• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»‘Uyu mugore muto hari ibitekerezo ahagarariye’ Mushikiwabo avuga kuri D. Rwigara

‘Uyu mugore muto hari ibitekerezo ahagarariye’ Mushikiwabo avuga kuri D. Rwigara

Ubwanditsi 03 Nov 2017 ITOHOZA

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’ibikorwa by’Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba, Louise Mushikiwabo mu kiganiro n’ itangazamakuru mpuzamahanga yabajijwe kuri Diane Rwigara wifuje kuba Perezida w’ u Rwanda ubu akaba ari mu nkiko, avuga ko uyu mukobwa hari ibitekerezo ahagarariye.

Ni mu kiganiro Hon. Mushikiwabo yagiranye na Televiziyo ya ‘TV5Monde’, Radiyo mpuzamahanga y’Abafaransa ‘RFI’ n’ikinyamakuru le monde.

Umunyamakuru yabajije Mushikiwabo ati “Uyu munsi Diane Rwigara wari wagerageje guhangana na Perezida Kagame ari muri Gereza ashinjwa gukoresha impapuro mpimbano, uyu mugore ari kuba ikimenyetso cy’uko bishoboka kuzategura gusimburana ku butegetsi mu buryo bwa Demokarasi muri iki gihugu, by’umwihariko abakiri bato bashaka ubwisanzure bwisumbuyeho?”

Mushikiwabo ati “Uyu mugore muto hari ibitekerezo rwose ahagarariye, ariko ni ibitekerezo biri hanze y’iki gihugu.Yashakaga kuba Umukandinda ariko ntiyabonye abamushyigikira bahagije kugira ngo abashe kwiyamamariza kuba Perezida. Ni umugore kimwe n’abandi Banyarwanda bafite uburenganzira bwo kwiyamamaza ariko utarabashije kubigeraho kubera ko atari yujuje ibisabwa. Muri uwo murongo, sinshaka kubivugaho byinshi kubera ko ni ikibazo kiri mu biganza by’ubutabera. Muri iyo nzira, habayeho ibibazo niyo mpamvu ari mu butareba uyu munsi, ariko reka nababwire ko u Rwanda ari igihugu aho umugore ari umwamikazi ariko hariho n’ ‘abarozikazi (sorcière)’, ntabwo ari benshi, abagore bo mu Rwanda ntabwo bose ari abamarayika”.

Umunyamakuru: Niyo mvugo mukoresha umuvuga uriya (Diane) utavuga rumwe n’ubutegetsi?

Mushikiwabo: Oya, oya! Mbivuze kuko twumva kenshi ahantu hamwe na hamwe “Ko ari umugore, gute,… umugore ntakwiye gufungwa,… muzi ko abagore bakoze Jenoside hano mu Rwanda.
Rero umugore ubyemerewe, wujuje ibisabwa ashobora kwiyamamaza kandi ashobora gutorwa, ariko si ko we bimeze.

Umunyamakuru: Muvuze ko ari mu butabera, ese hano mu Rwanda ushatse kwiyamamaza bihita bimujyana muri gereza, n’imbere y’urukiko?

Mushikiwabo: Ntabwo ariko bimeze hano, uriya mugore muto ari mu butabera kubera ko yibye mu nzego zitandukanye mu nzira ye ashaka kuba Umukandida mu matora ya Perezida wa Repubulika, reka dutegereze urubanza rwe.

-253.png

-8529.jpg

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda Louise Mushikiwabo mu kiganiro n’itangazamakuru

2017-11-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nord-Kivu : Abarwanyi 20 ba M23 bamaze kwicirwa mu bitero n’Ingabo za FARDC

Nord-Kivu : Abarwanyi 20 ba M23 bamaze kwicirwa mu bitero n’Ingabo za FARDC

Ubwanditsi 02 Mar 2017
Uburiganya : Mpayimana Philippe  yashyizwe mu majwi mu bashaka imikono ya kandidatire binyuranyije n’amategeko

Uburiganya : Mpayimana Philippe yashyizwe mu majwi mu bashaka imikono ya kandidatire binyuranyije n’amategeko

Ubwanditsi 27 May 2017
Ibimenyetso bishya ku ihanurwa ry’Indege ya Habyarimana : Imbunda yakoreshejwe irasa missile yafatiwe muri Congo

Ibimenyetso bishya ku ihanurwa ry’Indege ya Habyarimana : Imbunda yakoreshejwe irasa missile yafatiwe muri Congo

Ubwanditsi 27 Feb 2017
Uko Uganda n’UBurundi bacuze  umugambi wo gutera URwanda mu mpera za 2019 .

Uko Uganda n’UBurundi bacuze  umugambi wo gutera URwanda mu mpera za 2019 .

Ubwanditsi 23 Dec 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

‘Kudahuza kw’Ingabo za Afurika  nibyo bitera intambara’ Gen Nyamvumba
Mu Mahanga

‘Kudahuza kw’Ingabo za Afurika nibyo bitera intambara’ Gen Nyamvumba

Ubwanditsi 02 Nov 2016

Perezida Ndayishimiye Yahisemo Gushyira imbere ubushyamirane mu baturanyi aho gukemura ibibazo by’imbere mu gihugu

Ubwanditsi 30 Jul 2025
Umuryango wa Rwigara uri mu maboko ya Polisi ukurikiranyweho ibyaha bikomeye birimo kugambanira Igihugu
ITOHOZA

Umuryango wa Rwigara uri mu maboko ya Polisi ukurikiranyweho ibyaha bikomeye birimo kugambanira Igihugu

Ubwanditsi 24 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru