• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Icyamamare mu ndirimbo zihimbaza Imana Rose Muhando yatumiwe mu Gitaramo i Kigali amaso yaheze mukirere uyu musi nuwa 3 bakimutegereje

Icyamamare mu ndirimbo zihimbaza Imana Rose Muhando yatumiwe mu Gitaramo i Kigali amaso yaheze mukirere uyu musi nuwa 3 bakimutegereje

Ubwanditsi 01 Sep 2017 Mu Rwanda

Umuhanzi w’icyamamare mu ndirimbo zihimbaza Imana, Rose Muhando, amaze iminsi itatu ategerejwe i Kigali aho yagombaga gufatanya n’abandi bahanzi bo mu Rwanda mu gitaramo cy’ivugabutumwa cyateguwe n’Itorero Foursquare Gospel Church yatumiwemo.

-7828.jpg

Muhando yagombaga kugera ku butaka bw’u Rwanda, ku wa Kabiri, tariki ya 29 Kanama 2017 ndetse agatangirana n’igitaramo ku munsi ukurikiraho ariko kuva icyo gihe abayobozi bo mu itorero ryagiteguye ntibaramuca iryera.

Igiterane ngarukamwaka yatumiwemo cyatangiye ku ya 30 Kanama 2017, kikaba kiri kubera muri Kaminuza y’u Rwanda, Ishami ry’Uburezi, ahahoze hazwi nka KIE, ku kibuga cy’umupira kuva saa kumi z’umugoroba.

Itsinda ry’abaririmbyi b’i Mwanza bagombaga kuzana ryamaze kuhasesekara ndetse n’umunyabitangaza Rev. Simon waje abaherekeje niwe uri kubwiriza ijambo ry’Imana. Iki gitaramo cy’iminsi ine kandi kiri kwitabirwa n’abahanzi barimo Alarm Ministries, Gisubizo Ministries, Healing Worship Team, Tonzi, Aline Gahongayire, Liliane Kabaganza, Theo Bosebabireba n’abandi.

Mu kiganiro, Umushumba w’Itorero Foursquare Gospel Church mu Rwanda, Bishop Dr. Fidèle Masengo yagiranye na IGIHE yatangaje ko bagifite icyizere ko uyu muhanzikazi agera mu Rwanda.

Yagize ati “Ntabwo nahita nkubwira impamvu atarahagera. Aritwe turavugana ndetse yanabwiye abanyamakuru ko azaza (kuri uyu wa Gatanu) turamutegereje. Ntabwo nahita nemeza ko aza kuko ashobora no kutahagera.”

-7829.jpg

Bishop Dr. Fidèle Masengo yavuze ko bagifite icyizere ko uyu muhanzikazi agera mu Rwanda

Bishop Dr. Fidèle Masengo uheruka gutangaza ko mu kiganiro cyihariye yagiranye na Muhando ku mpamvu atitabira ibitaramo ari uko ashyirwa kuri gahunda batavuganye n’abagiteguye rimwe na rimwe bigatuma abantu bamufata nk’umuhemu.

Yagize ati “Rose Muhando twaravuganye kandi n’ibyo twagombaga kumuha twarabimuhaye. Ni we twanyuzagaho amafaranga yo guha itsinda ry’abaririmbyi basaga 40 babarizwa mu itorero rya Assembly of God kandi dufite n’inyandiko zigaragaza ko yamugezeho.”

Ku wa Gatatu w’iki Cyumweru, umwe mu bayobozi bashinzwe Itangazamakuru muri Foursquare Gospel Church yadutangarije ko bari bategereje Muhando wari wababwiye ko yaje n’imodoka ariko amaso yaheze mu kirere.

Rose Muhando yaba agiye kongera kunyomeka Abanyarwanda?

Mu gihe iki gitaramo gisigaje iminsi ibiri ngo gisozwe, Muhando naramuka atacyitabiriye azaba akomeje kwandika amateka yo kunyomeka Abanyarwanda kuko hari n’abandi yagiye atenguha bamutumiye ariko bikarangira abanyometse.

Mu 2014, Muhando yatumiwe mu gitaramo cyabereye i Nyagatare aho yagombaga gutaramira kuva tariki ya 13-16 Ugushyingo 2014 ariko abari bamutumiye bayobowe na Pasiteri Isaie Baho Uwihirwe ntibamuca iryera.

Mu mwaka wakurikiyeho wa 2015 yongeye gutumirwa mu giterane cy’Umunyamerika Jennifer Wilde cyabereye i Muhanga tariki 23-26 Nyakanga 2015, yishyurwa amafaranga yose yari yasabye ariko birangira atahakandagije ikirenge.

Mu minsi mike ishize Muhando wamenyekanye cyane muri Tanzania no mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba mu ndirimbo zirimo ‘Nibebe’ yasohotse kuri album yise ‘Jipange Sawa Sawa’ n’izindi yari yoherereje Pasiteri Baho ubutumwa yanyujije kuri WhatsApp amusaba imbabazi.

-7830.jpg

Rose Muhando watumiwe mu gitaramo gikomeye i Kigali amaze iminsi itatu atarakandagira mu Rwanda

2017-09-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amafaranga Abanyarwanda bishyuraga mu gupimisha DNA agiye kugabanyukaho hafi kimwe cya kabiri

Amafaranga Abanyarwanda bishyuraga mu gupimisha DNA agiye kugabanyukaho hafi kimwe cya kabiri

Ubwanditsi 08 Jun 2018
” Ushaka inshuti itazagutererana mu mahina, hitamo Paul Kagame, umunyabushishozi ntagereranywa”- Andrew Mwenda.

” Ushaka inshuti itazagutererana mu mahina, hitamo Paul Kagame, umunyabushishozi ntagereranywa”- Andrew Mwenda.

Ubwanditsi 12 Aug 2024
Hatangajwe amatsinda y’uko amakipe azahura mu mikino y’irushanwa ritegura shampiyona y’u Rwanda y’umukino w’intoki wa Basket ball

Hatangajwe amatsinda y’uko amakipe azahura mu mikino y’irushanwa ritegura shampiyona y’u Rwanda y’umukino w’intoki wa Basket ball

Ubwanditsi 18 Apr 2021
PL yasabye abagihembera ingengabitekerezo mu mahanga gutaha mu rwababyaye

PL yasabye abagihembera ingengabitekerezo mu mahanga gutaha mu rwababyaye

Ubwanditsi 07 Apr 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rulindo: Umugabo w’imyaka 22 yishe umugore we w’imyaka 30 amukebye ijosi nawe ariyahura bapfa amafaranga y’ubukwe
ITOHOZA

Rulindo: Umugabo w’imyaka 22 yishe umugore we w’imyaka 30 amukebye ijosi nawe ariyahura bapfa amafaranga y’ubukwe

Ubwanditsi 23 May 2017
MINEDUC yashyize ahagaragara uko gahunda yo gusubira ku mashuri izaba iteye, inagira n’icyo yisabira ababyeyi
Mu Rwanda

MINEDUC yashyize ahagaragara uko gahunda yo gusubira ku mashuri izaba iteye, inagira n’icyo yisabira ababyeyi

Ubwanditsi 16 Apr 2017
LONI iraburirwa yuko Nkurunziza ashaka kohereza abicanyi muri Somalia
Mu Rwanda

LONI iraburirwa yuko Nkurunziza ashaka kohereza abicanyi muri Somalia

Ubwanditsi 05 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru