• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»80% by’amata mu Rwanda ntabyazwa undi musaruro

80% by’amata mu Rwanda ntabyazwa undi musaruro

Ubwanditsi 20 Jun 2018 UBUKUNGU

Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI) irasaba abikorera kugura no kubyaza umusaruro amata aboneka hirya no hino mu Gihugu.

MINAGRI ivuga ko amata abarirwa ku rugero rwa 80% by’aboneka hirya no hino mu gihugu atarabona abayagura kugira ngo bayabyazemo ibindi bicuruzwa bishobora kubikwa no gucuruzwa igihe kirekire.

Umuyobozi Mukuru muri MINAGRI ushinzwe ubworozi n’ibikomoka ku matungo, Dr Rutagwenda Theogene arahamagarira abikorera gutunganya amata kugira ngo avemo ibintu byinshi bikenerwa n’amahoteli ari mu gihugu.

Agira ati ”Amata agera ku ruganda ntabwo ari menshi cyane, asigara akagurishwa mu buryo butemewe ni yo menshi kuko agera kuri 80% by’amata yose aboneka mu gihugu.

Nyamara Iteka rya Ministiri ryo muri 2016 rivuga ko amata yose agomba gukusanywa, gutunganywa, gutwarwa no gupimwa.

Turashishikariza abashoramari gukora ibintu byinshi bikomoka ku mata, kugira ngo amahoteli yacu atazavuga ati ‘iki kintu ntabwo twakibona mu Rwanda.”
Dr Rutagwenda avuga ko amata atunganirizwa mu nganda, angana na toni ibihumbi magana cyenda mu gihe cy’umwaka.

JPEG - 4.3 Mb
Ambasaderi wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Peter Vroomen ubwo yasuraga uruganda rutunganya amata mu gice cyahariwe inganda

Ntabanganyimana Rachid ukuriye Koperative y’abakusanya amata mu karere ka Gicumbi, avuga ko bataratekereza gushinga uruganda rutunganya ibiyakomokaho.

Ati ”Mbere yo gutunganya amata akavamo ibindi bintu, tuzabanza gukemura ikibazo cy’amakusanyirizo atarabona ubushobozi bwo kwakira amata yose abantu bashaka kuduha.

“Icyuma gikonjesha kimwe kigurwa amafaranga arenze miliyoni 13, washaka kugura igicuba kimwe cya litiro 50 ugatanga amafaranga arenze ibihumbi 85, tutabonye umuterankunga ntabwo twashobora.”

Uruganda rwa Masaka rukora ibikomoka ku mata, ni rumwe mu zirimo kwizeza aborozi ko nyuma yo kumenya imiterere y’isoko ry’abakeneye amata, ruzajya rugura litiro zirenga ibihumbi bine ku munsi.

Kugeza ubu urwo ruganda ruterwa inkunga n’Ikigega cy’Amerika gishinzwe iterambere USAID, rurimo kwakira litiro zirenga igihumbi ku munsi z’amata aturutse mu borozi bato.

USAID ivuga ko yatanze inkunga ingana n’amafaranga y’u Rwanda miliyoni 234 yo kugurira uruganda rwa Masaka imashini zigezweho. Uru ruganda rufite abakozi 17 barimo icyenda bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga.

Ubwo yasuraga urwo ruganda, Ambasaderi wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Peter Vroomen, yavuze ko kongerera agaciro ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi ari byo biha u Rwanda amahirwe ya mbere mu bukungu.

2018-06-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Banki y’Isi yagabanyije igipimo cy’izamuka ry’ubukungu bwa Afurika mu 2018

Banki y’Isi yagabanyije igipimo cy’izamuka ry’ubukungu bwa Afurika mu 2018

Ubwanditsi 04 Oct 2018
U Rwanda rwahawe inguzanyo ya miliyari 116 Frw yo gukwirakwiza amazi meza

U Rwanda rwahawe inguzanyo ya miliyari 116 Frw yo gukwirakwiza amazi meza

Ubwanditsi 16 Jan 2019
Ubukungu bw’u Rwanda bwiyongereye ku kigero cya 1.7% mu gihembwe cya mbere cya 2017

Ubukungu bw’u Rwanda bwiyongereye ku kigero cya 1.7% mu gihembwe cya mbere cya 2017

Ubwanditsi 10 Jul 2017
Abanyarwanda babiri bavumbuye App “VugaPay” none igeze ku gaciro ka miliyoni 3$

Abanyarwanda babiri bavumbuye App “VugaPay” none igeze ku gaciro ka miliyoni 3$

Ubwanditsi 11 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Inama y’Abaminisitiri yemeje Gen Patrick Nyamvumba nk’Uhagarariye u Rwanda muri Tanzania naho Teta Gisa Rwigema aba Umuyobozi Mukuru ushinzwe Afurika
Amakuru

Inama y’Abaminisitiri yemeje Gen Patrick Nyamvumba nk’Uhagarariye u Rwanda muri Tanzania naho Teta Gisa Rwigema aba Umuyobozi Mukuru ushinzwe Afurika

Ubwanditsi 28 Feb 2024
RNC yagize icyo ivuga ku bikorwa by’iterabwoba  yatangije mu Rwanda
ITOHOZA

RNC yagize icyo ivuga ku bikorwa by’iterabwoba yatangije mu Rwanda

Ubwanditsi 08 Feb 2016
Urupfu rw’agashinyaguro rwa Chérubin Okende, umudepite akaba yarabaye na Minisitiri wo gutwara ibintu n’abantu rwagaragaje isura y’ukuri ya Tshisekedi
Amakuru

Urupfu rw’agashinyaguro rwa Chérubin Okende, umudepite akaba yarabaye na Minisitiri wo gutwara ibintu n’abantu rwagaragaje isura y’ukuri ya Tshisekedi

Ubwanditsi 14 Jul 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru