• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Green Party : Habineza yemejwe nk’Umukandida Perezida mu matora

Green Party : Habineza yemejwe nk’Umukandida Perezida mu matora

Ubwanditsi 19 Mar 2017 POLITIKI

Kuri iki cyumweru, Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (Democratic Green Party of Rwanda/DGPR) ryakoze inama y’abagize Kongere y’Ishyaka yemerejwemo ko Dr Frank Habineza ariwe uzarihagararira mu matora ya Perezida wa Repubulika.

Iyi nama yabereye kuri Croix Rouge ku Kacyiru, mu mujyi Kigali yamurikiwemo ibikorwa Ishyaka riteganya gukora mu myaka irindwi iri imbere (Program Politique), ndetse hanemezwa burundu Frank Habineza nk’Umukandida uzahagararira Ishyaka mu matora ya Perezida wa Repubulika azaba ku matariki 03 na 04 Kanama 2017.

Mu ijambo yavuze amaze kwemezwa, Frank Habineza yabwiye andi mashyaka yitabiriye iyi Kongere ko naramuka atowe bazakorana neza, kandi ngo azaharanira ko Abanyarwanda bagira ibiryo byinshi inzara igacika.

Gusa, yanagaragarije abayoboke b’ishyaka DGPR inzitizi ikomeye bafite muri aya matora ahanini ishingiye ku bushobozi kugira ngo abashe guhatana mu matora ya Perezida wa Repubulika.

Yagize ati “Kugira ngo tuzakure intsinzi muri aya matora birasaba ko muhaguruka mukamamaza ishyaka aho muri hose, mu mirenge, utugari n’imidugudu. Tuzakenera amafaranga arenga miliyari n’igice, kandi azava muri mwe, ufite ibigori, amasaka…agurishe…mutange umusanzu, bizasaba ubwitange bukomeye.”

Habineza yavuze ko kuba ishyaka ryabo ryaremewe rigahabwa uburenganzira bwo gukorera mu gihugu, ngo ni uko mu Rwanda hari Demokarasi.

Ati “Ntabwo turi ishyaka rirwanya Leta, ahubwo turi ishyaka ritavuga rumwe nayo. Tubwira abayobora igihugu ngo bakosore ibintu runaka cyangwa mureke tuze tubyikemurire.”

Nyuma y’ijambo rye, DGPR ryagaragaje gahunda rifite mu myaka irindwi iri imbere irimo impinduka mu rwego rw’ubutabera, ikoranabuhanga, umutekano, umuco n’imyidagaduro, itangazamakuru n’ibindi.

Kugeza ubu, byibura abanyapolitike bane nibo bamaze kwemeza ko bazahatana mu matora ya Perezida wa Republika y’uyu mwaka gusa Komisiyo y’igihugu y’amatora izemeza urutonde ntakuka rw’abazahatana ku itariki 27 Kamena.

Biteganyijwe ko Umukandida w’ishyaka DGPR azahangana na Perezida Paul Kagame uzahagararira FPR-Inkotanyi, Philippe Mpayimana, na Padiri Thomas Nahimana wakomeje gutangaza ko azatahuka akaza guhangana mu matora ariko akaba ataraza.

-6133.jpg

Frank Habineza avuga ijambo nyuma yo kwemezwa nk’Umukandida uzahagararira DGPR mu matora ya Perezida.

-6132.jpg

Izi ntoki ebyiri ngo ziravuga ko igihe ari iki

2017-03-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ikinyamakuru cya Leta ya Uganda, New Vision cyatangaje ibinyoma ko habayeho ibiganiro hagati ya Kagame na Museveni

Ikinyamakuru cya Leta ya Uganda, New Vision cyatangaje ibinyoma ko habayeho ibiganiro hagati ya Kagame na Museveni

Ubwanditsi 06 Nov 2017
Uganda: Polisi yaburijemo igitaramo cya Bobi Wine

Uganda: Polisi yaburijemo igitaramo cya Bobi Wine

Ubwanditsi 03 Dec 2018
INGABIRE VICTOIRE AKOMEJE KUBA UMUYOBORO UNYUZWAMO AMAFARANGA ATERA INKUNGA FDLR

INGABIRE VICTOIRE AKOMEJE KUBA UMUYOBORO UNYUZWAMO AMAFARANGA ATERA INKUNGA FDLR

Ubwanditsi 29 May 2025
Rwanda Day: Kagame yasabye urubyiruko kutigana ibibi biba mu mico y’amahanga

Rwanda Day: Kagame yasabye urubyiruko kutigana ibibi biba mu mico y’amahanga

Ubwanditsi 25 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame ari muri Namibia aho yitabiriye inama ya SADC [ AMAFOTO ]
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame ari muri Namibia aho yitabiriye inama ya SADC [ AMAFOTO ]

Ubwanditsi 17 Aug 2018
Major “Katulebe” wari umugaragu ukomeye wa FDLR, yishyikirije ingabo za Loni ziri muri Kongo, MONUSCO, akaba yiyongereye ku bandi benshi bamaze kubona ko gukorana na FDLR ari ukwihamagarira urupfu!
Amakuru

Major “Katulebe” wari umugaragu ukomeye wa FDLR, yishyikirije ingabo za Loni ziri muri Kongo, MONUSCO, akaba yiyongereye ku bandi benshi bamaze kubona ko gukorana na FDLR ari ukwihamagarira urupfu!

Ubwanditsi 31 Dec 2020
Iburanisha risoza urubanza rw’ubujurire bwa Munyakazi ryaranzwe n’impaka zikomeye
Mu Rwanda

Iburanisha risoza urubanza rw’ubujurire bwa Munyakazi ryaranzwe n’impaka zikomeye

Ubwanditsi 18 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru