• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Amwe mu mazina y’Abafaransa ashyirwa mu majwi mu guhanura Indege ya Habyarimana

Amwe mu mazina y’Abafaransa ashyirwa mu majwi mu guhanura Indege ya Habyarimana

Ubwanditsi 17 Oct 2017 ITOHOZA

Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG), ivuga ko u Bufaransa budakwiye kujya bwirirwa buvuga ko bushaka gukora amaperereza ku ihanurwa ry’indege ya Habyarimana, kuko ngo aribo bafite amakuru yose.

CNLG ivuga ko ubwo iyi ndege ya Perezida Habyarimana yahanurwaga, byatwaye ukwezi kurenga aho indege yaguye, harinzwe na bamwe mu basirikari b’iki gihugu bakoreraga mu kigo cya gisirikari cya Kanombe.

Mu mwaka wa 2006, umucamanza w’Umufaransa, Jean-Louis Bruguière yashyizeho impapuro zifata abofisiye 9 b’u Rwanda bashinjwa kugira uruhare mu ihanurwa ry’indege ya Falcon 50 yaguyemo Habyarimana na Ntaryamira wayoboraga u Burundi.

Mu mwaka wa 2016 kandi u Bufaransa bwongeye kuvuga ko bugiye gutangiza iperereza bundi bushya, ku muntu wahanuye indege ya Perezida Juvenal Habyarimana.

U Bufaransa buvuga gukora aya ma perereza, mu gihe u Rwanda rushinja iki gihugu gutegura no gushyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse iki gihugu ngo kikaba cyaragize uruhare rukomeye mu guha imyitozo abasirikari ba Perezida Habyarimana ndetse n’Interahamwe bakoze Jenoside.

U Bufaransa bwo buvuga ko bushaka gukora iperereza ku cyateye iri hanurwa ry’iyi ndege, kuko ngo ariyo yabaye imbarutso mu gutangira kwa Jenoside.

Gusa u Rwanda rwo ruvuga ko kuvuga ko ihanurwa ry’iyi ndege aribyo byatangije Jenoside ngo sibyo, kuko no myaka yabanje guhera mu mwaka wa 1959, Abatutsi bakomeje kwicwa hirya no hino mu gihugu kugeza kuri Jenoside nyirizina.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside, Dr Bizimana Jean Damascène, nawe avuga ko kuba buri munsi u Bufaransa buvuga ibijyanye n’amaperereza, ngo ibi nta gaciro bifite cyane ko iki gihugu gifite amakuru yose ku cyahanuye indege ya Perezida Habyarimana.

Avuga ko na mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi, abasirikari b’ u Bufaransa babaga mu kigo cya gisirikari cya Kanombe aho bahaga imyitozo abasirikari ba Habyarimana, gutoza abagize uruhare muri Jenoside no guhohotera Abatutsi.

Dr Bizimana Jean Damascène, agira ati “Kwica no guhohotera Abatutsi mu kigo cya Kanombe byakorwaga hari abasirikari b’Abafaransa, ubuhamya butandukanye bw’abasirikari bakoraga mu kigo cya Kanombe burabigaragaza, gutoteza Abatutsi mu kigo cya Kanombe byakorwaga hari abasirikari b’Abafaransa, aba kandi nibo babaga banabiyoboye.”

Bamwe mu basirikari b’Abafaransa CNLG ivuga ko babaga mu kigo cya Kanombe, barimo Major Michael RoBards wigishaga Abajandarume, uyu akaba ngo yaranagize uruhare rwo gutegura Jenoside no gutoza abasirikari ba Perezida Habyarimana, Colonel Bernard Cussac wari uwoyoboye ubutwererane hagati y’ingabo, Gregory de Sécante wakoranaga bugufi na Col Theoneste Bagosora.

CNLG ivuga ko uretse kuba aba basirikari b’Abafaransa baragize uruhare rukomeye mu kwica Abatutsi byaberaga muri iki kigo no mu nkengero zacyo, ngo u Bufaransa bunazi neza uko indege ya Habyarimana yarashwe.

-8322.jpg

Uwayoboraga ingabo z’u Bufaransa muri ‘Zone Turquoise’

Dr Damascène agira ati “Uyu witwaga Gregory de Sécante indege ya Habyarimana ikimara guhanuka, we n’uwitwaga Ntabakuze bayoboye abasirikari bagiye aho indege yaguye barayisaka, ibyo babonaga bikenewe byose barabitwara, ntabwo bigeze bemerera ingabo za MINUAR kuba zahinjira, bemeye MINUAR kuhinjira mu kwezi kwa 5, 1994, ukwezi kurenga n’igice gushize, aba nibo bari baharinze, bahavuye kugeza aho babonye ko ibyangombwa byose bashakaga babirangije.”

Akomeza agira ati “Bigaragaza ko n’amabanga yose y’uko Jenoside yagenze i Kanombe bayafite, bimwe bajya bigira ngo barashaka gukora amaperereza, bagombye kubanza gutangaza ibimenyetso bo bafite.”

CNLG ivuga ko n’ubwo Abanyarwanda ubwabo aribo bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, gusa ngo hari n’abanyamahanga bagize uruhare rukomeye mu kubafasha no kuyishyira mu bikorwa.

Tariki ya 5 Ukwakira 2017 ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ruherereye Nyanza ya Kicukiro, hashyinguwe imibiri y’Abatutsi 547 bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Aba bakaba baravanwe mu cyobo giherereye mu kigo cya Gisirikari cya Kanombe.

-8323.jpg

Ingabo z’Abafaransa mu Rwanda

2017-10-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Isano hagati ya Mateke na Habyarimana intandaro yo kuba ku isonga mu guhungabanya u Rwanda

Isano hagati ya Mateke na Habyarimana intandaro yo kuba ku isonga mu guhungabanya u Rwanda

Ubwanditsi 23 Dec 2019
Perezida Kagame yazamuye mu ntera ba Ofisiye bato barenga 400

Perezida Kagame yazamuye mu ntera ba Ofisiye bato barenga 400

Ubwanditsi 08 Apr 2017
Papa Francis yogeje anasoma ibirenge by’imfungwa 12

Papa Francis yogeje anasoma ibirenge by’imfungwa 12

Ubwanditsi 17 Apr 2017
Ingabo z’u Burundi zivuye muri Somalia ikubagahu

Ingabo z’u Burundi zivuye muri Somalia ikubagahu

Ubwanditsi 01 Jan 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ingabo z’u Rwanda zimaze kwivugana intagondwa zirenga 70 zari zarajengereje amajyaruguru ya Mozambike
Amakuru

Ingabo z’u Rwanda zimaze kwivugana intagondwa zirenga 70 zari zarajengereje amajyaruguru ya Mozambike

Ubwanditsi 06 Aug 2021
CMI yataye muri yombi Abanyarwanda bane bigaga muri kaminuza i Kampala
HIRYA NO HINO

CMI yataye muri yombi Abanyarwanda bane bigaga muri kaminuza i Kampala

Ubwanditsi 29 Nov 2019
Imodoka ya Rayon Sports yabaye iciro ry’umugani yagaruwe mu muhanda igeze mu Nzove yakiranywa amashyi n’impundu
IMIKINO

Imodoka ya Rayon Sports yabaye iciro ry’umugani yagaruwe mu muhanda igeze mu Nzove yakiranywa amashyi n’impundu

Ubwanditsi 19 Apr 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru