• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»LONI iraburirwa yuko Nkurunziza ashaka kohereza abicanyi muri Somalia

LONI iraburirwa yuko Nkurunziza ashaka kohereza abicanyi muri Somalia

Ubwanditsi 05 Jan 2016 Mu Rwanda

Amakuru aturuka mu Burundi ahamya yuko ubutegetsi bwa Petero Nkurunziza bufite gahunda yo kozohereza abicanyi muri Somalia, LONI ikaba isabwa kutazabyemera.

Nk’uko bitangazwa na bamwe mu banyamakuru n’abo mu mashyirahamwe ategamiye kuri leta n’uko hari bamwe mu bawofisiye bo mu ngabo z’u Burundi bishe abantu benshi kurusha abandi muri cyagihe leta yahagarikaga imyigaragambyo yo kwamagana manda ya gatatu ya Nkurunziza, ubutegetsi muri icyo gihugu bukomeje gukora ibishoboka byose ngo bashimirwe.

Muri uko kubashimira harimo kubaha amafaranga ariko kuko ubu igihugu gikennye cyane ubutegetsi bukabaha ayo mafaranga mu buryo buziguye, bukayabaha aturutse ahandi .

Abo basirikare bishe abantu benshi mu ihagarikwa ry’imigaragambyo ngo bahabwa agashimwe ko koherezwa muri misiyo mu gihugu cya Somalia aho u Burundi bufiteyo ingabo zo kubungabunga umutekano muri wa mutwe mpuzamahanga uzwi ku izina rya MINUSCA aho umushara w’abasirikare bawugize uba wikubye inshuro zisaga eshanu ugereranije n’uwo bagenzi babo mu Burundi bahembwa.

Ayo makuru agahamya yuko ako gashimwe ko kohereza muri misiyo ‘abakoze neza’ mu guhagarika imyigaragambyo, Nkurunziza yakabasezeranyije ubwo aherutse gusura ibigo bya gisirikare bitandukanye. Muri abo bicanyi bavugwa harimo babiri biteguwe yuko bazerekeza muri Somalia tariki 17 z’uku kwezi, aribo Lieutenant Colonel Nihankura Casmir ufite nomero za gisirikare Ss0477 na Major Ndihokubwayo Eliezer ufite nomero za gisirikare Ss0768.

Umuyobozi mukuru wa MINUSCA, Perfect Onanga-anyanga yashyizeho ihame ryo kutazihanganira umusirikare uvugwaho ibikorwa bibi. Ubutegetsi bwa Nkurunziza rero kuko buzi yuko aba bawofisiye babiri bazwiho kuba barijanditse mu bwicanyi mu majyaruguru ya Bujumbura, ngo burashaka kubohereza mu buryo ntawahamya yuko aribo. Lt.Col. Nihankura izina rye ryoherejwe nka Major naho Ndihokubwayo yoherezwa nka Captain.

-1631.jpg

Perfect Onanga Umuyobozi wa MINUSCA, Perezida Nkurunziza, umusilikare w’Umurundi uri muri MINUSCA.

Hari abandi bawofisiye Bujumbura yashatse kohereza muri Somalia ariko amakuru yuko bakoze ubwicanyi ageze ku buyobozi bwa MINUSCA ntibakirwa. Abo barimo Colonel Baratuza, Major Jimmy Rusheshe na Major Niyonzima.

Casmiry Kayumba

2016-01-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kagame yagarutse ku butwari bwa Capt Mbaye n’abandi banyamahanga barokoye Abatutsi muri Jenoside

Kagame yagarutse ku butwari bwa Capt Mbaye n’abandi banyamahanga barokoye Abatutsi muri Jenoside

Ubwanditsi 08 Apr 2017
Iya 14 Gicurasi 1994: Inkotanyi zafashe Umujyi wa Nyamata

Iya 14 Gicurasi 1994: Inkotanyi zafashe Umujyi wa Nyamata

Ubwanditsi 14 May 2018
Min. W’Intebe, Dr Ngirente Yakiriye Indahiro Z’abacamanza Mu Rukiko Rukuru Rwa Gisirikari

Min. W’Intebe, Dr Ngirente Yakiriye Indahiro Z’abacamanza Mu Rukiko Rukuru Rwa Gisirikari

Ubwanditsi 13 Sep 2018
Kigali: Perezida Kagame azaganira n’abaminisitiri 54 ba Afurika ku ivugururwa rya AU

Kigali: Perezida Kagame azaganira n’abaminisitiri 54 ba Afurika ku ivugururwa rya AU

Ubwanditsi 05 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko FBI yajyaga isoma email, ikanumviriza ibiganiro kuri telefone byakorwaga na Sam Kutesa arya Ruswa
INKURU NYAMUKURU

Uko FBI yajyaga isoma email, ikanumviriza ibiganiro kuri telefone byakorwaga na Sam Kutesa arya Ruswa

Ubwanditsi 17 Nov 2018
Gatebuke Claude n’Ibinyoma ku Mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi agamije kuyihakana
Amakuru

Gatebuke Claude n’Ibinyoma ku Mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi agamije kuyihakana

Ubwanditsi 09 Sep 2025
Polisi ya Uganda iri guhiga bukware umupasiteri ushinjwa gusambanya umwana w’umuhungu mu kibuno
Amakuru

Polisi ya Uganda iri guhiga bukware umupasiteri ushinjwa gusambanya umwana w’umuhungu mu kibuno

Ubwanditsi 06 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru