• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Kabuga yagakwiye gusogongera ku cyanga cy’Ubutabera bw’ u Rwanda nk’abandi nkawe   |   16 Nov 2025

  • Byahuriranye? Rayon Sports yatandukanye n’umutoza Afahmia Lofti, Paul Muvunyi atumiza inama y’intekorusange   |   15 Nov 2025

  • FDLR yohereje abarwanyi bayo i Kinshasa kujya kwiga ikoreshwa rya drone bisabwe na Leta ya Congo   |   13 Nov 2025

  • Rayon Sports yatandukanye n’umutoza wayo Afahmia Lotfi wari umaze ukwezi ahagaritswe   |   13 Nov 2025

  • Kwizera Olivier ari mu bakinnyi bahamagawe mu mwiherero w’iminsi ine uzahuza abakinnyi bakina muri Shampiyona y’u Rwanda   |   11 Nov 2025

  • Amaherezo ashaririye ya bamwe mubasize bahekuye u Rwanda   |   11 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Amafoto – Perezida Kagame yatangije Iserukiramuco rizwi nka “Giants of Africa”, anashyira ibuye ry’ifatizo kuri “Zaria Court Kigali”

Amafoto – Perezida Kagame yatangije Iserukiramuco rizwi nka “Giants of Africa”, anashyira ibuye ry’ifatizo kuri “Zaria Court Kigali”

Editorial 14 Aug 2023 Amakuru, IMIKINO, SHOWBIZ

Kuri iki cyumweru tariki ya 13 Kanama 2023, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yitabiriye itangizwa ry’iserukiramuco rya Afurika rizwi nka “Giants Of Africa” ritegurwa na Masaï Ujiri.

Perezida Kagame ari kumwe na madamu we Jeannette Kagame, Umunya- Nigeria, Masaï Ujiri usanzwe ayobora ikipe ya Toronto Raptors isanzwe ikina irushanwa rya Shampiyona ya Basketball ya Amerika (NBA).

Ibi birori byabereye mu nyubako ya BK Arena, byari byitabiriwe n’urubyiruko rutandukanye ku mugabane wa Afurika, byahuriranye kandi no kwizihiza imyaka 20 uyu muryango (Giants Of Africa) umaze ushinzwe na Ujiri.

Giants Of Africa ni umuryango usanzwe ufasha guteza imbere urubyiruko rwa Afurika I rukina umukino w’intoki wa Basketball ndetse no gufasha ibihugu bitandukanye mu bikorwa remezo.


Aha hakaba ari naho Masaï yafashije igihugu kubaka ibibuga bitandukanye harimo icya Kimironko ndetse no kuri Club Rafiki i Nyamirambo.

Kuri iki cyumweru kandi ni naho hatashwe ibibuga bibiri byubatswe mu ishuri ry” Agahozo Shalom Youth Village” riherereye mu karere ka Rwamagana, iki kibuga kikaba cyaratashywe ku mugaragaro na Minisitiri wa Siporo, Madame Aurore Munyangaju Mimosa ari kumwe kandi na Masaï Ujiri.

Ibi birori byo kuri iki cyumweru kandi byasojwe n’igitaramo cyabereye muri BK Arena, ni igitaramo cyasusurukijwe n’abahanzi batandukanye bayobowe n’umunya- Tanzania, Diamond Platinumz.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere kandi nibwo hakomeje ibikorwa bya Gians of Africa, birimo gushyira ibuye ry’ifatiza ahazubakwa ibikorwaremezo bizafasha mu guteza imbere agace k’umujyi wa Kigali.

I Remera ahahoze hakorera RBC niho hashyizwe ibuye ry’ifatizo ahagiye kubakwa ibikorwa remezo binyuranye, birimo ibibuga by’imikino inyuranye, hoteli n’ibindi.

Ni umuhango witabiriwe na Perezida Paul Kagame ari kumwe na Masaï Ujiri usanzwe ayobora Giants Of Africa.

Aka gace kahawe izina rya Zaria Court Kigali, ni izina rifitanye inkomoko naho Masaï akomoka ku gihugu cya Nigeria kamwe mu gace uyu mugabo yakuriyemo.

Zaria Court Kigali izaba igizwe n’ibice bitandukanye birimo Hoteli izaba igizwe n’ibyumba bigera kuri 80, aho abantu bazakorera siporo hazwi nka Gym n’ibindi.

Biteganyijwe ko imirimo yo kubaka Zaria Court izarangira n’ukwezi k’Ugushyingo 2024 naho itangire gukorerwamo muri Gashyantare 2025.

2023-08-14
Editorial

IZINDI NKURU

Burera : Polisi yakanguriye abahatuye kwirinda gukoresha abana imirimo ivunanye

Burera : Polisi yakanguriye abahatuye kwirinda gukoresha abana imirimo ivunanye

Editorial 24 Oct 2017
Iyumvire  uko umwe mu bahataniye ikamba rya Miss Rwanda yahuye n’uruva gusenya bari kumutereta

Iyumvire uko umwe mu bahataniye ikamba rya Miss Rwanda yahuye n’uruva gusenya bari kumutereta

Editorial 18 Apr 2017
Muri Uganda Covid-19 iraca ibintu, ariko ubutegetsi bwa Perezida Museveni buti twakajije umutekano ku mupaka ngo Abanyarwanda batatuzanira ubwandu!

Muri Uganda Covid-19 iraca ibintu, ariko ubutegetsi bwa Perezida Museveni buti twakajije umutekano ku mupaka ngo Abanyarwanda batatuzanira ubwandu!

Editorial 07 Jun 2021
APR Fc yatsinze Amagaju isimbura Rayon Sports ku mwanya wa gatatu

APR Fc yatsinze Amagaju isimbura Rayon Sports ku mwanya wa gatatu

Editorial 04 Mar 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Italiki ndetse n’ Isaha Nyakwigendera Mozes Radio Azashyingurirwaho yamaze kumenyekana
SHOWBIZ

Italiki ndetse n’ Isaha Nyakwigendera Mozes Radio Azashyingurirwaho yamaze kumenyekana

Editorial 02 Feb 2018
2016: Ruswa yariyongereye cyane, abayitangaho amakuru baragabanyuka
Mu Mahanga

2016: Ruswa yariyongereye cyane, abayitangaho amakuru baragabanyuka

Editorial 10 Dec 2016
Menya Uburyo Birindabagabo Jean Paul Yafatanyije N’abasirikare Ba FAR Muri Jenoside Yakorewe Abatutsi Muri Sake
Amakuru

Menya Uburyo Birindabagabo Jean Paul Yafatanyije N’abasirikare Ba FAR Muri Jenoside Yakorewe Abatutsi Muri Sake

Editorial 20 Jan 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru