• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Kwibuka24: Abayobozi ba Loni basabye ko Jenoside yakorewe Abatutsi ibera isomo ahagikorwa ubwicanyi

Kwibuka24: Abayobozi ba Loni basabye ko Jenoside yakorewe Abatutsi ibera isomo ahagikorwa ubwicanyi

Ubwanditsi 07 Apr 2018 POLITIKI

Abayobozi bakuru b’Umuryango w’Abibumbye, basanga kuba Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 yarabaye amahanga arebera ntihagire icyo akora ngo arengere ubuzima bw’inzirakarengane zicwaga, bikwiye kuba isomo rikomeye mu gukumira icyo aricyo cyose kiganisha ku macakubiri n’ubugizi bwa nabi bukorwa hirya no hino ku Isi.

Buri wa 7 Mata, u Rwanda n’Isi yose batangira igihe cy’iminsi 100 yo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi. Uyu mwaka, insanganyamatsiko iragira iti “Twibuke Twiyubaka.”

Mu butumwa bw’abayobozi bakuru ba Loni bashyize ku rubuga rwayo, bwagarutse ku kuzirikana izo nzirakarengane zishwe muri Mata 1994, bavuga ko bikwiye kubera isomo amahanga mu rwego rwo gukumira ubundi bugizi bwa nabi.

Umunyamabanga Mukuru wa Loni, Antonio Guterres, yagize ati “Uyu munsi turazirikana abantu bose bishwe kandi tunatekereze ku barokotse berekanye ko inzira y’ubwiyunge ishoboka, nyuma y’urugendo rukomeye banyuzemo.”

Guterres kandi yavuze ko kuba u Rwanda rwarigiye kuri ayo mateka asharira rwaciyemo rukabasha kwiyubaka no kunga abanyarwanda, bikwiye kubera ibindi bihugu isomo, aho Leta ziba zifite inshingano nyamukuru zo kurinda abaturage ibyaha birimo Jenoside, iby’intambara, ibyibasira inyokomuntu n’ibindi.

Yongeye ati “Birakwiye ko dushyira hamwe mu kurwanya ko ubwo bugizi bwa nabi bwongera kuba kandi Imiryango Mpuzamahanga igatanga ubutumwa ku bagizi ba nabi ko bagomba kubyitaho. Kurengera abantu bari mu kaga, bikwiye kuva mu magambo.”

Umujyanama wihariye wa Loni mu kurwanya Jenoside, Adama Dieng, yagarutse ku bwicanyi n’ubugizi bwa nabi bwagiye bukorwa n’ubugikorwa hirya no hino ku Isi nko muri Rohingya, bwatumye abarenga miliyoni bahungira muri Bangladesh, avuga ko ibyo aribyo biganisha kuri Jenoside ko bikwiye gukumirwa.

Hari aho yagize ati “Nyuma y’intambara II y’Isi twaravuze ngo ‘Ntibizongere ukundi’ ariko twongeye kubibona muri Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda, twabibonye mu Mujyi wa Srebrenica muri Bosnia.”

Dieng yasobanuye ko Jenoside atari ikintu kiba gitunguranye ahubwo itegurwa nkuko byagiye byigaragaza aho yabaye nko mu Rwanda no mu Budage.

Yagize ati “Niyo mpamvu ntabura kuvuga ko Isi yananiwe gutabara abanyarwanda, inanirwa gutabana abanya-Bosnia. Ndizera ko itazananirwa gutabara abanya-Rohingya. Icy’ibanze ni uguha icyubahiro izo nzira karengane, ariko tukanahakura isomo mu gihe kizaza. Turibuka ibyabaye mu Rwanda, ariko tunatanga ubutumwa bukomeye ku Isi ko ibyo bikorwa bikwiye guhagarara.”

Biteganyijwe ko ku rwego rwa Loni, Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 ku nshuro ya 24 bizakorwa ku wa 13 Mata 2018, ku cyicaro gikuru cyawo mu Mujyi wa New York.

2018-04-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ethiopia igiye kwemeza burundu amasezerano y’isoko rusange yasinyiwe i Kigali

Ethiopia igiye kwemeza burundu amasezerano y’isoko rusange yasinyiwe i Kigali

Ubwanditsi 20 May 2018
INTWAZANGABO Z’U BURUNDI ZISHIRIYE MURI CONGO, NAHO PEREZIDA NDAYISHIMIYE ATI NICYO BAREMEWE.

INTWAZANGABO Z’U BURUNDI ZISHIRIYE MURI CONGO, NAHO PEREZIDA NDAYISHIMIYE ATI NICYO BAREMEWE.

Ubwanditsi 01 Mar 2024
Mageragere: Abaturage bahaye FPR icyifuzo cyo kubegereza amazi meza

Mageragere: Abaturage bahaye FPR icyifuzo cyo kubegereza amazi meza

Ubwanditsi 26 Aug 2018
Kinshasa : Perezida Kagame yunamiye Étienne Tshisekedi wasezeweho bwa nyuma

Kinshasa : Perezida Kagame yunamiye Étienne Tshisekedi wasezeweho bwa nyuma

Ubwanditsi 01 Jun 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

PAM-Rwanda isanga hari ukuntu Afurika ishobora kugera ku bwigenge nyabwo
Mu Rwanda

PAM-Rwanda isanga hari ukuntu Afurika ishobora kugera ku bwigenge nyabwo

Ubwanditsi 17 May 2017
Doing Business 2018: U Rwanda rwanikiye ibihugu bya Afurika mu gukora amavugurura yoroshya ishoramari
Mu Rwanda

Doing Business 2018: U Rwanda rwanikiye ibihugu bya Afurika mu gukora amavugurura yoroshya ishoramari

Ubwanditsi 01 Nov 2017
Perezida Kagame asanga ubwiyongere bw’abanyafurika budakwiriye gufatwa nk’ikibazo
UBUKUNGU

Perezida Kagame asanga ubwiyongere bw’abanyafurika budakwiriye gufatwa nk’ikibazo

Ubwanditsi 09 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru