• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Thabita Gwiza wari  inkotsa ya RNC muri Canada, akaba no mu rukundo Rw’ibanga na Jean Paul Turayishimye, yirukanwe
Thabita Gwiza

Thabita Gwiza wari  inkotsa ya RNC muri Canada, akaba no mu rukundo Rw’ibanga na Jean Paul Turayishimye, yirukanwe

Ubwanditsi 29 Nov 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Ngo ibikundanye birajyana, mu minsi ishize twabagejejeho inkuru zivuga uburyo muri RNC bitameze neza, gusa iminsi iba myinshi igahimwa numwe, Jean Paul Turayishimye yeguye ku mirimo ye y’ubuvugizi no kuba Komiseri ushinzwe Radio Rutwitsi Itahuka, agiye akurikirwa na Thabita Gwiza inshoreke ye akaba na mushiki wa Ben Rutabana umaze iminsi aburiwe irengero.

Uretse Thabita Gwiza wari Komiseri ushinzwe abari n’abategarugori mu ntara ya Canada, wirukanwe na Kayumba, kubera amakimbirane amaze iminsi hagati y’umuryango wa Rwigara na RNC, yatewe n’ibura rya Ben Rutabana, RNC yanahagaritse bamwe mu bandi bayobozi bayo muri Canada barimo na  Simeon Ndwaniye wari Umuhuzabikorwa w’akarere ka Windsor na Jean Paul Ntagara, Umuhuzabikorwa wungirije w’Intara ya Canada, n’umubitsi w’intara ya Canada [wahagaritswe kuri uwo murimo by’agateganyo kubera gufatira umutungo w’Ihuriro ] ndetse n’uw’akarere ka Ottawa- Gatineau.

Hari kandi Achille Kamana, Komiseri ushinzwe ubukangurambaga mu ntara ya Canada, umuhuzabikorwa w’akarere ka Ottawa-Gatineau.

Nk’uko bigaragara mu ibaruwa ibahagarika bandikiwe, aba ngo bazize inama bakoze uko ari bane kuwa 21 Ugushyingo 2019 mu izina rya Komite Nshingwabikorwa y’intara ya Canada.

Ibiro bikuriwe n’Umuhuzabikorwa Mukuru wa RNC, Jerome Nayigiziki, ngo bikaba byarasuzumye ibikubiye mu nyandiko-mvugo bashyize hanze, bagasanga inama bakoze ihabanye cyane n’amategeko, amahame n’indangagaciro RNC igenderaho.

Ati: “Inama yanyu yihaye ububasha idafite na gato ifata ibyemezo bidahwitse na gato, yiha uburenganzira bwo guhagarika umuhuzabikorwa w’intangarugero kugeza ubu mu maso y’Ihuriro muri rusange, igerekaho no kwihanangiriza abayobozi babakuriye, ari bo: Umuhuzabikorwa wungirije wa 3 ukuriye abahuzabikorwa b’intara zose akaba anabibangikanyije n’imirimo y’umubitsi mukuru.

Umunyamabanga mukuru w’Ihuriro Nyarwanda, umwe mubagize akanama k’inararibonye.  Mutaretse na bagenzi banyu muhuriye muri Komite Nshingwabikorwa y’intara ya Canada”.

Ibi bikaba byaratangajwe kuwa 26 Ugushyingo mu gihe mu ishyaka RNC muri iki gihe havugwamo umwuka mubi ahanini warushijeho kuzamurwa n’itabwa muri yombi rya Ben Rutabana, bivugwa ko afungiye muri Uganda kandi yafashwe ku kagambane ka bamwe mu bayobozi bakuru ba RNC barimo Kayumba Nyamwasa.

Uyu mushiki we Thabita Gwiza akaba we aherutse gutangaza ko nta wuyoberwa umwibye ahubwo ayoberwa aho amuhishe.

Hashize amezi abiri Ben Rutabana nawe ubarizwa muri RNC abuze, ariko mu kiganiro mushiki we, Tabitha Gwiza, yagiranye n’Ijwi rya Amerika, yagaragaje ko aho ari bahazi.

N’ubwo RNC ivuga ko itaramenya aho ari, byatangajwe mu binyamakuru bitandukanye ko Rutabana yaba afungiye muri Uganda, ndetse ko ubwo yerekezagayo yari asanzwe afitanye ibibazo na Frank Ntwali muramu wa Kayumba Nyamwasa ari na we uyoboye iri shyaka rya RNC.

Nyirabayazana w’ibi bibazo byose biri muri RNC, n’inyeshyamba za Kayumba zakubitiwe muri RD-Congo  ndetse umukuru wazo Maj (rtd) Habib Mudathiru agafatwa akazanwa mu Rwanda, ikibazo cya Ben Rutabana waburiwe irengero muri Uganda, bizwi ko yanyurujwe na Kayumba Nyamwasa abifashijwemo na muramu we Frank Ntwali, nacyo cyabaye imbarutso yo kutumvikana muri RNC, aho Kayumba Nyamwasa ashinjwa kudakorana n’abandi ndetse no gusesagura umutungo wa RNC. Uwashatse kubihinyura nka Rutabana akabigwamo.

Jean Paul Turayishimye yababajwe cyane n’ibyo Kayumba Nyamwasa yakoreye Rutabana cyane cyane ko amakuru agera kuri Rushyashya atubwira ko yari afitanye urukundo rw’ibanga na Tabitha Gwiza mushiki wa Rutabana. Nubwo abyita ingendo z’akazi, igihe cyose Jean Paul Turayishimye yabaga yagiye muri Canada aba ari mu munyenga w’urukundo na Tabita Gwiza.

Jean Paul Turayishimye

Politiki mbi ya RNC yatumye abayibayemo ku ikubitiro bayivamo, aho Kayumba Nyamwasa asigaranye abo yita abahutu be barimo Gervais Condo na Vuvuzela Serge Ndayizeye, umwe mu mandwa zizerwa na Kayumba Nyamwasa  ubu akaba ariwe mukuru wa Radiyo  Itahuka mu ibaruwa  aherutse kwandikira Kayumba mw’ibanga dore ko atahaye [copie pour information] amenyesha abandi bagize ishyaka ariko Rushyashya  yarayibonye, arasaba ko muri ibi bihe bibi bagezemo kubera akazi kenshi  ngo no gufata icyo yise risque ngo agomba kukubirwa agahimbazamusyi [ umushahara uva mu mafaranga bakira] inshuro eshatu kandi agasaba ko uwitwa Axel Kalimijabo ngo yahabwa umushahara ungana n’uwo Serge yahabwaga ngo akagirwa umunyamakuru wa Radio itahuka bityo ngo agahabwa kontaro ya kazi bitaba ibyo bagasezera kuri Radio itahuka bidasubirwaho.

Vuvuzela Serge Ndayizeye na Shebuja.

Ubu twandika iyi nkuru na Jean Marie Micombero ukuriye RNC mu Bubiligi, yagiye ntawe asezeye, akaba yari yifitaniye n’ibibazo  n’umugore we Mukamugisha Marie Grace ukomoka I Rwamagana wamwiyamye inshuro nyinshi kurara amusakuriza mu gitanda avugana n’ikigarasha Kayumba Nyamwasa, kugeza naho amuhitishijemo kugumana nacyo cyangwa na Marie Grace. Bucyeye umugore azinga utuntu twe arigendera, Micombero abura ihene n’ibiziriko. Dore ko  Angelique Karangwa umugore we wambere, akaba  umukobwa wa mwarimu Karangwa [ mu Kiyovu cy’abakene ] yari yaramutaye kera kubera ubutekamutwe bwe aho yamuvanye mu Rwanda amwizeza ibitangaza.

Jean Marie Micombero

Turayishimye wari ushinzwe iperereza muri RNC akaba anashakishwa n’ubutabera bw’u Rwanda cyane kubera umukecuru nyina wa Hadji Murwanashyaka yanigishije umukandara, abitumwe na kayumba ngo kuko yari yananiwe kuvuga aho umuhunguwe Murwanashyaka, aherereye,uyu akaba na muramu wa Kayumba bari basangiye Business.

Turayishimye Jean Paul anakurikiranweho,  ibyaha by’iterabwoba byabaye hagati ya 2010-2014, kugeza ubu Leta y’u Rwanda yatanze impapuro, zimuta muri yombi, amakuru atugeraho akaba avuga ko na Leta zunze ubumwe z’Amerika ziri hafi gushyira mu bikorwa ubusabe bwizo mpapuro.

Tabita, Turayishimye n’abandi ….kuba  bavuye muri RNC ni ikimenyetso ko igeze ku ndunduro ikaba izasigaramo Kayumba Nyamwasa, n’abo yita abahutu be nabo amaherezo bazamushiraho; agitangiza ishyaka yashatse kwiyegereza Paul Rusesabagina  na Paulin Murayi umukwe wa Kabuga Felicien ariko bava muri RNC ku ikubitiro.

2019-11-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yansabye kubwira Perezida Museveni ko u Rwanda rutazigera rurasa isasu rya mbere – Andrew Mwenda

Perezida Kagame yansabye kubwira Perezida Museveni ko u Rwanda rutazigera rurasa isasu rya mbere – Andrew Mwenda

Ubwanditsi 04 Jun 2019
U Rwanda na UCI batangije ibikorwa byo kwakira Shampiona y’isi y’amagare izabera i Kigali

U Rwanda na UCI batangije ibikorwa byo kwakira Shampiona y’isi y’amagare izabera i Kigali

Ubwanditsi 21 Sep 2023
Rusesabagina yabujijwe gutanga ikiganiro muri Kaminuza ya Berkeley University muri California

Rusesabagina yabujijwe gutanga ikiganiro muri Kaminuza ya Berkeley University muri California

Ubwanditsi 13 Feb 2018
Uganda: Insoresore 40 zari zijyanywe na RNC gutorezwa muri Congo zatawe muri yombi mu gisa no kutumvikana hagati ya polisi na CMI

Uganda: Insoresore 40 zari zijyanywe na RNC gutorezwa muri Congo zatawe muri yombi mu gisa no kutumvikana hagati ya polisi na CMI

Ubwanditsi 12 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubukungu bwa Uganda bukomeje kujya mu kangaratete kubera kutumvikana n’abaturanyi
INKURU NYAMUKURU

Ubukungu bwa Uganda bukomeje kujya mu kangaratete kubera kutumvikana n’abaturanyi

Ubwanditsi 27 Dec 2019
Constant Mutamba: Minisitiri w’Ubutabera wa Congo Usigaye Azwi kurusha Ibikorwa Bye Bibi Kurusha Byiza
Amakuru

Constant Mutamba: Minisitiri w’Ubutabera wa Congo Usigaye Azwi kurusha Ibikorwa Bye Bibi Kurusha Byiza

Ubwanditsi 29 May 2025
Ntamuhanga Cassien  watorotse gereza yagaragaye i Kampala muri Uganda
INKURU NYAMUKURU

Ntamuhanga Cassien watorotse gereza yagaragaye i Kampala muri Uganda

Ubwanditsi 13 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru