• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»‘Uyu mugore muto hari ibitekerezo ahagarariye’ Mushikiwabo avuga kuri D. Rwigara

‘Uyu mugore muto hari ibitekerezo ahagarariye’ Mushikiwabo avuga kuri D. Rwigara

Ubwanditsi 03 Nov 2017 ITOHOZA

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’ibikorwa by’Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba, Louise Mushikiwabo mu kiganiro n’ itangazamakuru mpuzamahanga yabajijwe kuri Diane Rwigara wifuje kuba Perezida w’ u Rwanda ubu akaba ari mu nkiko, avuga ko uyu mukobwa hari ibitekerezo ahagarariye.

Ni mu kiganiro Hon. Mushikiwabo yagiranye na Televiziyo ya ‘TV5Monde’, Radiyo mpuzamahanga y’Abafaransa ‘RFI’ n’ikinyamakuru le monde.

Umunyamakuru yabajije Mushikiwabo ati “Uyu munsi Diane Rwigara wari wagerageje guhangana na Perezida Kagame ari muri Gereza ashinjwa gukoresha impapuro mpimbano, uyu mugore ari kuba ikimenyetso cy’uko bishoboka kuzategura gusimburana ku butegetsi mu buryo bwa Demokarasi muri iki gihugu, by’umwihariko abakiri bato bashaka ubwisanzure bwisumbuyeho?”

Mushikiwabo ati “Uyu mugore muto hari ibitekerezo rwose ahagarariye, ariko ni ibitekerezo biri hanze y’iki gihugu.Yashakaga kuba Umukandinda ariko ntiyabonye abamushyigikira bahagije kugira ngo abashe kwiyamamariza kuba Perezida. Ni umugore kimwe n’abandi Banyarwanda bafite uburenganzira bwo kwiyamamaza ariko utarabashije kubigeraho kubera ko atari yujuje ibisabwa. Muri uwo murongo, sinshaka kubivugaho byinshi kubera ko ni ikibazo kiri mu biganza by’ubutabera. Muri iyo nzira, habayeho ibibazo niyo mpamvu ari mu butareba uyu munsi, ariko reka nababwire ko u Rwanda ari igihugu aho umugore ari umwamikazi ariko hariho n’ ‘abarozikazi (sorcière)’, ntabwo ari benshi, abagore bo mu Rwanda ntabwo bose ari abamarayika”.

Umunyamakuru: Niyo mvugo mukoresha umuvuga uriya (Diane) utavuga rumwe n’ubutegetsi?

Mushikiwabo: Oya, oya! Mbivuze kuko twumva kenshi ahantu hamwe na hamwe “Ko ari umugore, gute,… umugore ntakwiye gufungwa,… muzi ko abagore bakoze Jenoside hano mu Rwanda.
Rero umugore ubyemerewe, wujuje ibisabwa ashobora kwiyamamaza kandi ashobora gutorwa, ariko si ko we bimeze.

Umunyamakuru: Muvuze ko ari mu butabera, ese hano mu Rwanda ushatse kwiyamamaza bihita bimujyana muri gereza, n’imbere y’urukiko?

Mushikiwabo: Ntabwo ariko bimeze hano, uriya mugore muto ari mu butabera kubera ko yibye mu nzego zitandukanye mu nzira ye ashaka kuba Umukandida mu matora ya Perezida wa Repubulika, reka dutegereze urubanza rwe.

-253.png

-8529.jpg

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda Louise Mushikiwabo mu kiganiro n’itangazamakuru

2017-11-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Urukiko rukuru rwa Uganda rukorera ahitwa Nambayo, rugiye gusuzuma ikirego cy’ibura rya Ben Rutabana

Urukiko rukuru rwa Uganda rukorera ahitwa Nambayo, rugiye gusuzuma ikirego cy’ibura rya Ben Rutabana

Ubwanditsi 15 Feb 2020
Kayumba Nyamwasa: Ingaruka zo kugambana no Gucyeza abami babiri

Kayumba Nyamwasa: Ingaruka zo kugambana no Gucyeza abami babiri

Ubwanditsi 19 Feb 2018
Uko RNC yasenyutse uruhongohongo ikamera nk’impabe mu rukubo

Uko RNC yasenyutse uruhongohongo ikamera nk’impabe mu rukubo

Ubwanditsi 25 Feb 2020
Ikibazo cy’Urupfu rwa Padiri Nambaje umutwaro wikorewe na Thomas Nahimana

Ikibazo cy’Urupfu rwa Padiri Nambaje umutwaro wikorewe na Thomas Nahimana

Ubwanditsi 09 Feb 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibigo bitandatu byashoye imari ya miliyari 1.25$ muri Airtel Africa
IKORANABUHANGA

Ibigo bitandatu byashoye imari ya miliyari 1.25$ muri Airtel Africa

Ubwanditsi 25 Oct 2018
Umuhanzi The BEN i Buruseli mu Bubiligi aho agiye gutaramira abanyarwanda
IMIKINO

Umuhanzi The BEN i Buruseli mu Bubiligi aho agiye gutaramira abanyarwanda

Ubwanditsi 29 Feb 2016
Abapolisi  bitegura kujya mu butumwa bw’amahoro batangiye amahugurwa
Mu Mahanga

Abapolisi bitegura kujya mu butumwa bw’amahoro batangiye amahugurwa

Ubwanditsi 07 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru