• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»APR FC yanganyije na Police FC, Kiyovu Sports irara ku ntebe y’icyubahiro

APR FC yanganyije na Police FC, Kiyovu Sports irara ku ntebe y’icyubahiro

Ubwanditsi 22 Nov 2017 IMIKINO

Umukino wahuzaga APR FC na Police FC warangiye amakipe yombi anganya 0-0 biha amahirwe Kiyovu Sports yatsinze Sunrise 1-0 yo gufata umwanya wa mbere ku rutonde rw’agateganyo muri Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda.

Kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 22 Ugushyingo 2017, Shampiyona yakomeje hakinwa imikino y’umunsi wa Karindwi. APR FC yagiye mu kibuga iri ku mwanya wa mbere yashakaga gushimangira yagowe no kubona amanota atatu imbere ya Police FC itozwa na Seninga Innocent ndetse birangira amakipe anganyije 0-0.

Umukino wahuje impande zombi waranzwe no gucungana cyane ndetse uburyo bwabonetse nta cyo bwatanze kuko abanyezamu bose babaye ibamba.

Mu gice cya mbere cy’umukino, abakinnyi ba APR FC bageragezaga guhanahana umupira ariko amahirwe babonye imbere y’izamu Hakizimana Muhadjili ntabwo yashoboye kuyabyaza umusaruro imbere y’umunyezamu Nzarora Marcel.

Police FC na yo yanyuzagamo igasatira izamu rya APR FC ariko Kimenyi Yves umaze kwigaragaza nk’umunyezamu mwiza agahagarara bwuma imbere ya ba rutahizamu ba Police FC barimo Mico Justin, Mushimiyimana Mohammed na Biramahire Christophe bahererekanyaga umupira neza bashaka kunyeganyeza inshundura ze.

Umusifuzi Uwikunda Samuel wari uyoboye umukino yahushye mu ifirimbi nyuma y’iminota 45 y’igice cya mbere, amakipe yombi anganya ubusa ku busa.

Amakipe yombi yavuye mu kiruhuko asa n’agerageza gusatirana gusa nta cyo byatanze.

Mu gice cya kabiri, Umutoza Jimmy Mulisa yakoze impinduka akuramo Twizerimana Onesme utagize byinshi agaragaza kuri uyu munsi yinjiza Twizeyimana Martin Fabrice ariko na we utagize icyo ahindura.

Kiyovu Sports yakinaga na Sunrise FC yayitsinze igitego kimwe cyatsinzwe na Nizeyimana Djuma ku munota wa 18 w’igice cya mbere, ihita ifata umwanya wa mbere aho ifite amanota 15 imbere ya APR FC ifite 14.

Imikino y’umunsi wa karindwi wa Shampiyona

Ku wa Gatatu, tariki ya 22 Ugushyingo 2017:
-  Kiyovu Sports 1-0 Sunrise
-  Miloplast 2-2 Mukura VS
-  Marines 1-4 AS Kigali

Ku wa Kane, tariki ya 23 Ugushyingo 2017
-  Etincelles FC vs Musanze FC (Umuganda Stadium, 15:30)

Ku wa Kabiri, tariki ya 21 Ugushyingo 2017:

-  Umukino wagombaga guhuza Amagaju na Rayon Sports warasubitswe.
-  Espoir FC 0-0 Bugesera FC


2017-11-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu Bakinnyi Umutoza w’Amavubi yahamagaye harimo na Kevin Monnet Paquet

Mu Bakinnyi Umutoza w’Amavubi yahamagaye harimo na Kevin Monnet Paquet

Ubwanditsi 07 Oct 2020
Rwanda Premier League igiye gutangira guhemba amakipe hakurikijwe imyanya yasorejeho muri Shampiyona

Rwanda Premier League igiye gutangira guhemba amakipe hakurikijwe imyanya yasorejeho muri Shampiyona

Ubwanditsi 26 May 2024
Amafaranga arenga Miliyoni 100 amaze kuboneka ku mukino wa shampiyona uzahuza Rayon Sports na APR FC, Amatike y’uyu mukino yashize

Amafaranga arenga Miliyoni 100 amaze kuboneka ku mukino wa shampiyona uzahuza Rayon Sports na APR FC, Amatike y’uyu mukino yashize

Ubwanditsi 06 Dec 2024
APR FC na Rayon Sports agomba kwishyura ibihumbi 200 kugirango yemererwe gukina umwaka w’imikino wa 2025-2026

APR FC na Rayon Sports agomba kwishyura ibihumbi 200 kugirango yemererwe gukina umwaka w’imikino wa 2025-2026

Ubwanditsi 13 Aug 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U.S.A: Perezida Donald Trump ari mu mazi abira arashinjwa ubushinyaguzi
Mu Mahanga

U.S.A: Perezida Donald Trump ari mu mazi abira arashinjwa ubushinyaguzi

Ubwanditsi 19 Oct 2017
Abashoferi Bitaba Telefone Banatwaye ibinyabiziga akabo kashobotse
HIRYA NO HINO

Abashoferi Bitaba Telefone Banatwaye ibinyabiziga akabo kashobotse

Ubwanditsi 09 Feb 2018
Polisi y’u Rwanda na Uganda zakoranye inama yo gukomeza ubufatanye hagati yazo
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda na Uganda zakoranye inama yo gukomeza ubufatanye hagati yazo

Ubwanditsi 25 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru