• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Uganda n’Umubiligi Filip Reyntjens basabaga u Bubiligi guhagarika inkunga butera u Rwanda, basebye ubwo ibihugu byombi byasinyanaga amasezerano y’ubufatanye

Uganda n’Umubiligi Filip Reyntjens basabaga u Bubiligi guhagarika inkunga butera u Rwanda, basebye ubwo ibihugu byombi byasinyanaga amasezerano y’ubufatanye

Ubwanditsi 14 Aug 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, Mu Mahanga

Mu nyandiko yasohotse mu kinyamakuru “Command One Post” gikorera mu kwaha k’urwego rw’ubutasi rwa Uganda, CMI, Umubiligi Filip Reyntjens afatanyije na Gen Abel Kandiho utegeka CMI, basabye Leta y’uBubiligi guhagarika inkunga bugenera uRwanda, ngo kuko Paul Rusesabagina “yafashwe akanafungwa mu buryo bunyiranyije n’amategeko”.

Aya magambo ntiyatinze kuba amahomvu, nk’uko bisanzwe bibagendekera mu migambi inyuranye yo guharabika no kugambanira uRwanda, uko buri gihe ibakoza isoni.

N’ubu rero niko bigenze, kuko nyuma y’iminsi mike gusa Rentjens n’ibikoresho bya Perezida Yoweri k. Museveni, Ububiligi n’uRwanda byasohoye itangazo muri izi mpera z’icyumweru, risobanura amasezerano y’ubufatanye hagati y’ibihugu byombi, cyane cyane mu rwego rw’ubuzima.

Iryo tangazo ryasinyweho n’impande zombi, rivuga ko uBubiligi bwiyemeje gushyigikira no gutanga inkunga igaragara mu mushinga munini cyane w’uRwanda, ugamije gukora inkingo za Covid-19 n’indi miti, ndetse n’ibikoresho byo kwa muganga. Ubu bufatanye buzanyuzwa mu Kigo cy’Ababiligi gishinze Ubufatanye Mpuzamahanga, ENABEL.

ENABEL itangaza ko u Rwanda kugeza ubu ruri mu bihugu bya mbere 3 ikorana nabyo neza cyane, kurutera inkunga mu kubaka uruganda rukora inkingo za Covid-19, bikaba bigamije gufasha Abanyafurika kwishakamo ibisubizo ubwabo.

ENABEL kandi,kimwe n’abandi bafatanyabikorwa mpuzamahanga b’uRwanda, ntibahwemye kuvuga ko Leta y’uRwanda yakomeje kugaragaza ubushake n’ubushobozi bwo gukoresha neza inkunga rugenerwa, ari nayo mpamvu imishinga yarwo yose itajya isubizwa inyuma.Ntiyari gukomwa mu nkokora rero na Reyntjens na Gen Kandiho, bashingira gusa ku ishayari bafitiye uRwanda.

Filip Reyntjens na Gen Kandiho, igikoresho cya Perezida Museveni mu bugome bukorerwa uRwanda n’Abanyarwanda, bakozwe n’ikimwaro nk’uko byabokamye. Bitiranyije uRwanda na Uganda yamunzwe na ruswa, ku buryo abaterankunga bayo batangiye kuvanamo akabo karenge, kuko imfashanyo zose zigira mu mifuka ya Perezida Museveni n’umuryango we.

Filipp Reyntjens ni umuntu wabaswe n’ingengabitekerezo ya jenoside, akarangwa no kuyipfobya no kuyihana. Nta gitangaje ariko, kuko yari umwe mu bajyanama ba Leta ya Juvenal Habyarimana, banamushoye mu makosa akabije y’ivanguramoko, cyane cyane mu burezi no mu kazi ka Leta.

Reyntjens yanga Abatutsi cyane Théoneste Bagosora, Agatha Kanziga n’abandi bajenosideri, dore ko ariwe muvugizi wabo w’ibanze. Nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, yabaye umutangabuhamya ushinjura abajenosideri bose mu Rukiko Mpuzamahanga rwa Arusha, ariko nabyo ntibyamuhira kuko hafi y’abo yashinjuye bose bakatiwe ibihano biremereye.

Filip Reyntjens kandi yagaragaye kenshi muri Uganda ashakisha abanyakinyoma bake no gukoreshejwe na Jean-Louis Bruguière, wa mucamanza w’Umufaransa wari warahagurukiye gushinja ku ngufu Abayobozi b’uRwanda ihanurwa ry’indege ya Habyarimana. Bruguière nawe yarinze apfa atageze ku mugambi we mubisha.

Ibi byose rero byagombye kubera isomo abagambanira u Rwanda , kuko nta n’umwe byigeze bigwa amahoro. Ibihe byarahindutse, si nka kera ubwo umuntu yabykaga akigira “impuguke” mu bibazo by’uRwanda, nka Filipp Reyntjens bavugaga rikijya.

Ibikorwa by’uRwanda birivugira, n’iyo wakoresha imbaraga z’umurengera mu kuruvuga uko rutari, ikinyoma kigutamaza ukigitekereza.

2021-08-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umwami wa Maroc yemeje ko igihugu cye gishaka kugaruka muri AU

Umwami wa Maroc yemeje ko igihugu cye gishaka kugaruka muri AU

Ubwanditsi 18 Jul 2016
Tariki ya 16 Mata 1994: Abatutsi barenga 2000 basenyeweho Kiliziya ya Nyange

Tariki ya 16 Mata 1994: Abatutsi barenga 2000 basenyeweho Kiliziya ya Nyange

Ubwanditsi 16 Apr 2018
Abajenerali mu gisirikari cya Kongo bagiye gushirira mu buroko bashinjwa ubugwari mu ntambara icyo gisirikari kirbarwana na M23

Abajenerali mu gisirikari cya Kongo bagiye gushirira mu buroko bashinjwa ubugwari mu ntambara icyo gisirikari kirbarwana na M23

Ubwanditsi 16 Feb 2023
P. Kagame na Museveni  bahuriye muri Sheraton Hotel i Addis [ Bageze kuki ? ]

P. Kagame na Museveni bahuriye muri Sheraton Hotel i Addis [ Bageze kuki ? ]

Ubwanditsi 30 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda irongera kwibutsa abatwara ibinyabiziga kubahiriza amategeko
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda irongera kwibutsa abatwara ibinyabiziga kubahiriza amategeko

Ubwanditsi 16 Mar 2016
Rayon Sports yatsindiye Gor Mahia muri Kenya, yigarurira icyizere cyo kurenga amatsinda
IMIKINO

Rayon Sports yatsindiye Gor Mahia muri Kenya, yigarurira icyizere cyo kurenga amatsinda

Ubwanditsi 20 Aug 2018
Mbere yo gutokora u Rwanda, abategetsi b’Ububiligi bajye babanza bikize umugogo uri mu jisho ryabo!
Amakuru

Mbere yo gutokora u Rwanda, abategetsi b’Ububiligi bajye babanza bikize umugogo uri mu jisho ryabo!

Ubwanditsi 31 Jul 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru