• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»U Rwanda mu nzira yo kwiyubaka rwagiye ruterwa amacumu atari make hirya no hino –Kagame   

U Rwanda mu nzira yo kwiyubaka rwagiye ruterwa amacumu atari make hirya no hino –Kagame   

Ubwanditsi 06 Oct 2019 UBUKUNGU

Mu Ijambo Perezida Kagame yagejeje ku bitabiriye Rwanda Day 2019, mu Budage yagarutse ku iterambere ry’igihugu ati : Turiyubaka tuva kure, tuva ku gihugu cyasenyutse ndetse gisenyuka kitari gisanzwe kinariho, ubwo urumva ko byabaye guhura. Ariko inzira yo kubaka yo iragaragara, aho tugana turahabona. Uburyo buhatuganisha turabubona. Igisigaye ni abanyarwanda, nitwe nta wundi dutegereje, uwo dutegereje nitwe.

Hari ubwo njya nibaza iyo twahuye gutya n’ikindi gihe, u Rwanda ibyo rumaze kunyuramo muri uko gusenyuka, inzira yo kongera kwiyubaka rwagiye ruterwa amacumu atari make hirya no hino, amwe u Rwanda rukayazibukira, ayandi akarufata rugakomereka ariko rugakomeza ruhagaze. N’aho ruguye ntiruhere hasi rugahaguruka.

Imyaka 25 ishize, ibyo byagiye bigabanyuka. Ntabwo bikiri nkuko byari bimeze mu myaka icumi ishize, bigaragaza uko kwiyubaka ndetse navuga ko abarukoreraga ibyo uko imyaka igenda ihita ni nako bibagora kubikora uko babikoraga.

“Ntibashirwa n’ubu baracyayohereza ariko ni uguhanyanyaza, kwanga kuva ku izima bazi ko ikitarashobotse icyo gihe ubu ntabwo cyashoboka”.

Ntabwo mbivugira ngo twirate, kugira ngo abari bafite iyo migambi bayiveho oya, ndabivugira ko ari ukuri kandi kwigaragaza. Nta myaka ishira, nta myaka itanu ishira hatabayeho uko kutugerageza ariko nubwo bibaho abakurikirana amateka, nujya muri buri gice cy’ubukungu cy’ubuzima cy’imibereho y’u Rwanda birasanzwe ko buri mwaka u Rwanda rutera intambwe muri buri rwego rw’ubukungu bw’igihugu.

Umukuru w’igihugu ati: “Hari ubwo nibaza imyaka 25 ishize u Rwanda rutera imbere , ikibazo nakwibaza gusa, ntabwo igihugu cyatera imbere bishingiye ku mikorere mibi, ntabwo byajyana. Ntabwo ushobora gukora nabi ngo ibivamo abe ari byiza. U Rwanda ruratera imbere kuko ibyo rukora ari bizima. Ntabwo wakora ibintu bibi ngo uhore utera imbere, ntabwo bihura.

Icyo nibaza ari nacyo dukwiriye kwibandaho, mu byiza dukora twarushaho gute kubikora neza? Twarushaho gute kugira ngo abakora neza biyongere umubare bahore ari benshi? Kugabanya umubare w’abangiza ukongera umubare w’abakora ibizima, niyo nshingano dufite.

Abangiza ubundi bagahagaritswe kwangiza cyangwa bakagirwa inama cyangwa bagashakirwa ubundi buryo, ntibikorwe n’abakora neza kugira ngo imbaraga zabo zoye gupfa ubusa.

Ibyo navugaga bikorwa neza mu Rwanda biri mu bice byinshi. Amabanki arubakwa, amashuri arubakwa, amavuriro n’ibindi byinshi abaturage bakeneyeho serivisi ariko niba ugiye kwa muganga, hari uburyo umuntu akeneye gufashwa byihutirwa. Ugeze kwa muganga ari ninjoro, ugezeyo ubuze umuntu wafasha uwo murwayi ushaka ubufasha bwihutirwa.

Kubera ko abaganga ari bake cyangwa se kubera ko na bake bari bariyo umuntu yagezeyo asanga basinziriye ndetse n’aho bakangukiye akaba ribo batonganya uwo bari guha serivisi cyangwa bagashobora no kumubwira ko ibyo babifitiye uburenganzira, no kuba uwo yavuga ati ari ko se ko wasinziriye ku kazi abantu barafashwa na nde, akaba ari we ugira uburakari akamerera nabi uwo yari gufasha. Ibyo bikwiriye gukosorwa, ntabwo ari imikorere ariko ntibijujije ko ubuvuzi muri rusange intambwe irahari, biratera imbere ariko icyo kimwe kibaye ni umuco mubi utakwihanganirwa kubera ko muri rusange ibintu bigenda neza.

Ugiye muri banki, hari ubwo abantu bagomba gutonda umurongo ngo babone serivisi, bakawutonda ukagera kure ari ubaha serivisi rimwe na rimwe ari mu bindi. Yifitiye telefone ariho avugana n’inshuti ye, abantu bagategereza ari aho arasekaaa, abantu bagategereza kandi ukabona babyihanganiye, ni ibintu bemeye bisanzwe, cyangwa se niba hari utanga serivisi abantu batonze umurongo ni benshi, haje undi w’igitangaza abanyuzeho aragiye kubera ko aziranye n’uriya cyangwa kubera ko yumva afite uburemere runaka , iyo abantu batitonze mukabigira umuco ntihagire uvuga, ntabwo bishoboka. Ngo umuntu agere n’aho abiregera, ati ibi ntabwo bikwiriye kuba bikorwa. Ni umuco mubi. Ibyo nabyo ni ibikudindiza witeye kandi ufite ubushobozi bwo kuba wabihindura.

Ibyo nibyo umuntu yagira atya akanenga kandi ibyo usibye uwabikoze, usibye ndetse n’ababyemeye kugira ngo bijye bikorwa muri bo ukaba umuco ugiye guhabwa intebe, ubundi si ikintu cyajya guhora kivugwa ko u Rwanda ntaho rujya kandi na we ari mu batuma biba, babimukoreye babyemera cyangwa se na we ari muri uwo mwanya yabikora.

Niyo mpamvu rero, u Rwanda iyo ruvugwa mu majyambere amaze kugerwaho ntabwo bivuze ko hatari akazi ko gukorwa, karacyahari kenshi pe, ndetse binavuze ko hari ibibi bikorwa tugomba guhangana nabyo tukabihindura ariko ntabwo umuntu yabigira ikirego ngo avuge ko nta gihari, ibintu byose ni bibi ariko kuri bya bindi bigenda bigabanyuka navugaga, ibyinshi ubisanga ahanze mu bantu bake kukurusha ukuri uko kumeze imbere mu gihugu.

Ntabwo byaramba kugira ngo ukore ibintu bizima kuko wabibwiwe n’abandi, ntabwo bikora, ntibibaho. Abanyarwanda barakena turi kurwana n’ubukene, abanyarwanda bicwa n’indwara zitica abandi bantu mu bindi bihugu. Hari abasonzaga kubera ko nta kintu bafite, turashaka ko bagira icyo bakora, ntibasonze, ntibicwe n’indwara zitica abandi. Niyo mpamvu iyo urebye mu ngengo y’imari ibitwara amafaranga menshi ni ubuerzi, ubuzima, ubuhinzi n’ubworozi, ibikorwa remezo ngo byunganire ubukungu. Ubwo se twaba tutagira gukunda abantu bacu, twiyanga ?

Ubu imyaka 25 ishize, twazamuye imyaka y’icyizere cyo kubaho. Kera uwageraga muri 40 yabagaga ikimasa niba yari agifite, agahamagara inshuti zose ngo yagejeje imyaka 40 atarapfa. Ubu abanyarwanda barabaho muri rusange bagasatira imyaka 70, ibyo nta nubwo arinjye ubivuga, ndabuga ibyo abazobereyemo bavuga, bo hanze batari n’abanyarwanda.

Impfu z’abana n’ababyeyi babo bapfaga babyara, uko byagabanyutse nta hantu birabaho ku isi nk’ukuntu byagabanyutse mu Rwanda.

2019-10-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ingengo y’imari ya 2017/2018 ivuguruye yiyongereyeho miliyari 20.5 Frw

Ingengo y’imari ya 2017/2018 ivuguruye yiyongereyeho miliyari 20.5 Frw

Ubwanditsi 07 Feb 2018
Perezida Kagame asanga igihe cyo guhitiramo Abanyafurika icyo bakwiriye cyararangiye

Perezida Kagame asanga igihe cyo guhitiramo Abanyafurika icyo bakwiriye cyararangiye

Ubwanditsi 27 Sep 2019
Kagame yitabiriye inama idasanzwe ya G20 yatangiwemo tiliyari $5 zo guhangana n’ingaruka za COVID-19

Kagame yitabiriye inama idasanzwe ya G20 yatangiwemo tiliyari $5 zo guhangana n’ingaruka za COVID-19

Ubwanditsi 27 Mar 2020
Banki y’Isi yagurije u Rwanda miliyoni 80 $ zo kongera inkunga zihabwa abatishoboye

Banki y’Isi yagurije u Rwanda miliyoni 80 $ zo kongera inkunga zihabwa abatishoboye

Ubwanditsi 23 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ijwi ry’amaraso ya Padiri Nambaje yamenetse rikomeje kubuza amahwemo Thomas Nahimana  wamwicishije
ITOHOZA

Ijwi ry’amaraso ya Padiri Nambaje yamenetse rikomeje kubuza amahwemo Thomas Nahimana wamwicishije

Ubwanditsi 10 Feb 2017
Agahinda k’abandi Banyarwanda babiri bashimutiwe muri Uganda
ITOHOZA

Agahinda k’abandi Banyarwanda babiri bashimutiwe muri Uganda

Ubwanditsi 28 Jan 2019
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 10 Mar 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru