• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Impamvu Uganda yatangiye kurekura bamwe mu Banyarwanda yari ifunze, Kayumba nawe yemera ko akorana na Museveni

Impamvu Uganda yatangiye kurekura bamwe mu Banyarwanda yari ifunze, Kayumba nawe yemera ko akorana na Museveni

Ubwanditsi 21 Sep 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Nyuma y’imyaka myinshi Uganda ihakana ko hari abanyarwanda ifunze mu buryo bunyuranyije n’amategeko muri gereza zayo zitemewe ziri hirya no hino mu gihugu, yatangiye kurekura bamwe muri bo.

Mu ijoro ryo ku wa 12 Nzeri 2019 abanyarwanda 32 barekuwe na Uganda bagezwa ku mupaka wa Kagitumba i Nyagatare. Ibi byakozwe nyuma y’igihe kinini inzego z’umutekano muri Uganda zirengagiza amabaruwa ya Ambasade y’u Rwanda muri iki gihugu.

Inshuro nke Uganda yasubije ku byo u Rwanda rwavugaga, yashimangiraga ko ibirego byarwo nta shingiro na rito bifite, ko nta muntu munyarwanda n’umwe ufungiye muri gereza zitemewe muri Uganda.

Ku wa 17 Gicurasi 2019, mu kiganiro n’abanyamakuru, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda, Sam Kutesa, yahakanye ko Uganda hari abanyarwanda ifite bafunzwe, ashimangira n’abatawe muri yombi “bakurikiranywe n’inkiko cyangwa basubijwe mu Rwanda”.

Abanyarwanda 32 barekuwe mu cyumweru gishize, ntabwo bigeze bagezwa imbere y’inkiko. Yewe n’amagana y’abakiri muri gereza z’Urwego rushinzwe Ubutasi mu gisirikare cya Uganda, nta n’umwe wigeze ugezwa imbere y’urukiko.

Icyakunze gutangaza benshi ni uruhare rwa CMI muri ibi byose dore ko ariyo yashyikirije bariya 32 urwego rwa Uganda rushinzwe abinjira n’abasohoka ngo birukanwe ku butaka bwa Uganda.

Ikibazo benshi bibaza ni uburyo baba barageze kuri CMI niba badafungiye mu mabohero yayo.

Umwanzuro wo kubajugunya ku mupaka mu masaha y’ijoro nawo wakunze kuzamura ibibazo byinshi by’uburyo Uganda yaba ishyize umutima ku iyubahirizwa ry’amasezerano ya Luanda asaba ko abanyarwanda bose bafungiye muri Uganda mu buryo bunyuranyije n’amategeko barekurwa.

Bake nibo bamaze gufungurwa mu gihe umubare wo ukiri muri gereza za CMI mu buribwe kubera iyicarubozo rikomeye bakorerwa.

Ababashije kurekurwa mu cyumweru gishize, batanze ubuhamya bw’uburyo abo basize muri za gereza babayeho mu buribwe kubera iyicarubozo.

Iyi ishobora kuba imwe mu mpamvu zituma Uganda yitwikira ijoro kugira ngo ibarekure ishaka ko bitamenyekana cyane mu itangazamakuru.

Urugero ni Augustin Rutayisire watawe muri yombi muri Gicurasi 2018, agafungirwa muri Gereza ya Luzira akorerwa iyicarubozo ririmo gukubitwa, kwicishwa inzara, kurazwa hasi n’ibindi. Abandi amagana babayeho muri ubwo buzima.

Birasa naho CMI izagerageza kwita ku bo iteganya kurekura kugira ngo hasibanganywe ibimenyetso bijyanye n’iyicarubozo bakorewe.

Bivugwa ko ubu Rutayisire arembye bikomeye kubera imvune yatewe mu rukenyerero, umugongo no mu gatuza ku buryo iyo akoroye acira amaraso.

Mu kwezi gushize, Nunu Johnson w’imyaka 60 watawe muri yombi ari i Mbarara, yitabye Imana nyuma y’uko CMI imukoreye iyicarubozo ariko ikanga kumuha uburenganzira bwo kujya kwivuza.

Abandi barimo Marcel Gatsinzi na Donne Kayibanda bagaruwe mu Rwanda baragizwe intere kubera ibikorwa bibi bakorewe.

Amakuru avuga ko mu gihe hitegurwaga isinywa ry’amasezerano ya Luanda, CMI, yakoze ibishoboka byose kugira ngo ihe ruswa abanyarwanda ifunze.

Bivugwa ko abayobozi bagiye mu nzu z’ibanga bafungiyemo, bakabemeza kuba impunzi cyangwa se kujya mu mutwe wa RNC aho koherezwa mu Rwanda.

Umwe mu bantu bahaye amakuru Virunga Post yavuze ko umuntu ubyanga ahura n’akaga gakomeye.

Kayumba yemeye imikoranire na Museveni

Kurekura bariya banyarwanda byabaye nyuma y’iminsi mike Kayumba Nyamwasa avugiye kuri Radio Itahuka ko avugana na Perezida Museveni ndetse ko ari ibintu bisanzwe.

Kayumba yahishuye ko yavuganye na Museveni kuva kera akiri umusirikare mukuru mu ngabo za RPA. Yakomeje avuga ko umubano we wa hafi na Museveni utuma kuba bavugana ubu biba ari nk’ibintu bisanzwe.

Ku bantu bazi neza ibya dipolomasi, bavuga ko atari ibintu bisanzwe kuba Umukuru w’Igihugu yavugana buri gihe n’umwe mu basirikare bakuru b’ikindi gihugu batari umugaba w’ingabo.

Muri icyo kiganiro kandi Kayumba yemeye ko ukuriye dipolomasi muri RNC, Charlotte Mukankusi, akunda gusura Uganda agahura n’abayobozi baho.

Museveni ubwe yemeye ko yahuye na Mukankusi ndetse ni nawe wategetse ko ahabwa pasiporo ya Uganda.

Kayumba na RNC magingo aya ntibagihakana ko bahabwa ubufasha na Uganda by’umwihariko Perezida Museveni.

Guhindura imvugo kwa Kayumba akava ku guhakana ko akorana na Museveni agatangira kwemera imikoranire yabo, bigaragaza ko impamvu zatumye habaho amasezerano ya Luanda zari zifite ibimenyetso bifatika bidashobora guhakanwa muri iki gihe.

Ibi binajyana kandi n’uburyo Uganda iri kurekura umusubirizo abanyarwanda bafungiye mu nzu z’ibanga za CMI.

2019-09-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Twagiramungu yabonye ubuhungiro muri MRCD cyangwa ni uguhungira ubwayi mu kigunda

Twagiramungu yabonye ubuhungiro muri MRCD cyangwa ni uguhungira ubwayi mu kigunda

Ubwanditsi 19 Jun 2019
Leta ya Uganda yakoze amakosa ubwo yasinyiraga inguzanyo yo kwagura ikibuga cy’indege cya Entebbe none birangiye bugishyize mu maboko y’Abashinwa

Leta ya Uganda yakoze amakosa ubwo yasinyiraga inguzanyo yo kwagura ikibuga cy’indege cya Entebbe none birangiye bugishyize mu maboko y’Abashinwa

Ubwanditsi 26 Nov 2021
Umucamanza urekura abajenosideri  batarangije ibihano yongerewe manda

Umucamanza urekura abajenosideri batarangije ibihano yongerewe manda

Ubwanditsi 03 Jul 2018
Ko uwizihiza isabukuru y’amavuko aba yishimira ibyiza yagezeho, nka RNC uretse kwikirigita igaseka, yavuga ko yageze kuki mu myaka 10 imaze ishinzwe?

Ko uwizihiza isabukuru y’amavuko aba yishimira ibyiza yagezeho, nka RNC uretse kwikirigita igaseka, yavuga ko yageze kuki mu myaka 10 imaze ishinzwe?

Ubwanditsi 14 Dec 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Musanze: Gitifu w’Umurenge arakekwaho uruhare mu rupfu rw’umwana wahiriye mu nzu
Mu Rwanda

Musanze: Gitifu w’Umurenge arakekwaho uruhare mu rupfu rw’umwana wahiriye mu nzu

Ubwanditsi 06 Apr 2018
Uwibye arenga 7.000.000 i Kigali yafatiwe i Nyagatare
ITOHOZA

Uwibye arenga 7.000.000 i Kigali yafatiwe i Nyagatare

Ubwanditsi 30 May 2017
Karongi: Abakora umwuga w’uburaya banduye Sida mu bibazo bibakomereye
Mu Rwanda

Karongi: Abakora umwuga w’uburaya banduye Sida mu bibazo bibakomereye

Ubwanditsi 02 Apr 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru