• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bizimana Djihad yasezeye Al Ahli yo muri Libya yari amazemo umwaka, Hakim Sahabo mu nzira zimujyana mu Bugereki   |   31 Jan 2026

  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»CHAN: Maroc idafite icyo iharanira yandagaje Amavubi 1-4 imbere ya Perezida Kagame

CHAN: Maroc idafite icyo iharanira yandagaje Amavubi 1-4 imbere ya Perezida Kagame

Editorial 25 Jan 2016 IMIKINO

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda yari yaramaze kwizera kuzamuka mu itsinda rya mbere ari iya mbere, yandagajwe na Lions d’Atlas za Maroc mu mukino usoza iyo muri iri tsinda, itsindwa ibitego 4-1 byose byabonetse mu gice cya mbere cy’umukino.
-1920.jpg

Sugira ahanganye namyugaruriro wa Maroc

Umutoza w’Amavubi, yari yakoze impinduka aho yabanje mu kibuga abakinnyi 8 bose badasanzwe babanza mu kibuga. Mugihe abakinnyi batatu Rwatubyaye Abdul, Nshimiyimana Imran na Sugira Ernest, ari bo bakinnyi bazwi bari muri uyu mukino. Tubibutse ko aba bakinnyi ari nabo babanje mu kibuga igihe u Rwanda rutsinda Gabon.

-1916.jpg

Hegman watsinze kimwe cya Mavubi

Uyu mukino wari ufite byinshi uvuze ku ikipe y’igihugu ya Maroc dore ko yasabwaga gutsinda igategereza ko Gabon yayitabara nibura ikanganya cyangwa igatsindwa na Cote d’Ivoire ariko ku kinyuranyo cy’ibitego bike mu wundi mukino wabereye i Huye.

Maroc yabonye igitego cya mbere ku munota wa 16 w’umukino, gitsinzwe na Abdelghani Mouaoui ku mupira mwiza yahawe na Abdessalam Benjellouni.

Byasabye iminota umunani gusa ngo Maroc ibone igitego cya kabiri cyatsinzwe na Mohamed Aziz ku munota wa 24 w’umukino.

Amavubi yakomeje gusatira Maroc, maze ku mupira wari uvuye kuri Michel Rusheshangoga, Hegman Ngomirakiza atsinda igitego kimwe ku munota wa 27.

-1917.jpg

Umutoza yari yabanjemo bakinnyi bagize ikipe ya kabiri

Maroc yihariye iminota 10 isoza igice cya mbere ndetse ibonamo ibitego bibiri byatsinzwe na Abdeladim Khadrouf ku munota wa 38 ubwo yari ahawe umupira na Abdelghani Mouaoui mu gihe uyu Abdelghani Mouaoui yitsindiye igitego cye cya kabiri muri uyu mukino ku munota wa 43.

-1918.jpg

Perezida Kagame yari yaje kwihera ijisho abasore uko bakina

Amavubi yakoze impinduka hakiri kare ku munota wa 41, Rusheshangoga wavunitse asimburwa na Ombolenga Fitina.

-1919.jpg

Imvura yabanje kungwa ari nyinshi

U Rwanda rukaba rusoje imikino yo mu itsinda rya mbere rufite amanota 6, rukurikiwe na Cote d’ivoire yatsinze Gabon, nayo ifite atandatu mu gihe Maroc ifite 4, Gabon ikagira inota rimwe ku mwanya wa nyuma.

U Rwanda ruzahura n’izaba iya kabiri mu itsinda B mu gihe muri 1/4 Cote d’Ivoire izahura n’izaba iya mbere muri iri tsinda ry’i Huye.

Abakinnyi babanjemo:

RWANDA: 18 Kwizera Olivier, 3 Mwemere Ngirinshuti, 2 Michel Rusheshangoga, 15 Faustin Usengimana, 22 Rwatubyaye Abdul, 20 Hegman Ngomirakiza, 5 Imran Nshimiyimana, 4 Djihad Bizimana, 11 Savio Nshuti, 16 Ernest Sugira, 19 Yussuf Habimana.

MAROC: 1 El Bourkadi, 16 Oulhaj, 5 Achchakir, 15 Aziz, 23 Erraki , 10 El Moubarki, 11 Khadrouf, 6 Nakach, 4 El Yamiq, 9

M.Fils

2016-01-25
Editorial

IZINDI NKURU

Rutahizamu Kylian Mbappe  yasezeye Paris St Germain yitegura kwerekeza muri Real Madrid

Rutahizamu Kylian Mbappe yasezeye Paris St Germain yitegura kwerekeza muri Real Madrid

Editorial 10 May 2024
Abanyamuryango ba komite Olempiki y’u Rwanda bemeje ko komite nyobozi ikomeza kuyobora kugeza mu Kwakira 2021 ubwo imikino Olempiki izaba irangiye

Abanyamuryango ba komite Olempiki y’u Rwanda bemeje ko komite nyobozi ikomeza kuyobora kugeza mu Kwakira 2021 ubwo imikino Olempiki izaba irangiye

Editorial 04 Apr 2021
Hagiye kubaho guma guma Superstar yabayitwaye

Hagiye kubaho guma guma Superstar yabayitwaye

Editorial 26 Feb 2016
Uban Boys ikoze amateka yo kuba itsinda ryambere ryegukanye Guma Guma kunshuro yayo ya 6 ibera hano mu Rwanda

Uban Boys ikoze amateka yo kuba itsinda ryambere ryegukanye Guma Guma kunshuro yayo ya 6 ibera hano mu Rwanda

Editorial 13 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR FC yaguye miswi na Kiyovu SC banganya 2-2, rutahizamu Mugenzi Bienvenue yigaragaza atsinda ibitego 2
Amakuru

APR FC yaguye miswi na Kiyovu SC banganya 2-2, rutahizamu Mugenzi Bienvenue yigaragaza atsinda ibitego 2

Editorial 23 Nov 2022
Gen Jean-Claude LaFourcade wari uyoboye Operation Turquoise ngo ntiyari azi abakoraga jenoside mu 1994
ITOHOZA

Gen Jean-Claude LaFourcade wari uyoboye Operation Turquoise ngo ntiyari azi abakoraga jenoside mu 1994

Editorial 27 Jun 2018
Bosenibamwe yahawe kuyobora ikigo gifasha abafite imyitwarire ibangamira abandi
Mu Rwanda

Bosenibamwe yahawe kuyobora ikigo gifasha abafite imyitwarire ibangamira abandi

Editorial 01 Jul 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru