• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»CHAN: Maroc idafite icyo iharanira yandagaje Amavubi 1-4 imbere ya Perezida Kagame

CHAN: Maroc idafite icyo iharanira yandagaje Amavubi 1-4 imbere ya Perezida Kagame

Ubwanditsi 25 Jan 2016 IMIKINO

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda yari yaramaze kwizera kuzamuka mu itsinda rya mbere ari iya mbere, yandagajwe na Lions d’Atlas za Maroc mu mukino usoza iyo muri iri tsinda, itsindwa ibitego 4-1 byose byabonetse mu gice cya mbere cy’umukino.
-1920.jpg

Sugira ahanganye namyugaruriro wa Maroc

Umutoza w’Amavubi, yari yakoze impinduka aho yabanje mu kibuga abakinnyi 8 bose badasanzwe babanza mu kibuga. Mugihe abakinnyi batatu Rwatubyaye Abdul, Nshimiyimana Imran na Sugira Ernest, ari bo bakinnyi bazwi bari muri uyu mukino. Tubibutse ko aba bakinnyi ari nabo babanje mu kibuga igihe u Rwanda rutsinda Gabon.

-1916.jpg

Hegman watsinze kimwe cya Mavubi

Uyu mukino wari ufite byinshi uvuze ku ikipe y’igihugu ya Maroc dore ko yasabwaga gutsinda igategereza ko Gabon yayitabara nibura ikanganya cyangwa igatsindwa na Cote d’Ivoire ariko ku kinyuranyo cy’ibitego bike mu wundi mukino wabereye i Huye.

Maroc yabonye igitego cya mbere ku munota wa 16 w’umukino, gitsinzwe na Abdelghani Mouaoui ku mupira mwiza yahawe na Abdessalam Benjellouni.

Byasabye iminota umunani gusa ngo Maroc ibone igitego cya kabiri cyatsinzwe na Mohamed Aziz ku munota wa 24 w’umukino.

Amavubi yakomeje gusatira Maroc, maze ku mupira wari uvuye kuri Michel Rusheshangoga, Hegman Ngomirakiza atsinda igitego kimwe ku munota wa 27.

-1917.jpg

Umutoza yari yabanjemo bakinnyi bagize ikipe ya kabiri

Maroc yihariye iminota 10 isoza igice cya mbere ndetse ibonamo ibitego bibiri byatsinzwe na Abdeladim Khadrouf ku munota wa 38 ubwo yari ahawe umupira na Abdelghani Mouaoui mu gihe uyu Abdelghani Mouaoui yitsindiye igitego cye cya kabiri muri uyu mukino ku munota wa 43.

-1918.jpg

Perezida Kagame yari yaje kwihera ijisho abasore uko bakina

Amavubi yakoze impinduka hakiri kare ku munota wa 41, Rusheshangoga wavunitse asimburwa na Ombolenga Fitina.

-1919.jpg

Imvura yabanje kungwa ari nyinshi

U Rwanda rukaba rusoje imikino yo mu itsinda rya mbere rufite amanota 6, rukurikiwe na Cote d’ivoire yatsinze Gabon, nayo ifite atandatu mu gihe Maroc ifite 4, Gabon ikagira inota rimwe ku mwanya wa nyuma.

U Rwanda ruzahura n’izaba iya kabiri mu itsinda B mu gihe muri 1/4 Cote d’Ivoire izahura n’izaba iya mbere muri iri tsinda ry’i Huye.

Abakinnyi babanjemo:

RWANDA: 18 Kwizera Olivier, 3 Mwemere Ngirinshuti, 2 Michel Rusheshangoga, 15 Faustin Usengimana, 22 Rwatubyaye Abdul, 20 Hegman Ngomirakiza, 5 Imran Nshimiyimana, 4 Djihad Bizimana, 11 Savio Nshuti, 16 Ernest Sugira, 19 Yussuf Habimana.

MAROC: 1 El Bourkadi, 16 Oulhaj, 5 Achchakir, 15 Aziz, 23 Erraki , 10 El Moubarki, 11 Khadrouf, 6 Nakach, 4 El Yamiq, 9

M.Fils

2016-01-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Euro 2016: Portugal ikatishije itike yo gukina 1/2 kirangiza

Euro 2016: Portugal ikatishije itike yo gukina 1/2 kirangiza

Ubwanditsi 01 Jul 2016
Amakipe 10 arimo atanu y’Abagabo n’atanu y’Abagore niyo azitabira irushanwa ryateguwe na Rwanda Revenue Authority

Amakipe 10 arimo atanu y’Abagabo n’atanu y’Abagore niyo azitabira irushanwa ryateguwe na Rwanda Revenue Authority

Ubwanditsi 08 Nov 2023
Rayon Sports ntigikinnye umukino wa Gicuti na Le Messager Ngozi yo mu gihugu cy’u Burundi

Rayon Sports ntigikinnye umukino wa Gicuti na Le Messager Ngozi yo mu gihugu cy’u Burundi

Ubwanditsi 22 Mar 2022
APR BBC na AL Ahli Tripoli niyo makipe yaboneye itike i Kigali yo gukina imikino ya nyuma ya BAL 2025 izabera muri Afurika y’Epfo

APR BBC na AL Ahli Tripoli niyo makipe yaboneye itike i Kigali yo gukina imikino ya nyuma ya BAL 2025 izabera muri Afurika y’Epfo

Ubwanditsi 26 May 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umubyeyi ukwanga akuraga urugamba rwamunaniye: Umunyamulenge Masunzu wagambaniye benewabo, yoherejwe kurwanya M23
Amakuru

Umubyeyi ukwanga akuraga urugamba rwamunaniye: Umunyamulenge Masunzu wagambaniye benewabo, yoherejwe kurwanya M23

Ubwanditsi 27 Dec 2024
Banki Nkuru y’u Rwanda, BNR, yatangaje ko mu cyumweru gitaha inoti nshya ya 500 Frw n’iya 1000 Frw zizatangira gukoreshwa
UBUKUNGU

Banki Nkuru y’u Rwanda, BNR, yatangaje ko mu cyumweru gitaha inoti nshya ya 500 Frw n’iya 1000 Frw zizatangira gukoreshwa

Ubwanditsi 07 Feb 2019
Bujumbura: Nyuma y’uko bbc itahuye inzu yahindutse ibagiro ry’abantu,  Abanyamahanga  bakomeje kwicwa mu buryo bw’amayobera
INKURU NYAMUKURU

Bujumbura: Nyuma y’uko bbc itahuye inzu yahindutse ibagiro ry’abantu, Abanyamahanga bakomeje kwicwa mu buryo bw’amayobera

Ubwanditsi 11 Feb 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru