubumwe bw’Abanyarwanda turwanya ingengabitekerezo ya Jenoside by’umwihariko mu rubyiruko.

• Gukomeza gushyira imbaraga mu guhangana n’ibikorwa bibera mu muhanga bigamije gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi;

• Gukora ubushakashatsi bugamije kumenya mu buryo bwimbitse ikibazo cy’ihungabana mu bacitse ku icumu rya Jenoside kugirango gifatirwe ingamba zihamye.

• Gushakira umuti ukwiye inzitizi zibangamira irangizwa ry’imanza zisigaye zaciwe n’inkiko Gacaca ku mitungo yangijwe mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Icyo Itegeko Nshinga rivuga ku Nama y’Igihugu y’Umushyikirano

Ingingo ya 140 y’Itegeko Nshinga ryo muri 2003 ryavuguruwe muri 2015 ivuga ko Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ihuza Perezida wa Repubulika n’abahagarariye abaturage.

Inama y’Igihugu y’Umushyikirano iterana nibura rimwe mu mwaka igasuzuma uko ubuzima bw’Igihugu n’ubumwe bw’Abanyarwanda bihagaze.

Perezida wa Repubulika atumiza Inama y’Igihugu y’Umushyikirano akanagena abayitabira.

Imyanzuro y’iyo Nama ishyikirizwa inzego zibishinzwe kugira ngo zirusheho gutunganya imirimo zikorera abaturage.

Iteka rya Perezida wa Repubulika rishobora guteganya ibindi byerekeye Inama y’Igihugu y’Umushyikirano.

2017-12-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

USA: Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’umuyobozi w’Umujyi wa Chicago

USA: Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’umuyobozi w’Umujyi wa Chicago

Ubwanditsi 24 Apr 2018
RNC – Umutwe udafite ibitekerezo bya politiki bifatika

RNC – Umutwe udafite ibitekerezo bya politiki bifatika

Ubwanditsi 06 Mar 2019
‘Iyo utubashye amategeko Leta ikwereka ko habaho no kuyatinyishwa’ Badege avuga ku kibazo cy’ impunzi za Kiziba

‘Iyo utubashye amategeko Leta ikwereka ko habaho no kuyatinyishwa’ Badege avuga ku kibazo cy’ impunzi za Kiziba

Ubwanditsi 23 Feb 2018
Burundi : Imbonerakure zahitanye Barutwanayo wari Umuyobozi wa Komini zimuteraguye ibyuma

Burundi : Imbonerakure zahitanye Barutwanayo wari Umuyobozi wa Komini zimuteraguye ibyuma

Ubwanditsi 30 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Impamvu abaturage bibona mu itangazamakuru kurusha abayobozi b’inzego z’ibanze
Mu Rwanda

Impamvu abaturage bibona mu itangazamakuru kurusha abayobozi b’inzego z’ibanze

Ubwanditsi 14 Jan 2019
Impinduka zitunguranye  mu buyobozi bw’ingabo z’u Rwanda
Amakuru

Impinduka zitunguranye mu buyobozi bw’ingabo z’u Rwanda

Ubwanditsi 11 Feb 2016
Uko Kayumba Yibye Inka Z’Abagogwe Mu Majyaruguru Y’u Rwanda Azijyana  Uganda Mu Bushyo Bwitwa Banyankore Kweterana Hagati Ya 1997-1998
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Uko Kayumba Yibye Inka Z’Abagogwe Mu Majyaruguru Y’u Rwanda Azijyana Uganda Mu Bushyo Bwitwa Banyankore Kweterana Hagati Ya 1997-1998

Ubwanditsi 16 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru