• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere   |   03 Mar 2026

  • FERWAFA yatangaje ibiciro byo ku mikino ya FIFA Series 2026 izahuza ibihugu 8 bizakinira kuri Sitade Amahoro na Kigali Pele Stadium   |   02 Mar 2026

  • Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi   |   02 Mar 2026

  • Ruharwa Claude Muhayimana yasabiwe igifungo cy’imyaka 15   |   27 Feb 2026

  • Kongera serivisi bahabwa no gukuba kabiri imiti: Impamvu imisanzu ya Mituweli yongerewe   |   24 Feb 2026

  • Inzira Bad Rama yanyuzemo akaba umukire akaba asoje ari umusazi   |   24 Feb 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Haribazwa byinshi nyuma y’ipfuba ry’umugambi w’abarwanya Leta y’u Rwanda bari muri Uganda

Haribazwa byinshi nyuma y’ipfuba ry’umugambi w’abarwanya Leta y’u Rwanda bari muri Uganda

Ubwanditsi 01 Dec 2017 ITOHOZA

Hashize iminsi hacicikana inkuru ku mwuka mubi hagati y’u Rwanda na Uganda, aho ufatwa nk’aho ari intambara y’ubutita iri kuba, ubu izigezweho zivuga ku bahoze mu gisirikare cya RDF bahunze igihugu.Iyo uteye ijisho mu bitangazamakuru byo muri Uganda muri iki gihe, usangamo inkuru zitandukanye za byacitse hagati y’ibihugu byombi. Gusa ku ruhande rw’u Rwanda si ko bimeze kuko mu itangazamakuru nta nkuru usangamo zicicikana zivuga ku mibanire mibi hagati ya Uganda n’u Rwanda.

Hashize iminsi bitangajwe ko inzego z’iperereza muri Uganda zikorana n’abantu bahoze mu gisirikare cya RDF, ku buryo nyuma bibyara imikoranire igambiriye gusiga icyasha ubutegetsi bw’u Rwanda bugashinjwa ubugizi bwa nabi, gushimuta abantu no kuneka iki gihugu cy’igituranyi.

Uyu mugambi wahishuwe n’ikinyamakuru The Nairobian cyo muri Kenya mu Ugushyingo aho cyatangaje ko hari Abanyarwanda bari muri Uganda hibanzwe cyane ku bahoze ari abasirikare, bagira uruhare mu gushaka uko hacurwa ibirego byubakiye ku ihonyorwa ry’uburenganzira bwa muntu, intego ari ugusiga u Rwanda icyasha mu maso y’amahanga.

Nyuma y’iminsi iyo nkuru itangajwe, indi ivuga iby’uko gushinja u Rwanda kugirira nabi abari abaturage barwo bahunze yatambutse mu kinyamakuru, Chimpreports.

Iki kinyamakuru cyatangaje ko zimwe mu mpunzi z’Abanyarwanda zari mu mugambi wo kugeza ibibazo ku Nteko Ishinga Amategeko ya Uganda, zitabaza ko u Rwanda rwohereza abazihohotera.

Gusa iki kintu cyateye urujijo benshi bibaza uburyo impunzi zitagira uburenganzira bwo gutora zishobora kugana Inteko aho gutabaza Ishami rya Loni rizishinzwe, UNCHR.

Ku wa 30 Ugushyingo, Chimpreports yatangaje ko impunzi zari zigiye kugeza ikibazo cyazo ku Nteko zatewe aho zari mu gace ka Ntinda muri Kampala, Polisi irazitabara, abaziteye bahita bahunga.

Abakurikirana hafi ibitangazwa basigaye bibaza ibibazo uruhuri kuri iki, aho bamwe bavuga bati “Ni gute abanyabyaha bahunga Polisi ihageze ariko ntihagire n’isasu na rimwe riraswa cyangwa ubundi buryo bwo kubakurikirana?”

Hari uwagize ati “Ntinda ko ari agace kaba karimo abantu benshi muri Uganda, kuki nta n’umwe wemeje iryo terwa ry’impunzi cyangwa ngo abone pulaki z’imodoka cyangwa iza moto bavuga ko zakoreshejwe n’abateye?”

Ikindi cyibajijweho ni uburyo Polisi ishobora kujya gutabara abantu nk’aba batewe, hanyuma hakabura igitangazamakuru na kimwe gikomeye mu gihugu kibyandika kandi ari inkuru ishyushye.

Umwe mu bashinzwe umutekano i Kampala yagize ati “Ibyo ni ibireba inzego z’iperereza muri Uganda. Ni bimwe bigamije gusiga icyasha u Rwanda.”

Inkuru iherutse gutangazwa na The Nairobian yavugaga ku mugambi wacuzwe n’inzego z’iperereza za Uganda wo gukoresha abahoze mu gisirikare cy’u Rwanda mu kurushinja “guhohotera impunzi, gushimuta no kuneka” mu kurugaragaza nka leta ishotorana.

Iyo nkuru yagarukaga ku mwambari wa RNC iyobowe Kayumba Nyamwasa. Uwo yitwa Rugema Kayumba wavuye muri Norvège aho yari yarahungiye ajya gukorera i Kampala aho ubu ari umuntu wisanga mu rwego rw’Ubutasi rwa Gisirikare muri Uganda, Chieftaincy of Military Intelligence (CMI).

Ubutumwa bwajyanye Rugema muri Uganda, bunareberwa cyane mu magambo agenda yandika kuri Facebook. Urugero ni aho kuwa Gatandatu tariki 18 Ugushyingo, yanditse kuri Facebook ati “Abicanyi benshi b’Abanyarwanda bari muri Kampala. Bagenzi banjye b’impunzi murabe menge. Umugambi wabo ni ugusiga Kampala amaraso yanyu.”

Rugema afatanya n’undi witwa Sande Charles bahimba Mugisha Robert, akaba umuhuzabikorwa wa RNC muri Uganda. Bivugwa ko abo bombi bahawe uburinzi na CMI.

Kuri uyu wa Gatatu, Rugema Kayumba yanditse kuri paji ye ya Facebook ko “Impunzi z’Abanyarwanda zari kujyana ibyifuzo ku Nteko Ishinga Amategeko ya Uganda; Kigali ibatera batarahagera.”

Igitangaje, ibyo yashinje u Rwanda ni nabyo byatangajwe mu nkuru ya Chimpreports, bikerekana ko uwo mugambi wo kubiba ibinyoma uhari mu binyamakuru byo kuri internet muri Uganda.

Umwe mu batanze amakuru kuri The Nairobian yavuze ko uwo mugambi ‘ushaka kugaragaza ko Uganda yavogerewe n’u Rwanda, ubundi ishinje Kigali kugambana n’udutsiko tw’abantu bari mu gipolisi cya Uganda hagamijwe gushimuta cyangwa guta muri yombi abahunze igihugu’.

Bivugwa ko Rugema akorana bya hafi na Corporal AbdulKarim Mulindwa uzwi nka Mukombozi ukora muri CMI, umuntu wa hafi w’ibiro bya Col. Abel Kandiho uyobora urwo rwego rw’iperereza.

Amakuru avuga ko abakozi ba CMI bamaze guhuza Rugema n’umunyamategeko ukomeye mu bijyanye n’uburenganzira bwa muntu ukorera i Kampala, ngo bacure idosiye bazashyikiriza Human Rights Watch n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi, UNHCR.

Rugema kandi aheruka kwandikira Perezida Museveni na Madamu Janet Museveni, ibaruwa ifunguye yakoranyirijemo ibirego byose bishoboka birebana n’uburenganzira bwa muntu, ibintu bigaragaza neza ko agambiriye gushyirishamo u Rwanda.

Hari nk’aho aba abwira Museveni ko bidakwiye “kwemera ko abantu bicirwa mu gihugu cyawe cyangwa bagashyikirizwa abagomba kubica mu gihe ushishikariza bashoramari n’abakerarugendo kukigana.”

Uganda itungwa agatoki ku kuzambya umubano

Impuguke mu bijyanye n’umutekano zigaragaza ko ibyo bikorwa bigamije kuzamura umwuka mubi hagati y’u Rwanda na Uganda, cyane ko n’ubusanzwe u Rwanda rutishimiye kuba igihugu nka Uganda cyacumbikira abarwanya ubutegetsi barwo bari mu ishyaka RNC.

Ibi bibaye mu gihe abakurikiranira hafi politiki yo mu Karere n’imibanire y’ibihugu bagaragaza ko Uganda imaze igihe ki​tari gito​ ikora ibikorwa by’ubushotoranyi ku Rwanda​​, bihereye no mu itangazamakuru.

Uhereye kuri The New Vision, ikinyamakuru gishamikiye kuri leta, cyigeze kwandika inkuru ikubiyemo ibishushanyo bipfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, byaje gutuma cyibasirwa cyane n’Abanyarwanda bagisabye gukosora iyo nyandiko.

Mu minsi mike ishize kandi iki kinyamakuru cyahimbye inkuru y’umubonano wa Perezida Kagame na Museveni, mu gihe ku ruhande rw’u Rwanda byatangajwe ko aba bayobozi bombi batigeze bahurira mu nama i Dubai nkuko byavugwaga.

Mu bikorwa bindi bifatwa nk’ubushotoranyi Uganda iherutse gukora harimo kwirukana Abanyarwanda barenga 90 bari bariyo mu buryo yita ko bunyuranyije n’amategeko, ibintu byaje bikurikiye ibindi bikorwa bitandukanye.

Hashize iminsi kandi Umunyarwanda René Rutagungira ashimutiwe i Kampala muri Uganda aho yakoreraga ubucuruzi, nyuma aza kugaragara yaramugaye kubera iyicarubozo ndengakamere yakorewe n’inzego z’umutekano za Uganda.

Umwe mu bakurikirira hafi imibanire y’ibihugu byombi waganiriye na IGIHE ariko utashatse ko amazina ye atangazwa kubera imirimo akora, yavuze ko kuva kera Uganda yagiye ikorera u Rwanda ibikorwa by’ubushotoranyi ariko rwo ntirusubize.

Ngo ibi bihera kera mu gihe cy’intambara ya Congo aho Uganda isa n’iyivanze muri uru rugamba, ndetse na nyuma yaho ikaba yaragiye ikorana mu buryo bweruye n’abarwanya ubutegetsi mu Rwanda.

Gusa ngo inshuro zose ubu bushotoranyi bwabayeho, ntabwo u Rwanda rwigeze rusubiza. Kimwe mu bitishimirwa na Uganda harimo ko bamwe mu basirikare b’u Rwanda bakomeye muri iki gihe bari inyuma ya Museveni ubwo yahirikaga ubutegetsi bwa Milton Obote, bigasa n’aho ari intambwe bateye mu gihe yifuzaga ko bakomeza kuba inyuma ye.

Uyu musesenguzi kandi yavuze ko Uganda kandi yagiye yitambika u Rwanda kenshi ikaba inaherutse kwanga ko RwandAir ijya ikora ingendo ziva i Entebbe zerekeza i Londres.

2017-12-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Maboneza wari Umujyanama wa mbere muri Ambasade y’u Rwanda muri Loni yapfuye

Maboneza wari Umujyanama wa mbere muri Ambasade y’u Rwanda muri Loni yapfuye

Ubwanditsi 03 Dec 2016
Uganda : Inkuru z’Ibinyoma ku Rwanda zikomeje kwiyongera

Uganda : Inkuru z’Ibinyoma ku Rwanda zikomeje kwiyongera

Ubwanditsi 09 Nov 2017
Fears as Burundi starts census to register foreigners

Fears as Burundi starts census to register foreigners

Ubwanditsi 03 Mar 2016
Bruxelles : Udutsiko tw’abiyita abasirikare muri RNC dukomeje kwikoma Ikinyamakuru Rushyashya

Bruxelles : Udutsiko tw’abiyita abasirikare muri RNC dukomeje kwikoma Ikinyamakuru Rushyashya

Ubwanditsi 22 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida wa Estonia yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi
INKURU NYAMUKURU

Perezida wa Estonia yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi

Ubwanditsi 16 Nov 2017
Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko gufata iya mbere mu kurandura virusi itera Sida
Mu Mahanga

Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko gufata iya mbere mu kurandura virusi itera Sida

Ubwanditsi 08 Jul 2016
Komisiyo y’Igihugu y’amatora yasimbuje abadepite batatu barimo Depite Nyandwi Désiré witabye Imana
Amakuru

Komisiyo y’Igihugu y’amatora yasimbuje abadepite batatu barimo Depite Nyandwi Désiré witabye Imana

Ubwanditsi 28 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru