• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Umunsi wa mbere w’imikino yo kwishyura yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi muri Basketball ntiwahiriye ikipe y’u Rwanda   |   02 Jul 2022

  • Mu gihe cy’iminsi itatu, Inyubako ya BK Arena igiye kwakira imikino yo kwishyura yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi muri Basketball, “2023 FIBA Basketball World Cup, African Qualification”   |   01 Jul 2022

  • Nyuma y’imyaka 11, Mugabe Aristide yasezeye gukinira ikipe y’igihugu y’umukino w’intoki wa Basketball   |   30 Jun 2022

  • Umwaka w’imikino wa 2021-2022 mu Rwanda urangiye APR FC na AS Kigali ariyo makipe azaseruka mu mikino Nyafurika   |   29 Jun 2022

  • Agahuru k’imbwa karahiye. Ba bajenosideri baba mu Bwongereza barashakisha uko bava muri icyo gihugu bataratabwa muri yombi   |   28 Jun 2022

  • Rayon Sports yegukanye umwanya wa gatatu w’igikombe cy’Amahoro 2022 itsinze Police FC 4-0, APR FC irisobanura na AS Kigali ku mukino wa nyuma   |   28 Jun 2022

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»LONI na Kiliziya birasaba Kabila ibyo atatanga

LONI na Kiliziya birasaba Kabila ibyo atatanga

Editorial 08 Jan 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida Joseph Kabila n’ubutegetsi bwe muri DRC ubu buragendera ku mibare y’umunsi, bukiruhutsa bubonye uciyeho, none LONI na Kiliziya gatulika birasaba uwo Kabila n’ubutegetsi bwe gutanga ibyo bitatanga n’iyo byagenda bite !

Tariki 31 z’ukwezi gushize muri Kinshasa n’ahandi mu duce dutandukanye twa DRC abadashyigikiye yuko Kabila aguma ku butegetsi bakoze imyigaragambyo isaba yuko Kabila agomba kurekura ubutegetsi umwaka utarashira, abashinzwe umutekano babereka yuko nta mikino bafitanye nabo nk’uko bari barabitangarijwe mbere.

Ubusanzwe imyigaragambyo yo gushaka yuko Kabila arekura ubutegetsi itegurwa n’amashyaka atavuga rumwe na leta ariko iyo mu mpera z’umwaka ushize yari yahawe umugisha na kiliziya Gatulika.

Perezida Kabila yari kurangiza manda ye ya kabiri ari nayo ya nyuma mu mpera z’umwaka ushize ariko amatora yo guhitamo uwamusimbura ntiyakorwa. Haza kubaho imishyikirano yayobowe na kiliziya Gatulika, Kabila n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe bemeranya yuko yakomeza kuyobora kugeza muri Kamena umwaka ushize aho hari kubaho amatora ariko Kabila atemerewe kuzongera kwiyamamaza. 

Ayo matariki y’amatora yegereje leta iza gutangaza yuko bitashoboka ahubwo amatora azaba mu mpera za 2018, bitanavuzwe yuko Kabila azaba yemerewe kuzongera cyangwa kutazongera kwiyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika.

Abo muri opozisiyo ibyo by’amatora kuzaba mu mpera z’uyu mwaka dutangiye ntabwo bigeze babyemera ahubwo bakomeza kuvuga yuko 2017 igomba kuzajyana na Kabila ! Uko niko Kiliziya Gatolika yari umuhuza mu biganiro byatumye mu mpera za 2016 hataduka imirwano muri DRC yabonye yuko Kabila akomeje gukinisha igihugu ahamagarira abayoboke bayo kuzakora imyigaragambyo mu ituze inahamagarira Kabila kuba yarekuye ubutegetsi mbere yuko umwaka wa 2017 urangira. Uko ni nako hakozwe imyigaragambyo tariki 31 z’ugushize aho bivugwa yuko leta yayakiranye ubugome bukomeye, cyane yuko yari yarihanangirije ko nta myigaragambyo nk’iyo yemewe !

LONI yamaganye ubutegetsi bwa Kabila kuba bwaraburijemo iyo myigaragambyo n’uburyo bwabikozemo. Umuvugizi w’ishami rya LONI rishinzwe uburenganzira bwa kiremwamuntu, Liz Throssell ejo yavugiye Geneva yuko ubutegetsi bwa Kabila bugomba kureka abantu bakikorera imyigaragambyo ngo kuko babifitiye uburenganzira. Madamu Liz akavuga yuko n’ubwo ubwo butegetsi bwa Kabila budafite uburenganzira bwo kubuza abantu kwigaragambya, ngo bwanakoresheje n’imbaraga za kinyamaswa mu kuyihagarika. Ngo bwakoresheje ibisasu by’imyotsi (tear gas), iby’imipira n’amasasu nya masasu yica. 

LONI ikavuga yuko muri uko kuburizamo iyo myigaragambyo muri Kinshasa honyine harashwe hanicwa abantu batanu, hakomeretswa 92 naho abagera ku 180 batabwa muri yombi. LONI igasaba ubutegetsi bwa Kabila yuko bwareka ubwo bukana abantu bakazajya bigaragambya ngo kuko ari uberenganzira bwabo !

Kiliziya gatulika muri DRC yo imibare y’abishwe, abakomerekejwe cyangwa abafashwe bagafungwa uwugira minini kurusha uwo utangwa na LONI, ikanababazwa n’uko ibyo byakozwe ingabo z’iyo LONI muri Congo (MUNUSCO) zirebera.

Umushumba mukuru wa Diyosezi ya Kinshasa, Musenyeri Jea Pierre Kwamba Masi, avuga yuko abashinzwe umutekano muri icyo gihugu barashe banica abantu benshi kurusha n’abo LONI ivuga. Ngo bibi kurushaho n’uko banarasirwagwa bakicirwa no mu biliziya nk’uko banahatererwaga ibyo bisasu by’imyotsi. Musenyeri Kwamba Masi nawe agasaba yuko leta ya Kabila yareka abantu bakigaragambya ngo kuko ari uburenganzira bahabwa n’amategeko.

Ibyo ariko ni ugusaba Kabila ibyo adashobora gutanga. Abigaragambya baba bamusaba yuko ava ku butegetsi kandi we adashaka kubuvaho. No kuvuga kandi ngo abamurwanya baba bigaragambya mu mutuzo ntabwo aribyo kuko imyigaragambyo yabo kenshi irangwa n’ubusahuzi harimo no guhohotera abatifuza kwifatanya nabo mu kwamagana Kabila !

Casmiry Kayumba 

2018-01-08
Editorial

IZINDI NKURU

Uganda: Abanyamakuru ba Red Pepper basabiwe gukomeza gufungwa

Uganda: Abanyamakuru ba Red Pepper basabiwe gukomeza gufungwa

Editorial 05 Dec 2017
Perezida Trump yashimiye Madamu Jeannette Kagame watangije amasengesho yo gusengera Amerika

Perezida Trump yashimiye Madamu Jeannette Kagame watangije amasengesho yo gusengera Amerika

Editorial 09 Feb 2018
Abayobozi batatu barahiriye inshingano nshya

Abayobozi batatu barahiriye inshingano nshya

Editorial 10 Apr 2018
Kampala : Undi munyarwanda uri mu mitwe y’iterabwoba yabonanye na Museveni n’umuhungu we Muhoozi Kainerugaba nyuma bamufasha gutoroka  (Interpol)

Kampala : Undi munyarwanda uri mu mitwe y’iterabwoba yabonanye na Museveni n’umuhungu we Muhoozi Kainerugaba nyuma bamufasha gutoroka (Interpol)

Editorial 02 Aug 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Callixte Nsabimana yahaye ubutumwa bwihariye ibigarasha cyane cyane abizera igisambo Kayumba Nyamwasa

Callixte Nsabimana yahaye ubutumwa bwihariye ibigarasha cyane cyane abizera igisambo Kayumba Nyamwasa

27 May 2022
Inzego z’ Uburezi Zisanga Kwigisha Hakoreshejwe Iyakure Ari ngombwa Kandi Ari Ingenzi

Inzego z’ Uburezi Zisanga Kwigisha Hakoreshejwe Iyakure Ari ngombwa Kandi Ari Ingenzi

24 May 2022
U Rwanda rufite intego ruzira ibiyobyabwenge n’ubuzererezi ni Gahunda igikomeje muri Purpose Rwanda

U Rwanda rufite intego ruzira ibiyobyabwenge n’ubuzererezi ni Gahunda igikomeje muri Purpose Rwanda

30 Mar 2022
Perezida Mnangagwa wa Zimbabwe na Perezida Mokgweetsi Masisi wa Bostwana bashimiye Perezida Kagame kubera uruhare rw’ingabo z’u Rwanda mu kurwanya iterabwoba Cabo Delgado

Perezida Mnangagwa wa Zimbabwe na Perezida Mokgweetsi Masisi wa Bostwana bashimiye Perezida Kagame kubera uruhare rw’ingabo z’u Rwanda mu kurwanya iterabwoba Cabo Delgado

01 Mar 2022
Ralex Logistics Yaje Ku Isonga mu Bigo Bya Mbere Bigira uruhare mu gutanga serivisi zinoze mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (EAC)

Ralex Logistics Yaje Ku Isonga mu Bigo Bya Mbere Bigira uruhare mu gutanga serivisi zinoze mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (EAC)

28 Feb 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Bugesera: Ababyeyi barasabwa Kurushaho Kuganiriza Abana babo Ubuzima Bw’imyororokere hagamijwe Gukumira Inda zitateguwe

Bugesera: Ababyeyi barasabwa Kurushaho Kuganiriza Abana babo Ubuzima Bw’imyororokere hagamijwe Gukumira Inda zitateguwe

30 Nov 2021
Leta ya Uganda irashinjwa kwica abaturage bo mu idini ya Islam, ibitirira ibisasu bitegwa mu duce tunyuranye tw’icyo gihugu.

Leta ya Uganda irashinjwa kwica abaturage bo mu idini ya Islam, ibitirira ibisasu bitegwa mu duce tunyuranye tw’icyo gihugu.

21 Nov 2021
Abayisilamu bo mu Rwanda ntibazagwe mu mutego w’intagondwa zitwaza idini, zigategura ibikorwa by’iterabwoba

Abayisilamu bo mu Rwanda ntibazagwe mu mutego w’intagondwa zitwaza idini, zigategura ibikorwa by’iterabwoba

02 Oct 2021
Huye: Bamwe mu rubyiruko rwakingiwe Covid-19 barakangurira abanyarwanda b’ingeri zose kwitabira  gahunda y’Ikingira

Huye: Bamwe mu rubyiruko rwakingiwe Covid-19 barakangurira abanyarwanda b’ingeri zose kwitabira gahunda y’Ikingira

09 Sep 2021
Agatha Kanziga arataratamba ngo adashyikirizwa ubutabera, ariko amaherezo y’inzira ni munzu!Urukiko rw’Ubujurire mu Bufaransa rwateye utwatsi icyifuzo cye!

Agatha Kanziga arataratamba ngo adashyikirizwa ubutabera, ariko amaherezo y’inzira ni munzu!Urukiko rw’Ubujurire mu Bufaransa rwateye utwatsi icyifuzo cye!

31 Aug 2021
Abagore barasabwa kuba abambere mu kwita ku bidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima

Abagore barasabwa kuba abambere mu kwita ku bidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima

18 Aug 2021
Abana bafite ubumuga bakwiye uburenganzira bwihariye bwo guhabwa Inkingo za COVID-19

Abana bafite ubumuga bakwiye uburenganzira bwihariye bwo guhabwa Inkingo za COVID-19

13 Jul 2021

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru