• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Impamvu Uganda yatangiye kurekura bamwe mu Banyarwanda yari ifunze, Kayumba nawe yemera ko akorana na Museveni

Impamvu Uganda yatangiye kurekura bamwe mu Banyarwanda yari ifunze, Kayumba nawe yemera ko akorana na Museveni

Ubwanditsi 21 Sep 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Nyuma y’imyaka myinshi Uganda ihakana ko hari abanyarwanda ifunze mu buryo bunyuranyije n’amategeko muri gereza zayo zitemewe ziri hirya no hino mu gihugu, yatangiye kurekura bamwe muri bo.

Mu ijoro ryo ku wa 12 Nzeri 2019 abanyarwanda 32 barekuwe na Uganda bagezwa ku mupaka wa Kagitumba i Nyagatare. Ibi byakozwe nyuma y’igihe kinini inzego z’umutekano muri Uganda zirengagiza amabaruwa ya Ambasade y’u Rwanda muri iki gihugu.

Inshuro nke Uganda yasubije ku byo u Rwanda rwavugaga, yashimangiraga ko ibirego byarwo nta shingiro na rito bifite, ko nta muntu munyarwanda n’umwe ufungiye muri gereza zitemewe muri Uganda.

Ku wa 17 Gicurasi 2019, mu kiganiro n’abanyamakuru, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda, Sam Kutesa, yahakanye ko Uganda hari abanyarwanda ifite bafunzwe, ashimangira n’abatawe muri yombi “bakurikiranywe n’inkiko cyangwa basubijwe mu Rwanda”.

Abanyarwanda 32 barekuwe mu cyumweru gishize, ntabwo bigeze bagezwa imbere y’inkiko. Yewe n’amagana y’abakiri muri gereza z’Urwego rushinzwe Ubutasi mu gisirikare cya Uganda, nta n’umwe wigeze ugezwa imbere y’urukiko.

Icyakunze gutangaza benshi ni uruhare rwa CMI muri ibi byose dore ko ariyo yashyikirije bariya 32 urwego rwa Uganda rushinzwe abinjira n’abasohoka ngo birukanwe ku butaka bwa Uganda.

Ikibazo benshi bibaza ni uburyo baba barageze kuri CMI niba badafungiye mu mabohero yayo.

Umwanzuro wo kubajugunya ku mupaka mu masaha y’ijoro nawo wakunze kuzamura ibibazo byinshi by’uburyo Uganda yaba ishyize umutima ku iyubahirizwa ry’amasezerano ya Luanda asaba ko abanyarwanda bose bafungiye muri Uganda mu buryo bunyuranyije n’amategeko barekurwa.

Bake nibo bamaze gufungurwa mu gihe umubare wo ukiri muri gereza za CMI mu buribwe kubera iyicarubozo rikomeye bakorerwa.

Ababashije kurekurwa mu cyumweru gishize, batanze ubuhamya bw’uburyo abo basize muri za gereza babayeho mu buribwe kubera iyicarubozo.

Iyi ishobora kuba imwe mu mpamvu zituma Uganda yitwikira ijoro kugira ngo ibarekure ishaka ko bitamenyekana cyane mu itangazamakuru.

Urugero ni Augustin Rutayisire watawe muri yombi muri Gicurasi 2018, agafungirwa muri Gereza ya Luzira akorerwa iyicarubozo ririmo gukubitwa, kwicishwa inzara, kurazwa hasi n’ibindi. Abandi amagana babayeho muri ubwo buzima.

Birasa naho CMI izagerageza kwita ku bo iteganya kurekura kugira ngo hasibanganywe ibimenyetso bijyanye n’iyicarubozo bakorewe.

Bivugwa ko ubu Rutayisire arembye bikomeye kubera imvune yatewe mu rukenyerero, umugongo no mu gatuza ku buryo iyo akoroye acira amaraso.

Mu kwezi gushize, Nunu Johnson w’imyaka 60 watawe muri yombi ari i Mbarara, yitabye Imana nyuma y’uko CMI imukoreye iyicarubozo ariko ikanga kumuha uburenganzira bwo kujya kwivuza.

Abandi barimo Marcel Gatsinzi na Donne Kayibanda bagaruwe mu Rwanda baragizwe intere kubera ibikorwa bibi bakorewe.

Amakuru avuga ko mu gihe hitegurwaga isinywa ry’amasezerano ya Luanda, CMI, yakoze ibishoboka byose kugira ngo ihe ruswa abanyarwanda ifunze.

Bivugwa ko abayobozi bagiye mu nzu z’ibanga bafungiyemo, bakabemeza kuba impunzi cyangwa se kujya mu mutwe wa RNC aho koherezwa mu Rwanda.

Umwe mu bantu bahaye amakuru Virunga Post yavuze ko umuntu ubyanga ahura n’akaga gakomeye.

Kayumba yemeye imikoranire na Museveni

Kurekura bariya banyarwanda byabaye nyuma y’iminsi mike Kayumba Nyamwasa avugiye kuri Radio Itahuka ko avugana na Perezida Museveni ndetse ko ari ibintu bisanzwe.

Kayumba yahishuye ko yavuganye na Museveni kuva kera akiri umusirikare mukuru mu ngabo za RPA. Yakomeje avuga ko umubano we wa hafi na Museveni utuma kuba bavugana ubu biba ari nk’ibintu bisanzwe.

Ku bantu bazi neza ibya dipolomasi, bavuga ko atari ibintu bisanzwe kuba Umukuru w’Igihugu yavugana buri gihe n’umwe mu basirikare bakuru b’ikindi gihugu batari umugaba w’ingabo.

Muri icyo kiganiro kandi Kayumba yemeye ko ukuriye dipolomasi muri RNC, Charlotte Mukankusi, akunda gusura Uganda agahura n’abayobozi baho.

Museveni ubwe yemeye ko yahuye na Mukankusi ndetse ni nawe wategetse ko ahabwa pasiporo ya Uganda.

Kayumba na RNC magingo aya ntibagihakana ko bahabwa ubufasha na Uganda by’umwihariko Perezida Museveni.

Guhindura imvugo kwa Kayumba akava ku guhakana ko akorana na Museveni agatangira kwemera imikoranire yabo, bigaragaza ko impamvu zatumye habaho amasezerano ya Luanda zari zifite ibimenyetso bifatika bidashobora guhakanwa muri iki gihe.

Ibi binajyana kandi n’uburyo Uganda iri kurekura umusubirizo abanyarwanda bafungiye mu nzu z’ibanga za CMI.

2019-09-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Paul Kagame yiyemeje gutanga umusanzu mu kubaka Katederali nshya

Perezida Paul Kagame yiyemeje gutanga umusanzu mu kubaka Katederali nshya

Ubwanditsi 27 Jan 2019
Ishyaka FRODEBU rivuga ko CNDD- FDD ishaka kugarura ingoma ya cyami mu Burundi

Ishyaka FRODEBU rivuga ko CNDD- FDD ishaka kugarura ingoma ya cyami mu Burundi

Ubwanditsi 05 May 2018
Uko Museveni yahaye RNC rugali  mu bitangazamakuru bye guharabika u Rwanda

Uko Museveni yahaye RNC rugali mu bitangazamakuru bye guharabika u Rwanda

Ubwanditsi 05 May 2019
Uganda: Uburakari nyuma yaho ingabo (UPDF) zitwikiye amazu 100 y’abaturage

Uganda: Uburakari nyuma yaho ingabo (UPDF) zitwikiye amazu 100 y’abaturage

Ubwanditsi 09 Feb 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuhanzi Davido yaguze indege ye bwite
SHOWBIZ

Umuhanzi Davido yaguze indege ye bwite

Ubwanditsi 10 May 2018
Rugema Kayumba amaze iminsi mu buroko, ntiyemerewe gukora mu bihugu bya Scandinavia byose
INKURU NYAMUKURU

Rugema Kayumba amaze iminsi mu buroko, ntiyemerewe gukora mu bihugu bya Scandinavia byose

Ubwanditsi 31 Dec 2019
Umukuru w’Igihugu Perezida Kagame yageze i Dar es Salaam aho  yitabiriye inama ya 17 idasanzwe ya EAC
Mu Rwanda

Umukuru w’Igihugu Perezida Kagame yageze i Dar es Salaam aho yitabiriye inama ya 17 idasanzwe ya EAC

Ubwanditsi 09 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru