• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»LONI na Kiliziya birasaba Kabila ibyo atatanga

LONI na Kiliziya birasaba Kabila ibyo atatanga

Ubwanditsi 08 Jan 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida Joseph Kabila n’ubutegetsi bwe muri DRC ubu buragendera ku mibare y’umunsi, bukiruhutsa bubonye uciyeho, none LONI na Kiliziya gatulika birasaba uwo Kabila n’ubutegetsi bwe gutanga ibyo bitatanga n’iyo byagenda bite !

Tariki 31 z’ukwezi gushize muri Kinshasa n’ahandi mu duce dutandukanye twa DRC abadashyigikiye yuko Kabila aguma ku butegetsi bakoze imyigaragambyo isaba yuko Kabila agomba kurekura ubutegetsi umwaka utarashira, abashinzwe umutekano babereka yuko nta mikino bafitanye nabo nk’uko bari barabitangarijwe mbere.

Ubusanzwe imyigaragambyo yo gushaka yuko Kabila arekura ubutegetsi itegurwa n’amashyaka atavuga rumwe na leta ariko iyo mu mpera z’umwaka ushize yari yahawe umugisha na kiliziya Gatulika.

Perezida Kabila yari kurangiza manda ye ya kabiri ari nayo ya nyuma mu mpera z’umwaka ushize ariko amatora yo guhitamo uwamusimbura ntiyakorwa. Haza kubaho imishyikirano yayobowe na kiliziya Gatulika, Kabila n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe bemeranya yuko yakomeza kuyobora kugeza muri Kamena umwaka ushize aho hari kubaho amatora ariko Kabila atemerewe kuzongera kwiyamamaza. 

Ayo matariki y’amatora yegereje leta iza gutangaza yuko bitashoboka ahubwo amatora azaba mu mpera za 2018, bitanavuzwe yuko Kabila azaba yemerewe kuzongera cyangwa kutazongera kwiyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika.

Abo muri opozisiyo ibyo by’amatora kuzaba mu mpera z’uyu mwaka dutangiye ntabwo bigeze babyemera ahubwo bakomeza kuvuga yuko 2017 igomba kuzajyana na Kabila ! Uko niko Kiliziya Gatolika yari umuhuza mu biganiro byatumye mu mpera za 2016 hataduka imirwano muri DRC yabonye yuko Kabila akomeje gukinisha igihugu ahamagarira abayoboke bayo kuzakora imyigaragambyo mu ituze inahamagarira Kabila kuba yarekuye ubutegetsi mbere yuko umwaka wa 2017 urangira. Uko ni nako hakozwe imyigaragambyo tariki 31 z’ugushize aho bivugwa yuko leta yayakiranye ubugome bukomeye, cyane yuko yari yarihanangirije ko nta myigaragambyo nk’iyo yemewe !

LONI yamaganye ubutegetsi bwa Kabila kuba bwaraburijemo iyo myigaragambyo n’uburyo bwabikozemo. Umuvugizi w’ishami rya LONI rishinzwe uburenganzira bwa kiremwamuntu, Liz Throssell ejo yavugiye Geneva yuko ubutegetsi bwa Kabila bugomba kureka abantu bakikorera imyigaragambyo ngo kuko babifitiye uburenganzira. Madamu Liz akavuga yuko n’ubwo ubwo butegetsi bwa Kabila budafite uburenganzira bwo kubuza abantu kwigaragambya, ngo bwanakoresheje n’imbaraga za kinyamaswa mu kuyihagarika. Ngo bwakoresheje ibisasu by’imyotsi (tear gas), iby’imipira n’amasasu nya masasu yica. 

LONI ikavuga yuko muri uko kuburizamo iyo myigaragambyo muri Kinshasa honyine harashwe hanicwa abantu batanu, hakomeretswa 92 naho abagera ku 180 batabwa muri yombi. LONI igasaba ubutegetsi bwa Kabila yuko bwareka ubwo bukana abantu bakazajya bigaragambya ngo kuko ari uberenganzira bwabo !

Kiliziya gatulika muri DRC yo imibare y’abishwe, abakomerekejwe cyangwa abafashwe bagafungwa uwugira minini kurusha uwo utangwa na LONI, ikanababazwa n’uko ibyo byakozwe ingabo z’iyo LONI muri Congo (MUNUSCO) zirebera.

Umushumba mukuru wa Diyosezi ya Kinshasa, Musenyeri Jea Pierre Kwamba Masi, avuga yuko abashinzwe umutekano muri icyo gihugu barashe banica abantu benshi kurusha n’abo LONI ivuga. Ngo bibi kurushaho n’uko banarasirwagwa bakicirwa no mu biliziya nk’uko banahatererwaga ibyo bisasu by’imyotsi. Musenyeri Kwamba Masi nawe agasaba yuko leta ya Kabila yareka abantu bakigaragambya ngo kuko ari uburenganzira bahabwa n’amategeko.

Ibyo ariko ni ugusaba Kabila ibyo adashobora gutanga. Abigaragambya baba bamusaba yuko ava ku butegetsi kandi we adashaka kubuvaho. No kuvuga kandi ngo abamurwanya baba bigaragambya mu mutuzo ntabwo aribyo kuko imyigaragambyo yabo kenshi irangwa n’ubusahuzi harimo no guhohotera abatifuza kwifatanya nabo mu kwamagana Kabila !

Casmiry Kayumba 

2018-01-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Inzego z’ubutasi za Uganda zatangiye gukwirakwiza ibihuha ko Bobi Wine agiye kwicwa n’u Rwanda

Inzego z’ubutasi za Uganda zatangiye gukwirakwiza ibihuha ko Bobi Wine agiye kwicwa n’u Rwanda

Ubwanditsi 10 Sep 2019
Leta y’UBurundi iravugwaho kugira gereza zitazwi hafi y’umupaka w’URwanda

Leta y’UBurundi iravugwaho kugira gereza zitazwi hafi y’umupaka w’URwanda

Ubwanditsi 28 Jun 2019
Tribert Rujugiro Umwami  wa Frode na Magendu muri Afrika

Tribert Rujugiro Umwami wa Frode na Magendu muri Afrika

Ubwanditsi 18 Jan 2018
Burundi: Abarimu bategetswe gutanga umushahara wose w’ukwezi mu kigega cy’amatora yo muri 2020

Burundi: Abarimu bategetswe gutanga umushahara wose w’ukwezi mu kigega cy’amatora yo muri 2020

Ubwanditsi 28 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mitali Protais ushakishwa n’ubutabera bw’u Rwanda yagaraye mu nteko ishingamategeko y’Ububiligi
INKURU NYAMUKURU

Mitali Protais ushakishwa n’ubutabera bw’u Rwanda yagaraye mu nteko ishingamategeko y’Ububiligi

Ubwanditsi 30 Mar 2019
Kagame yakomoje ku mahirwe y’ishoramari atabyazwa umusaruro muri EAC
UBUKUNGU

Kagame yakomoje ku mahirwe y’ishoramari atabyazwa umusaruro muri EAC

Ubwanditsi 11 Sep 2018
Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya magendu ryafashe amakarito arenga 600 y’inzoga zidasorewe
Mu Rwanda

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya magendu ryafashe amakarito arenga 600 y’inzoga zidasorewe

Ubwanditsi 02 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru