• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Uganda n’Umubiligi Filip Reyntjens basabaga u Bubiligi guhagarika inkunga butera u Rwanda, basebye ubwo ibihugu byombi byasinyanaga amasezerano y’ubufatanye

Uganda n’Umubiligi Filip Reyntjens basabaga u Bubiligi guhagarika inkunga butera u Rwanda, basebye ubwo ibihugu byombi byasinyanaga amasezerano y’ubufatanye

Ubwanditsi 14 Aug 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, Mu Mahanga

Mu nyandiko yasohotse mu kinyamakuru “Command One Post” gikorera mu kwaha k’urwego rw’ubutasi rwa Uganda, CMI, Umubiligi Filip Reyntjens afatanyije na Gen Abel Kandiho utegeka CMI, basabye Leta y’uBubiligi guhagarika inkunga bugenera uRwanda, ngo kuko Paul Rusesabagina “yafashwe akanafungwa mu buryo bunyiranyije n’amategeko”.

Aya magambo ntiyatinze kuba amahomvu, nk’uko bisanzwe bibagendekera mu migambi inyuranye yo guharabika no kugambanira uRwanda, uko buri gihe ibakoza isoni.

N’ubu rero niko bigenze, kuko nyuma y’iminsi mike gusa Rentjens n’ibikoresho bya Perezida Yoweri k. Museveni, Ububiligi n’uRwanda byasohoye itangazo muri izi mpera z’icyumweru, risobanura amasezerano y’ubufatanye hagati y’ibihugu byombi, cyane cyane mu rwego rw’ubuzima.

Iryo tangazo ryasinyweho n’impande zombi, rivuga ko uBubiligi bwiyemeje gushyigikira no gutanga inkunga igaragara mu mushinga munini cyane w’uRwanda, ugamije gukora inkingo za Covid-19 n’indi miti, ndetse n’ibikoresho byo kwa muganga. Ubu bufatanye buzanyuzwa mu Kigo cy’Ababiligi gishinze Ubufatanye Mpuzamahanga, ENABEL.

ENABEL itangaza ko u Rwanda kugeza ubu ruri mu bihugu bya mbere 3 ikorana nabyo neza cyane, kurutera inkunga mu kubaka uruganda rukora inkingo za Covid-19, bikaba bigamije gufasha Abanyafurika kwishakamo ibisubizo ubwabo.

ENABEL kandi,kimwe n’abandi bafatanyabikorwa mpuzamahanga b’uRwanda, ntibahwemye kuvuga ko Leta y’uRwanda yakomeje kugaragaza ubushake n’ubushobozi bwo gukoresha neza inkunga rugenerwa, ari nayo mpamvu imishinga yarwo yose itajya isubizwa inyuma.Ntiyari gukomwa mu nkokora rero na Reyntjens na Gen Kandiho, bashingira gusa ku ishayari bafitiye uRwanda.

Filip Reyntjens na Gen Kandiho, igikoresho cya Perezida Museveni mu bugome bukorerwa uRwanda n’Abanyarwanda, bakozwe n’ikimwaro nk’uko byabokamye. Bitiranyije uRwanda na Uganda yamunzwe na ruswa, ku buryo abaterankunga bayo batangiye kuvanamo akabo karenge, kuko imfashanyo zose zigira mu mifuka ya Perezida Museveni n’umuryango we.

Filipp Reyntjens ni umuntu wabaswe n’ingengabitekerezo ya jenoside, akarangwa no kuyipfobya no kuyihana. Nta gitangaje ariko, kuko yari umwe mu bajyanama ba Leta ya Juvenal Habyarimana, banamushoye mu makosa akabije y’ivanguramoko, cyane cyane mu burezi no mu kazi ka Leta.

Reyntjens yanga Abatutsi cyane Théoneste Bagosora, Agatha Kanziga n’abandi bajenosideri, dore ko ariwe muvugizi wabo w’ibanze. Nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, yabaye umutangabuhamya ushinjura abajenosideri bose mu Rukiko Mpuzamahanga rwa Arusha, ariko nabyo ntibyamuhira kuko hafi y’abo yashinjuye bose bakatiwe ibihano biremereye.

Filip Reyntjens kandi yagaragaye kenshi muri Uganda ashakisha abanyakinyoma bake no gukoreshejwe na Jean-Louis Bruguière, wa mucamanza w’Umufaransa wari warahagurukiye gushinja ku ngufu Abayobozi b’uRwanda ihanurwa ry’indege ya Habyarimana. Bruguière nawe yarinze apfa atageze ku mugambi we mubisha.

Ibi byose rero byagombye kubera isomo abagambanira u Rwanda , kuko nta n’umwe byigeze bigwa amahoro. Ibihe byarahindutse, si nka kera ubwo umuntu yabykaga akigira “impuguke” mu bibazo by’uRwanda, nka Filipp Reyntjens bavugaga rikijya.

Ibikorwa by’uRwanda birivugira, n’iyo wakoresha imbaraga z’umurengera mu kuruvuga uko rutari, ikinyoma kigutamaza ukigitekereza.

2021-08-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rayon Sports na Police FC mu makipe atarahiriwe n’umunsi wa 16 wa shampiyona y’u Rwanda

Rayon Sports na Police FC mu makipe atarahiriwe n’umunsi wa 16 wa shampiyona y’u Rwanda

Ubwanditsi 15 Jan 2024
Gukoresha agakingirizo neza birinda kwandura virusi itera SIDA n’izindi ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina

Gukoresha agakingirizo neza birinda kwandura virusi itera SIDA n’izindi ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina

RUSHYASHYA 24 Oct 2025
Perezida Kagame yitabiriye inama yiga ku mutekano mu Budage

Perezida Kagame yitabiriye inama yiga ku mutekano mu Budage

Ubwanditsi 16 Feb 2018
Judi Rever yaba yabaye umuvugizi mushya w’ishyirahamwe Igicumbi?

Judi Rever yaba yabaye umuvugizi mushya w’ishyirahamwe Igicumbi?

Ubwanditsi 19 Mar 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uwari Umugenzuzi Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda,  Lt Gen Jacques Musemakweli yitabye Imana
Amakuru

Uwari Umugenzuzi Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda,  Lt Gen Jacques Musemakweli yitabye Imana

Ubwanditsi 12 Feb 2021
Kagame arashima uruhare rwa Tshisekedi mu guhashya imitwe yitwaje intwaro
INKURU NYAMUKURU

Kagame arashima uruhare rwa Tshisekedi mu guhashya imitwe yitwaje intwaro

Ubwanditsi 31 Jan 2020
Ikipe y’Isonga FC ntaho yagiye irahari kandi irakomeye
Mu Mahanga

Ikipe y’Isonga FC ntaho yagiye irahari kandi irakomeye

Ubwanditsi 13 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru