• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Tanzania irashinja Amerika kuba yaratumye abasirikare bayo bicirwa Congo

Tanzania irashinja Amerika kuba yaratumye abasirikare bayo bicirwa Congo

Ubwanditsi 27 Dec 2017 INKURU NYAMUKURU

Leta ya Tanzania irashinja Perezida Donald Trump wa leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) kuba yaragize uruhare mu iyicwa ry’abasirikare 15 ba Tanzania, baguye mu ntara ya Beni muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (DRC).

Mu kiganiro yaraye agiranye na BBC mu rulimi rw’igiswahili Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Tanzania, Augustin Mahiga, yavuze yuko abo basirikare ba Tanzania bari mu mutwe w’ingabo za LONI zibungabunga amahoro muri DRC  (MONUSCO) batakaje ubuzima tariki 07/12/2017 ngo kubera yuko nta ntwaro zikomeye bari bafite ngo babe barashoboye guhashya umwanzi. Mahiga akavuga yuko ibyo bya MONUSCO  kubura intwaro zikomeye  byatewe na Perezida Trump wimye LONI amafaranga yo kuzigura kandi Amerika ariyo yagombaga kuyatanga !

Ayo magambo ya Mahiga aje nk’igisubizo ku cyifuzo cya Minisitiri w’intebe wa Tanzania, Kassim Majaliwa, yagejeje kuri LONI tariki 14 z’uku kwezi ubwo yari ayoboye imihango yo gushyingura abo basirikare mu murwa mukuru Dar Es Salaam.

Mu magambo akarishye kandi yuzuye akababaro Majaliwa yasabye LONI gukora iperereza ryimbitse ngo hamenyekane impamvu nyazo zatumye abo basirikare ba Tanzania bicirwa muri ubwo butumwa bwa LONI. Mbere gato ariko akimara kumva iby’iryo yicwa ry’abo basirikare umunyamabanga mukuru wa LONI, Antonio Guterres, yasabye ubutegetsi bwa Kabila guhita bukora iperereza  ngo impamvu nyakuri zatumye abo basirikare bicwa zimenyekane. Ugendeye ku magambo ya Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Tanzania rero, impamvu zatumye abo basirikare ba Tanzania bicwa n’uko Perezida Trump yimanye amafaranga yo kubagurira intwaro zikomeye.

LONI itangaza yuko icyo gitero cyagabwe ku basirikare bayo hakagwamo 15 bakomoka muri Tanzania aricyo kibi kurusha ibindi, ukuyemo icyo muri Somalia mu 1993, aho abasirikare bayo 24 bakomokaga mu gihugu cya Pakistani bicwagwa !

Icyo gitero cyaguyemo abo batanzania 15 cyanahitanye n’abasirikare ba Congo batanu, hanakomerekeramo abandi 53. MONUSCO itangaza yuko icyo gitero cyagambwe n’abarwanyi bo mu mutwe wa Allied Democratic Forces (ADF). Uyu mutwe ukambitse ku butaka bwa Congo, urwanya ubutegetsi bwa Uganda. Guhera ejo igisirikare cya Uganda (UPDF) cyatangiye kugaba ibitero bikomeye kuri uyu mutwe uvuga yuko ufite amatwara ya kiislamu.

Uretse muri DRC, Tanzania inafite ingabo zibungabunga amahoro muri Lebanon no muri Darfur ho muri Sudan ya ruguru.

Casmiry Kayumba

2017-12-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yo ku wa Gatanu tariki ya 1 Kamena 2018

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yo ku wa Gatanu tariki ya 1 Kamena 2018

Ubwanditsi 02 Jun 2018
Uganda: Mu rugo rwa Gen Salim Saleh hibwe imbunda

Uganda: Mu rugo rwa Gen Salim Saleh hibwe imbunda

Ubwanditsi 18 May 2018
Abasirikare 270 b’u Rwanda berekeje muri Sudani y’Amajyepfo kubungabunga amahoro

Abasirikare 270 b’u Rwanda berekeje muri Sudani y’Amajyepfo kubungabunga amahoro

Ubwanditsi 11 Feb 2018
Musenyeri Bimenyimana wa Diyosezi Gatolika ya Cyangugu yitabye Imana

Musenyeri Bimenyimana wa Diyosezi Gatolika ya Cyangugu yitabye Imana

Ubwanditsi 12 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yaje mu baperezida batatu muri Afurika bavuga rikumvikana mu 2017
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yaje mu baperezida batatu muri Afurika bavuga rikumvikana mu 2017

Ubwanditsi 08 Dec 2017
Perezida Kagame yavuze ko EAC atari yo ikwiriye gutinza ubuhahirane muri Afurika
POLITIKI

Perezida Kagame yavuze ko EAC atari yo ikwiriye gutinza ubuhahirane muri Afurika

Ubwanditsi 30 Mar 2019
Champions League: Liverpool yatsindiye Bayern Munich iwayo, Barcelone inyagira Lyon
IMIKINO

Champions League: Liverpool yatsindiye Bayern Munich iwayo, Barcelone inyagira Lyon

Ubwanditsi 14 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru