• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Amwe mu mazina y’Abafaransa ashyirwa mu majwi mu guhanura Indege ya Habyarimana

Amwe mu mazina y’Abafaransa ashyirwa mu majwi mu guhanura Indege ya Habyarimana

Ubwanditsi 17 Oct 2017 ITOHOZA

Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG), ivuga ko u Bufaransa budakwiye kujya bwirirwa buvuga ko bushaka gukora amaperereza ku ihanurwa ry’indege ya Habyarimana, kuko ngo aribo bafite amakuru yose.

CNLG ivuga ko ubwo iyi ndege ya Perezida Habyarimana yahanurwaga, byatwaye ukwezi kurenga aho indege yaguye, harinzwe na bamwe mu basirikari b’iki gihugu bakoreraga mu kigo cya gisirikari cya Kanombe.

Mu mwaka wa 2006, umucamanza w’Umufaransa, Jean-Louis Bruguière yashyizeho impapuro zifata abofisiye 9 b’u Rwanda bashinjwa kugira uruhare mu ihanurwa ry’indege ya Falcon 50 yaguyemo Habyarimana na Ntaryamira wayoboraga u Burundi.

Mu mwaka wa 2016 kandi u Bufaransa bwongeye kuvuga ko bugiye gutangiza iperereza bundi bushya, ku muntu wahanuye indege ya Perezida Juvenal Habyarimana.

U Bufaransa buvuga gukora aya ma perereza, mu gihe u Rwanda rushinja iki gihugu gutegura no gushyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse iki gihugu ngo kikaba cyaragize uruhare rukomeye mu guha imyitozo abasirikari ba Perezida Habyarimana ndetse n’Interahamwe bakoze Jenoside.

U Bufaransa bwo buvuga ko bushaka gukora iperereza ku cyateye iri hanurwa ry’iyi ndege, kuko ngo ariyo yabaye imbarutso mu gutangira kwa Jenoside.

Gusa u Rwanda rwo ruvuga ko kuvuga ko ihanurwa ry’iyi ndege aribyo byatangije Jenoside ngo sibyo, kuko no myaka yabanje guhera mu mwaka wa 1959, Abatutsi bakomeje kwicwa hirya no hino mu gihugu kugeza kuri Jenoside nyirizina.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside, Dr Bizimana Jean Damascène, nawe avuga ko kuba buri munsi u Bufaransa buvuga ibijyanye n’amaperereza, ngo ibi nta gaciro bifite cyane ko iki gihugu gifite amakuru yose ku cyahanuye indege ya Perezida Habyarimana.

Avuga ko na mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi, abasirikari b’ u Bufaransa babaga mu kigo cya gisirikari cya Kanombe aho bahaga imyitozo abasirikari ba Habyarimana, gutoza abagize uruhare muri Jenoside no guhohotera Abatutsi.

Dr Bizimana Jean Damascène, agira ati “Kwica no guhohotera Abatutsi mu kigo cya Kanombe byakorwaga hari abasirikari b’Abafaransa, ubuhamya butandukanye bw’abasirikari bakoraga mu kigo cya Kanombe burabigaragaza, gutoteza Abatutsi mu kigo cya Kanombe byakorwaga hari abasirikari b’Abafaransa, aba kandi nibo babaga banabiyoboye.”

Bamwe mu basirikari b’Abafaransa CNLG ivuga ko babaga mu kigo cya Kanombe, barimo Major Michael RoBards wigishaga Abajandarume, uyu akaba ngo yaranagize uruhare rwo gutegura Jenoside no gutoza abasirikari ba Perezida Habyarimana, Colonel Bernard Cussac wari uwoyoboye ubutwererane hagati y’ingabo, Gregory de Sécante wakoranaga bugufi na Col Theoneste Bagosora.

CNLG ivuga ko uretse kuba aba basirikari b’Abafaransa baragize uruhare rukomeye mu kwica Abatutsi byaberaga muri iki kigo no mu nkengero zacyo, ngo u Bufaransa bunazi neza uko indege ya Habyarimana yarashwe.

-8322.jpg

Uwayoboraga ingabo z’u Bufaransa muri ‘Zone Turquoise’

Dr Damascène agira ati “Uyu witwaga Gregory de Sécante indege ya Habyarimana ikimara guhanuka, we n’uwitwaga Ntabakuze bayoboye abasirikari bagiye aho indege yaguye barayisaka, ibyo babonaga bikenewe byose barabitwara, ntabwo bigeze bemerera ingabo za MINUAR kuba zahinjira, bemeye MINUAR kuhinjira mu kwezi kwa 5, 1994, ukwezi kurenga n’igice gushize, aba nibo bari baharinze, bahavuye kugeza aho babonye ko ibyangombwa byose bashakaga babirangije.”

Akomeza agira ati “Bigaragaza ko n’amabanga yose y’uko Jenoside yagenze i Kanombe bayafite, bimwe bajya bigira ngo barashaka gukora amaperereza, bagombye kubanza gutangaza ibimenyetso bo bafite.”

CNLG ivuga ko n’ubwo Abanyarwanda ubwabo aribo bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, gusa ngo hari n’abanyamahanga bagize uruhare rukomeye mu kubafasha no kuyishyira mu bikorwa.

Tariki ya 5 Ukwakira 2017 ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ruherereye Nyanza ya Kicukiro, hashyinguwe imibiri y’Abatutsi 547 bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Aba bakaba baravanwe mu cyobo giherereye mu kigo cya Gisirikari cya Kanombe.

-8323.jpg

Ingabo z’Abafaransa mu Rwanda

2017-10-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

USA ubwoba ni bwose ko Korea yabarekurira H-Bomb ivuye kucyogajuru

USA ubwoba ni bwose ko Korea yabarekurira H-Bomb ivuye kucyogajuru

Ubwanditsi 06 Sep 2017
Ese igitutu cya Rudasingwa  kuri Kayumba cyaba  aricyo gitumye  atanga ubuhamya bumugira umwere ?

Ese igitutu cya Rudasingwa kuri Kayumba cyaba aricyo gitumye atanga ubuhamya bumugira umwere ?

Ubwanditsi 05 Nov 2016
Uganda yavuye ku izima  yahagaritse pasiporo ya Mukankusi  Charlotte ushinzwe dipolomasi muri RNC

Uganda yavuye ku izima yahagaritse pasiporo ya Mukankusi Charlotte ushinzwe dipolomasi muri RNC

Ubwanditsi 21 Feb 2020
Guverinoma y’u Rwanda ikorera mu buhungiro ikomeje guhata imyanya abatarifuje gufatanya nayo

Guverinoma y’u Rwanda ikorera mu buhungiro ikomeje guhata imyanya abatarifuje gufatanya nayo

Ubwanditsi 11 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida cyril Ramaphosa w’Afrika y’Epfo aratabariza Abanyapalesitina bagwa mu ntambara yo muri Gaza, ariko agashimishwa no gufasha Tshisekedi kwica Abakongomani
Amakuru

Perezida cyril Ramaphosa w’Afrika y’Epfo aratabariza Abanyapalesitina bagwa mu ntambara yo muri Gaza, ariko agashimishwa no gufasha Tshisekedi kwica Abakongomani

Ubwanditsi 26 Jan 2024
Ikipe y’igihugu ya Sierra Leone yabaye ikipe ya 24 yashimangiye kuzitabira igikombe cya Afurika cya 2021.
Amakuru

Ikipe y’igihugu ya Sierra Leone yabaye ikipe ya 24 yashimangiye kuzitabira igikombe cya Afurika cya 2021.

Ubwanditsi 16 Jun 2021
Zlatan Ibrahimovic yongereye amasezerano y’umwaka umwe muri AC Milan, ibi bivuze ko azageza ku myaka 40 y’amavuko agikina umupira w’amaguru.
Amakuru

Zlatan Ibrahimovic yongereye amasezerano y’umwaka umwe muri AC Milan, ibi bivuze ko azageza ku myaka 40 y’amavuko agikina umupira w’amaguru.

Ubwanditsi 23 Apr 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru