• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere   |   03 Mar 2026

  • FERWAFA yatangaje ibiciro byo ku mikino ya FIFA Series 2026 izahuza ibihugu 8 bizakinira kuri Sitade Amahoro na Kigali Pele Stadium   |   02 Mar 2026

  • Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi   |   02 Mar 2026

  • Ruharwa Claude Muhayimana yasabiwe igifungo cy’imyaka 15   |   27 Feb 2026

  • Kongera serivisi bahabwa no gukuba kabiri imiti: Impamvu imisanzu ya Mituweli yongerewe   |   24 Feb 2026

  • Inzira Bad Rama yanyuzemo akaba umukire akaba asoje ari umusazi   |   24 Feb 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Tanzania irashinja Amerika kuba yaratumye abasirikare bayo bicirwa Congo

Tanzania irashinja Amerika kuba yaratumye abasirikare bayo bicirwa Congo

Ubwanditsi 27 Dec 2017 INKURU NYAMUKURU

Leta ya Tanzania irashinja Perezida Donald Trump wa leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) kuba yaragize uruhare mu iyicwa ry’abasirikare 15 ba Tanzania, baguye mu ntara ya Beni muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (DRC).

Mu kiganiro yaraye agiranye na BBC mu rulimi rw’igiswahili Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Tanzania, Augustin Mahiga, yavuze yuko abo basirikare ba Tanzania bari mu mutwe w’ingabo za LONI zibungabunga amahoro muri DRC  (MONUSCO) batakaje ubuzima tariki 07/12/2017 ngo kubera yuko nta ntwaro zikomeye bari bafite ngo babe barashoboye guhashya umwanzi. Mahiga akavuga yuko ibyo bya MONUSCO  kubura intwaro zikomeye  byatewe na Perezida Trump wimye LONI amafaranga yo kuzigura kandi Amerika ariyo yagombaga kuyatanga !

Ayo magambo ya Mahiga aje nk’igisubizo ku cyifuzo cya Minisitiri w’intebe wa Tanzania, Kassim Majaliwa, yagejeje kuri LONI tariki 14 z’uku kwezi ubwo yari ayoboye imihango yo gushyingura abo basirikare mu murwa mukuru Dar Es Salaam.

Mu magambo akarishye kandi yuzuye akababaro Majaliwa yasabye LONI gukora iperereza ryimbitse ngo hamenyekane impamvu nyazo zatumye abo basirikare ba Tanzania bicirwa muri ubwo butumwa bwa LONI. Mbere gato ariko akimara kumva iby’iryo yicwa ry’abo basirikare umunyamabanga mukuru wa LONI, Antonio Guterres, yasabye ubutegetsi bwa Kabila guhita bukora iperereza  ngo impamvu nyakuri zatumye abo basirikare bicwa zimenyekane. Ugendeye ku magambo ya Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Tanzania rero, impamvu zatumye abo basirikare ba Tanzania bicwa n’uko Perezida Trump yimanye amafaranga yo kubagurira intwaro zikomeye.

LONI itangaza yuko icyo gitero cyagabwe ku basirikare bayo hakagwamo 15 bakomoka muri Tanzania aricyo kibi kurusha ibindi, ukuyemo icyo muri Somalia mu 1993, aho abasirikare bayo 24 bakomokaga mu gihugu cya Pakistani bicwagwa !

Icyo gitero cyaguyemo abo batanzania 15 cyanahitanye n’abasirikare ba Congo batanu, hanakomerekeramo abandi 53. MONUSCO itangaza yuko icyo gitero cyagambwe n’abarwanyi bo mu mutwe wa Allied Democratic Forces (ADF). Uyu mutwe ukambitse ku butaka bwa Congo, urwanya ubutegetsi bwa Uganda. Guhera ejo igisirikare cya Uganda (UPDF) cyatangiye kugaba ibitero bikomeye kuri uyu mutwe uvuga yuko ufite amatwara ya kiislamu.

Uretse muri DRC, Tanzania inafite ingabo zibungabunga amahoro muri Lebanon no muri Darfur ho muri Sudan ya ruguru.

Casmiry Kayumba

2017-12-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

AMAFOTO – Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye igitaramo cya John Legend cyabereye muri BK Arena

AMAFOTO – Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye igitaramo cya John Legend cyabereye muri BK Arena

Ubwanditsi 22 Feb 2025
U Rwanda rugiye gutanga impapuro zita muri yombi Abafaransa bakekwaho uruhare muri Jenoside

U Rwanda rugiye gutanga impapuro zita muri yombi Abafaransa bakekwaho uruhare muri Jenoside

Ubwanditsi 25 Dec 2017
Dore Ingingo ku yindi Uko Perezida Paul Kagame yakoze impinduka mu bagize Guverinoma

Dore Ingingo ku yindi Uko Perezida Paul Kagame yakoze impinduka mu bagize Guverinoma

Ubwanditsi 23 Aug 2023
Burundi-Cibitoke: Habonwe imirambo y’abantu 14 bishwe bari kungoyi

Burundi-Cibitoke: Habonwe imirambo y’abantu 14 bishwe bari kungoyi

Ubwanditsi 03 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda na UCI batangije ibikorwa byo kwakira Shampiona y’isi y’amagare izabera i Kigali
Amakuru

U Rwanda na UCI batangije ibikorwa byo kwakira Shampiona y’isi y’amagare izabera i Kigali

Ubwanditsi 21 Sep 2023
Polisi y’u Rwanda na Uganda zakoranye inama yo gukomeza ubufatanye hagati yazo
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda na Uganda zakoranye inama yo gukomeza ubufatanye hagati yazo

Ubwanditsi 25 Feb 2017
Lt. Fred Kamali yambitse impeta umunyamakuru Rigoga Ruth
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Lt. Fred Kamali yambitse impeta umunyamakuru Rigoga Ruth

Ubwanditsi 10 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru